• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda: Hatangiye kumvwa ubujurire bw’abasaba ko imyaka ntarengwa ya Perezida iguma mu itegeko

Uganda: Hatangiye kumvwa ubujurire bw’abasaba ko imyaka ntarengwa ya Perezida iguma mu itegeko

Ubwanditsi 16 Jan 2019 Mu Mahanga

Urukiko rw’Ikirenga muri Uganda rwatangiye kumva ubujurire rwagejejweho n’abasaba gutesha agaciro umwanzuro uheruka gufatwa, ukura mu Itegeko Nshinga rya Uganda ingingo ya 102 igena imyaka ntarengwa Perezida agomba kuba afite.

Inteko iburanisha igizwe n’abacamanza barindwi bayobowe na Perezida w’Urukiko Bart Magunda Katureebe yatangiye kumva abajuriye n’abo ku ruhande rwa Guverinoma ihagarariwe n’Intumwa Nkuru ya Leta.

Ku wa 26 Kamena 2018 nibwo Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga rwemeje ku bwiganze icyemezo cyo kuvana mu Itegeko Nshinga ingingo ya 102b yashyiragaho imyaka Perezida agomba kuba afite.

Muri iki cyemezo kandi uru rukiko rwemeje igabanyuka rya manda z’abadepite n’abagize inzego z’ibanze bashyizwe kuri ebyiri.

Kuri uyu wa Kabiri, buri umwe mu bajuriye yahawe isaha yo gusobanura ibikubiye mu nyandiko yashyikirije ubutabera.

Abajuriye barimo abanyamategeko, abadepite batandatu batavuga rumwe n’ubutegetsi n’umunyamategeko Male Mabirizi.

Urukiko rwagiye rusaba abarega gutanga ibisobanuro aho biri ngombwa.

Biteganyijwe ko urukiko ruzasoza kumva iki kirego kuri uyu wa Gatatu, rukabona gutangaza umwanzuro ku itariki izatangazwa.

Dail Monitor yatangaje ko abatanze ubujurire bashaka ko Urukiko rw’Ikirenga rutesha agaciro icyemezo cy’urushinzwe kurinda Itegeko Nshinga ingingo ya 102b ikagaruka mu Itegeko Nshinga rya Uganda.

Mbere y’uko bahabo ivugururwa ry’Itegeko Nshinga byemejwe n’abadepite 317, Perezida Museveni ntiyari yemerewe kuzongera kwiyamamaza muri 2021 kuko yari kuzaba arengeje imyaka 75 yateganywaga n’itegeko.

Kugeza ubu uyu mugabo ufite imyaka 74 y’amavuko yemerewe kuziyamamaza igihe azaba abyifuza kuko mu mwaka ushize Inteko Ishinga Amategeko yakuyeho inzitizi zamukumiraga.

2019-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’amezi 13 gusa, Umutoza w’umunyarwanda Andre Cassa Mbungo yatandukanye na Bandari FC yo muri Kenya azira umusaruro muke

Nyuma y’amezi 13 gusa, Umutoza w’umunyarwanda Andre Cassa Mbungo yatandukanye na Bandari FC yo muri Kenya azira umusaruro muke

Ubwanditsi 21 Feb 2022
Gasabo: Afunzwe akurikiranweho ubwambuzi bushukana no kwiyitirira imirimo adakora

Gasabo: Afunzwe akurikiranweho ubwambuzi bushukana no kwiyitirira imirimo adakora

Ubwanditsi 15 Dec 2016
Kaminuza ya Cambrigde yatsimbaraye ku cyemezo cyo guha urubuga Judi Rever, kabuhariwe mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, nyamara uyu munyakadadakazi ashobora kwicuza icyatumye yishyira ku karubanda

Kaminuza ya Cambrigde yatsimbaraye ku cyemezo cyo guha urubuga Judi Rever, kabuhariwe mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, nyamara uyu munyakadadakazi ashobora kwicuza icyatumye yishyira ku karubanda

Ubwanditsi 21 Apr 2021
Abayoboke b’idini ya Isilamu bo mu karere ka Ruhango bakanguriwe kugira uruhare mu kubumbatira umutekano

Abayoboke b’idini ya Isilamu bo mu karere ka Ruhango bakanguriwe kugira uruhare mu kubumbatira umutekano

Ubwanditsi 17 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame yagarutse ku butwari bwa Capt Mbaye n’abandi banyamahanga barokoye Abatutsi muri Jenoside
Mu Rwanda

Kagame yagarutse ku butwari bwa Capt Mbaye n’abandi banyamahanga barokoye Abatutsi muri Jenoside

Ubwanditsi 08 Apr 2017
Trump akomeje gugabanya icyuho cy’amajwi Clinton yamurushaga
POLITIKI

Trump akomeje gugabanya icyuho cy’amajwi Clinton yamurushaga

Ubwanditsi 01 Sep 2016
Sudani: Abavandimwe ba Omar al Bashir batawe muri yombi
POLITIKI

Sudani: Abavandimwe ba Omar al Bashir batawe muri yombi

Ubwanditsi 18 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru