• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko

Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko

RUSHYASHYA 20 Apr 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’inyandiko z’interahamwe. By’umwihariko mu gihe twandika iyi nkuru hari inyandiko Nsengumukiza yanditse yitwa “Victoire Ingabire, le parcours d’une opposante au cœur de la répression au Rwanda” igizwe n’amapaji umunani akaba ari kuyizengurutsa ibinyamakuru bitandukanye by’iburayi ngo aravugira Ingabire Victoire. Muri iyi nyandiko nubwo Prudence Nzengumikiza yitwako ariwe wayanditse ariko usanga nubundi ari imvugo y’interahamwe bakayimwitirira.

Nsengumukiza aziko kubaho asigaranye iturufu yo kwitwaza ko avuye mu Rwanda vuba, bityo ko inyandiko yandika afite yakumvikana, kandi nubundi nta gishya avuga gitandukanye nibyo interahamwe zisanzwe zandika.
Iyi nyandiko yashyizwe mu myanda n’ibinyamakuru bitandukanye, Nsengumukiza yayanditse yibwira ko izamusunika kabiri. Usibye ubuswa yandikanye, nta kinyamakuru kizima cyayitambutsa kuko bigaragara ko ari inkuru ivugira interahamwe.

Nsengumukiza akaba abikoze mu gihe Abanyarwanda bibuka ku nshuro ya 32 Genocide yakorewe Abatutsi muri ya gahunda y’interahamwe yo guhakana no kuyipfobya
Nsengumukiza utari kuziga Kaminuza iyo ingoma ya Habyarimana iba ikiyobora kuko ni mwene Ngofero, yabonye amahirwe ariga abona akazi mu bitangazamakuru bikomeye hano mu Rwanda, ariko ingeso na kamere ntizirara bushyitsi.

Iyi nkuru ya Nsengumukiza amakuru agera kuri Rushyashya avuga ko ubu iri gutegurwa gushyirwa mu kinyamakuru Jambo asbl. Ntitwagaruka kunyomoza ibinyoma bikubiye muri iyi nyandiko ariko Nsengumukiza yabonye igisubizo binyuze mu binyamkuru byajugunye iyi nkuru muri poubelle.

Uyu mugabo utunzwe n’ibinyomba ubundi yagiye mu Bubiligi murui 2021 yitabiriye amahugurwa agezeyo nawe ati ndahunze. Muri 2016 Nsengumukiza yahawe akazi akazi mu Kigo cy’Itangazamakuru cya Kigali Today Ltd, kimwe mu bigo bikomeye by’itangazamakuruavuye kuri Radio Salus. Nsengumukiza ntiyahishaga ingengabitekerezo ye kuko nubundi muri Kigali Today ntiyahishaga ko atishimiye iterambere ry’u Rwanda
Ibi bikaba byaragaragariraga abo bakorana ko nubwo birirwana mu kazi bashaka icyakubaka igihugu, we umutima we wibereye ku ruhande rw’abashaka kugisenya.

Nsengumukiza yumva ko ari imari ishyushye ku bana b’interahamwe kuko bamuha inyandiko akazandika nk’umunyamakuru wabaye mu Rwanda. Gusa twibutse Nsengumukiza ko kuba yarabaye mu itangazamkuru ryo mu Rwanda bitahindura ibinyoma by’interahamwe ukuri. Usibye na Nsengumukiza na ba Habyarimana Emmanuel babaye mu buyobozi bukuru bw’igihugu ntibahindura ibinyoma ukuri. Ubu nawe yirirwa atontomera kuri Youtube nyuma yo gushinga ishyaka naryo ntirimuhire.

Kuba uvuye mu Rwanda cyangwa warahabaye ukakirwa na yombi n’interahamwe ntibihindura ko ibinyoma byazo bizahinduka ukuri kuko byavuzwe nawe.

Igisekeje uyu Nsengumukiza yakoraga inkuru z’imikino ariko ageze iburyai interahamwe zumva ko zakiriye umuntu w’igitangaza. Gusa icyiza cyo kwakirwa n’interahamwe nuko bitaramba kuko ntiwahora uvuga ibinyoma buri munsi.

Twibutse Nsengumukiza ko urusaku rw’ibikeri rutabuza intare gushoka!!

2026-04-20
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Intara y’Amajyaruguru: Hongewe imbaraga mu kurwanya ibiyobyabwenge

Intara y’Amajyaruguru: Hongewe imbaraga mu kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 11 Aug 2016
APR FC yerekeje mu Misiri gukina umukino wo kwishyura na Pyramid mu irushanwa rya CAF Champions League

APR FC yerekeje mu Misiri gukina umukino wo kwishyura na Pyramid mu irushanwa rya CAF Champions League

Ubwanditsi 26 Sep 2023
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 05 Jan 2023
Hamaganwe ikiganiro cy’abapfobya Jenoside giteganyijwe mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bubiligi

Hamaganwe ikiganiro cy’abapfobya Jenoside giteganyijwe mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bubiligi

Ubwanditsi 11 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AS Kigali yiyongereye kuri APR FC ku makipe ahatanira igikombe cya shampiyona, ni nyuma yo gutsinda Police FC 2-0, Mukura VS yongera gutsindirwa mu rugo.
Amakuru

AS Kigali yiyongereye kuri APR FC ku makipe ahatanira igikombe cya shampiyona, ni nyuma yo gutsinda Police FC 2-0, Mukura VS yongera gutsindirwa mu rugo.

Ubwanditsi 14 May 2021
Igisirikare cya Uganda cyafatiye M23 ibyemezo bikakaye
ITOHOZA

Igisirikare cya Uganda cyafatiye M23 ibyemezo bikakaye

Ubwanditsi 10 Mar 2017
Aho yambariye inkindi ahambariye ubucocero: Umujenosideri,umuterankunga mukuru w’abajenosideri, Kabuga Félicien, yaraye ijoro rye rya mbere mu buroko bw’I La Haye mu Buholandi, aho yajyaga yidegembya nk’umuherwe ukomeye!
Amakuru

Aho yambariye inkindi ahambariye ubucocero: Umujenosideri,umuterankunga mukuru w’abajenosideri, Kabuga Félicien, yaraye ijoro rye rya mbere mu buroko bw’I La Haye mu Buholandi, aho yajyaga yidegembya nk’umuherwe ukomeye!

Ubwanditsi 27 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru