• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Imicungire yihariye y’umutekano wa Perezida w’u Bushinwa witegura gusura u Rwanda

Imicungire yihariye y’umutekano wa Perezida w’u Bushinwa witegura gusura u Rwanda

Ubwanditsi 16 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping w’imyaka 65, ni umwe mu bashyitsi bakomeye bategerejwe mu Rwanda muri uku kwezi, aho tariki ya 22 na 23 Nyakanga 2018 azaba ari mu rw’imisozi igihumbi mu ruzinduko ruzashimangira imikoranire y’ibihugu byombi hasinywa amasezerano y’ubufatanye atandukanye.

Jinping ni umwe mu bantu bakomeye cyane kuri iyi si bayobora igihugu cy’igihangange mu bukungu kandi gifite ijambo ku ruhando mpuzamahanga, ku buryo abatari bake bakomeje kwibaza ku mutekano we cyane cyane igihe yasuye igihugu runaka.

Umutekano we urindwa n’umutwe udasanzwe

Umutekano wa Jinping, urindwa n’umutwe witwa ‘Central Security Bureau’, ugizwe n’abasore n’inkumi b’inkorokoro bivugwa ko bari hagati y’ibihumbi bine n’umunani bahawe imyitozo kabuhariwe n’intwaro zikomeye bibashoboza kurinda abanyacyubahiro batandukanye mu Bushinwa.

By’umwihariko uyu mutwe washinzwe mu 1949, ufite inshingano zo kubungabunga umutekano wa Perezida, Abakuru b’Ingabo n’Abayobozi b’inzego zo hejuru mu Ishyaka rya Gikomunisiti ry’Abashinwa.

Central Security Bureau ifite icyicaro ahitwa Zongnanhai rwagati mu Murwa Mukuru Beijing, kuri ubu uyoborwa na Lt. Gen. Wang Shaojun, akaba inshuti magara ya Xi Jinping. Uyu mutwe uretse kurinda abaperezida barindwi bamaze kuyobora u Bushinwa, wigeze no kugira uruhare mu guhagarika akavuyo kigeze kwaduka muri iki gihugu kiswe ‘Cultural Revolution’ mu 1969.

Wanaburijemo kandi ihirikwa ry’ubutegetsi ryigeze gutegurwa na Marshal Ye Jianying muri Nzeri 1976.

Ku ikubitiro uyu mutwe ushingwa, byari nk’ihame ko uwinjiramo agomba kuba yarasoje Kaminuza ndetse akongeraho n’ubundi bumenyi butandukanye, mu gihe igisirikare gisanzwe cy’u Bushinwa cyari kigizwe n’abarenga kimwe cya kabiri batazi gusoma no kwandika.

Uyu mutwe wakunze kugirwa ibanga kugeza mu 1976 ubwo wakomorerwaga kujya witabira imyiyerekano nk’abandi basirikare basanzwe. Kuri ubu bivugwa ko Central Security Bureau ifite abasirikare basaga ibihumbi umunani bagabanije mu matsinda arindwi, aho buri tsinda rifite agace k’umurwa mukuru Beijing rishinzwe kurinda by’umwihariko ndetse no mu nkengero zawo.

Central Security Bureau ifite abasirikare bahora baryamiye amajanja no gutabara aho rukomeye, ni nabo barinda inzu zikomeye z’ubutegetsi. Ifite kandi ibindi birindiro bibiri muri Beijing byibanda ku nganda zikorerwamo ibikoresho hafi ya byose bikenerwa n’abayobozi bakuru b’u Bushinwa, zicunga ko bikoranwa ubwitonzi n’ubushishozi. Ibyo birimo ibiribwa, imyambaro n’ibindi by’ingenzi.

Ni umutwe witwaza Imbunda zo mu bwoko bwa Pistols zizwi nka Taurus PT 709 u Bushinwa bugura muri Brésil, unifashisha kandi imbunda ziringaniye za Machine-gun zizwi nka Norinco 05 zikorerwa iwabo.

Umutekano wa Xi Jinping hanze n’imbere mu gihugu

Mu ngendo Jinping yakoreye mu Bwongereza, Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bufaransa, byagaragaye ko umutekano we ucungwa mu buryo buhanitse bitandukanye n’uko bikorwa ku bandi bagenderera ibi bihugu.

Nko mu 2015, ubwo Jinping yari mu ruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu birori byo gusangira ku meza na Barack Obama, abari aho batunguwe no kumva ku nyandiko z’ubutumire hasomwamo uwiswe Jenerali Wang Shaojun, Umuyobozi wa Central Security Bureau utari uzwi mu ruhando mpuzamahanga.

Ni ibintu bitari bisanzwe ko umurinzi mukuru wa Perezida ahabwa icyubahiro kireshya n’icya Perezida, cyane ko atari na kenshi bene aba bategetsi basohokana icya rimwe mu gihugu n’abo bashinzwe kurinda.

Mu gihe Jinping yasuraga Hong Kong hagati ya 29 Kamena n’iya 01 Nyakanga 2016, yateguriwe uburinzi budasanzwe bwari bugizwe n’itsinda ry’abasirikare kabuhariwe 11.000, bangana na kimwe cya gatatu cy’igipolisi cya Hong Kong, ibintu bitigeze bibaho ku bandi bakuru b’ibihugu basuye Hong Kong.

Ikindi cyavuzwe cyane ni muri Gashyantare 2017, ubwo Perezida wa Amerika Donald Trump yari mu ruzinduko mu Bushinwa. Abasirikare ba Central Security Bureau ndetse n’aba US Secret Service barinda Trump, bari bagiye gukozanyaho habura gato, ubwo abarinda Jinping bashakaga gusaka amasakoshi atwarwamwo amabanga y’intwaro za kirimbuzi za Amerika.

Mu mateka ya Amerika n’abarinda Perezida wayo, ngo kirazira kikaziririzwa ko hari umuntu ukoza ikiganza kuri aya masakoshi kuko yaba akoze ku mutima n’umutekano bya Amerika, ni nako kandi hatekerezwaga ko u Bushinwa bwaba bushaka gukopera intwaro kirimbuzi z’icyo gihugu.

Mu gihe bari bakizurungutana, umwe mu bari bashinzwe ibikorwa muri White House yarahagobotse, intugunda zirangira gutyo, mu gihe aba basirikare b’imitwe yombi bendaga gufatana mu mashati. Nyuma u Bushinwa bwaje gusaba imbabazi Amerika.

Perezida w’u Bushinwa arindwa n’abasore baba baryamiye amajanja aho ari hose

Uyu muyobozi yigeze guca agahigo ko kurindwa n’abasirikare barenga ibihumbi 11 ubwo yari mu ruzinduko muri Hong Kong

Umutekano wa Jinping, urindwa n’umutwe witwa ‘Central Security Bureau’, ugizwe n’abasore n’inkumi b’inkorokoro bivugwa ko bari hagati y’ibihumbi bine n’umunani

Central Security Bureau irinda Jinping ifite abasirikare bahora baryamiye amajanja no gutabara aho rukomeye, ni nabo barinda inzu zikomeye z’ubutegetsi

2018-07-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwahaye Uganda igihe cyo gukomeza gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama ya Gatuna

U Rwanda rwahaye Uganda igihe cyo gukomeza gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama ya Gatuna

Ubwanditsi 24 Mar 2020
Abicanyi baracyacura lisiti y’abo bise Abatutsi, nk’uko babikoze bategura Jenoside yakorewe Abatutsi. Bararota ko bagifite ubushobozi bwo kubagirira nabi?

Abicanyi baracyacura lisiti y’abo bise Abatutsi, nk’uko babikoze bategura Jenoside yakorewe Abatutsi. Bararota ko bagifite ubushobozi bwo kubagirira nabi?

Ubwanditsi 07 Dec 2020
Nyuma ya Lt Gen Mudacumura, Gen Musabyimana Juvenal wa RUD Urunana nawe yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Nyuma ya Lt Gen Mudacumura, Gen Musabyimana Juvenal wa RUD Urunana nawe yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Ubwanditsi 09 Nov 2019
Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi

Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi

RUSHYASHYA 09 Mar 2026

2 Ibitekerezo

  1. Shimon
    July 16, 20189:10 am -

    Ayi wee, bazakwirwa hehe? Murubaka andi mahoteri rero!

    Subiza
  2. MAOMBI jOHN
    July 16, 201812:50 pm -

    KAGAMA UMU FRAMACON SATANISTE AKORANA NIMBARAGA ZUMWIJIMA YASHOWEMWO NA TONNY BLAIR( NTIBIBATUNGURE NTA KINTU GIKORERWA MUNSI YIJURU KITAMENYEKANA) ARI KWISEMBA KUBANDI BA SATSANISTES NKAWE ARIKO BAMENYEKO AMAHEREZO YABAKOZI BA SATANI RUSUFERU ARI MABI, BAKANGWA NAMAZU, IMIHANDA BYAMARASO YINZIRAKARENGANE ARIKO IMINSI YABO YANYUMA IRARURA KURUSHA KININI IVURA MALARIA, POLE SANA!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

New York : Perezida Kagame yitabiriye  inteko rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye
POLITIKI

New York : Perezida Kagame yitabiriye inteko rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye

Ubwanditsi 20 Sep 2016
Nyabugogo: Abakoraga ubujura butandukanye bashyizeho ihuriro ryo gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Nyabugogo: Abakoraga ubujura butandukanye bashyizeho ihuriro ryo gukumira ibyaha

Ubwanditsi 15 Feb 2017
Polisi iratangaza ko amatora y’Abajyanama yabaye mu mutekano usesuye kandi arangira neza
Mu Mahanga

Polisi iratangaza ko amatora y’Abajyanama yabaye mu mutekano usesuye kandi arangira neza

Ubwanditsi 23 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru