• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abanyaburayi bose siko bakurikira buhumyi ibinyoma bya Kongo n’Ububiligi

Abanyaburayi bose siko bakurikira buhumyi ibinyoma bya Kongo n’Ububiligi

Ubwanditsi 25 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Nyuma y’aho abadepite mu nteko ishinga amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ufatiye umwanzuro ubogamiye ku binyoma bya Kongo n’Ububiligi buhagarariye inyungu za Tshisekedi, hari abibwiraga ko Komisiyo y’uwo muryango nayo izagwa muri ubwo buyobe, igafatira u Rwanda ibihano,nk’uko Ububiligi bwabihirimbanagamo.

Si uko byagenze, kuko mu nama y’abaministri b’ububanyi n’amahanga mu bihugu bigize uwo muryango banze gukurikiza buhumyi ibyari byasabwe n’abo badepite, ahubwo hanzurwa ko “ibihano atari byo byihutirwa, kurusha inzira ya dipolomasi, ko imikoranire y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi n’u Rwanda yakomeza gusuzumwa, ibyemezo bikazafatwa hashingiwe ku buryo ibintu bizaba byifashe[muri Kongo]”.

Bishyizwemo ingufu na Guverinoma y’Ububiligi, abo badepite(biganjemo abafitanye inyungu zihariye muri Kongo), basabaga gusesa amasezerano Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ufitanye n’uRwanda ku birebana n’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro. Muri iyo nama y’abaminisitiri havuzwe ko “umwanzuro kuri icyi cyifuzo wakwitongerwa, hakabanza gusuzumwa ibimenyetso bitangwa n’abashakashatsi, ko uRwanda rwifitiye ibirombe bicukurwamo ayo mabuye, ko rero adasahurwa muri Kongo nk’uko bivuvugwa”.

Kimwe mu bihugu byashyize mu gaciro bikanga kugwa mu kinyoma cya Kongo n’Ububiligi, ni Luxembourg, yari ihagarariwe na Bwana Xavier Bettel, akaba yagaragaje ko munyangire n’amarangamutima ashingiye ku nyungu za bamwe, bidashobora kuzana amahoro muri aka karere.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi, Maxime Prévot, unatyaye cyane mu gusabira uRwanda ibihano, yabwiye itangazamakuru ko “yatunguwe, akanababazwa” n’uko iyo nama itashimangiye ishyirwa mu bikorwa ry’ibihano ku Rwanda kuko kwima agaciro ibyifuzo bw’abadepite bisuzuguje Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi.

Hari abanyapolitiki b’abanyaburayi, nka Senateri Alain Destexhe wo muri Sena y’Ububiligi, bagaya cyane imyitwarire y’Ububiligi mu kibazo cy’amakimbirane ari muri aka Karere k’Ibiyaga Bigari, icyo gihugu cyirengagije ko ari cyo nyirabayazana w’intambara muri aka karere.

Hari n’abandi basanga, nk’uko hari abasakuza ngo nihubahirizwe ubusugire bwa Kongo, ubusugire bw’uRwanda nabwo bukwiye kwitabwaho, iyo Kongo igasabwa guhagarika imikoranire n’abajenosideri ba FDLR.

Guverinoma y’uRwanda ntiyahwemye gusobanura ko imfashanyo n’ibikangisho by’ibihano bitarusha agaciro ubuzima bw’Abanyarwanda, ndetse mu cyumweru gishize ruhagarika amasezera y’ubufatanye hagati rwari rufitanye n’Ububiligi.

Abahanga muri politiki mpuzamahanga bafite impungenge ko ibihano bishobora kuba nko gusuka peteroli mu muriro, kuko byatuma ibintu birushaho kudogera muri aka karere, aho kubonerwa umuti. Bagira bati:”Iyo ibihano biza kuba igisubizo, intambara ya Kongo iba yararangiye kera, kuko nta gihe ibihugu byiyita ibihangange bitafatiye ibihano abantu banyuranye, kenshi banarengana”.

2025-02-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gen Kabarebe yihanganishije Malawi ku mpanuka yahitanye abagore babiri ba b’ofisiye b’icyo gihugu

Gen Kabarebe yihanganishije Malawi ku mpanuka yahitanye abagore babiri ba b’ofisiye b’icyo gihugu

Ubwanditsi 04 Jun 2016
Amafoto – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali gukora Siporo rusange izwi nka “Car Free Day”

Amafoto – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali gukora Siporo rusange izwi nka “Car Free Day”

Ubwanditsi 17 Mar 2024
Rafael York yasanze Amavubi muri Afurika y’Epfo, US Monastir itwara BAL 2022 , Kigali Peace Marathon imidali yihariwe na Kenya – Ibyaranze impera z’icyumweru muri Siporo

Rafael York yasanze Amavubi muri Afurika y’Epfo, US Monastir itwara BAL 2022 , Kigali Peace Marathon imidali yihariwe na Kenya – Ibyaranze impera z’icyumweru muri Siporo

Ubwanditsi 30 May 2022
Agasuzuguro k’Impuzamashyirahamwe y’abavoka bo mu Burayi karerekana imyumvire ishaje ya gikoloni. Ni gute bubahuka guha amabwiriza ubutabera bw’igihugu cyigenga?

Agasuzuguro k’Impuzamashyirahamwe y’abavoka bo mu Burayi karerekana imyumvire ishaje ya gikoloni. Ni gute bubahuka guha amabwiriza ubutabera bw’igihugu cyigenga?

Ubwanditsi 08 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame ari muri Namibia aho yitabiriye inama ya SADC [ AMAFOTO ]
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame ari muri Namibia aho yitabiriye inama ya SADC [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 17 Aug 2018
REG VC na APR WVC begukanye igikombe cy’irushanwa ry’ubutwari 2023 mu mukino wa Volleyball
Amakuru

REG VC na APR WVC begukanye igikombe cy’irushanwa ry’ubutwari 2023 mu mukino wa Volleyball

Ubwanditsi 30 Jan 2023
Rulindo:Umugabo yiturikirijeho Gerenade ahita apfa
Mu Mahanga

Rulindo:Umugabo yiturikirijeho Gerenade ahita apfa

Ubwanditsi 17 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru