• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Amasezerano ya Luanda azerekana isura nyayo ya Museveni, hashize imyaka 34 ashyize umukono ku masezerano yise “amasezerano y’urwenya”

Amasezerano ya Luanda azerekana isura nyayo ya Museveni, hashize imyaka 34 ashyize umukono ku masezerano yise “amasezerano y’urwenya”

Ubwanditsi 27 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Tariki ya 27 Nyakanga 1985, ingabo za Uganda zari ziyobowe na Olara Okello zakoreye Coup d’Etat Guverinoma ya Milton Obote, aho Olara Okello yayoboye igihugu nyuma haza Gen Tito Okello. Ni mugihe kandi inyeshyamba za Perezida Museveni zungukiraga muri ako kavuyo zikomeza gufata ibice binini by’igihugu kubera ingabo zari zacitse morale zigahungira muri NRA ya Museveni.

Tito Okello yahise asaba ibice byose bifite uruhare mu ntambara yabaga muri icyo gihugu kugira imishyikirano bose barayitabira usibye NRM/NRA ya Museveni. Okello yitabaje Nyerere ariko Museveni aranangira nyuma aza kwemera byo kurangiza umuhango ubwo umuhuza yari abaye Perezida wa Kenya, Daniel Arap Moi.

Igihe amasezerano yabaga , Museveni yarakwepaga kugirango iminsi yiyongere cyangwa akazana ibindi bibazo baganiraho kugirango imishyikirano itarangira ingabo ze zifate ubutegetsi. Amasezerano yamaze amezi ane, nuko arangira yemeje ko Kampala itagomba kubarizwamo ingabo kandi ko NRM/NRA ya Museveni ihagarika urugamba ingabo ze zikavangwa niza Leta. Igihe amasezerano yamaze kingana n’amezi ane nibwo Museveni yashakaga kugira isura mu mahanga abizi neza ko atazahagarika intambara. Yafashe ubutegetsi yanga kubugabana, bityo ayo masezerano yabereye Nairobi yitwa “amasezerano y’urwenya”.

Ikigaragara amasezerano yose Museveni ashyiraho umukono agamije kugura isura nziza imbere y’Umuryango Mpuzamahanga, naho kuyashyira mu bikorwa bikaba ibindi bindi.

Nyuma yaho u Rwanda rugaragaje ibibazo Abanyarwanda bagira iyo bari muri Uganda ndetse n’uburyo Uganda ifasha imitwe yose y’iterabwoba irwanya u Rwanda, abakuru b’ibihugu bya Angola na Repubulika Iharanarira Demokarasi ya Kongo bafashije kugera ku masezerano yasinywe tariki 22 Kanama 2019.

Abakurikiranira hafi ibya politiki hagati mu karere bishimiye ayo masezerano cyane ko ashingiye mu kubuza buri gihugu guhagarika ibikorwa byose byabangamira umutekano w’ikindi gihugu, akaba aricyo kibazo nyamukuru u Rwanda rufite.

Kugeza uyu munsi nta kimenyetso kigaragara ko Uganda izashyira mu bikorwa amasezerano Perezida wayo yashyizeho umukono kuko kugeza ubu mu Banyarwanda barenga 100 bafungiye muri gereza zitazwi muri Uganda batararekurwa. Ikindi kimenyetso nuko Ibinyamakuru bikorera kuri Internet byo mu Rwanda byafunzwe muri Uganda umunsi umwe nyuma yo gushyira amasezarano ho umukono.

Dusubije amaso inyuma tukareba andi masezerano Uganda yashyizeho umukono dusanga atarubahirijwe. Nyuma y’amasezerano ya Lusaka yashyizweho n’ibihugu byo mu karere ndetse no mu majyepfo y’Afurika agamije kugarura umutekano muri Kongo, hasinywe amasezerano hagati ya Uganda n’u Rwanda agamije kugarura icyizere mu ngabo; ayo masezerano yasinywe na ba Minisitiri b’Ingabo hagati y’ibihugu byombi agamije kubaka icyizere hagati y’inzego zose nk’imwe mu nzira zo gukuraho ubushyamirane bwari bumaze igihe hagati y’ibihugu byombi. Aya masezerano yasinywe mu 2002 i Kampala, Amama Mbabazi ariwe uhagarariye Uganda mu gihe ku ruhande rw’u Rwanda yari Brig Gen Emmanuel Habyarimana.

Aya y’i Kampala ajya gusinywa, yari akurikiye inama nyinshi z’abakuru b’ibihugu byombi zabereye mu Rwanda, Uganda ndetse no mu Bwongereza i Londres.

Ayo masezerano yatumye haza agahenge, ariko ntabwo yasubije ikibazo nyamukuru. Wenda amasezerano ya Luanda azatuma ibikorwa byo gufataa Abanyarwanda nyuma yayo bihagarara ariko abafashwe nta cyizere ko bazarekurwa.

Ikigararagara ibirego u Rwanda rwaregaga Uganda muri 2000 nibyo byisubiyemo kuko u Rwanda rwashinjaga Uganda gufasha abahungabanya umutekano mu Rwanda.

Kuva muri 2000 imikorere ya Museveni ntiyigeze ihinduka kuko I byaha ni bimwe.

Iyo usomye neza ibikubiye mu masezerano, usanga ari ibisubizo by’ibibazo byatanzwe n’u Rwanda, bireba ubuzima bw’Abanyarwanda ariko Uganda yo binyuze mu bitangazamakuru bya Leta cyangwa ibishyigikiye Leta bavuga ikibazo cy’umupaka gusa. Bigaragara ko ari ukujijisha Uganda itayashyira mu bikorwa kuko ntibyaba ari ubwa mbere cyangwa ubwa kabiri.

Ikigaragara abakuru b’ibihugu bitabiriye uyu muhango bazabona isura nyayo ya Perezida Museveni, aho ari ikibazo mu karere kurusha igisubizo.

2019-08-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tabitha Gwiza yemeje uruhare rwa Kayumba Nyamwasa mu kurigisa Ben Rutabana asaba abagize RNC kureka gushinyagurira umuryango we

Tabitha Gwiza yemeje uruhare rwa Kayumba Nyamwasa mu kurigisa Ben Rutabana asaba abagize RNC kureka gushinyagurira umuryango we

Ubwanditsi 04 Aug 2020
Abandi banyarwanda bafatiwe muri Uganda bajyanywe  mu mitwe y’iterabwoba irimo na RNC

Abandi banyarwanda bafatiwe muri Uganda bajyanywe mu mitwe y’iterabwoba irimo na RNC

Ubwanditsi 29 Apr 2018
Polisi y’u Rwanda yahagaritse ibigo bine bitanga serivisi z’umutekano

Polisi y’u Rwanda yahagaritse ibigo bine bitanga serivisi z’umutekano

Ubwanditsi 06 May 2017
Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Ubwanditsi 07 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yakanguriye abatuye mu karere ka Kirehe kwirinda ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yakanguriye abatuye mu karere ka Kirehe kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 29 Jan 2016
Umugambi wa Nkurunziza wo gutsemba abatutsi ushobora kuba ugiye gushyirwa mu bikorwa
Mu Rwanda

Umugambi wa Nkurunziza wo gutsemba abatutsi ushobora kuba ugiye gushyirwa mu bikorwa

Ubwanditsi 04 Jun 2016
Itwikwa ry’urugo rwa Kabila ni ukumugaragariza yuko ubuze inda yica umujyi
INKURU NYAMUKURU

Itwikwa ry’urugo rwa Kabila ni ukumugaragariza yuko ubuze inda yica umujyi

Ubwanditsi 27 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru