• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Amasezerano ya Luanda azerekana isura nyayo ya Museveni, hashize imyaka 34 ashyize umukono ku masezerano yise “amasezerano y’urwenya”

Amasezerano ya Luanda azerekana isura nyayo ya Museveni, hashize imyaka 34 ashyize umukono ku masezerano yise “amasezerano y’urwenya”

Editorial 27 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Tariki ya 27 Nyakanga 1985, ingabo za Uganda zari ziyobowe na Olara Okello zakoreye Coup d’Etat Guverinoma ya Milton Obote, aho Olara Okello yayoboye igihugu nyuma haza Gen Tito Okello. Ni mugihe kandi inyeshyamba za Perezida Museveni zungukiraga muri ako kavuyo zikomeza gufata ibice binini by’igihugu kubera ingabo zari zacitse morale zigahungira muri NRA ya Museveni.

Tito Okello yahise asaba ibice byose bifite uruhare mu ntambara yabaga muri icyo gihugu kugira imishyikirano bose barayitabira usibye NRM/NRA ya Museveni. Okello yitabaje Nyerere ariko Museveni aranangira nyuma aza kwemera byo kurangiza umuhango ubwo umuhuza yari abaye Perezida wa Kenya, Daniel Arap Moi.

Igihe amasezerano yabaga , Museveni yarakwepaga kugirango iminsi yiyongere cyangwa akazana ibindi bibazo baganiraho kugirango imishyikirano itarangira ingabo ze zifate ubutegetsi. Amasezerano yamaze amezi ane, nuko arangira yemeje ko Kampala itagomba kubarizwamo ingabo kandi ko NRM/NRA ya Museveni ihagarika urugamba ingabo ze zikavangwa niza Leta. Igihe amasezerano yamaze kingana n’amezi ane nibwo Museveni yashakaga kugira isura mu mahanga abizi neza ko atazahagarika intambara. Yafashe ubutegetsi yanga kubugabana, bityo ayo masezerano yabereye Nairobi yitwa “amasezerano y’urwenya”.

Ikigaragara amasezerano yose Museveni ashyiraho umukono agamije kugura isura nziza imbere y’Umuryango Mpuzamahanga, naho kuyashyira mu bikorwa bikaba ibindi bindi.

Nyuma yaho u Rwanda rugaragaje ibibazo Abanyarwanda bagira iyo bari muri Uganda ndetse n’uburyo Uganda ifasha imitwe yose y’iterabwoba irwanya u Rwanda, abakuru b’ibihugu bya Angola na Repubulika Iharanarira Demokarasi ya Kongo bafashije kugera ku masezerano yasinywe tariki 22 Kanama 2019.

Abakurikiranira hafi ibya politiki hagati mu karere bishimiye ayo masezerano cyane ko ashingiye mu kubuza buri gihugu guhagarika ibikorwa byose byabangamira umutekano w’ikindi gihugu, akaba aricyo kibazo nyamukuru u Rwanda rufite.

Kugeza uyu munsi nta kimenyetso kigaragara ko Uganda izashyira mu bikorwa amasezerano Perezida wayo yashyizeho umukono kuko kugeza ubu mu Banyarwanda barenga 100 bafungiye muri gereza zitazwi muri Uganda batararekurwa. Ikindi kimenyetso nuko Ibinyamakuru bikorera kuri Internet byo mu Rwanda byafunzwe muri Uganda umunsi umwe nyuma yo gushyira amasezarano ho umukono.

Dusubije amaso inyuma tukareba andi masezerano Uganda yashyizeho umukono dusanga atarubahirijwe. Nyuma y’amasezerano ya Lusaka yashyizweho n’ibihugu byo mu karere ndetse no mu majyepfo y’Afurika agamije kugarura umutekano muri Kongo, hasinywe amasezerano hagati ya Uganda n’u Rwanda agamije kugarura icyizere mu ngabo; ayo masezerano yasinywe na ba Minisitiri b’Ingabo hagati y’ibihugu byombi agamije kubaka icyizere hagati y’inzego zose nk’imwe mu nzira zo gukuraho ubushyamirane bwari bumaze igihe hagati y’ibihugu byombi. Aya masezerano yasinywe mu 2002 i Kampala, Amama Mbabazi ariwe uhagarariye Uganda mu gihe ku ruhande rw’u Rwanda yari Brig Gen Emmanuel Habyarimana.

Aya y’i Kampala ajya gusinywa, yari akurikiye inama nyinshi z’abakuru b’ibihugu byombi zabereye mu Rwanda, Uganda ndetse no mu Bwongereza i Londres.

Ayo masezerano yatumye haza agahenge, ariko ntabwo yasubije ikibazo nyamukuru. Wenda amasezerano ya Luanda azatuma ibikorwa byo gufataa Abanyarwanda nyuma yayo bihagarara ariko abafashwe nta cyizere ko bazarekurwa.

Ikigararagara ibirego u Rwanda rwaregaga Uganda muri 2000 nibyo byisubiyemo kuko u Rwanda rwashinjaga Uganda gufasha abahungabanya umutekano mu Rwanda.

Kuva muri 2000 imikorere ya Museveni ntiyigeze ihinduka kuko I byaha ni bimwe.

Iyo usomye neza ibikubiye mu masezerano, usanga ari ibisubizo by’ibibazo byatanzwe n’u Rwanda, bireba ubuzima bw’Abanyarwanda ariko Uganda yo binyuze mu bitangazamakuru bya Leta cyangwa ibishyigikiye Leta bavuga ikibazo cy’umupaka gusa. Bigaragara ko ari ukujijisha Uganda itayashyira mu bikorwa kuko ntibyaba ari ubwa mbere cyangwa ubwa kabiri.

Ikigaragara abakuru b’ibihugu bitabiriye uyu muhango bazabona isura nyayo ya Perezida Museveni, aho ari ikibazo mu karere kurusha igisubizo.

2019-08-27
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yashimye abashyira imbaraga mu kubungabunga ingagi

Perezida Kagame yashimye abashyira imbaraga mu kubungabunga ingagi

Editorial 03 Jun 2018
Mushikiwabo ni umukandida mwiza – Kagame

Mushikiwabo ni umukandida mwiza – Kagame

Editorial 19 Jun 2018
Amahoro muri Kongo ari kure nk’ukwezi, Umuvugizi wa Denis Mukwege wahawe igihembo cy’impirimbanyi y’amahoro yise Abatutsi b’Abanyekongo ”umunuko”.

Amahoro muri Kongo ari kure nk’ukwezi, Umuvugizi wa Denis Mukwege wahawe igihembo cy’impirimbanyi y’amahoro yise Abatutsi b’Abanyekongo ”umunuko”.

Editorial 07 Jul 2022
Kuki Imyifatire Yazimwe Mu Nzego N’Abantu Muri Uganda Bibangamiye Umutekano W’u Rwanda.

Kuki Imyifatire Yazimwe Mu Nzego N’Abantu Muri Uganda Bibangamiye Umutekano W’u Rwanda.

Editorial 22 Feb 2018
Perezida Kagame yashimye abashyira imbaraga mu kubungabunga ingagi

Perezida Kagame yashimye abashyira imbaraga mu kubungabunga ingagi

Editorial 03 Jun 2018
Mushikiwabo ni umukandida mwiza – Kagame

Mushikiwabo ni umukandida mwiza – Kagame

Editorial 19 Jun 2018
Amahoro muri Kongo ari kure nk’ukwezi, Umuvugizi wa Denis Mukwege wahawe igihembo cy’impirimbanyi y’amahoro yise Abatutsi b’Abanyekongo ”umunuko”.

Amahoro muri Kongo ari kure nk’ukwezi, Umuvugizi wa Denis Mukwege wahawe igihembo cy’impirimbanyi y’amahoro yise Abatutsi b’Abanyekongo ”umunuko”.

Editorial 07 Jul 2022
Kuki Imyifatire Yazimwe Mu Nzego N’Abantu Muri Uganda Bibangamiye Umutekano W’u Rwanda.

Kuki Imyifatire Yazimwe Mu Nzego N’Abantu Muri Uganda Bibangamiye Umutekano W’u Rwanda.

Editorial 22 Feb 2018
Perezida Kagame yashimye abashyira imbaraga mu kubungabunga ingagi

Perezida Kagame yashimye abashyira imbaraga mu kubungabunga ingagi

Editorial 03 Jun 2018
Mushikiwabo ni umukandida mwiza – Kagame

Mushikiwabo ni umukandida mwiza – Kagame

Editorial 19 Jun 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru