• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Iyi nyubako ukumva ko waza ukayishyira hasi, oya nakwica mbere- Perezida Kagame

Iyi nyubako ukumva ko waza ukayishyira hasi, oya nakwica mbere- Perezida Kagame

Ubwanditsi 14 Sep 2016 Mu Mahanga

Mu mpanuro Umukuru w’Igihugu yagejeje ku rubyiruko 2090 rwari ruteraniye mu nyubako ya Kigali Convention Center yagize ati “Kurwana urugamba ntawe bikwiriye gutera impungenge, umuntu arwanira ikintu cye yumva gifite agaciro, umuntu arakirwanira. Nk’ibi mujya mwumva abantu bashobora gutobanga ibyo abantu bubaka, nk’iyi nyubako ukumva ko waza ukayishyira hasi, oya nakwica mbere y’uko ubigeraho.”

Mu ijambo rye umukuru w’Igihugu yabwiye « Intagamburuzwa z’icyiciro cya gatatu » yeruriye abanyarwanda ko abandika, abavuga n’abakora ubusa cyangwa ibisenya batajya basinzira, asaba abanyarwanda kutaryumaho na bo bagatekereza kandi bagakora, bakazirikana ko nta mwanya w’imfabusa uri mu Rwanda.

Perezida Kagame yihanangirije abanyarwanda ku gupfukirana ibitekerezo byabo, anababwira ko bashobora kwitirirwa ibitekerezo bibi, bisenya biba byagaragajwe n’abanzi b’u Rwanda, aboneraho no kubibutsa ko hari itandukaniro ku watekereje agakora n’uwatekereje akaryumaho.

Ati “Hari ikinyuranyo kinini cyane rero, hagati yo kugira imbaraga, kugira ibitekerezo byiza, ukicecekera no kugira imbaraga, ukagira ibitekerezo byiza ukabishyira mu bikorwa. Ibyo washyize mu bikorwa ni byo bitanga umusaruro, ibindi byabaye imfabusa.”

-4047.jpg

Perezida Kagame ageza impanuro ku Intagamburuzwa z’icyiciro cya gatatu

-4046.jpg

Yakomeje avuga ko izo mfabusa nta mwanya zifite mu Rwanda, bityo abateye batyo bagomba guhindura imitekerereze n’imibereho, ati “Ntabwo twifuza kuba igihugu rero cy’abantu b’imfabusa cyangwa bakora ibintu by’imfabusa… si nifuza ko mwajya mu mfabusa, nta mwanya w’imfabusa dufite mu gihugu cyacu, mugire icyo mukora [Do one thing or another; do something].”

-4045.jpg

Perezida Kagame yabwiye urwo rubyiruko ko iyo umuntu atavuze cyangwa ngo yandike, uwabitinyutse akabikora, ibye bihabwa agaciro ndetse bikanitirirwa abatavuze kabone n’ubwo byaba ari amanjwe.

Umukuru w’Igihugu yabanje gusobanurira urwo rubyiruko uburyo rushyize hamwe rugahuza amaboko nta wapfa kurumeneramo ngo adindize u Rwanda mu ntego yarwo y’iterambere.

Ati “Murebe uko mungana hano, ntabwo muri bake n’ubwo igihugu gifite abanyarwanda benshi cyane kurusha abicaye hano, ariko n’abari hano ntabwo ari bake. Ariko mpereye kuri mwe muri hano, ingufu ziri hano muri iki cyumba ni nyinshi cyane,[…] Ingufu mvuga ntabwo ari za zindi zo guterura, na zo ni nyinshi, ndavuga ingufu z’ibitekerezo. Ndavuga ingufu z’ibikorwa bihereye ku bitekerezo biri muri iki cyumba.”

Icyakora kandi ngo n’ubwo izo ngufu ari nyinshi cyane, “iyo utazubatse neza, ushobora kuzihindura ubusa, cyangwa bake bakazihindura ubusa.”

Perezida Kagame yakomeje agira ati “Ubahagarariye kare yigeze kuvuga ikintu cya social media (imbuga nkoranyambaga), umuntu ashobora kuba umwe gusa cyangwa babiri muri mwe, bagakoresha ikoranabuhanga risigaye ririho, bigasa nk’aho abavugira mwese, kandi atari byo, cyangwa se akarwanya ibyo mutekereza, mukora, mushaka mwese, ku buryo bigaragara nk’aho koko ari we watsinze. Uzi aho bituruka? Ni ukuvuga ngo yakoresheje uburyo bumwe buri wese muri mwe ashoboye gukoresha, ariko we yabikoresheje mwe ntimwabikoresheje.”

Yakomeje agira ati “Ni ukuvuga ngo abantu babiri batatu hano iyo bashiritse ubute cyangwa iyo bafite umugambi wo kwandika bakawuzuza cyangwa bakawunoza, kubera ko yashiritse ubute akandika, abandi bakagira ubute, bakiryamira bakisinzirira, uwanditse, igitekerezo cye ni cyo cyumvikana, ni cyo kigaragara, ni cyo abantu bazatega amatwi, ni cyo bazumva ko ari cyo, cyitirirwe na wa wundi utanditse kandi batekereza mu buryo butandukanye.”

Yakomeje avuga ko abafite ubute bwo kwandika “ibyabo ntaho bizajya, ntabwo bizumvikana. Abazabona bya bindi bya babiri bya batatu, bazabona ko ari cyo gitekerezo kizima, bazabona ko ari cyo gihagarariye na ba bandi basinziriye batanditse, icyo gitekerezo ni cyo kizimakazwa. Murabyumva? Murabizi kandi Social media (imbuga nkoranyambaga) ni ko ikora.”

Gukoresha imbuga nkoranyambaga ndetse n’ikoranabuhanga muri rusange, ni umwe mu mihigo Intagamburuzwa z’icyiciro cya gatatu zahigiye imbere ya Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

Ndayisaba Eustache wari uzihagarariye yagize ati “Duhize kurinda umutekano n’ubusugire by’igihugu, turwanya iterabwoba, ubuhezanguni n’abagambanira igihugu aho bava bakagera, cyane cyane tunyomoza abasebya igihugu cyacu twifashishije ikoranabuhanga.”

-4048.jpg

Intagamburuzwa

2016-09-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Ubwanditsi 07 Feb 2025
Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi

Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi

Ubwanditsi 20 Jan 2025
2015 Irangiye Kagame ari we ukunzwe kurusha izindi nzego mu Rwanda – Min Murekezi

2015 Irangiye Kagame ari we ukunzwe kurusha izindi nzego mu Rwanda – Min Murekezi

Ubwanditsi 15 Jan 2016
Kinshasa iracyadindiza ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano ya Washington, nk’uko Minisitiri Nduhungirehe abivuga

Kinshasa iracyadindiza ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano ya Washington, nk’uko Minisitiri Nduhungirehe abivuga

RUSHYASHYA 26 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amarushanwa ya Volleyball yo ku musenyi azaba muri Nzeli
IMIKINO

Amarushanwa ya Volleyball yo ku musenyi azaba muri Nzeli

Ubwanditsi 10 Aug 2016
u Rwanda rwateye utwatsi ibyatangajwe na Panama Papers kuri  Brig Gen. Ndahiro na Hatari Sekoko
Mu Mahanga

u Rwanda rwateye utwatsi ibyatangajwe na Panama Papers kuri Brig Gen. Ndahiro na Hatari Sekoko

Ubwanditsi 11 Apr 2016
REG WBC yabonye itike y’igikombe cya Afurika itsinze APR WBC mu mikino ya Zone V ibera muri Zanzibar
Amakuru

REG WBC yabonye itike y’igikombe cya Afurika itsinze APR WBC mu mikino ya Zone V ibera muri Zanzibar

Ubwanditsi 01 Nov 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru