Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’inyandiko z’interahamwe. By’umwihariko mu gihe twandika iyi nkuru hari inyandiko Nsengumukiza yanditse yitwa “Victoire Ingabire, le parcours d’une opposante au cœur de la répression au Rwanda” igizwe n’amapaji umunani akaba ari kuyizengurutsa ibinyamakuru bitandukanye by’iburayi ngo aravugira Ingabire Victoire. Muri iyi nyandiko nubwo Prudence Nzengumikiza yitwako ariwe wayanditse ariko usanga nubundi ari imvugo y’interahamwe bakayimwitirira.
Nsengumukiza aziko kubaho asigaranye iturufu yo kwitwaza ko avuye mu Rwanda vuba, bityo ko inyandiko yandika afite yakumvikana, kandi nubundi nta gishya avuga gitandukanye nibyo interahamwe zisanzwe zandika.
Iyi nyandiko yashyizwe mu myanda n’ibinyamakuru bitandukanye, Nsengumukiza yayanditse yibwira ko izamusunika kabiri. Usibye ubuswa yandikanye, nta kinyamakuru kizima cyayitambutsa kuko bigaragara ko ari inkuru ivugira interahamwe.
Nsengumukiza akaba abikoze mu gihe Abanyarwanda bibuka ku nshuro ya 32 Genocide yakorewe Abatutsi muri ya gahunda y’interahamwe yo guhakana no kuyipfobya
Nsengumukiza utari kuziga Kaminuza iyo ingoma ya Habyarimana iba ikiyobora kuko ni mwene Ngofero, yabonye amahirwe ariga abona akazi mu bitangazamakuru bikomeye hano mu Rwanda, ariko ingeso na kamere ntizirara bushyitsi.
Iyi nkuru ya Nsengumukiza amakuru agera kuri Rushyashya avuga ko ubu iri gutegurwa gushyirwa mu kinyamakuru Jambo asbl. Ntitwagaruka kunyomoza ibinyoma bikubiye muri iyi nyandiko ariko Nsengumukiza yabonye igisubizo binyuze mu binyamkuru byajugunye iyi nkuru muri poubelle.
Uyu mugabo utunzwe n’ibinyomba ubundi yagiye mu Bubiligi murui 2021 yitabiriye amahugurwa agezeyo nawe ati ndahunze. Muri 2016 Nsengumukiza yahawe akazi akazi mu Kigo cy’Itangazamakuru cya Kigali Today Ltd, kimwe mu bigo bikomeye by’itangazamakuruavuye kuri Radio Salus. Nsengumukiza ntiyahishaga ingengabitekerezo ye kuko nubundi muri Kigali Today ntiyahishaga ko atishimiye iterambere ry’u Rwanda
Ibi bikaba byaragaragariraga abo bakorana ko nubwo birirwana mu kazi bashaka icyakubaka igihugu, we umutima we wibereye ku ruhande rw’abashaka kugisenya.
Nsengumukiza yumva ko ari imari ishyushye ku bana b’interahamwe kuko bamuha inyandiko akazandika nk’umunyamakuru wabaye mu Rwanda. Gusa twibutse Nsengumukiza ko kuba yarabaye mu itangazamkuru ryo mu Rwanda bitahindura ibinyoma by’interahamwe ukuri. Usibye na Nsengumukiza na ba Habyarimana Emmanuel babaye mu buyobozi bukuru bw’igihugu ntibahindura ibinyoma ukuri. Ubu nawe yirirwa atontomera kuri Youtube nyuma yo gushinga ishyaka naryo ntirimuhire.
Kuba uvuye mu Rwanda cyangwa warahabaye ukakirwa na yombi n’interahamwe ntibihindura ko ibinyoma byazo bizahinduka ukuri kuko byavuzwe nawe.
Igisekeje uyu Nsengumukiza yakoraga inkuru z’imikino ariko ageze iburyai interahamwe zumva ko zakiriye umuntu w’igitangaza. Gusa icyiza cyo kwakirwa n’interahamwe nuko bitaramba kuko ntiwahora uvuga ibinyoma buri munsi.
Twibutse Nsengumukiza ko urusaku rw’ibikeri rutabuza intare gushoka!!



