• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abapolisi barahugurwa kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi

Abapolisi barahugurwa kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi

Ubwanditsi 11 Oct 2016 Mu Mahanga

Abapolisi 15 bo ku rwego rwa ba ofisiye bato baturutse mu mashami atandukanye ya Polisi y’u Rwanda, ku itariki ya 10 Ukwakira 2016, batangiye amahugurwa y’iminsi itanu, agamije kubongerera ubumenyi mu kurwanya ibyaha ndengamipaka cyane cyane ibyaha by’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge.

Abatanga amasomo yo kurwanya ibi byaha by’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, ni impuguke ebyiri zifite ubumenyi bwo ku rwego rwo hejuru mu gukora iperereza rijyanye no kurwanya ibyaha by’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi. Izi mpuguke zikaba ari OLIVER ERDMANN na mugenzi we witwa OLLI RAINER bose bakaba bakomoka mu Budage.

Aya mahugurwa yafunguwe ku mugaragaro n’umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe amahugurwa Commissioner of Police (CP ) Vianney NSHIMIYIMANA.

CP NSHIMIYIMANA yasabye aba bapolisi gukurikirana aya mahugurwa neza kuko azabafasha mu kazi kabo ka buri munsi, haba mu kugenza ibyaha by’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge ndetse no gufata abakekwaho ibyo ibyaha.

Yakomeje ashimira izi mpuguke zo mu Budage zaje guhugura aba bapolisi mu rwego rwo kubongerera ubumenyi bityo bikazabafasha guhangana n’ibyaha ndengamupaka cyane cyane ku bijyanye n’ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge hirya no hino ku isi.

Izi mpuguke zasobanuriye abari mu mahugurwa uburyo Polisi y’igihugu cy’u Budage ikurikirana ibyaha bijyanye n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge n’uburyo ibirwanya .

Abitabiriye amahugurwa bazunguka ubumenyi mu bijyanye no kumenya ubwoko bw’ibiyobyabwenge bicuruzwa ku rwego mpuzamahanga, aho bituruka n’uburyo bitwarwamo. Bazasobanukirwa kandi ukuntu icuruzwa ry’ibiyobyabwenge ryifashe mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba, uburyo bw’ifatwa ry’ibimenyetso ku bantu bacuruza ibiyobyabwenge n’aho bicururizwa cyangwa binyuzwa biva mu gihugu runaka bijya mu kindi.

-4331.jpg

Bazanahugurwa kandi kubijyanye n’uburyo bwo gusaka abantu batwaye ibiyobyabwenge cyangwa ibindi byose byifashishwa mu gutwara ibi biyobyabwenge ndetse banasobanurirwe imbogamizi zihari mu gukurikirana ibyaha bijyanye n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge n’uburyo bwo guhangana nazo.

RNP

2016-10-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwamenyesheje Uganda na Kenya ko u Burundi bwakumiriye amakamyo ava mu Rwanda

U Rwanda rwamenyesheje Uganda na Kenya ko u Burundi bwakumiriye amakamyo ava mu Rwanda

Ubwanditsi 01 Apr 2020
U Bwongereza: Minisitiri Wharton yatangariye u Rwanda, ati ‘inkunga ruterwa ntipfa ubusa

U Bwongereza: Minisitiri Wharton yatangariye u Rwanda, ati ‘inkunga ruterwa ntipfa ubusa

Ubwanditsi 30 Sep 2016
[AMAFOTO]: IBIKORWA BY’INGENZI BYA POLISI Y’U RWANDA MU MWAKA WA 2016

[AMAFOTO]: IBIKORWA BY’INGENZI BYA POLISI Y’U RWANDA MU MWAKA WA 2016

Ubwanditsi 10 Jan 2017
Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila

Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila

Ubwanditsi 26 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kweguza Trump birasaba iki?
POLITIKI

Kweguza Trump birasaba iki?

Ubwanditsi 06 Dec 2019
Amateka akomeye y’umusirikare w’umugore wafotowe ateruye umwana mu kubohora igihugu
ITOHOZA

Amateka akomeye y’umusirikare w’umugore wafotowe ateruye umwana mu kubohora igihugu

Ubwanditsi 04 Jul 2018
CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza
ITOHOZA

CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza

Ubwanditsi 11 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru