• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Vital Kamerhe yamenye ibanga: Nubwo ari umujura kabombo, gutuka u Rwanda na Kagame bizamuha gutegeka Abakongomani ubuziraherezo

Vital Kamerhe yamenye ibanga: Nubwo ari umujura kabombo, gutuka u Rwanda na Kagame bizamuha gutegeka Abakongomani ubuziraherezo

Ubwanditsi 09 Nov 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Bimaze kugaragara ko benshi mu baturage ba Kongo-Kinshasa batazi cyangwa bafata minenembwe ibibazo bizoreka, cyangwa ahubwo byamaze koreka igihugu cyabo.

Hambere umutegetsi washakaga kwigarurira imitima y’Abakongomani, yarabarekaga bakisahurira, bakibyinira “ndombolo” na “Lumba”, iby’imiyoborere myiza ntubabwire!

Ubu noneho amaturufu yariyongereye ku bashaka kwigarurira imitima y’Abakongomani. Ntibigusaba ubuhanga, ubunyangamugayo, umurava n’ubushishozi, reka da! Wowe tyaza akarimi gusa, buri munsi uhimbire Rwanda ikirego, urwandagaze hamwe n’abayobozi barwo, maze urebe ko batazagukomera amashyi imyaka yose wifuza.

Ibyo abategetsi ba Kongo babibyaza” umusaruro” uko bashoboye kose. Na Perezida Tshisekedi ubwe azi ko imbere y’Umukongomani” nyawe”, imigabo n’imigambi itarusha agaciro kwita Perezida Kagame “Hitler”, no kwirarira ko azarasa Kigali, n’ikimenyimenyi byamuhaye iyi manda ya kabiri.

Abazi gutebya ndetse baragira inama Tshisekedi kutirirwa arwana no guhindura itegekonshinga, kuko bihagije kubwira Abakongomani ko azarwana umuhenerezo, akabuza uRwanda gusahura Kongo umwuka ruhumeka!

Mu rwego rwo gukinga abaturage ibikarito mu maso, ngo batabaza icyo abadepite bakora ngo intambara ihitana benshi ,igasenya byinshi, ihagarare, uwitwa Vital Kamerhe utegeka Inteko Ishinga Amategeko ya Kongo, yarikokereje imbere ngo Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga w’uRwanda yahawe icyubahiro ubwo, kuwa kabiri ushize, yari mu nama mu mujyi wa Goma.

Isaluti Jeneral Cirimwami uyobora intara ya Kivu y’Amajyaruguru yahaye Minisitiri Nduhungirehe yakuruye ibibazo muri Kongo nzima, ndetse Bwana Vital Kamerhe akaba asaba Ministiri w’Intebe, SuminwaTuluka, gusobanura ukuntu umuyobozi mu Rwanda ahabwa icyubahiro muri Kongo, kandi ari” umwanzi”.

Namwe nimwumve urwego rw’imitekerereze na dipolomasi abategetsi bakuru ba Kongo bafite muri iki kinyejana! Ngiyo imyumvire y’abantu byitwa ko bashaka ko urwikekwe ruvaho, umubano mwiza ukagaruka hagati y’ibihugu by’abaturanyi.

Ibi Vital Kamerhe kandi arabivuga, mu gihe mu minsi ishize yakiranywe yombi i Kigali, aho yari yitabiriye ubukwe bw’umuhungu w’umwe mu bayobozi bakuru mu Rwanda. Ubwuzu Bwana Kamerhe yakiranywe mu Rwanda bwamuteye akanyamuneza gakomeye, ndetse anagabira inka 30 uwo muryango wari umaze kurushinga! Nguwo “Umunyekongo nyakuri” ubabajwe n’isaruti umuyobozi wo ku rwego rwa Minisitiri yahawe na Guverineri w’intara.

Vital Kamerhe n’abatekereza macuri nkawe ntibayobewe ko iyi ari imyitwarire ya cyana. Oya, barabizi ahubwo ni kwa gukina n’amarangamutima ya benshi mu Bakongomani, batageza kure mu mitekerereze, ngo bumve ko isaluti atari ikintu gikwiye kubatwara umwanya, bagakoresheje basaba abategetsi babo kubakura mu ntambara ibageze habi.

Niba se abategetsi ba Kongo bumva Minisitiri Nduhungirehe atari akwiye icyubahiro, ubwo bazubaha imyanzuro yafatiwe mu nama Minisitiri Nduhungirehe yagizemo uruhare ra?

Niba ikintu cyoroheje cyane nko gutanga isaruti isanzwe, biteje ikibazo cya dipolomasi, Leta ya Kongo izemera gutanga noneho ibiremereye isabwa, nko gusenya umufatanyabikorwa wayo, FDLR?

Niba se gutanga indamukanyo isanzwe bisabye Minisitiri w’Intebe kwisobanura, Leta ya Kongo izagira ubutwari bwo kwicarana mu biganiro na M23, kandi Tshisekedi abeshya abaturage be ko abo barwanyi ari Abanyarwanda?

Ibyo abategetsi ba Kongo bakwigira byose, uko barangaza abaturage babo kose, bamenye ko aribo mbere na mbere barebwa n’ibibazo by’igihugu cyabo, kandi amateka azabaryoza aka kaga badashaka ko inzirakarengane zivamo.

2024-11-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhanzi w’umunya Afurika y’Epfo, Costa Titch wakunzwe cyane mu njyana y’Amapiano yitabye Imana aguye ku rubyiniro

Umuhanzi w’umunya Afurika y’Epfo, Costa Titch wakunzwe cyane mu njyana y’Amapiano yitabye Imana aguye ku rubyiniro

Ubwanditsi 12 Mar 2023
U Rwanda n’isi hakomeje ibikorwa byo kwibuka jenoside yakorewe abatutsi, mu gihe hagaragara abayipfobya n’abayishyigikiye ku mugaragaro

U Rwanda n’isi hakomeje ibikorwa byo kwibuka jenoside yakorewe abatutsi, mu gihe hagaragara abayipfobya n’abayishyigikiye ku mugaragaro

RUSHYASHYA 07 Apr 2026
Kwagura Imikoranire ndetse n’Ubufatanye niyo Ntego y’ibiganiro hagati ya Perezida Kagame na Mugenzi we Touadéra

Kwagura Imikoranire ndetse n’Ubufatanye niyo Ntego y’ibiganiro hagati ya Perezida Kagame na Mugenzi we Touadéra

RUSHYASHYA 24 Nov 2025
Patrick Muyaya ati “Ibibera Uvira turimo kubikurikiranira hafi”

Patrick Muyaya ati “Ibibera Uvira turimo kubikurikiranira hafi”

RUSHYASHYA 10 Dec 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rutahizamu wa APR FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague arifuzwa na FC Zurich yo mu Busuwisi, biravugwa ko izamutangaho ibihumbi 265€.
Amakuru

Rutahizamu wa APR FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague arifuzwa na FC Zurich yo mu Busuwisi, biravugwa ko izamutangaho ibihumbi 265€.

Ubwanditsi 03 Mar 2021
Oprah Uwoya n’umusore bakundana bakajije umurego mu gutera kabariro bashakisha umwana
HIRYA NO HINO

Oprah Uwoya n’umusore bakundana bakajije umurego mu gutera kabariro bashakisha umwana

Ubwanditsi 07 May 2018
Imbogamizi ku kuvana muri Libya abimukira bakomeje gucuruzwa nk’abacakara
Mu Mahanga

Imbogamizi ku kuvana muri Libya abimukira bakomeje gucuruzwa nk’abacakara

Ubwanditsi 04 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru