• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police FC yasezereye Rayon Sports igera ku mukino wa nyuma wa Super Cup 2026 isanzeyo Kiyovu SC yo yasezereye Mukura VS   |   28 Aug 2026

  • U Rwanda rwabonye inguzanyo ya miliyari 280 Frw yo kuzamura ibikorwaremezo   |   26 Aug 2026

  • Volleyball: Mu mikino y’igikombe cy’Afurika mu Bagore iri kubera muri Kenya, U Rwanda rwandagaje Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC)   |   26 Aug 2026

  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Sebarundi yabaye Semuhanuka arota atumaho abashatse guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza Pierre   |   24 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Itsinda ry’impuguke muri kaminuza zo muri Leta Zunze ubumwe za Amerika ziramagana abita Paul Rusesabagina intwari, kandi ari umugizi wa nabi wishoye mu bikorwa by’iterabwoba

Itsinda ry’impuguke muri kaminuza zo muri Leta Zunze ubumwe za Amerika ziramagana abita Paul Rusesabagina intwari, kandi ari umugizi wa nabi wishoye mu bikorwa by’iterabwoba

Ubwanditsi 02 Dec 2020 INKURU NYAMUKURU

Mu nyandiko ndende  yamaze kugera ku mbuga nkoranyambuga zose , abayobozi  n’ abarimu mu mashuri makuru na  za kaminuza zikomeye cyane muri Leta zunze ubumwe za Amerika, abashakashatsi. Anbanyamategeko bazwi ku rwego mpuzamahanga,  n’izindi mpuguke mu nzego zinyuranye, baravuga ko barambiwe abariganya , bitwaza filimi mbarankuru, Hotel Rwanda nayo ubwayo irimo ibinyoma gusa, bakita Paul Rusesabagina intwari, birengagije ko yashinze, akayobora , akanatera inkunga imitwe y’iterabwoba, yanahitanye inzirakarengane mu Rwanda no mu bihugu bituranye narwo.

Aba bahanga  bashingiye ku bushakashatsi bikoreye no ku bimenyetso simusiga bakusanyije mu buryo bwa kinyamwuga, bavuga ko  biboneye ibikorwa bya Paul Rusesabagina bidashobora kwihanganirwa, nk’uko ibikorwa  abategetsi ba Amerika badashobora kwihanganira ibikorwa bya Bin Laden na Al Qaida ye,  n’indi mitwe y’iterabwoba. Binubiye bikomeye abiyita ko baharanira uburenganzira bwa muntu, bamwe mu banyamakuru , n’abigize impuguke ku bibazo byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari, bagoreka nkana amateka y’uRwanda kubera urwango gusa  bafitiye uRwanda n’abayobozi barwo .Nubwo birinze kuvuga amazina y’abo  bagerageza gutagatifuza Rusesabagina kandi ari shitani, aba banyabwenge bo muri Amerika baragaya cyane abita Rusesabagina umugiraneza watabaye abahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi, birengagije ubuhamya bwerekanye ko  yishyuzaga abari bahungiye muri Hotel des Mille Colinnes,  abatabishoboye  akabashyikiriza abicanyi. Bibukije video yagaragaye na Rusesabagina ubwe yiyemerera ko iyo filimi irimo amakabyankuru, ndetse nk’uko bivugwa muri iyi nyandiko, Gen Romeo Dalaire wayoboraga ingabo za Loni mu Rwanda, MINUAR,  akaba yareretse isi yose ko nta muntu  warokotse kubera Rusesabagina. Abanditse iyi baruwa bavuga ko ubu buhangange Rusesabagina  yahawe n’abanyabinyoma, bwamufashije kumara imyaka yose apfobya anahakana Jenoside yakorewe Abatutsi,  nk’uko yabikoze kuwa 28 Ugushyingo 2008, mu kiganiro yagiranye na Peter Erlinder(umunyamategeko w’Umunyamerika nawe uzwiho guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi), aho bombi bemeje ko nta Jenoside  yakorewe Abatutsi yabayeho, ko ibyabaye ari ubwicanyi hagati y’abaturage.

Iyi nyandiko yagarutse kuri bimwe mu  bimenyetso  bishinja  Paul Rusesabagina iterabwoba,   birimo kuba:

-Tariki 17 Gicurasi 2008, hari ubutumwa bwagiye ku mbuga nkoranyambaga, buvuga ko Rusesabagina akorana kandi ashyigikiye ibikorwa bya FDLR, umutwe w’abicanyi, ndetse akaba yaragaragaye I Walikale muri Kongo, aho uwo mutwe wari ufite ibirindiro.

-Tariki 12 Kanama 2008, imitwe y’iterabwoba irimo na FDLR, yishyize hamwe, Paul Rusesabagina aba umuyobozi ushinzwe demokarasi muri urwo rugaga.

-Tariki 15 Gashyantare 2012, mu kiganiro yatanze muri  “University of Central Florida”, Paul Rusesabagina yavuze ko FDLR ari umutwe ugamije kubohora uRwanda, ko rero ugomba gushyigikirwa.

-Tariki 07 Mata 2017, umunsi isi yose yibukaga ku nshurom ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi, Rusesabagina na bagenzi be, bo  batangaje ko batangije ku mugaragaro umutwe wa MRCD, ugamije kurwanya Leta y’uRwanda.

-Tariki 15  Mata 2018, iyo MRCD ya Rusesabagina yasohoye itangazo rivuga  ko yagabye ibitero mu Rwanda. Ibyo bitero byahitanye abantu,binangiza ibyabo.

-Tariki 22 mata 2019, Rusesabagina yabwiye Radio Ijwi ry’Amerika, ko bafite umutwe wa gisirikari, FLN, kandi uzakomeza ibikorwa byawo kugeza uhiritse ubutegetsi mu Rwanda. Ubu butumwa yakomeje kubutanga ku mbuga nkoranyambaga, ashishikariza abantu gushyigikira urwo “rubyiruko ruri ku rugamba “.

-Tariki 25 Ukwakira 2020, hasohotse video igaragaza abana Paul Rusesabagina yashoye mu gisirikari cya FLN, ndetse bibaviramo  ihungabana rikomeye, ubu bakaba barimo kwitabwaho mu kigo cya Mutobo.

Iyi nyandiko isoza igira iti:” Twemera ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishyigikiye icyazana amahoro n’umutekano muri Afrika yo  hagati n’iy’Iburasirazuba. Kuba Rusesabagina  n’ imitwe ye y’iterabwoba, FLN na MRCD,barahungabanyije  bikomeye amahoro n’umutekano muri ako gace, haba mu burasirazuba wa  Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, haba no mu Rwanda, byabangamiye icyifuzo cy’Abaturage ba Amerika n’abayobozi bayo.Bityo rero, bagombye guharanira ko Rusesabagina n’abo bafatanyije mu gukora ibyo byaha ndengakamere, babibazwa mu butabera”.

Abashyize umukono kuri iyi nyandiko ni abantu 23, basanzwe bavuga rikumvikana haba muri Amerika,haba no hanze yayo, bose bakaba basanga nta marangamutima yagombye kujyana n’ifatwa ry’umugizi wa nabi, Paul Rusesabagina, ko ahubwo igikwiye ari ukumuha ubutabera bunyuze mu mucyo.

 

2020-12-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

I Kabale, Museveni yagerageje kweza Kayumba, amugaragaza nk’umunyapolitiki wari ufite imyumvire itandukanye n’iy’ubuyobozi mu Rwanda.

I Kabale, Museveni yagerageje kweza Kayumba, amugaragaza nk’umunyapolitiki wari ufite imyumvire itandukanye n’iy’ubuyobozi mu Rwanda.

Ubwanditsi 11 Mar 2020
Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ubwanditsi 21 May 2025
Uganda: Umunyeshuri yareze Perezida Museveni n’abandi bayobozi bamukumiriye kuri Twitter zabo

Uganda: Umunyeshuri yareze Perezida Museveni n’abandi bayobozi bamukumiriye kuri Twitter zabo

Ubwanditsi 27 Aug 2019
Ikimwaro ntikica ariko kigira mubi

Ikimwaro ntikica ariko kigira mubi

Ubwanditsi 24 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibimenyetso  4 bikomeye  bipfobya Jenoside  Philippe  Mpayimana  ushaka  kuyobora u Rwanda yanditse mu gitabo cye  ‘RWANA, REGARD  DAVENIR’
ITOHOZA

Ibimenyetso 4 bikomeye bipfobya Jenoside Philippe Mpayimana ushaka kuyobora u Rwanda yanditse mu gitabo cye ‘RWANA, REGARD DAVENIR’

Ubwanditsi 07 Feb 2017
KNC yishyuye Nyagatare miliyoni 25 Frw ngo ave mu banyamigabane ba Radio 1
Mu Rwanda

KNC yishyuye Nyagatare miliyoni 25 Frw ngo ave mu banyamigabane ba Radio 1

Ubwanditsi 06 Nov 2017
Nigeria: Umupasiteri akurikiranyweho gusambanya no gucuruza abana bato bo mu itorero rye
Mu Rwanda

Nigeria: Umupasiteri akurikiranyweho gusambanya no gucuruza abana bato bo mu itorero rye

Ubwanditsi 05 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru