• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abakozi barindwi b’Ikigo cy’Igihugu cy’umutungo kamere bamaze icyumweru batawe muri yombi

Abakozi barindwi b’Ikigo cy’Igihugu cy’umutungo kamere bamaze icyumweru batawe muri yombi

Ubwanditsi 08 Sep 2016 Mu Mahanga

Aba bakozi b’Ikigo cy’Igihugu cy’Umutungo Kamere bashinzwe ibijyanye n’ubutaka batawe muri yombi na polisi kuwa 2 Nzeli 2016.

Ubushinjacyaha buravuga ko bwamaze gushyikirizwa dosiye y’abakozi ba Leta barindwi bakurikiranyweho guhimba ibyangombwa by’ubutaka.

Ubushinjacyaha buravuga ko abo bakozi bakekwaho “guhimba ibyangombwa by’ubutaka, babihimbira abantu, cyangwa bagahindura amazina ya ba nyira byo.”

Umukozi mugenzi w’abatawe muri yombi yabwiye Izubarirashe dukesha iyi nkuru ko bahinduye amazina ari ku cyangombwa cy’ubutaka cy’umuntu watinze kuza kugifata, bacyandikaho undi, agisabisha inguzanyo y’Amafaranga miliyoni 140 muri banki.

Nyuma yo guhabwa iyo nguzanyo, icyangombwa cyarongeye cyandikwa kuri nyiracyo, hanyuma uwo nyiracyo aza gutungurwa no gusanga hari ideni abarwaho na banki atazi igihe ryafatiwe.

Uyu mukozi yatubwiye ko ubusanzwe hari salle (icyumba) ikorerwamo ibijyanye no kwandika ibyangombwa by’ubutaka, aho nta mukozi ushobora kwinjiramo wenyine, cyangwa ngo afungure mudasobwa atabiherewe uruhushya n’abashinzwe ikoranabuhanga.

Iyo umukozi akerewe kuhagera ngo ntiyemererwa kwinjira muri icyo cyumba, kandi ngo n’iyo batashye ntawe usigaramo.

Nyuma y’uko iki kibazo kivutse, polisi ngo yahise itangira iperereza, uwahinduye icyangombwa aragaragara, akaba ngo yitwa Ange, ariko uwamuhaye uburenganzira bwo kwinjira muri mkudasobwa we ntiyagaragara, bituma polisi itambikana abashinzwe ikoranabuhanga bose na Ange.

Uyu mukozi avuga ko ibibazo nk’ibi bisanzwe bigaragara, ati “Ni uko nyir’iki cyangombwa yabaye prudent (yashishoje) akabireba naho ubundi ibi birasanzwe, ubutaka bubamo amanyanga menshi ni uko bakunda kubihisha.”

Yakomeje agira ati “Ibi bintu bimaze igihe ahubwo ni uko abantu batabyitaho, uyu na we kubimenya ni uko ubwo yagiye gusaba inguzanyo muri banki agasanga hari undi wasabye inguzanyo ku cyangombwa cye bikamucanga, ushobora gusanga hari n’abaturage batajya basaba inguzanyo wasanga ibyangombwa byabo byarasabiweho inguzanyo.”

-4000.jpg

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha, Nkusi Faustin,

Abajijwe ibyo kuba uwanditswe ku cyangombwa kitari icye yaragisabiyeho inguzayo muri banki, umuvugizi w’Ubushinjacyaha, Nkusi Faustin, yavuze ko bagikurikirana ati :“Turabikurikirana, kandi ni bwo tugitangira kubabaza, ubwo details zindi muzazimenya nyuma.”

Source : Izuba rirashe

2016-09-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda irashimira abaturarwanda uko bitwaye mu minsi mikuru

Polisi y’u Rwanda irashimira abaturarwanda uko bitwaye mu minsi mikuru

Ubwanditsi 01 Jan 2016
Ferwafa yanze guhemba abakinnyi,abatoza,abafana,babaye indashyikirwa mu mwaka w’imikino 2015-2016

Ferwafa yanze guhemba abakinnyi,abatoza,abafana,babaye indashyikirwa mu mwaka w’imikino 2015-2016

Ubwanditsi 08 Aug 2016
Nyuma yo kwirukanwa muri Tottenham, umutoza Jose Mourihno yahawe gutoza AS Roma mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere.

Nyuma yo kwirukanwa muri Tottenham, umutoza Jose Mourihno yahawe gutoza AS Roma mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere.

Ubwanditsi 05 May 2021
Ese gusenyera MINEAC muri MINICOM bifite ishingiro?

Ese gusenyera MINEAC muri MINICOM bifite ishingiro?

Ubwanditsi 06 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Booh-Booh n’iby’imyitozo y’Interahamwe, ARDHO yakomoje kuri Jenoside
Mu Mahanga

Booh-Booh n’iby’imyitozo y’Interahamwe, ARDHO yakomoje kuri Jenoside

Ubwanditsi 13 Apr 2016
U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 110 Frw zigiye gushorwa mu gukwirakwiza amashanyarazi
UBUKUNGU

U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 110 Frw zigiye gushorwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

Ubwanditsi 17 Nov 2018
CHAN2016: Bayisenge yahesheje Amavubi intsinzi imbere ya Côte d’Ivoire
Mu Mahanga

CHAN2016: Bayisenge yahesheje Amavubi intsinzi imbere ya Côte d’Ivoire

Ubwanditsi 16 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru