• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kuki Polisi iba ikeneye abakandida beza bashaka kuyinjiramo

Kuki Polisi iba ikeneye abakandida beza bashaka kuyinjiramo

Ubwanditsi 28 Jun 2016 Mu Mahanga

Kimwe mu bibazo inzego za Polisi zikunze guhura nabyo cyane cyane muri iki gihe abaturage baba bazikeneye cyane kandi bazisaba byinshi, ni ubunyangamugayo no gukora kinyamwuga by’abazigize.

Ibi bivuze ko mu gushaka abayinjiramo, Polisi igomba gushyira ingufu mu gutoranya abakandida bujuje ibyangombwa bikenewe byose bijyanye n’ibyo abaturage bashinzwe gukorera babatezeho.

Umuntu wese ugira uruhare mu gutoranya abakandida binjira muri Polisi azakubwira ko kubatoranya biba bitoroshye, ariko na none ko bishoboka. Ikindi kandi umukandida washoboye gutsinda ibizamini byo kwinjira muri Polisi nawe azakubwira ko ibizamini byaba ibyo kwandika (written) cyangwa kuvuga (oral) batanga bitaba bikomeye.

Ariko na none, ni ngombwa ko uretse ibyo bizamini bitangwa, byaba ibyo kwandika cyangwa kuvuga ndetse n’ibindi Polisi iba ikeneye, gutoranya abinjira muri Polisi bisaba abasore n’inkumi bashaka kuyinjiramo kuba bafite ubuhanga, ubunyangamugayo n’imico myiza.

Abakandida rero bagomba kuba bujuje ku buryo buhagije ibi byavuzwe haruguru kuko kugira kimwe gusa utabyujuje byose ntibyafasha Polisi. Niyo mpamvu Polisi y’u Rwanda mu gutoranya abayinjiramo ibi byose ibiha agaciro. Ikibazo kiba gihari ni iki: Ese Polisi izabwirwa n’iki ko uwatoranyijwe yujuje ibi bisabwa?

Mbere na mbere, ushaka kwinjira muri Polisi agomba kuba afite ubushake bwo gukorera no kurinda abanyarwanda. Mu minsi ishize ubwo harimo igikorwa cyo gutoranya abinjira muri Polisi, umupolisi umwe wari uri muri iki gikorwa yavuze ko mu myaka yashize twari dufite abaturage bavugaga ngo “Turiho kugirango dukore, ariko aba bakaba barasimbuwe n’abagira bati :”Turakora kugirango tubeho”. Yanongeyeho ko biteye isoni kubona muri iyi minsi abashaka abakozi beza bashishikariza abantu kuza kubera ko mu kigo kibashaka hari umushahara mwiza, n’andi mahirwe umuntu abonera mu kazi.

Polisi nayo ifite amashami atandukanye kandi asaba ko abayakoramo baba bafite ubuhanga buhambaye. Nyamara ubu bigaragara ko abantu b’abahanga baba bifuza kujya gukora mu bigo no mu nzego zitanga imishahara itubutse.

Nyamara, Polisi nayo ikenerwa n’abaturage, bikaba bisaba ko amashami yayo nayo akorwamo n’abahanga, bagomba gutanga serivisi nziza. Ni ngombwa rero ko iyo Polisi itanze serivisi nziza, abaturage bazaba bafite umutekano usesuye, bigatuma gutahura no kurwanya ibyaha bikorwa neza, bityo iterambere ry’igihugu rikagerwaho mu buryo bwihuse.
Kubera ko abapolisi bafite ububasha bukomeye ku baturage, ni ngombwa ko bagira ubushishozi. Birazwi ko akenshi akazi ka Polisi gasaba cyane ibikorwa kurusha gukoresha ubwenge bwinshi bwo mu ishuri, nyamara Polisi mu guhitamo abazayinjiramo igomba gutoranya uzakora ako kazi ke neza, ibyo agiye gukora byose akabanza kubitekerezaho neza kandi akita ku mpamvu n’ingaruka zishobora kugera kuwo akorera.

Urugero rufatika ni aho umupolisi uri kubahiriza amategeko y’umuhanda azahagarika umuntu utwaye imodoka afite umuvuduko ukabije kandi nta n’uruhushya rwo gutwara imodoka afite, agasanga ni umubyeyi ujyanye umwana kwa muganga. Aha niho ubushishozi bw’umupolisi buzagaragarira. Niwe uzahitamo icyo gukora, niba azareka umubyeyi akihutira kujyana umwana kwa muganga akaza kumwandikira nyuma, cyangwa niba azamubwira ngo ntiyongere gutwara ku muvuduko ukabije akareka akajyana umwana kwa muganga.
Ariko na none mutekereze uwo mupolisi atari mu muhanda ngo ahagarike abantu nkabo bihutira kujyana abana babo kwa muganga, aba bashoferi bazakora amakosa angana iki?Aha rero niho ubushishozi bw’umupolisi buzagaragarira.

Hari abantu bamwe bashobora kuvuga ngo gutoranya abinjira muri Polisi bishingirwe ku bunyangamugayo bw’umukandida ngo kuko ubumenyi bwo burigwa. Birashoboka.
Ariko twemeranye ko hari ibintu bimwe bikomeye kwigwa igihe umuntu atabivukanye. Ikindi ntibyoroshye kumenya ubunyangamugayo bw’umuntu igihe uri kumukoresha ikizamini cyanditse cyangwa mu kiganiro cy’iminota 10 mugirana. Aha rero niho bikomerera mu gutoranya abinjira muri Polisi kuko muri ibyo bizamini bitoroha guhita ubona uwujuje ibyavuzwe haruguru.

Igishimishije ariko, ni uko Polisi y’u Rwanda ifite abafatanyabikorwa bizewe mu kurwanya ibyaha ndetse bakagira n’uruhare mu gutoranya abinjira muri Polisi y’u Rwanda. Muri abo bafatanyabikorwa bayo twavugamo: Urubyiruko rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano, Komite zo kwicungira umutekano, ba ambasaderi ba Polisi y’u Rwanda n’abandi. Aba bakaba bagira uruhare mu iterambere ry’ubukungu bw’igihugu binyuze mu gutahura, gukumira no kurwanya ibyaha.

Ikindi gifasha Polisi y’u Rwanda kubona abapolisi bashoboye akazi kabo ni amasomo atangirwa mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC) riri mu karere ka Musanze rihuza ubumenyi bwa gipolisi n’ubumenyi buhambaye bwo mu ishuri. Ibi bikaba bishoboka kubera ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda na Kaminuza nkuru y’u Rwanda.
Muri iri shuri hajyamo ababifitiye ubushobozi bafite amashuri 6 yisumbuye bakigamo imyaka 4 bakarangiza bafite impamyabushobozi y’icyiciro cya 2 cya kaminuza.

Gutoranya abinjira muri Polisi rero bikorwa hashingiwe ku guhitamo abakandida babishoboye, kandi abifuza kuyinjiramo bakaba ari babandi bumva gukorera Polisi ari umuhamagaro, atari abashaka akazi n’ubwo ibi bikiri imbogamizi.

Uruhare rw’abaturage rero mu gushaka abakandida nk’aba ntirwakwirengagizwa. Wenda Polisi y’u Rwanda yagawa kudashyiraho ingamba zihagije mu gukorana n’abaturage kuri iki cyo gutoranya abinjira muri Polisi, ariko ntiyagawa ko ibikora yonyine kuko izi ko aba bafatanyabikorwa ari ingenzi.

-3071.jpg

Yanditswe na ACP Jimmy Hodari

2016-06-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuki Amerika n’Uburayi bagarukira gusa ku guhungisha Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, aho gufasha mu kurandura igituma bahunga?

Kuki Amerika n’Uburayi bagarukira gusa ku guhungisha Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, aho gufasha mu kurandura igituma bahunga?

Ubwanditsi 10 Jan 2023
Ibikorwa bya M23 byo gukaza umutekano w’abaturage muri Goma bikomeje kwambika ubusa MONUSCO

Ibikorwa bya M23 byo gukaza umutekano w’abaturage muri Goma bikomeje kwambika ubusa MONUSCO

Ubwanditsi 07 Mar 2025
Polisi y’u Rwanda yakanguriye abatuye mu karere ka Kirehe kwirinda ibiyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda yakanguriye abatuye mu karere ka Kirehe kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 29 Jan 2016
Itsinda ry’abapolisi bo muri Malawi  mu rugendoshuri muri Polisi y’u Rwanda

Itsinda ry’abapolisi bo muri Malawi mu rugendoshuri muri Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 21 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rubavu: Umusore yarasiwe ku mupaka arapfa abandi bariruka, basiga imifuka y’urumogi
Mu Rwanda

Rubavu: Umusore yarasiwe ku mupaka arapfa abandi bariruka, basiga imifuka y’urumogi

Ubwanditsi 03 May 2018
APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)
Amakuru

APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)

Ubwanditsi 13 Jun 2025
Ingimbi n’Abangavu 30 bahize abandi mu gikorwa cyogushaka impano zizaserukira u Rwanda mu mikino Olempikey’Urubyiruko
Amakuru

Ingimbi n’Abangavu 30 bahize abandi mu gikorwa cyogushaka impano zizaserukira u Rwanda mu mikino Olempikey’Urubyiruko

Ubwanditsi 12 Dec 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru