• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kuki Polisi iba ikeneye abakandida beza bashaka kuyinjiramo

Kuki Polisi iba ikeneye abakandida beza bashaka kuyinjiramo

Ubwanditsi 28 Jun 2016 Mu Mahanga

Kimwe mu bibazo inzego za Polisi zikunze guhura nabyo cyane cyane muri iki gihe abaturage baba bazikeneye cyane kandi bazisaba byinshi, ni ubunyangamugayo no gukora kinyamwuga by’abazigize.

Ibi bivuze ko mu gushaka abayinjiramo, Polisi igomba gushyira ingufu mu gutoranya abakandida bujuje ibyangombwa bikenewe byose bijyanye n’ibyo abaturage bashinzwe gukorera babatezeho.

Umuntu wese ugira uruhare mu gutoranya abakandida binjira muri Polisi azakubwira ko kubatoranya biba bitoroshye, ariko na none ko bishoboka. Ikindi kandi umukandida washoboye gutsinda ibizamini byo kwinjira muri Polisi nawe azakubwira ko ibizamini byaba ibyo kwandika (written) cyangwa kuvuga (oral) batanga bitaba bikomeye.

Ariko na none, ni ngombwa ko uretse ibyo bizamini bitangwa, byaba ibyo kwandika cyangwa kuvuga ndetse n’ibindi Polisi iba ikeneye, gutoranya abinjira muri Polisi bisaba abasore n’inkumi bashaka kuyinjiramo kuba bafite ubuhanga, ubunyangamugayo n’imico myiza.

Abakandida rero bagomba kuba bujuje ku buryo buhagije ibi byavuzwe haruguru kuko kugira kimwe gusa utabyujuje byose ntibyafasha Polisi. Niyo mpamvu Polisi y’u Rwanda mu gutoranya abayinjiramo ibi byose ibiha agaciro. Ikibazo kiba gihari ni iki: Ese Polisi izabwirwa n’iki ko uwatoranyijwe yujuje ibi bisabwa?

Mbere na mbere, ushaka kwinjira muri Polisi agomba kuba afite ubushake bwo gukorera no kurinda abanyarwanda. Mu minsi ishize ubwo harimo igikorwa cyo gutoranya abinjira muri Polisi, umupolisi umwe wari uri muri iki gikorwa yavuze ko mu myaka yashize twari dufite abaturage bavugaga ngo “Turiho kugirango dukore, ariko aba bakaba barasimbuwe n’abagira bati :”Turakora kugirango tubeho”. Yanongeyeho ko biteye isoni kubona muri iyi minsi abashaka abakozi beza bashishikariza abantu kuza kubera ko mu kigo kibashaka hari umushahara mwiza, n’andi mahirwe umuntu abonera mu kazi.

Polisi nayo ifite amashami atandukanye kandi asaba ko abayakoramo baba bafite ubuhanga buhambaye. Nyamara ubu bigaragara ko abantu b’abahanga baba bifuza kujya gukora mu bigo no mu nzego zitanga imishahara itubutse.

Nyamara, Polisi nayo ikenerwa n’abaturage, bikaba bisaba ko amashami yayo nayo akorwamo n’abahanga, bagomba gutanga serivisi nziza. Ni ngombwa rero ko iyo Polisi itanze serivisi nziza, abaturage bazaba bafite umutekano usesuye, bigatuma gutahura no kurwanya ibyaha bikorwa neza, bityo iterambere ry’igihugu rikagerwaho mu buryo bwihuse.
Kubera ko abapolisi bafite ububasha bukomeye ku baturage, ni ngombwa ko bagira ubushishozi. Birazwi ko akenshi akazi ka Polisi gasaba cyane ibikorwa kurusha gukoresha ubwenge bwinshi bwo mu ishuri, nyamara Polisi mu guhitamo abazayinjiramo igomba gutoranya uzakora ako kazi ke neza, ibyo agiye gukora byose akabanza kubitekerezaho neza kandi akita ku mpamvu n’ingaruka zishobora kugera kuwo akorera.

Urugero rufatika ni aho umupolisi uri kubahiriza amategeko y’umuhanda azahagarika umuntu utwaye imodoka afite umuvuduko ukabije kandi nta n’uruhushya rwo gutwara imodoka afite, agasanga ni umubyeyi ujyanye umwana kwa muganga. Aha niho ubushishozi bw’umupolisi buzagaragarira. Niwe uzahitamo icyo gukora, niba azareka umubyeyi akihutira kujyana umwana kwa muganga akaza kumwandikira nyuma, cyangwa niba azamubwira ngo ntiyongere gutwara ku muvuduko ukabije akareka akajyana umwana kwa muganga.
Ariko na none mutekereze uwo mupolisi atari mu muhanda ngo ahagarike abantu nkabo bihutira kujyana abana babo kwa muganga, aba bashoferi bazakora amakosa angana iki?Aha rero niho ubushishozi bw’umupolisi buzagaragarira.

Hari abantu bamwe bashobora kuvuga ngo gutoranya abinjira muri Polisi bishingirwe ku bunyangamugayo bw’umukandida ngo kuko ubumenyi bwo burigwa. Birashoboka.
Ariko twemeranye ko hari ibintu bimwe bikomeye kwigwa igihe umuntu atabivukanye. Ikindi ntibyoroshye kumenya ubunyangamugayo bw’umuntu igihe uri kumukoresha ikizamini cyanditse cyangwa mu kiganiro cy’iminota 10 mugirana. Aha rero niho bikomerera mu gutoranya abinjira muri Polisi kuko muri ibyo bizamini bitoroha guhita ubona uwujuje ibyavuzwe haruguru.

Igishimishije ariko, ni uko Polisi y’u Rwanda ifite abafatanyabikorwa bizewe mu kurwanya ibyaha ndetse bakagira n’uruhare mu gutoranya abinjira muri Polisi y’u Rwanda. Muri abo bafatanyabikorwa bayo twavugamo: Urubyiruko rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano, Komite zo kwicungira umutekano, ba ambasaderi ba Polisi y’u Rwanda n’abandi. Aba bakaba bagira uruhare mu iterambere ry’ubukungu bw’igihugu binyuze mu gutahura, gukumira no kurwanya ibyaha.

Ikindi gifasha Polisi y’u Rwanda kubona abapolisi bashoboye akazi kabo ni amasomo atangirwa mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC) riri mu karere ka Musanze rihuza ubumenyi bwa gipolisi n’ubumenyi buhambaye bwo mu ishuri. Ibi bikaba bishoboka kubera ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda na Kaminuza nkuru y’u Rwanda.
Muri iri shuri hajyamo ababifitiye ubushobozi bafite amashuri 6 yisumbuye bakigamo imyaka 4 bakarangiza bafite impamyabushobozi y’icyiciro cya 2 cya kaminuza.

Gutoranya abinjira muri Polisi rero bikorwa hashingiwe ku guhitamo abakandida babishoboye, kandi abifuza kuyinjiramo bakaba ari babandi bumva gukorera Polisi ari umuhamagaro, atari abashaka akazi n’ubwo ibi bikiri imbogamizi.

Uruhare rw’abaturage rero mu gushaka abakandida nk’aba ntirwakwirengagizwa. Wenda Polisi y’u Rwanda yagawa kudashyiraho ingamba zihagije mu gukorana n’abaturage kuri iki cyo gutoranya abinjira muri Polisi, ariko ntiyagawa ko ibikora yonyine kuko izi ko aba bafatanyabikorwa ari ingenzi.

-3071.jpg

Yanditswe na ACP Jimmy Hodari

2016-06-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kayonza: Umugabo afunzwe akurikiranyweho gutera abandi ubwoba ko azabica

Kayonza: Umugabo afunzwe akurikiranyweho gutera abandi ubwoba ko azabica

Ubwanditsi 10 Feb 2017
Afungiwe kudatanga inyemezabuguzi y’imashini y’ikoranabuhanga no kugerageza gutanga ruswa

Afungiwe kudatanga inyemezabuguzi y’imashini y’ikoranabuhanga no kugerageza gutanga ruswa

Ubwanditsi 11 Nov 2016
Umukongomani Nyamuhombeza, indashima  isebya u Rwanda rwamuhaye byose ubwo yari  mu nkambi mu Rwanda.

Umukongomani Nyamuhombeza, indashima isebya u Rwanda rwamuhaye byose ubwo yari mu nkambi mu Rwanda.

Ubwanditsi 08 Nov 2023
Gatsibo: Abamotari biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu kwicungira umutekano

Gatsibo: Abamotari biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu kwicungira umutekano

Ubwanditsi 19 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Biratangaje, biranababaje kubona hari abahisemo kugereka ibibazo bya Kongo ku Rwanda, nyamara ntibagire icyo bavuga ku mutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda” -Perezida Kagame
Amakuru

Biratangaje, biranababaje kubona hari abahisemo kugereka ibibazo bya Kongo ku Rwanda, nyamara ntibagire icyo bavuga ku mutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda” -Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Jul 2022
Mutesi Jolly ni we watorewe kuba  Nyampinga w’u Rwanda 2016
Mu Mahanga

Mutesi Jolly ni we watorewe kuba Nyampinga w’u Rwanda 2016

Ubwanditsi 28 Feb 2016
Huawei igiye gukomeza gahunda yayo ya Seeds for the Future mu Rwanda hifashishwa ikoranabuhanga
Amakuru

Huawei igiye gukomeza gahunda yayo ya Seeds for the Future mu Rwanda hifashishwa ikoranabuhanga

Ubwanditsi 01 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru