• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abapolisi barahugurwa kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi

Abapolisi barahugurwa kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi

Ubwanditsi 11 Oct 2016 Mu Mahanga

Abapolisi 15 bo ku rwego rwa ba ofisiye bato baturutse mu mashami atandukanye ya Polisi y’u Rwanda, ku itariki ya 10 Ukwakira 2016, batangiye amahugurwa y’iminsi itanu, agamije kubongerera ubumenyi mu kurwanya ibyaha ndengamipaka cyane cyane ibyaha by’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge.

Abatanga amasomo yo kurwanya ibi byaha by’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, ni impuguke ebyiri zifite ubumenyi bwo ku rwego rwo hejuru mu gukora iperereza rijyanye no kurwanya ibyaha by’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi. Izi mpuguke zikaba ari OLIVER ERDMANN na mugenzi we witwa OLLI RAINER bose bakaba bakomoka mu Budage.

Aya mahugurwa yafunguwe ku mugaragaro n’umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe amahugurwa Commissioner of Police (CP ) Vianney NSHIMIYIMANA.

CP NSHIMIYIMANA yasabye aba bapolisi gukurikirana aya mahugurwa neza kuko azabafasha mu kazi kabo ka buri munsi, haba mu kugenza ibyaha by’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge ndetse no gufata abakekwaho ibyo ibyaha.

Yakomeje ashimira izi mpuguke zo mu Budage zaje guhugura aba bapolisi mu rwego rwo kubongerera ubumenyi bityo bikazabafasha guhangana n’ibyaha ndengamupaka cyane cyane ku bijyanye n’ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge hirya no hino ku isi.

Izi mpuguke zasobanuriye abari mu mahugurwa uburyo Polisi y’igihugu cy’u Budage ikurikirana ibyaha bijyanye n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge n’uburyo ibirwanya .

Abitabiriye amahugurwa bazunguka ubumenyi mu bijyanye no kumenya ubwoko bw’ibiyobyabwenge bicuruzwa ku rwego mpuzamahanga, aho bituruka n’uburyo bitwarwamo. Bazasobanukirwa kandi ukuntu icuruzwa ry’ibiyobyabwenge ryifashe mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba, uburyo bw’ifatwa ry’ibimenyetso ku bantu bacuruza ibiyobyabwenge n’aho bicururizwa cyangwa binyuzwa biva mu gihugu runaka bijya mu kindi.

-4331.jpg

Bazanahugurwa kandi kubijyanye n’uburyo bwo gusaka abantu batwaye ibiyobyabwenge cyangwa ibindi byose byifashishwa mu gutwara ibi biyobyabwenge ndetse banasobanurirwe imbogamizi zihari mu gukurikirana ibyaha bijyanye n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge n’uburyo bwo guhangana nazo.

RNP

2016-10-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bugesera: Abamotari bongeye kwibutswa inshingano zabo basabwa gukora neza akazi kabo

Bugesera: Abamotari bongeye kwibutswa inshingano zabo basabwa gukora neza akazi kabo

Ubwanditsi 02 Feb 2016
FDLR YIYITA IMPUNZI Z’ABANYARWANDA ZITOTEZWA MURI KONGO, KANDI AHUBWO YARAFASHE BUGWATE IZO MPUNZI

FDLR YIYITA IMPUNZI Z’ABANYARWANDA ZITOTEZWA MURI KONGO, KANDI AHUBWO YARAFASHE BUGWATE IZO MPUNZI

Ubwanditsi 15 Mar 2023
Ni gute ikoranabuhanga rifasha Polisi y’u Rwanda gutunganya neza imirimo yayo

Ni gute ikoranabuhanga rifasha Polisi y’u Rwanda gutunganya neza imirimo yayo

Ubwanditsi 12 May 2016
Kuki Polisi iba ikeneye abakandida beza bashaka kuyinjiramo

Kuki Polisi iba ikeneye abakandida beza bashaka kuyinjiramo

Ubwanditsi 28 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Wari uziko Mukunzi Yannick  yahamagawe mu Mavubi kandi arembye
IMIKINO

Wari uziko Mukunzi Yannick yahamagawe mu Mavubi kandi arembye

Ubwanditsi 23 Aug 2016
Ivan Minnaert watozaga Rayon Sports yerekanwe muri Al-Ittihad yo muri Libya
Mu Mahanga

Ivan Minnaert watozaga Rayon Sports yerekanwe muri Al-Ittihad yo muri Libya

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Afurika yepfo: Minisitiri  Lindiwe Sisulu  yahinduriwe imirimo
HIRYA NO HINO

Afurika yepfo: Minisitiri Lindiwe Sisulu yahinduriwe imirimo

Ubwanditsi 30 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru