• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abirukanwe muri Tanzania ngo inzara irabatera kwirukankana imbehe mu baturanyi

Abirukanwe muri Tanzania ngo inzara irabatera kwirukankana imbehe mu baturanyi

Ubwanditsi 02 Nov 2016 Mu Mahanga

Bavuga ko hari abamara iminsi itatu badashyize inkono ku ziko babona abana bagiye kubapfiraho bagahitamo kwirukankana isahani mu baturanyi babo, bagira amahirwe bakabona iminsi iricumye.

Bamwe mu miryango y’abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya iravuga ko inzara ibavuzamo ubuhuha yatangiye kubakoresha ibyo batibwiraga.

Bimwe mu byo bavuga ko batangiye gukora kandi batarabitekerezaga birimo gusubira mu gihugu birukanwemo nabi ndetse no kwiyemeza umuco wo gusabiriza kandi ngo bibakoza isoni.

Kumara iminsi 3 nta nkono igera kuzi ko ngo ni byo bituma babona abana bagiye kubapfiraho bagahitamo kwirukankana isahani mu baturanyi babo, bagira amahirwe bakabona iminsi iricumye.

Baravuga ko gusabiriza nubwo bibatera ipfunwe ari yo nzira yonyine basigaranye bakesha amaramuko, kuko ngo n’uwabyangaga cyane abona umwana atangiye kurerembura agahaguruka agatangira gusabiriza.

Abaganiriye n’Izubarirashe.rw dukesha iyi nkuru ni bamwe mu miryango 10 y’abatujwe mu Karere ka Huye mu Murenge wa Kinazi mu Kagali ka Gitovu, aho bavuga ko babayeho ku bugenge bitewe no kubura imvura, kutagira ubutaka cyangwa itungo, ari byo bavuga ko byatumye imiryango igeze muri 3 ihitamo gusubira muri Tanzania.

Gusa bamwe muri bo baravuga ko gusubira muri Tanzania ari icyemezo kigayitse kuko ngo inabi bagiriwe bagateshwa imitungo yabo, ituma batizera ko yarangira, ari na cyo gituma hari abavuga ko bazemera bakazira inzara ariko bakaguma mu Rwanda.

Umwe yagize ati “Gusa bitewe n’ubuzima twari dufite tukiba muri Tanzania hari abo inzara yishe basubirayo, kuko tukiriyo twararyaga nta kibazo twari dufite rwose ntawaburaraga, ariko n’ubundi abajyayo baribeshya kuko njyewe nzemera nzire inzara ariko ndi mu gihugu cy’umutekano.”

Mugenzi we yunzemo ati “Nonose ko bantesheje inka zanjye, nkasiga inzu zajye arijye wabishatse nabwirwa n’iki niba n’ubundi batazongera bakampindukana? Nzaguma ino hari umutekano, ntawurengana urataka ugatabarwa iki ni igihugu cy’umutekano.”

Iyi miryango yemeza ko inzara yabaye rusange mu baturage bitewe n’izuba ariko ikavuga ko kuri yo ari umwihariko kuko ngo na mbere baryaga babikesha guca inshuro mu baturage basanze mu Rwanda.

Ryaziga Francois yagize ati “Nawe urabona uko bimeze hano imvura yagwaga tukabona aho guca inshuro mu baturanyi ariko ubu urajya kwaka akazi bakaguseka, bakakubwira ko na bo byabayobeye bitewe no kubura imvura.”

-4562.jpg

Bamwe mu miryango ivuga ko bimeze nabi bari kumwe n’abana babo (Ifoto/Nshimiyimana E)

Gusa Ryaziga avuga ko nubwo amapfa ari ikibazo bahuriyeho n’abandi baturage ngo cyabagizeho umwihariko nk’abantu bari basanzwe batunzwe n’abandi.

Ati “Nibura bo hari utwo basaruye kuko bafite imirima minini ariko twebwe ni aka karima ubona imbereye y’inzu nta handi dukura, nta tungo ngira ngo nawe urareba.”

Aba baturage bavuga ko hari igihe iminsi ishira ari 2 cyangwa 3 ntawe ushyize inkono ku ziko.

Muhawenayo Amina ati “Ubu twadukanye umuco wo gusaba kandi tutarigeze tubitekereza, kuko urabona umwana agiye kugupfiraho ugahaguruka wajya mu rugo rw’umuntu wavuga ko ushaka akazi akavuga ko ntaho yagukoresha, cyakora wamutekerereza uko bimeze ukabona wenda aragufunguriye.”

Gusa ngo nubwo gusaba atari umuco bishimira ngo niyo nzira yonyine yo kuramuka basigaranye.

Ati “Ngira ngo nta banga riri hano ushobora kwinjira mu bikoni byacu ukareba nawe ahantu baheruka guteka ntiwahayoberwa, iminsi irashira ari itatu udashyize inkono ku ziko, ariko wabona ugiye gupfa ukabungana isahane mu ngo z’abaturanyi ukabona ubonye icyo guha umwana.”

Nubwo bashima ukuntu bakiriwe mu Rwanda bavuga ko bakibakira babafashije byinshi ndetse ngo bakanabasezeranya kubaha inka ndetse n’ibiti byo kubabakira ibiraro bikazanwa ariko ngo bakaza kuyoberwa uko byaje kurangira.

“Rwose twakiriwe neza duhabwa amacumbi, baduha ibiryo ariko bari badusezeranyije ko bazaduha inka ndetse n’ibiti byo kubaka ibiraro biraza ariko ntawamenye uko byarangiye kugeza na n’ubu turacyategereje, kandi bahora batubwira ngo dutegereze.”

Nubwo aba baturage barira ayo kwarika bisa nk’aho ubuyobozi butemera ishingiro ryo kurira kwabo, kuko Umuyobozi w’Umurenge wa Kinazi agaragaza ko babafashije kwifasha.

Migabo Vital avuga ko bafashijwe gukemurirwa ibibazo by’ibanze birimo kubaha aho gutura ndetse ngo bakaba bafashwe kimwe n’abandi banyarwanda ku buryo batananirwa kwibeshaho.

Avuga kandi ko n’izindi gahunda z’igihugu zibahanze ijisho ati “Nta gahunda yihariye bafatirwa kuko bakiriwe kimwe n’abandi banyarwanda, twabahaye iby’ibanze, kandi dukomeza no kubafasha bari mu byiciro by’ubudehe nk’abandi, bagafashwa nk’abandi.”

Ku bijyanye n’inka bavuga ko bijejwe avuga ko inka koko bazibemereye ariko ko inka zigenda zitangwa gahoro gahoro uko zibonetse, bityo ko abo biri ngombwa n’ubundi bazazibona.

Yemera ko bitewe n’ibura ry’imvura inzara ari ikibazo bahuriyeho n’abandi ariko akavuga ko abashimira uburyo bagerageza kwifasha kimwe n’abandi abanyarwanda.

Gusa ku kijyanye n’ubutaka buto bavuga ko ari bwo shingiro ry’inzara bafite, avuga ko barimo babashakira aho bazahinga mu kabande ariko ko hari n’aho bari babahaye bakahanga bitewe n’uko ngo hari kure n’ubwo bo bavuga ko aho bari bahawe hari mu mirima y’abaturage.

Source : IZUBARIRASHE

2016-11-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyampinga wa Gereza muri Kenya yakatiwe igihano cy’urupfu

Nyampinga wa Gereza muri Kenya yakatiwe igihano cy’urupfu

Ubwanditsi 20 Jul 2018
Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umwongereza  mudasobwa n’ibindi bintu bye byari byibwe

Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umwongereza mudasobwa n’ibindi bintu bye byari byibwe

Ubwanditsi 24 Jun 2016
Abadepite bo muri Malawi basuye Isange One Stop Center

Abadepite bo muri Malawi basuye Isange One Stop Center

Ubwanditsi 11 Feb 2016
Imbwirwaruhame y’ibanga Umwamikazi Elisabeth yavuga habayeho Intambara ya Gatatu y’Isi

Imbwirwaruhame y’ibanga Umwamikazi Elisabeth yavuga habayeho Intambara ya Gatatu y’Isi

Ubwanditsi 20 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko gufata iya mbere mu kurandura virusi itera Sida
Mu Mahanga

Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko gufata iya mbere mu kurandura virusi itera Sida

Ubwanditsi 08 Jul 2016
Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye
Amakuru

Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye

Ubwanditsi 12 Jun 2025
Uganda : Jenerali Majoro. Don Nabasa  wari ushinzwe Special Forces Command, wafatwaga nka Bagosora ,yirukanwe
HIRYA NO HINO

Uganda : Jenerali Majoro. Don Nabasa wari ushinzwe Special Forces Command, wafatwaga nka Bagosora ,yirukanwe

Ubwanditsi 12 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru