• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Rubavu: Abaturage bashimishijwe na serivisi bahabwa zo gupimisha imodoka zabo

Rubavu: Abaturage bashimishijwe na serivisi bahabwa zo gupimisha imodoka zabo

Ubwanditsi 16 Sep 2016 Mu Mahanga

Abatwara ibinyabiziga bo mu Ntara y’I Burengerazuba barishimira serivisi barimo guhambwa na Polisi y’u Rwanda guhera tariki ya 14 Nzeri, aho ibinyabiziga byabo bipimwa imiterere yabyo.

Umuyobozi wungirije w’ikigo cya Polisi y’u Rwanda gishinzwe gupima imiterere y’ibinyabiziga, akaba anashinzwe ibijyanye na tekiniki muri iki kigo, Senior Superintendent of Police (SSP) Bernardin Nsengiyumva, yavuze ko uburyo burimo kwifashisha ari ubw’imodoka irimo ibikoresho byose bipima imiterere y’ibinyabiziga, aho igenda izenguruka hirya no hino mu gihugu.

Yakomeje avuga ko iki gikorwa kibera mu karere ka Rubavu, kigamije kwegereza serivisi abatwara ibinyabiziga batuye hirya no hino mu Ntara, batiriwe bakora urugendo rurerure bajya i Kigali ahasanzwe hakorera iki kigo (MIC) gusuzumisha imodoka zabo.

Mu byo bapima imodoka nk’uko yabitangaje; harimo gupima imiterere y’amapine harebwa ko ameze neza, harimo kandi gupima ko feri z’imodoka zitangiritse, gupima imiterere y’amatara maremare cyangwa amagufi, uturebanyuma ibyo bita “retro-viseurs”, gupima imyotsi isohoka mu modoka harebwa ko itangiza ikirere, kureba uko imodoka imeze (housing) hasuzumwa niba itarangiritse ibice by’inyuma cyangwa se amarangi yayo atarashaje n’ibindi.

Umuyobozi wungirije w’ikigo cya Polisi y’u Rwanda gishinzwe gupima imiterere y’ibinyabiziga yakomeje avuga ko iyo imodoka ipimwe bagasanga nta busembwa ifite , ihabwa icyangombwa cy’uko yujuje ubuziranenge ku buryo izikora imirimo itari iy’ubucuruzi iba izongera gusuzumwa hashize umwaka, mu gihe izikora ibikorwa by’ubucuruzi zo zigaruka mu isuzumwa hashize amezi atandatu.

SSP Bernardin Nsengiyumva yavuze ko igikorwa cyo gusuzuma imiterere y’ibinyabiziga mu Ntara y’I Burengerazuba kirimo kubera mu karere ka Rubavu kizarangira tariki ya 21 Nzeri. Ku munsi hakaba hakorerwa isuzumwa imodoka ijana ku buryo ku musozo w’iki gikorwa hazaba hamaze gusuzumwa imodoka hagati ya 900-1000 nk’uko yakomeje abitangaza. Abatunze ibinyabiziga muri iyi Ntara akaba abasaba kudacikanwa ahubwo bakitabira iki gikorwa kuko kibafitiye akamaro.

SSP Bernardin Nsengiyuma yavuze kandi ko mbere y’uko iyi modoka ya Polisi y’u Rwanda irimo ibikoresho bipima imiterere y’ibinyabiziga iza mu karere ka Rubavu, yari iherutse mu turere twa Nyamagabe, Rusizi, Huye na Musanze, akaba yarakomeje avuga ko bazakomeza no mu tundi turere mu minsi iri imbere batanga iyi serivisi.

SSP Bernardin Nsengiyumva yavuze kandi ko mu byo abaza gusuzumisha ibinyabiziga byabo bitwaza harimo icyangombwa cyo kuba warishyuye kuri banki amafaranga yo gupimisha ikinyabiziga, ubwishingizi bw’imodoka, fotokopi y’uruhushya rwo gutwara imodoka n’iy’indangamuntu, icyemezo cy’imodoka (carte jaune) ndetse agasubiza n’icyemezo aba yarahawe (certificate) cyerekana ko imodoka yasuzumwe.

Bamwe mu baje gusuzumisha imodoka zabo bishimiye icyo gikorwa. Ineza Private wo mu Murenge wa Gisenyi mu karere ka Rubavu yagize ati:” Ndanezerewe cyane kuko imodoka yanjye basanze ari nzima.

Mbere najyaga i Kigali gusuzumisha imodoka yanjye nkakora urugendo rurerure. Ndasaba abandi bataraza kwihuta bakazana imodoka zabo kuzisuzumisha kuko birinda n’impanuka”.

Undi witwa Byiringiro Charles usanzwe ukora akazi ko gutwara abagenzi mu Mujyi wa Gisenyi mu karere ka Rubavu nawe yagize ati:” Tubyakiriye neza kuba baje gupimira imodoka hano. Iyo ugiye i Kigali ukoresha essence nyinshi, imodoka kandi ikajyayo nta bagenzi, umuntu agatanga amafaranga y’icumbi, ndetse n’ayo kurya. Ku buryo byose hamwe bishobora no kugera ku mafaranga ibihumbi 65 .

Ubu imodoka yanjye basanze ari nzima ndahita nsubira mu kazi, ndishimye cyane rwose. Habarugira Gaspard ukomoka mu karere ka Rutsiro mu murenge wa Kivumu nawe wari waje gusuzumisha imodoka ye yavuze ko ubusanzwe yajyaga i Kigali gusuzumisha imodoka ye, aho yavuze ko yakoraga urugendo rurerure ndetse bikamutwara n’amafaranga menshi. Nawe yishimiye kuba Polisi y’u Rwanda yarabegereje iyo serivisi ikabasanga iwabo.

-4070.jpg

Umuyobozi wungirije w’ikigo cya Polisi y’u Rwanda gishinzwe gupima imiterere y’ibinyabiziga SSP Bernardin Nsengiyumva yasabye abatunze ibinyabiziga mu Ntara y’I Burengerazuba kwitabira iki gikorwa akomeza avuga ko n’iyo basanze imodoka itameze neza, nyirayo ahabwa iminsi 14 yo kujya kuyikoresha mu igaraji, hanyuma akazagaruka iyo minsi itarashira imodoka ye ikongera igakorerwa isuzumwa kandi amafaranga yo gusaba iyo serivisi agatanga 20% y’asanzwe.

RNP

2016-09-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Indege A330 yaguzwe na RwandAir yageze i Kigali

Indege A330 yaguzwe na RwandAir yageze i Kigali

Ubwanditsi 28 Sep 2016
Ibikorwa by’Abanyarwanda Nibyo bizaca Impaka mu Matora

Ibikorwa by’Abanyarwanda Nibyo bizaca Impaka mu Matora

Ubwanditsi 12 Feb 2024
Uganda: Abantu Bambaye Imyambaro Ya FARDC Barashe Abantu 3 Bashimuta Undi

Uganda: Abantu Bambaye Imyambaro Ya FARDC Barashe Abantu 3 Bashimuta Undi

Ubwanditsi 06 Aug 2018
Maj Gen Rutatina yagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Maj Gen Rutatina yagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Ubwanditsi 14 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDF yohereje abasirikare bakoresha Ibifaru mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Centrafrique
Mu Rwanda

RDF yohereje abasirikare bakoresha Ibifaru mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Centrafrique

Ubwanditsi 07 May 2018
Byiringiro Lague wakiniraga APR FC yasinyiye ikipe ya Sandvikens IF yo mu kiciro cya gatatu muri Suwede
Amakuru

Byiringiro Lague wakiniraga APR FC yasinyiye ikipe ya Sandvikens IF yo mu kiciro cya gatatu muri Suwede

Ubwanditsi 27 Jan 2023
Ishyamba siryeru muri Rayon Sports:Karekezi Olivier ari mu maboko ya Polisi
INKURU NYAMUKURU

Ishyamba siryeru muri Rayon Sports:Karekezi Olivier ari mu maboko ya Polisi

Ubwanditsi 16 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru