• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Imicungire yihariye y’umutekano wa Perezida w’u Bushinwa witegura gusura u Rwanda

Imicungire yihariye y’umutekano wa Perezida w’u Bushinwa witegura gusura u Rwanda

Ubwanditsi 16 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping w’imyaka 65, ni umwe mu bashyitsi bakomeye bategerejwe mu Rwanda muri uku kwezi, aho tariki ya 22 na 23 Nyakanga 2018 azaba ari mu rw’imisozi igihumbi mu ruzinduko ruzashimangira imikoranire y’ibihugu byombi hasinywa amasezerano y’ubufatanye atandukanye.

Jinping ni umwe mu bantu bakomeye cyane kuri iyi si bayobora igihugu cy’igihangange mu bukungu kandi gifite ijambo ku ruhando mpuzamahanga, ku buryo abatari bake bakomeje kwibaza ku mutekano we cyane cyane igihe yasuye igihugu runaka.

Umutekano we urindwa n’umutwe udasanzwe

Umutekano wa Jinping, urindwa n’umutwe witwa ‘Central Security Bureau’, ugizwe n’abasore n’inkumi b’inkorokoro bivugwa ko bari hagati y’ibihumbi bine n’umunani bahawe imyitozo kabuhariwe n’intwaro zikomeye bibashoboza kurinda abanyacyubahiro batandukanye mu Bushinwa.

By’umwihariko uyu mutwe washinzwe mu 1949, ufite inshingano zo kubungabunga umutekano wa Perezida, Abakuru b’Ingabo n’Abayobozi b’inzego zo hejuru mu Ishyaka rya Gikomunisiti ry’Abashinwa.

Central Security Bureau ifite icyicaro ahitwa Zongnanhai rwagati mu Murwa Mukuru Beijing, kuri ubu uyoborwa na Lt. Gen. Wang Shaojun, akaba inshuti magara ya Xi Jinping. Uyu mutwe uretse kurinda abaperezida barindwi bamaze kuyobora u Bushinwa, wigeze no kugira uruhare mu guhagarika akavuyo kigeze kwaduka muri iki gihugu kiswe ‘Cultural Revolution’ mu 1969.

Wanaburijemo kandi ihirikwa ry’ubutegetsi ryigeze gutegurwa na Marshal Ye Jianying muri Nzeri 1976.

Ku ikubitiro uyu mutwe ushingwa, byari nk’ihame ko uwinjiramo agomba kuba yarasoje Kaminuza ndetse akongeraho n’ubundi bumenyi butandukanye, mu gihe igisirikare gisanzwe cy’u Bushinwa cyari kigizwe n’abarenga kimwe cya kabiri batazi gusoma no kwandika.

Uyu mutwe wakunze kugirwa ibanga kugeza mu 1976 ubwo wakomorerwaga kujya witabira imyiyerekano nk’abandi basirikare basanzwe. Kuri ubu bivugwa ko Central Security Bureau ifite abasirikare basaga ibihumbi umunani bagabanije mu matsinda arindwi, aho buri tsinda rifite agace k’umurwa mukuru Beijing rishinzwe kurinda by’umwihariko ndetse no mu nkengero zawo.

Central Security Bureau ifite abasirikare bahora baryamiye amajanja no gutabara aho rukomeye, ni nabo barinda inzu zikomeye z’ubutegetsi. Ifite kandi ibindi birindiro bibiri muri Beijing byibanda ku nganda zikorerwamo ibikoresho hafi ya byose bikenerwa n’abayobozi bakuru b’u Bushinwa, zicunga ko bikoranwa ubwitonzi n’ubushishozi. Ibyo birimo ibiribwa, imyambaro n’ibindi by’ingenzi.

Ni umutwe witwaza Imbunda zo mu bwoko bwa Pistols zizwi nka Taurus PT 709 u Bushinwa bugura muri Brésil, unifashisha kandi imbunda ziringaniye za Machine-gun zizwi nka Norinco 05 zikorerwa iwabo.

Umutekano wa Xi Jinping hanze n’imbere mu gihugu

Mu ngendo Jinping yakoreye mu Bwongereza, Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bufaransa, byagaragaye ko umutekano we ucungwa mu buryo buhanitse bitandukanye n’uko bikorwa ku bandi bagenderera ibi bihugu.

Nko mu 2015, ubwo Jinping yari mu ruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu birori byo gusangira ku meza na Barack Obama, abari aho batunguwe no kumva ku nyandiko z’ubutumire hasomwamo uwiswe Jenerali Wang Shaojun, Umuyobozi wa Central Security Bureau utari uzwi mu ruhando mpuzamahanga.

Ni ibintu bitari bisanzwe ko umurinzi mukuru wa Perezida ahabwa icyubahiro kireshya n’icya Perezida, cyane ko atari na kenshi bene aba bategetsi basohokana icya rimwe mu gihugu n’abo bashinzwe kurinda.

Mu gihe Jinping yasuraga Hong Kong hagati ya 29 Kamena n’iya 01 Nyakanga 2016, yateguriwe uburinzi budasanzwe bwari bugizwe n’itsinda ry’abasirikare kabuhariwe 11.000, bangana na kimwe cya gatatu cy’igipolisi cya Hong Kong, ibintu bitigeze bibaho ku bandi bakuru b’ibihugu basuye Hong Kong.

Ikindi cyavuzwe cyane ni muri Gashyantare 2017, ubwo Perezida wa Amerika Donald Trump yari mu ruzinduko mu Bushinwa. Abasirikare ba Central Security Bureau ndetse n’aba US Secret Service barinda Trump, bari bagiye gukozanyaho habura gato, ubwo abarinda Jinping bashakaga gusaka amasakoshi atwarwamwo amabanga y’intwaro za kirimbuzi za Amerika.

Mu mateka ya Amerika n’abarinda Perezida wayo, ngo kirazira kikaziririzwa ko hari umuntu ukoza ikiganza kuri aya masakoshi kuko yaba akoze ku mutima n’umutekano bya Amerika, ni nako kandi hatekerezwaga ko u Bushinwa bwaba bushaka gukopera intwaro kirimbuzi z’icyo gihugu.

Mu gihe bari bakizurungutana, umwe mu bari bashinzwe ibikorwa muri White House yarahagobotse, intugunda zirangira gutyo, mu gihe aba basirikare b’imitwe yombi bendaga gufatana mu mashati. Nyuma u Bushinwa bwaje gusaba imbabazi Amerika.

Perezida w’u Bushinwa arindwa n’abasore baba baryamiye amajanja aho ari hose

Uyu muyobozi yigeze guca agahigo ko kurindwa n’abasirikare barenga ibihumbi 11 ubwo yari mu ruzinduko muri Hong Kong

Umutekano wa Jinping, urindwa n’umutwe witwa ‘Central Security Bureau’, ugizwe n’abasore n’inkumi b’inkorokoro bivugwa ko bari hagati y’ibihumbi bine n’umunani

Central Security Bureau irinda Jinping ifite abasirikare bahora baryamiye amajanja no gutabara aho rukomeye, ni nabo barinda inzu zikomeye z’ubutegetsi

2018-07-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingabo za Rusesabagina zishiriye ku icumu, Maj Bokande jules Karindinefu wari ushinzwe itumanaho rya gisilikare muri FLN yishwe

Ingabo za Rusesabagina zishiriye ku icumu, Maj Bokande jules Karindinefu wari ushinzwe itumanaho rya gisilikare muri FLN yishwe

Ubwanditsi 12 Jan 2020
Abandi bayoboke ba Zebiya nabo basubiye mu gihugu cyabo nyuma yo kwinangira bakanga kubahiriza amabwiriza agenga impunzi

Abandi bayoboke ba Zebiya nabo basubiye mu gihugu cyabo nyuma yo kwinangira bakanga kubahiriza amabwiriza agenga impunzi

Ubwanditsi 03 Apr 2018
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuwa Kane tariki ya 28 Ugushyingo 2019

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuwa Kane tariki ya 28 Ugushyingo 2019

Ubwanditsi 29 Nov 2019
U Rwanda rwahaye Uganda igihe cyo gukomeza gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama ya Gatuna

U Rwanda rwahaye Uganda igihe cyo gukomeza gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama ya Gatuna

Ubwanditsi 24 Mar 2020

2 Ibitekerezo

  1. Shimon
    July 16, 20189:10 am -

    Ayi wee, bazakwirwa hehe? Murubaka andi mahoteri rero!

    Subiza
  2. MAOMBI jOHN
    July 16, 201812:50 pm -

    KAGAMA UMU FRAMACON SATANISTE AKORANA NIMBARAGA ZUMWIJIMA YASHOWEMWO NA TONNY BLAIR( NTIBIBATUNGURE NTA KINTU GIKORERWA MUNSI YIJURU KITAMENYEKANA) ARI KWISEMBA KUBANDI BA SATSANISTES NKAWE ARIKO BAMENYEKO AMAHEREZO YABAKOZI BA SATANI RUSUFERU ARI MABI, BAKANGWA NAMAZU, IMIHANDA BYAMARASO YINZIRAKARENGANE ARIKO IMINSI YABO YANYUMA IRARURA KURUSHA KININI IVURA MALARIA, POLE SANA!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Paul Kagame yakiriye intumwa zavuye muri Amerika, nyuma y’iminsi mike Hakiriwe Uhagarariye iki gihugu mu Rwanda
Amakuru

Perezida Paul Kagame yakiriye intumwa zavuye muri Amerika, nyuma y’iminsi mike Hakiriwe Uhagarariye iki gihugu mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Oct 2023
As Kigali ifashe umwanya wa kane, Marines FC yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere
Amakuru

As Kigali ifashe umwanya wa kane, Marines FC yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere

Ubwanditsi 06 May 2023
Abirukanwe muri Tanzania ngo inzara irabatera kwirukankana imbehe mu baturanyi
Mu Mahanga

Abirukanwe muri Tanzania ngo inzara irabatera kwirukankana imbehe mu baturanyi

Ubwanditsi 02 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru