• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abakozi barindwi b’Ikigo cy’Igihugu cy’umutungo kamere bamaze icyumweru batawe muri yombi

Abakozi barindwi b’Ikigo cy’Igihugu cy’umutungo kamere bamaze icyumweru batawe muri yombi

Ubwanditsi 08 Sep 2016 Mu Mahanga

Aba bakozi b’Ikigo cy’Igihugu cy’Umutungo Kamere bashinzwe ibijyanye n’ubutaka batawe muri yombi na polisi kuwa 2 Nzeli 2016.

Ubushinjacyaha buravuga ko bwamaze gushyikirizwa dosiye y’abakozi ba Leta barindwi bakurikiranyweho guhimba ibyangombwa by’ubutaka.

Ubushinjacyaha buravuga ko abo bakozi bakekwaho “guhimba ibyangombwa by’ubutaka, babihimbira abantu, cyangwa bagahindura amazina ya ba nyira byo.”

Umukozi mugenzi w’abatawe muri yombi yabwiye Izubarirashe dukesha iyi nkuru ko bahinduye amazina ari ku cyangombwa cy’ubutaka cy’umuntu watinze kuza kugifata, bacyandikaho undi, agisabisha inguzanyo y’Amafaranga miliyoni 140 muri banki.

Nyuma yo guhabwa iyo nguzanyo, icyangombwa cyarongeye cyandikwa kuri nyiracyo, hanyuma uwo nyiracyo aza gutungurwa no gusanga hari ideni abarwaho na banki atazi igihe ryafatiwe.

Uyu mukozi yatubwiye ko ubusanzwe hari salle (icyumba) ikorerwamo ibijyanye no kwandika ibyangombwa by’ubutaka, aho nta mukozi ushobora kwinjiramo wenyine, cyangwa ngo afungure mudasobwa atabiherewe uruhushya n’abashinzwe ikoranabuhanga.

Iyo umukozi akerewe kuhagera ngo ntiyemererwa kwinjira muri icyo cyumba, kandi ngo n’iyo batashye ntawe usigaramo.

Nyuma y’uko iki kibazo kivutse, polisi ngo yahise itangira iperereza, uwahinduye icyangombwa aragaragara, akaba ngo yitwa Ange, ariko uwamuhaye uburenganzira bwo kwinjira muri mkudasobwa we ntiyagaragara, bituma polisi itambikana abashinzwe ikoranabuhanga bose na Ange.

Uyu mukozi avuga ko ibibazo nk’ibi bisanzwe bigaragara, ati “Ni uko nyir’iki cyangombwa yabaye prudent (yashishoje) akabireba naho ubundi ibi birasanzwe, ubutaka bubamo amanyanga menshi ni uko bakunda kubihisha.”

Yakomeje agira ati “Ibi bintu bimaze igihe ahubwo ni uko abantu batabyitaho, uyu na we kubimenya ni uko ubwo yagiye gusaba inguzanyo muri banki agasanga hari undi wasabye inguzanyo ku cyangombwa cye bikamucanga, ushobora gusanga hari n’abaturage batajya basaba inguzanyo wasanga ibyangombwa byabo byarasabiweho inguzanyo.”

-4000.jpg

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha, Nkusi Faustin,

Abajijwe ibyo kuba uwanditswe ku cyangombwa kitari icye yaragisabiyeho inguzayo muri banki, umuvugizi w’Ubushinjacyaha, Nkusi Faustin, yavuze ko bagikurikirana ati :“Turabikurikirana, kandi ni bwo tugitangira kubabaza, ubwo details zindi muzazimenya nyuma.”

Source : Izuba rirashe

2016-09-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yatanze ubutumwa bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu mu karere ka Kirehe

Polisi y’u Rwanda yatanze ubutumwa bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu mu karere ka Kirehe

Ubwanditsi 02 Apr 2016
Gabiro : Perezida Kagame yakurikiranye imyitozo y’Ingabo z’u Rwanda

Gabiro : Perezida Kagame yakurikiranye imyitozo y’Ingabo z’u Rwanda

Ubwanditsi 05 Nov 2016
Umutwe w’iterabwoba wa RNC urasaba Perezida w’u Burundi kuba umuhuza hagati yawo n’u Rwanda. Ese u Rwanda rwakwemera gushyikirana n’ibyihebe?

Umutwe w’iterabwoba wa RNC urasaba Perezida w’u Burundi kuba umuhuza hagati yawo n’u Rwanda. Ese u Rwanda rwakwemera gushyikirana n’ibyihebe?

Ubwanditsi 23 Mar 2022
CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

Ubwanditsi 29 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Urwego rw’ubutasi rw’u Bufaransa rwari ruzi ko Guverinoma bashyigikiye ari yo yakoraga Jenoside.”-Rtd Lt.Col. Guillaume Ancel
INKURU NYAMUKURU

“Urwego rw’ubutasi rw’u Bufaransa rwari ruzi ko Guverinoma bashyigikiye ari yo yakoraga Jenoside.”-Rtd Lt.Col. Guillaume Ancel

Ubwanditsi 25 Mar 2018
Minisitiri w’Intebe mushya, Dr Ngirente yahererekanyije ububasha na Murekezi
Mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe mushya, Dr Ngirente yahererekanyije ububasha na Murekezi

Ubwanditsi 01 Sep 2017
Gicumbi: Hafashwe imodoka yari ipakiwemo Kanyanga na Chief Waragi
Mu Mahanga

Gicumbi: Hafashwe imodoka yari ipakiwemo Kanyanga na Chief Waragi

Ubwanditsi 06 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru