• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ese gusenyera MINEAC muri MINICOM bifite ishingiro?

Ese gusenyera MINEAC muri MINICOM bifite ishingiro?

Ubwanditsi 06 Oct 2016 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame yavuguruye Guverinoma y’u Rwanda, maze Minisiteri yari isanzwe ishinzwe gahunda z’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Uburasirazuba (MINEAC) isenyerwa muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM).

Iki ni igikorwa cyongerera imbaraga Minisiteri yari isanzwe ari iy’Ubucuruzi n’Inganda, kandi bijyanye koko n’inshingano zayo.

Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Uburasirazuba, EAC, ni umuryango w’ubukungu, ugamije guteza imbere ibihugu biwugize binyuze mu guteza imbere ubucuruzi, inganda, urujya n’uruza rw’abantu, guhuza za gasutamo, n’ibindi, byose bigamije iterambere ry’ibi bihugu byishyize hamwe.

Ahanini inshingano zawo zuzurizwa muri Minisiteri yari isanzwe ari iy’Ubucuruzi n’Inganda iyobowe na François Kanimba.

Usanga ingingo nyinshi zikubiye mu masezerano ashyiraho EAC ahanini ziri mu nshingano za MINICOM, ari yo kuri ubu yabaye “Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda n’Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba”.

Nk’umutwe wa 11 w’amasezerano ashyiraho EAC, uvuga ubufatanye mu guhuza ubucuruzi n’ibikorwa by’iterambere. Naho umutwe wa 12, ukavuga ubufatanye mu ishoramari n’iterambere ry’inganda, umutwe wa 20, ubufatanye mu bukerarugendo no kurinda inyamaswa. Ibi byose kimwe n’ibindi, bisanzwe bigaragara mu nshingano za Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda.

Ikindi kandi, ubucuruzi bw’u Rwanda ku gipimo cyo hejuru bukorwa n’ibihugu byo muri EAC. Nk’urugero, mu gihembwe gishize cya kabiri cya 2016, ni ukuvuga amezi ya Mata, Gicurasi na Kamena, igihugu cya Kenya ni cyo kiza imbere y’ibindi ku isi u Rwanda rwoherejemo ibicuruzwa byinshi, aho herekeje 29.10% by’ibyoherejwe hanze byose, bingana n’amadorali y’Amerika miliyoni 26,85 muri miliyoni 92,24.

By’umwihariko, ibyoherejwe mu bihugu bya EAC gusa, ni 34.87% by’ibyo u Rwanda rwohereje hanze, mu gihe ibicuruzwa rwakuye hanze mu bihugu bitanu bya mbere havuye byinshi bibiri ni ibyo muri EAC, aho Uganda iza ku mwanya wa kabiri, Kenya ikaza ku wa kane. Muri rusange, muri EAC havuye ibicuruzwa bihagaze mu gaciro k’amadolari y’Amerika miliyoni 111.17 muri miliyoni 483.86 (hatabariwemo Sudani y’Amajyepfo), ni ukuvuga 22.98%.

Ikindi cyerekana ko byari ngombwa guhuza ziriya Minisiteri, kuri ubu hari gahunda ikomeye y’Umuryango EAC yo guca caguwa mu rwego rwo guteza imbere ibikorwa n’inganda zo mu karere. Iyi ni inshingano ya Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, ibi bikazarushaho gukorwa neza kubera ko Minisitiri wari ubifite mu nshingano ubu ari na we ushinzwe gahunda z’Umuryango EAC by’umwihariko.

Iyi gahunda yaje kubyara “Made in Rwanda” igamije guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda. Nk’uko bigaragara, ibi bikorerwa mu Rwanda nta handi byagurishirizwa ku rwego rwo hejuru uretse mu bihugu bya EAC. Ibi byanozwa neza na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda n’Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba.

Iyi gahunda kandi u Rwanda ruyihuriyeho na buri gihugu cya EAC hagamijwe guteza imbere inganda zo mu karere, ubucuruzi ndetse no kwigira muri rusange.

Ibi bijyana n’uko ibikomoka mu gihugu runaka cya EAC igihe byinjira mu bihugu bindi bya EAC bitakwa imisoro, ibi bikaba biri mu rwego rw’Ubucuruzi, bityo bireba cyane Minisiteri nshya y’Ubucuruzi n’Inganda n’Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba, aho yanafasha mu bukemurampaka muri uru rwego rw’ubucuruzi no kugaragaza ibibazo byabayemo kuko Minisitiri ni we bwite uzajya yigererayo.

Guhuza izi Minisiteri bizatuma Minisitiri wari usanzwe ushizwe Ubucuruzi n’Inganda gusa azaba anafite mu biganza gahunda z’Umuryango EAC no kuzishyira mu bikorwa kuko azajya yitabira inama z’umuryango ari na we uzashyira mu bikorwa ibyavuye muri izo nama.

Ibikazoroshya imikorere n’imikoranirane cyane mu rwego rw’iterambere rishingira ku iterambere ry’ubucuruzi n’iry’inganda.

Ariko kandi nta wabura kuvuga ko Minisitiri François Kanimba ubu agize akazi katoroshye ko kumenyekanisha Umuryango EAC mu baturage kuko imikorere yawo n’imikoranire y’ibihugu biwugize byari bitracengera mu Banyarwanda.

Ni na cyo cya ngombwa cyane kuko ibikorwa byose by’uyu Muryango bigamije iterambere ry’abaturage b’ibihugu biwugize ari nayo mpamvu u Rwanda rwawinjiyemo.

-4253.jpg

Minisitiri Francois Kanimba

Abamaze gusobanukirwa n’Umuryango EAC batangiye kubyaza inyungu amahirwe awubonekamo. Kuri ubu rero, abacuruzi n’abanyenganda kimwe n’abanyabukorikori bashyizwe igorora kuko bari basanzwe bashinzwe Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, noneho rero kuri ubu izajya ibafasha byoroshye kugera ku isoko ryagutse rya EAC, inabagezaho impinduka zabaho mu buryo bwihuse muri uyu muryango, ibi bikaba bizanoza ubucuruzi bwambukiranya imipaka.

Kugeza ubu isoko riragutse muri EAC, ni isoko ry’abaturage miliyoni 146 bo mu bihugu bitandatu ari byo Uganda, Kenya, Tanzania, u Burundi, u Rwanda na Sudan y’Amajyepfo. Abacuruzi b’Abanyarwanda rero ntibakwiye gucikwa n’amahirwe aboneka kuri iri soko ryagutse.

2016-10-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mobile Police Station Van yasuye abaturage ba Rweru mu Bugesera

Mobile Police Station Van yasuye abaturage ba Rweru mu Bugesera

Ubwanditsi 28 Apr 2016
Abatuye muri Kirehe bakanguriwe kwitabira gahunda zigamije kurwanya Maraliya

Abatuye muri Kirehe bakanguriwe kwitabira gahunda zigamije kurwanya Maraliya

Ubwanditsi 21 Sep 2016
Gasabo:  Abakozi ba  DASSO babiri bafunzwe bakekwaho kwakira ruswa

Gasabo: Abakozi ba DASSO babiri bafunzwe bakekwaho kwakira ruswa

Ubwanditsi 08 Jan 2016
REG BBC yabonye itike yo gukina imikino ya 1/4 ya BAL 2022 izabera muri Kigali Arena, ni nyuma yo gutsinda US Monastir yo muri Tunisia

REG BBC yabonye itike yo gukina imikino ya 1/4 ya BAL 2022 izabera muri Kigali Arena, ni nyuma yo gutsinda US Monastir yo muri Tunisia

Ubwanditsi 15 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango
IKORANABUHANGA

Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Ubwanditsi 03 May 2018
Kwibuka24: Abayobozi ba Loni basabye ko Jenoside yakorewe Abatutsi ibera isomo ahagikorwa ubwicanyi
POLITIKI

Kwibuka24: Abayobozi ba Loni basabye ko Jenoside yakorewe Abatutsi ibera isomo ahagikorwa ubwicanyi

Ubwanditsi 07 Apr 2018
Polisi y’u Rwanda n’iya Ecosse byiyemeje ubufatanye mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda n’iya Ecosse byiyemeje ubufatanye mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Ubwanditsi 07 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru