• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kagame na Magufuli batangiye guhana amasomo

Kagame na Magufuli batangiye guhana amasomo

Ubwanditsi 16 Mar 2016 Mu Mahanga

Abakunze gutemberera muri Tanzania bakubwira yuko iyo uganiriye n’abaturage cyane mu mujyi wa Dar es Salaam bakubwira yuko icyo gihugu nacyo cyarangije kwibonera Kagame wacyo !

Abo baturage ba Tanzania bakomeje gufata Perezida Paul Kagame nk’umuntu wifuriza ibyiza abo ayoboye, arwanya ruswa yihanukiriye ari nako ashakisha buri cyashoboka cyose ngo igihugu cye gitere imbere.

Muri Tanzania, cyane cyane mu butegetsi bw’imyaka 10 ishize ya Jakaya Murisho Kikwete, igihugu cyari cyaramunzwe na corruption, ruswa ivugiriza mu nzego zose n’umutungo wa leta ukoreshwa nabi ku buryo buhombya igihugu.

Muri izo manda ebyiri za Kikwete zacyuye igihe mu mpera z’umwaka ushize Tanzania yari igihugu gifite ubuyobozi butita ku mutungo w’igihugu ngo bube bwawubyaza umusaruru, ahubwo buri wese agasahura yishyirira mu mifuka ye cyangwa iya benewabo ntihagire ingamba zifatwa ngo umutungo wa leta ube wakoreshwa, ahubwo kuwukoresha nabi ukagira ngo nizo ngama igihugu cyari cyarihaye !

Muri ubwo butegetsi bwa Kikwete Abatanzania bakomeje kwifuza yuko bagira ubutegetsi nk’ubwa Kagame kuko bumvaga yuko mu Rwanda arwanya ibyo batifuzaga yuko byaboneka muri Tanzanzania, agaharanira ibyo bifuza yuko byagerwaho iwabo.

Muri manda ya kabiri ya Kikwete ubutegetsi bwe ntabwo bwari bubanye neza n’ubwa Kagame ariko wagera Dar es Salaam no muyindi mijyi ugasanga abantu bajijutse bahamya yuko Perezida wabo ariwe mu nyamakosa.

Aho John Pombe Joseph Magufuli afatiye ubutegetsi akinjirana imbaraga zo kurwanya corruption kandi atajenjeka, nibwo abaturage ba Tanzania batangiye kuvuga ngo biboneye Kagame wabo.

Uko iminsi igenda yicuma kandi niko Kagame na Magufuli bagenda bagarura umubano wari warangijwe na Kikwete, kandi umwe akagenda yigira kuri mugenzi we.

Isomo rya mbere n’iryo Magufuli yigiye kuri Kagame. Hano mu Rwanda dukora umuganda buri wa gatandatu wa nyuma w’ukwezi. Muri Tanzania Magufuli nawe yazanye umuganda ariko awushyira kuwa gatandatu wa mbere wa buri kwezi.

Icyo ariko Magufuli ashobora kuba atarakurikiranye neza n’uko uwo muganda we wibanda ku isuku ngo ibe nk’iya hano mu Rwanda naho umuganda wo mu Rwanda ukibanda ku isuku n’ibindi bikorwa by’amajyambere n’indi mibereho myiza y’abaturage.

Mu inama y’umushyikirano yatangiye ikanasozwa mu cyumweru gishize Kagame nawe yagaragaje ikintu yigiye kuri Magufuli, kandi nibyiza abantu kwigiranaho ibifite akamaro.

-2480.jpg

Perezida Kagame aha impanuro abayobozi bakuru bari mu mwiherero i Gabiro

-2481.jpg

Ngarambe Francois Umunyamabanga Mukuru wa RPF-Inkotanyi nawe ari mubitabiriye uyu mwiherero

-2482.jpg

Bamwe mu bayobozi bitabiriye umwiherero

Magufuli agifata ubutegetsi yahise aca ingendo zitari ngombwa abayobozi b’igihugu bakorera mu mahanga. Magufuli akabaza impamvu umuminisitiri cyangwa undi mutegetsi runaka akorera urugendo rw’akazi mu gihugu runaka kandi icyo gihugu Tanzania igifitemo ambasaderi. Izo ngendo Magufuli yaraziciye none na Kagame yatangarije igihugu yuko nawe aziciye.

Kayumba Casmiry

2016-03-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi yerekanye abakinnyi bashya n’ibikombe yatwaye mu mikino y’intoki  (Handball)

Polisi yerekanye abakinnyi bashya n’ibikombe yatwaye mu mikino y’intoki (Handball)

Ubwanditsi 01 Aug 2016
Kigali: Perezida Kagame yakiriye Li Yong uyobora iterambere ry’inganda muri UN

Kigali: Perezida Kagame yakiriye Li Yong uyobora iterambere ry’inganda muri UN

Ubwanditsi 07 Feb 2016
Polisi y’u Rwanda yatangaje uko byari byifashe kuri Noheli

Polisi y’u Rwanda yatangaje uko byari byifashe kuri Noheli

Ubwanditsi 26 Dec 2016
Nyabugogo: Abakoraga ubujura butandukanye bashyizeho ihuriro ryo gukumira ibyaha

Nyabugogo: Abakoraga ubujura butandukanye bashyizeho ihuriro ryo gukumira ibyaha

Ubwanditsi 15 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umwuka ni mwiza, Amavubi agiye gutangira urugendo rwo gusha itike y’igikombe ya Afcon 2025 akina na Libya
Amakuru

Umwuka ni mwiza, Amavubi agiye gutangira urugendo rwo gusha itike y’igikombe ya Afcon 2025 akina na Libya

Ubwanditsi 03 Sep 2024
CECAFA : Amavubi yatsinze umukino wa mbere, atsinze Tanzania ntibyayabuza gusezererwa
IMIKINO

CECAFA : Amavubi yatsinze umukino wa mbere, atsinze Tanzania ntibyayabuza gusezererwa

Ubwanditsi 09 Dec 2017
Ingingo Z’ingenzi Z’ Urwandiko Rwa MUSONI Shafique Rusaba Guhindura Amazina
Amakuru

Ingingo Z’ingenzi Z’ Urwandiko Rwa MUSONI Shafique Rusaba Guhindura Amazina

Ubwanditsi 03 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru