• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»IGP Gasana yasabye inzego zifite aho zihuriye n’ubutabera kunoza serivisi zitanga

IGP Gasana yasabye inzego zifite aho zihuriye n’ubutabera kunoza serivisi zitanga

Ubwanditsi 02 Aug 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K. Gasana, yabwiye inzego zifite aho zihuriye n’ubutabera gufatira hamwe ingamba zihamye kugirango zifashe mu gutanga serivisi ziha abaturage bazigana.

Ibi yabivuze ku itariki ya 01 Kanama ubwo yatangizaga amahugurwa y’umunsi umwe yahuzaga abantu 270 bakora mu nzego zifite aho zihuriye n’ubutabera barimo abahagarariye urwego rw’ubugenzacyaha mu turere twose tw’igihugu (DJPO), abaje bahagarariye urugaga rw’abavoka mu Rwanda n’abaje bahagarariye urwego rw’igihugu rw’imfungwa n’abagororwa (RCS); amahugurwa yatangijwe mu ishuri rikuru rya Polisi (NPC) riri mu karere ka Musanze.

IGP Emmanuel K. Gasana yagize ati:”Ni ubwa mbere izi nzego zihuriye
hamwe zikigira hamwe uko zanoza akazi kazo, mwibuke ko abaturage babategerejeho
ubutabera, niyo mpamvu mukwiye gutahiriza umugozi umwe mu kubaha ubutabera bukwiye.”

By’umwihariko yabwiye abapolisi ko ubutabera butangirira ku buryo bakora dosiye neza, abasaba gushakisha ibimenyetso n’ibyangombwa byose byatuma dosiye bashyira ubushinjacyaha iba yuzuye, bityo ubushinjacyaha nabwo bukabigenderaho busabira ukekwaho icyaha igihano akwiriye.

Yakomeje agira ati:”Kubera iterambere ry’isi n’ibyaha biri gukorwa
muri iyi minsi byahinduye isura, birimo iterabwoba, ubutagondwa,
ubuhezanguni, icuruzwa ry’abantu n’ibindi, kubirwanya bisaba ko
abafite aho bahuriye n’ubutabera babyumva kimwe, bakagira ubumenyi
buhambaye mu kubitahura no kubiburizamo.”

Umuyobozi wa Legal Aid Forum (umuryango udaharanira inyungu wunganira abantu mu mategeko), ari nawo utera inkunga aya mahugurwa Andews
Kananga, yavuze ko umuryango ayoboye wasanze ari ngombwa ko inzego
zifite aho zihuriye n’ubutabera zahura zikaganira ku nshingano za buri
rwego kandi zikanarebera hamwe uburyo zanoza imikorere ibereye abanyarwanda.

Yagize ati:”Mu mikorere yacu isanzwe duhura n’ibibazo byo guhanahana
amakuru ariko hakagira ibyo tutumvikanaho. Amahugurwa nk’aya rero ni
umwanya mwiza wo kubiganiraho ngo tugire imyumvire imwe bityo dutange serivisi inogeye buri wese”.

-3482.jpg

-3483.jpg

Yasoje ashima Polisi y’u Rwanda uburyo ikomeje gukorana n’izindi nzego ngo abanyarwanda barusheho kubona ubutabera bunoze.

RNP

2016-08-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AMAFOTO – Manchester United ndetse na Arsenal zo mu Bwongereza ziri mu makipe yageze mu mikino ya ½ cya Europa League.

AMAFOTO – Manchester United ndetse na Arsenal zo mu Bwongereza ziri mu makipe yageze mu mikino ya ½ cya Europa League.

Ubwanditsi 16 Apr 2021
UBUTUMWA ABAHANZI BAHIMBAZA IMANA BAHAYE ABANYARWANDA MURI IKI GIHE CYO KWIBUKA KU NSHURO YA 22

UBUTUMWA ABAHANZI BAHIMBAZA IMANA BAHAYE ABANYARWANDA MURI IKI GIHE CYO KWIBUKA KU NSHURO YA 22

Ubwanditsi 15 Apr 2016
Ibihugu 6 byasezerewe mu gikombe cya Afurika 2022 birimo Algérie na Ghana, uko amakipe yakomeje muri 1/8 ndetse n’uko azahura

Ibihugu 6 byasezerewe mu gikombe cya Afurika 2022 birimo Algérie na Ghana, uko amakipe yakomeje muri 1/8 ndetse n’uko azahura

Ubwanditsi 21 Jan 2022
U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye

U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye

Ubwanditsi 10 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umujenosideri kabombo, Kabuga Felisiyani, aritaba urukiko rw’i La Haye mu Buholandi kuri uyu wa gatatu tariki 11 Ugushyingo 2020.Ese aratinyuka guhakana ibyo isi yose ifitiye ibimenyetso ?!
Amakuru

Umujenosideri kabombo, Kabuga Felisiyani, aritaba urukiko rw’i La Haye mu Buholandi kuri uyu wa gatatu tariki 11 Ugushyingo 2020.Ese aratinyuka guhakana ibyo isi yose ifitiye ibimenyetso ?!

Ubwanditsi 11 Nov 2020
Gasogi United yasezeye k’umunya Liberia Herron Berian wayikiniraga, mu kumuha icyubahiro nimero 5 yambaraga izabikwa imyaka itatu
Amakuru

Gasogi United yasezeye k’umunya Liberia Herron Berian wayikiniraga, mu kumuha icyubahiro nimero 5 yambaraga izabikwa imyaka itatu

Ubwanditsi 07 Jul 2022
Nyuma yo gukekwaho ubutinganyi birangiye avukijwe umugati
ITOHOZA

Nyuma yo gukekwaho ubutinganyi birangiye avukijwe umugati

Ubwanditsi 04 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru