• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ese noneho Museveni arava kw’izima ko ibibazo atera u Rwanda byashyizwe mu maboko y’abagabo!

Ese noneho Museveni arava kw’izima ko ibibazo atera u Rwanda byashyizwe mu maboko y’abagabo!

Ubwanditsi 12 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, POLITIKI

Nyuma yaho Perezida wa Angola atumirije inama y’abakuru b’ibihugu by’u Rwanda, Uganda na Repubulika iharanira demokarasi ya Congo, igamije kwiga ku mutekano ndetse n’ibindi bibazo byugarije akarere ibi bihugu biherereyemo; abantu batangiye kwibaza niba Museveni ari buve kw’izima akagira icyo akora ku bibazo akomeje guteza u Rwanda ashyigikira imitwe irurwanya ndetse inzego ayobora cyane cyane iz’ubutasi bwa gisirikare zirirwa zihohotera zikanakorera iyicarubozo abanyarwada bari cyangwa bajya muri Uganda.

Ba Perezida bagenira ku bibazo by’umutekano muke byugarije akarere

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa 12 Nyakanga 2019, yageze i Luanda, Umurwa Mukuru wa Angola, aho yitabiriye iyo nama imuhuza na bagenzi be, Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo, Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda ndetse na João Lourenço wa Angola ari nawe wayakiriye.

Iyi nama yabaye kuri uyu wa Gatanu nkuko twabivuze haruguru, intego yayo nyamukuru yari iyo kwiga ku mutekano ndetse n’ibindi bibazo byugarije akarere ibi bihugu biherereyemo.

Nkuko itangazo ryasohotse nyuma y’iyi nama ribivuga, mu myanzuro iyi nama yafashe harimo uvuga ku gukomeza kunoza no kwagura umubano hagamijwe inyungu z’abaturage zishingiye ku bukungu na politiki; kwita ku gushaka umuti w’amakimbirane hagati y’ibihugu binyuze mu nzira y’amahoro ishingiye ku buvandimwe bw’Abanyafurika.

Iyi nama ibaye nyuma y’aho u Rwanda, Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo na Angola basinye amasezerano agamije gufatanya mu kurwanya imitwe y’inyeshyamba yitwaje intwaro zihungabanya umutekano mu karere.

Aya masezerano yashyizweho umukono mu mpera za Gicurasi uyu mwaka, aho Perezida Kagame na mugenzi we Angola bari bitabiriye umuhango wo gushyingura nyakwigendera Etienne Tshisekedi.

Mu minsi ishize Perezida Kagame aherutse kubwira abanyamakuru ko ashyigikiye icyemezo cyafashwe na Republika Iharanira Demokarasi ya Kongo cyo kurandura imitwe ihungabanya umutekano mu karere, kandi ngo bibaye ngombwa u Rwanda rwatanga inkunga muri iki gikorwa kuko iyi mitwe ibangamiye umutekano w’ibihugu bigize akarere kose.

Perezida yashimangiye ko u Rwanda atari ikirwa kuko rufatanya n’ibihugu by’amahanga mu gushaka icyatuma haba iterambere rihuriweho by’umwihariko ku mugabane wa Afrika.

Perezida w’u Rwanda n’uwa Uganda, bahuriye muri iriya nama i Luanda, mu gihe umwuka utifashe neza hagati y’ibihugu byombi. Uyu mwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda umaze imyaka irenga ibiri utifashe neza kubera cyane cyane ibibazo leta ya Uganda iteza ifasha abarwanya u Rwanda.

U Rwanda rugaragaza ko uyu mwuka ushingiye ku kuba Uganda yarabaye ikiraro abashaka guhungabanya umutekano warwo bambukiraho, hakiyongeraho ko iki gihugu kibaha ubufasha bwose nkenerwa.

U Rwanda nanone ni kenshi rwakunze kugaragaza ko abaturage barwo bakorerwa ihohoterwa ku butaka bwa Uganda, bamwe bagafungirwa mu magereza y’ibiro by’ubutasi bwa gisirikare muri Uganda ari na ko bakorerwa iyicarubozo, byarangira bakirukanwa nta mpamvu ifatika yo kubirukana.

Ingaruka kuri uyu mwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda ni imigenderanire hagati y’abaturage b’ibihugu byombi isa n’aho yahagaze, mu rwego rwo kwirinda ko hari abanyarwanda bakomeza guhohoterwa bageze muri Uganda,bitandukanye nuko abagande bageze mu Rwanda bisanzura nta nkomyi.

Perezida wa Angola, João Manuel Gonçalves Lourenço aganira na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame

Uhereye ibumoso: Perezida Yoweri Kaguta Museveni, João Manuel Gonçalves Lourenço wa Angola, Perezida Kagame na Félix Tshisekedi wa RDC

Abasesenguzi muri politiki bakurikiranye iby’iyi nama ya Luanda bemeza ko aba Perezida batatu (Angola, DRC n’u Rwanda) bagiye gushyira igitutu kuri Museveni ngo areke ibyo arimo bimuteranya n’u Rwanda dore ko hamaze kugaragara ko bitagira ingaruka ku Rwanda gusa, ahubwo binazigira ku karere muri rusange kuko imitwe ishyigikiwe na Uganda yitoreza kandi ikanarwanira muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo.

2019-07-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Afrika y’Epfo: Min. Lindiwe Sisulu yemerenywa na Tanzania yafunze umunyamakuru ufite ubwenegihugu bwa Afrika y’Epfo

Afrika y’Epfo: Min. Lindiwe Sisulu yemerenywa na Tanzania yafunze umunyamakuru ufite ubwenegihugu bwa Afrika y’Epfo

Ubwanditsi 13 Nov 2018
Perezida Kagame yemeje ko ibya FDLR na Jenoside ari amateka mu Rwanda bitazongera kubaho ukundi

Perezida Kagame yemeje ko ibya FDLR na Jenoside ari amateka mu Rwanda bitazongera kubaho ukundi

Ubwanditsi 10 Feb 2023
Perezida Kagame yagarutse ku barimo Thabo Mbeki banenze amavugurura ya AU

Perezida Kagame yagarutse ku barimo Thabo Mbeki banenze amavugurura ya AU

Ubwanditsi 13 Feb 2019
Moussa Faki Mahamat arasaba ibihugu by’ibihangange kureka gukomeza kwivanga mu bibazo by’Abanyafurika ubwabo

Moussa Faki Mahamat arasaba ibihugu by’ibihangange kureka gukomeza kwivanga mu bibazo by’Abanyafurika ubwabo

Ubwanditsi 21 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ni iki gituma amashyaka ya Opposition akomeje gucikamo ibice : Ubusambo, Ubuswa bwinshi, Ubusambanyi  n’Inda nini.
ITOHOZA

Ni iki gituma amashyaka ya Opposition akomeje gucikamo ibice : Ubusambo, Ubuswa bwinshi, Ubusambanyi n’Inda nini.

Ubwanditsi 14 Sep 2016
Umugabo wabenze umugore ku munsi w’ubukwe i Kigali yararongoye undi i Burundi
SHOWBIZ

Umugabo wabenze umugore ku munsi w’ubukwe i Kigali yararongoye undi i Burundi

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Menya Uburyo Birindabagabo Jean Paul Yafatanyije N’abasirikare Ba FAR Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi Muri Sake
Amakuru

Menya Uburyo Birindabagabo Jean Paul Yafatanyije N’abasirikare Ba FAR Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi Muri Sake

Ubwanditsi 20 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru