• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Iyi nyubako ukumva ko waza ukayishyira hasi, oya nakwica mbere- Perezida Kagame

Iyi nyubako ukumva ko waza ukayishyira hasi, oya nakwica mbere- Perezida Kagame

Ubwanditsi 14 Sep 2016 Mu Mahanga

Mu mpanuro Umukuru w’Igihugu yagejeje ku rubyiruko 2090 rwari ruteraniye mu nyubako ya Kigali Convention Center yagize ati “Kurwana urugamba ntawe bikwiriye gutera impungenge, umuntu arwanira ikintu cye yumva gifite agaciro, umuntu arakirwanira. Nk’ibi mujya mwumva abantu bashobora gutobanga ibyo abantu bubaka, nk’iyi nyubako ukumva ko waza ukayishyira hasi, oya nakwica mbere y’uko ubigeraho.”

Mu ijambo rye umukuru w’Igihugu yabwiye « Intagamburuzwa z’icyiciro cya gatatu » yeruriye abanyarwanda ko abandika, abavuga n’abakora ubusa cyangwa ibisenya batajya basinzira, asaba abanyarwanda kutaryumaho na bo bagatekereza kandi bagakora, bakazirikana ko nta mwanya w’imfabusa uri mu Rwanda.

Perezida Kagame yihanangirije abanyarwanda ku gupfukirana ibitekerezo byabo, anababwira ko bashobora kwitirirwa ibitekerezo bibi, bisenya biba byagaragajwe n’abanzi b’u Rwanda, aboneraho no kubibutsa ko hari itandukaniro ku watekereje agakora n’uwatekereje akaryumaho.

Ati “Hari ikinyuranyo kinini cyane rero, hagati yo kugira imbaraga, kugira ibitekerezo byiza, ukicecekera no kugira imbaraga, ukagira ibitekerezo byiza ukabishyira mu bikorwa. Ibyo washyize mu bikorwa ni byo bitanga umusaruro, ibindi byabaye imfabusa.”

-4047.jpg

Perezida Kagame ageza impanuro ku Intagamburuzwa z’icyiciro cya gatatu

-4046.jpg

Yakomeje avuga ko izo mfabusa nta mwanya zifite mu Rwanda, bityo abateye batyo bagomba guhindura imitekerereze n’imibereho, ati “Ntabwo twifuza kuba igihugu rero cy’abantu b’imfabusa cyangwa bakora ibintu by’imfabusa… si nifuza ko mwajya mu mfabusa, nta mwanya w’imfabusa dufite mu gihugu cyacu, mugire icyo mukora [Do one thing or another; do something].”

-4045.jpg

Perezida Kagame yabwiye urwo rubyiruko ko iyo umuntu atavuze cyangwa ngo yandike, uwabitinyutse akabikora, ibye bihabwa agaciro ndetse bikanitirirwa abatavuze kabone n’ubwo byaba ari amanjwe.

Umukuru w’Igihugu yabanje gusobanurira urwo rubyiruko uburyo rushyize hamwe rugahuza amaboko nta wapfa kurumeneramo ngo adindize u Rwanda mu ntego yarwo y’iterambere.

Ati “Murebe uko mungana hano, ntabwo muri bake n’ubwo igihugu gifite abanyarwanda benshi cyane kurusha abicaye hano, ariko n’abari hano ntabwo ari bake. Ariko mpereye kuri mwe muri hano, ingufu ziri hano muri iki cyumba ni nyinshi cyane,[…] Ingufu mvuga ntabwo ari za zindi zo guterura, na zo ni nyinshi, ndavuga ingufu z’ibitekerezo. Ndavuga ingufu z’ibikorwa bihereye ku bitekerezo biri muri iki cyumba.”

Icyakora kandi ngo n’ubwo izo ngufu ari nyinshi cyane, “iyo utazubatse neza, ushobora kuzihindura ubusa, cyangwa bake bakazihindura ubusa.”

Perezida Kagame yakomeje agira ati “Ubahagarariye kare yigeze kuvuga ikintu cya social media (imbuga nkoranyambaga), umuntu ashobora kuba umwe gusa cyangwa babiri muri mwe, bagakoresha ikoranabuhanga risigaye ririho, bigasa nk’aho abavugira mwese, kandi atari byo, cyangwa se akarwanya ibyo mutekereza, mukora, mushaka mwese, ku buryo bigaragara nk’aho koko ari we watsinze. Uzi aho bituruka? Ni ukuvuga ngo yakoresheje uburyo bumwe buri wese muri mwe ashoboye gukoresha, ariko we yabikoresheje mwe ntimwabikoresheje.”

Yakomeje agira ati “Ni ukuvuga ngo abantu babiri batatu hano iyo bashiritse ubute cyangwa iyo bafite umugambi wo kwandika bakawuzuza cyangwa bakawunoza, kubera ko yashiritse ubute akandika, abandi bakagira ubute, bakiryamira bakisinzirira, uwanditse, igitekerezo cye ni cyo cyumvikana, ni cyo kigaragara, ni cyo abantu bazatega amatwi, ni cyo bazumva ko ari cyo, cyitirirwe na wa wundi utanditse kandi batekereza mu buryo butandukanye.”

Yakomeje avuga ko abafite ubute bwo kwandika “ibyabo ntaho bizajya, ntabwo bizumvikana. Abazabona bya bindi bya babiri bya batatu, bazabona ko ari cyo gitekerezo kizima, bazabona ko ari cyo gihagarariye na ba bandi basinziriye batanditse, icyo gitekerezo ni cyo kizimakazwa. Murabyumva? Murabizi kandi Social media (imbuga nkoranyambaga) ni ko ikora.”

Gukoresha imbuga nkoranyambaga ndetse n’ikoranabuhanga muri rusange, ni umwe mu mihigo Intagamburuzwa z’icyiciro cya gatatu zahigiye imbere ya Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

Ndayisaba Eustache wari uzihagarariye yagize ati “Duhize kurinda umutekano n’ubusugire by’igihugu, turwanya iterabwoba, ubuhezanguni n’abagambanira igihugu aho bava bakagera, cyane cyane tunyomoza abasebya igihugu cyacu twifashishije ikoranabuhanga.”

-4048.jpg

Intagamburuzwa

2016-09-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rusizi:FARDC yashyikirije RDF abarwanyi bo mu mutwe wa CNRD bagera hafi kuri 300

Rusizi:FARDC yashyikirije RDF abarwanyi bo mu mutwe wa CNRD bagera hafi kuri 300

Ubwanditsi 16 Dec 2019
14% by’Abanyarwanda bavuze ko badahabwa serevise nziza ku butabera mu mwaka wa 2016

14% by’Abanyarwanda bavuze ko badahabwa serevise nziza ku butabera mu mwaka wa 2016

Ubwanditsi 25 Jan 2017
Uganda: Hatangiye kumvwa ubujurire bw’abasaba ko imyaka ntarengwa ya Perezida iguma mu itegeko

Uganda: Hatangiye kumvwa ubujurire bw’abasaba ko imyaka ntarengwa ya Perezida iguma mu itegeko

Ubwanditsi 16 Jan 2019
Ombolenga yafashije Kiyovu gutsinda Espoir mu gihe Muhanga ya Bokota yabashije kunyagira Amagaju

Ombolenga yafashije Kiyovu gutsinda Espoir mu gihe Muhanga ya Bokota yabashije kunyagira Amagaju

Ubwanditsi 20 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

u Rwanda rurashimirwa igikorwa rukomeje cyo gutabara inzirakarengane ziri mu bucakara muri Libiya. Ikindi kimenyetso ko rudakeneye abaruha amasomo yo kwita ku kiremwamuntu!!
Amakuru

u Rwanda rurashimirwa igikorwa rukomeje cyo gutabara inzirakarengane ziri mu bucakara muri Libiya. Ikindi kimenyetso ko rudakeneye abaruha amasomo yo kwita ku kiremwamuntu!!

Ubwanditsi 24 Nov 2020
Sena yahamagaje Minisitiri w’Ubuhinzi ngo asobanure ibibazo bikigaragara mu ihunikwa ry’imyaka
POLITIKI

Sena yahamagaje Minisitiri w’Ubuhinzi ngo asobanure ibibazo bikigaragara mu ihunikwa ry’imyaka

Ubwanditsi 05 Apr 2018
Village Urugwiro : Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo kuri uyu wa Gatanu
INKURU NYAMUKURU

Village Urugwiro : Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo kuri uyu wa Gatanu

Ubwanditsi 15 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru