• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»IGP Gasana yahaye impanuro abapolisi bajya gusimbura abandi mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

IGP Gasana yahaye impanuro abapolisi bajya gusimbura abandi mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Ubwanditsi 15 Jul 2016 Mu Mahanga

Ku itariki 14 Nyakanga, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Inspector General of Police (IGP) Emmanuel K. Gasana yahaye impanuro itsinda ry’abapolisi 160 bajya mu butumwa bw’amahoro bw’umwaka umwe mu gihugu cya Haiti (United Nations Stabilization Mission in Haiti -MINUSTAH).

Uyu mutwe (RWAFPU7) urimo ab’igitsinagore 21 uyobowe na Assistant Commissioner of Police (ACP) Faustin Ntirushwa, ukaba ari itsinda rya karindwi ry’abapolisi b’u Rwanda bagiye koherezwa mu butumwa bw’amahoro muri iki gihugu.

Aba barajya gusimbura abagize umutwe wa gatandatu (RWAFPU6) bagiye muri ubu butumwa muri Nyakanga umwaka ushize, bikaba biteganyijwe ko bataha muri uku kwezi nyuma yo kwambikwa imidari y’ishimwe nk’ikimenyetso cy’imikorere myiza.

Mu nama yagiranye na bo ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, IGP Gasana yababwiye ati,”Kugira ngo U Rwanda rukomeze kugaragara neza ku ruhando mpuzamahanga, murasabwa kubahiriza indangagaciro za kirazira z’umuco nyarwanda n’iza Polisi y’u Rwanda, gukunda umurimo no kuwukora uko bisabwa, kubaha , kurangwa n’imyitwarire myiza, no kwitwara kinyamwuga.”

Yakomeje ababwira ati,”Murajya muri Haiti nk’abahagarariye amahoro, umutekano, n’ituze, kandi mugiye gukomereza aho bagenzi banyu bababanjirije basubikiye mu nyaka ishize…bityo mukomeze kuzamura Ibendera ry’u Rwanda. Uruhare rw’u Rwanda mu kugarura amahoro ruragaragara. Iryo shema ry’igihugu rigomba gusigasirwa haba mu karere ruherereyemo ndetse no hanze yako.”

IGP Gasana yagize kandi ati,” Nubwo imico n’ubunararibonye by’abari mu butumwa bw’amahoro binyuranye bitewe n’uko baturuka mu bihugu bitandukanye , bahuzwa no gufatanya kugarura amahoro mu gihugu boherejwemo. Murasabwa rero gukorana neza n’abandi baturuka mu bindi bihugu ari na ko mwigira ku bunararibonye bwabo kuko “kwiga bidashira.”
Iyoherezwa ry’aba 160 (RWAFPU7) ritumye U Rwanda rugera ku mubare w’abapolisi 1080 bakorera hamwe (FPU) rwohereje mu butumwa bw’amahoro muri iki gihugu kuva mu 2010.

Kugeza ubu, Polisi y’u Rwanda ifite hafi abapolisi 1000 mu butumwa bw’amahoro bakaba barimo 820 bagize imitwe itanu y’abakorera hamwe (Formed Police Units-FPUs).

Imitwe itatu muri iyo itanu y’abakorera hamwe igizwe n’abapolisi 420 bari muri Central African Republic naho 240 bakaba bari muri South Sudan.

-3289.jpg

U Rwanda ubu ni urwa kabiri ku isi mu kugira umubare munini w’igitsinagore mu butumwa bw’amahoro, rukaba muri rusange ari urwa gatatu ku isi mu kugira umubare munini w’abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro nyuma ya Bangladesh iza ku mwanya wa kabiri na Senegal ya mbere .

RNP

2016-07-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira

Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira

RUSHYASHYA 03 Dec 2025
Afungiwe kudatanga inyemezabuguzi y’imashini y’ikoranabuhanga no kugerageza gutanga ruswa

Afungiwe kudatanga inyemezabuguzi y’imashini y’ikoranabuhanga no kugerageza gutanga ruswa

Ubwanditsi 11 Nov 2016
Polisi y’u Rwanda yafashe umutekamutwe wiyitiriraga Abayobozi

Polisi y’u Rwanda yafashe umutekamutwe wiyitiriraga Abayobozi

Ubwanditsi 17 Mar 2016
Abisunga ibigarasha n’abajenosideri ngo bararwanya u Rwanda bazakomeza gukama ikimasa.

Abisunga ibigarasha n’abajenosideri ngo bararwanya u Rwanda bazakomeza gukama ikimasa.

Ubwanditsi 31 May 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bufaransa bwageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi busezereye u Bubiligi
IMIKINO

U Bufaransa bwageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi busezereye u Bubiligi

Ubwanditsi 11 Jul 2018
Amafoto – Abitabiriye imikino ya BAL 2024 bakoreye umuganda ahazubakwa ibibuga by’umupira w’Amaguru na Tennis
Amakuru

Amafoto – Abitabiriye imikino ya BAL 2024 bakoreye umuganda ahazubakwa ibibuga by’umupira w’Amaguru na Tennis

Ubwanditsi 25 May 2024
U Burundi butangiye kwemera ko ari bwo Nyirabayazana w’ibibazo By’ Akarere
INKURU NYAMUKURU

U Burundi butangiye kwemera ko ari bwo Nyirabayazana w’ibibazo By’ Akarere

Ubwanditsi 28 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru