• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kagame aremeza ko i Burundi hashobora kwaduka Genocide ku bufatanye na FDLR

Kagame aremeza ko i Burundi hashobora kwaduka Genocide ku bufatanye na FDLR

Ubwanditsi 25 Feb 2016 Mu Mahanga

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame kuwa Gatandatu tariki ya 20 Gashyantare 2016 yagize icyo avuga ku mvururu zimaze iminsi zirimo kubera mu Burundi ndetse n’imyigarambyo yamagana u Rwanda na Perezida Kagame, Abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter Perezida Kagame yavuze ko agomba kwitondera kuba yagira umwanzuro abifatira nk’umunyafurika by’umwihariko umunyarwanda, ariko avuga ko ibimenyetso bihari kandi bigaragara ahubwo akibaza impamvu nta gikorwa.

-2219.jpg

Dore twitter za Perezida Kagame n’ubusobanuro bwazo ugenekereje mu kinyarwanda:

-80.png

Ku bibazo biri mu Burundi, nk’umunyafurika ariko nanone nk’umunyarwanda by’umwihariko, nemeza ko amateka yuzuyemo amasomo menshi ariko abashobora kuyigiraho ari bake

N’ubwo hari ibimenyetso byinshi bigaragara, ubwicanyi bwa buri munsi bw’inzirakarengane, n’ibindi wakwibaza impamvu igisubizo cyo gutabara abantu bari kwicwa ubu cyakomeje kuba kuyobya uburari (ku bibazo nyamukuru bihari n’ikibitera).

Nta bushotoranyi uko bwaba bungana kose na bumwe (buturutse ku Uburundi) buri butume u Rwanda rwiroha muri iki kibazo… kandi nta n’umuti (w’ibibazo biri mu Uburundi) ushobora kuva muri ubu bushotoranyi u Rwanda ruri gukorerwa n’Uburundi.

-79.png

Abantu bose bagerageje kugira inama abategetsi b’Uburundi, ushyizemo n’ababaga baturutse kure, inama zose batanze ahubwo zatumye ibintu birushaho kujya irudubi, umuntu ashobora kwibaza impamvu yabyo.

Gusa mbona ko umugambi (abategetsi b’Uburundi bafite) uri inyuma y’ibi byose ukubiye mu ngingo eshatu:

1. Kwita undi muntu ikibazo,

2. Kuticira abantu mu kivunge ukagenda wica bake bake kandi ahantu hanyuranye ndetse buri gihe,

3. Kurangiriza umugambi ku gisubizo cya nyuma “Final Solution” ( bishoboka ko yavugaga jenoside yo kurimbura abantu bamwe ) nk’uko ngo biri no kuba ubu.

Iyi akaba ari nayo mpamvu nyamukuru FDRL iri mu Uburundi kuva mu ntangiriro z’ibi bibazo.

-78.png

Birababaje kubona imbaraga n’ubushake bya politiki byagiye bibaho mu gukemura ibi byarahurizaga ku gisubizo kimwe, ndetse hari n’abashakaga kwegeka intandaro yabyo ku bandi ( u Rwanda) bagambiriye guha agahenge ababifitemo uruhare (abategetsi b’Uburundi).

Mu gihe ubwicanyi buzaba bwararenze inkombe , buri umwe wese ari kubazwa icyatumye adatabara abicwaga igisubizo kizaba kimwe: ntitwabimenye (ko hari ubwicanyi bungana gutya), abazabazwa impamvu batatabaye kandi bazavuga ko batigeze bamenya ko na FDRL yari mu Burundi. Bari bakwiye kuzavuga ko batashakaga kubimenya.

Icyo gihe abantu bazakomeza kungurana inama n’ibitekerezo ku mpamvu zatumye badatabara, ariko abantu bazakomeza kwicwa. Uretse ko twiyemeje ko ibyabaye bitazasubira…kandi ntibirasubira!

-2220.jpg

Perezida Nkurunziza na FDLR

2016-02-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abatuye muri Muhanga na Kamonyi basabwe kudacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko

Abatuye muri Muhanga na Kamonyi basabwe kudacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko

Ubwanditsi 30 Mar 2016
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko umutekano muri CHAN wabaye ntamakemwa

Polisi y’u Rwanda iratangaza ko umutekano muri CHAN wabaye ntamakemwa

Ubwanditsi 08 Feb 2016
Brian Kagame wasoje Itorero ry’Indangamirwa yashyigikiwe n’umuryango wose

Brian Kagame wasoje Itorero ry’Indangamirwa yashyigikiwe n’umuryango wose

Ubwanditsi 23 Jul 2016
Ntabwo Perezida Nkurunziza azongera gukandagiza ikirenge mu kibuga cy’umupira w’amaguru

Ntabwo Perezida Nkurunziza azongera gukandagiza ikirenge mu kibuga cy’umupira w’amaguru

Ubwanditsi 22 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyemari Nkubiri Alfred ari mu gihome akurikiranyweho  gukoresha impapuro mpimbano no kwinjiza mu gihugu ifumbire itujuje ubuziranenge
ITOHOZA

Umunyemari Nkubiri Alfred ari mu gihome akurikiranyweho gukoresha impapuro mpimbano no kwinjiza mu gihugu ifumbire itujuje ubuziranenge

Ubwanditsi 18 Aug 2016
Hagati ya Major Robert Higiro na David Himbara  umwe ashobora kwica undi
ITOHOZA

Hagati ya Major Robert Higiro na David Himbara umwe ashobora kwica undi

Ubwanditsi 02 Sep 2016
Umuyobozi w’akarere ka Kicukiro yasabye abaturage kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina
Mu Rwanda

Umuyobozi w’akarere ka Kicukiro yasabye abaturage kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Ubwanditsi 18 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru