• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kigali : Minisitiri w’Intebe yatangije Ikigega cy’Ishoramari ‘RNIT Iterambere Fund’

Kigali : Minisitiri w’Intebe yatangije Ikigega cy’Ishoramari ‘RNIT Iterambere Fund’

Ubwanditsi 12 Jul 2016 Mu Mahanga

Kuri uyu wa kabiri Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi, yatangije Ikigega cy’Ishoramari ‘RNIT Iterambere Fund’, agifungura ku mugaragaro yasobanuye ko ari uburyo bushya bumenyerewe mu bihugu bikomeye nk’Amerika, bushyiriweho abaturage bose b’u Rwanda, abaciriritse n’abafite ubushobozi bwo hejuru kugira ngo babashe gushora imari no kwizigamira by’igihe kirekire.

Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi mu izina rya Guverinoma yasabye abaturage kwitabira iki kigega bakizigamira kandi bagashora imari mu buryo burambye, nk’imwe mu nzira yo kuzamura umusaruro n’ubukungu bwabo.

Mu gutangiza iki kigega, umuyobozi mukuru wacyo Andre Gashugi yavuze ko mu ntangiriro agaciro k’umugabane umwe bagashyize ku mafaranga y’u Rwanda 100 mu rwego rwo guha amahirwe n’abaturage bafite ubushobozi bucye.

Imigabane yo hasi wagura ni iy’amafaranga y’u Rwanda 2. 000 kuzamura kugera ku mafaranga yose ushaka; Mu gihe abazajya bahabwa inyungu ya buri kwezi ari abashoye amafaranga ari hejuru y’ibihumbi 100. Kugira ngo ugure iyi migabane, ni ukugana Banki zinyuranye ndetse n’ibigo bifasha abifuza kugura no kugurisha imigabane (stock broker) banyuranye.

Gashugi yavuze ko imwe mu mpamvu yatuma abantu bizera gushora imari muri iki kigo ari imiyoborere yacyo, dore ko amafaranga yacyo azajya acungwa na Banki Nkuru y’Igihugu.

Ishoramari kizakora rizaba rishingiye ahanini ku isoko ry’Imari n’imigabane, by’umwihariko mu mpapuro z’agaciro mvunjwafaranga z’umwenda wa Leta (Treasury Bond).

Gashugi yavuze ko amafaranga y’iki kigega ku kigero cyo hejuru ya 70%, bishobora no kugera ku 100% azashorwa mu mpapuro mvunjwafaranga z’umwenda wa Leta zidashobora guhomba, ngo haramutse hanabayeho gushora mu migabane y’ibigo biri ku Isoko ry’Imari n’Imigabane ntibarenza 30%.

Minisitiri w’Imari n’igenamigambi Claver Gatate yabwiye abanyamakuru ko Leta ihaye amahirwe Abaturage yo kwizigamira by’igihe kirekire ku mafaranga yoroheye buri wese,Ati: Iki ntabwo ari ikigega kigamije inyungu cyane, ahubwo cyungukira abanyamigabane kandi kikabacungira neza umutungo wabo ari nako ubyara inyungu.

-3271.jpg

Minisitiri w’Imari n’igenamigambi Claver Gatate

Kuva kuri uyu wa 12 Nyakanga kugera tariki 12 Nzeri 2016,National Investment Trust iratangira kugurisha ku isoko rya mbere (IPO) imigabane y’Ikigega cyayo cy’ishoramari yatangije .

-3272.jpg

Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi

Iki kigega cyashinzwe na Guverinoma y’u Rwanda, kubufatanye n’ikigo cy’Imari n’imigabane, Capital Markets Authority (CMA) BNR ndetse n’Amabanki atandukanye akorera mu Rwanda.

Umwanditsi wacu

2016-07-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gatsibo: Polisi y’u Rwanda yakanguriye abayobozi b’inzego z’ibanze gukumira ibyaha.

Gatsibo: Polisi y’u Rwanda yakanguriye abayobozi b’inzego z’ibanze gukumira ibyaha.

Ubwanditsi 04 Mar 2016
Icyo uwemerewe gutora asabwa mu matora y’Abayobozi b’Inzego z’Ibanze

Icyo uwemerewe gutora asabwa mu matora y’Abayobozi b’Inzego z’Ibanze

Ubwanditsi 07 Feb 2016
Tombola ya 1/4 cya CAF Champions League yasize Simba izakina na Kaizer Chief naho muri CAF Confederations Cup Orlando Pirates izakine na Raja Cassablanca

Tombola ya 1/4 cya CAF Champions League yasize Simba izakina na Kaizer Chief naho muri CAF Confederations Cup Orlando Pirates izakine na Raja Cassablanca

Ubwanditsi 30 Apr 2021
Abagenerwabikorwa ba Imbuto Foundation bakanguriwe kurangwa n’ikinyabupfura

Abagenerwabikorwa ba Imbuto Foundation bakanguriwe kurangwa n’ikinyabupfura

Ubwanditsi 29 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida mushya wa Congo-Kinshasa , Felix Tshisekedi arasura u Rwanda mu byumweru bibiri
INKURU NYAMUKURU

Perezida mushya wa Congo-Kinshasa , Felix Tshisekedi arasura u Rwanda mu byumweru bibiri

Ubwanditsi 13 Mar 2019
Kamonyi: Abantu barakangurirwa kubahiriza uburenganzira bw’umwana
Mu Mahanga

Kamonyi: Abantu barakangurirwa kubahiriza uburenganzira bw’umwana

Ubwanditsi 02 Jan 2016
“Génération Paul Kagame”: Ishyirahamwe ry’urubyiruko rwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ruraharanira gutera ikirenge mu cya Perezida w’u Rwanda mu guharanira imiyoborere myiza n’imibereho iboneye mu gihugu cyabo.
Amakuru

“Génération Paul Kagame”: Ishyirahamwe ry’urubyiruko rwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ruraharanira gutera ikirenge mu cya Perezida w’u Rwanda mu guharanira imiyoborere myiza n’imibereho iboneye mu gihugu cyabo.

Ubwanditsi 12 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru