• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko

Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko

RUSHYASHYA 20 Apr 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’inyandiko z’interahamwe. By’umwihariko mu gihe twandika iyi nkuru hari inyandiko Nsengumukiza yanditse yitwa “Victoire Ingabire, le parcours d’une opposante au cœur de la répression au Rwanda” igizwe n’amapaji umunani akaba ari kuyizengurutsa ibinyamakuru bitandukanye by’iburayi ngo aravugira Ingabire Victoire. Muri iyi nyandiko nubwo Prudence Nzengumikiza yitwako ariwe wayanditse ariko usanga nubundi ari imvugo y’interahamwe bakayimwitirira.

Nsengumukiza aziko kubaho asigaranye iturufu yo kwitwaza ko avuye mu Rwanda vuba, bityo ko inyandiko yandika afite yakumvikana, kandi nubundi nta gishya avuga gitandukanye nibyo interahamwe zisanzwe zandika.
Iyi nyandiko yashyizwe mu myanda n’ibinyamakuru bitandukanye, Nsengumukiza yayanditse yibwira ko izamusunika kabiri. Usibye ubuswa yandikanye, nta kinyamakuru kizima cyayitambutsa kuko bigaragara ko ari inkuru ivugira interahamwe.

Nsengumukiza akaba abikoze mu gihe Abanyarwanda bibuka ku nshuro ya 32 Genocide yakorewe Abatutsi muri ya gahunda y’interahamwe yo guhakana no kuyipfobya
Nsengumukiza utari kuziga Kaminuza iyo ingoma ya Habyarimana iba ikiyobora kuko ni mwene Ngofero, yabonye amahirwe ariga abona akazi mu bitangazamakuru bikomeye hano mu Rwanda, ariko ingeso na kamere ntizirara bushyitsi.

Iyi nkuru ya Nsengumukiza amakuru agera kuri Rushyashya avuga ko ubu iri gutegurwa gushyirwa mu kinyamakuru Jambo asbl. Ntitwagaruka kunyomoza ibinyoma bikubiye muri iyi nyandiko ariko Nsengumukiza yabonye igisubizo binyuze mu binyamkuru byajugunye iyi nkuru muri poubelle.

Uyu mugabo utunzwe n’ibinyomba ubundi yagiye mu Bubiligi murui 2021 yitabiriye amahugurwa agezeyo nawe ati ndahunze. Muri 2016 Nsengumukiza yahawe akazi akazi mu Kigo cy’Itangazamakuru cya Kigali Today Ltd, kimwe mu bigo bikomeye by’itangazamakuruavuye kuri Radio Salus. Nsengumukiza ntiyahishaga ingengabitekerezo ye kuko nubundi muri Kigali Today ntiyahishaga ko atishimiye iterambere ry’u Rwanda
Ibi bikaba byaragaragariraga abo bakorana ko nubwo birirwana mu kazi bashaka icyakubaka igihugu, we umutima we wibereye ku ruhande rw’abashaka kugisenya.

Nsengumukiza yumva ko ari imari ishyushye ku bana b’interahamwe kuko bamuha inyandiko akazandika nk’umunyamakuru wabaye mu Rwanda. Gusa twibutse Nsengumukiza ko kuba yarabaye mu itangazamkuru ryo mu Rwanda bitahindura ibinyoma by’interahamwe ukuri. Usibye na Nsengumukiza na ba Habyarimana Emmanuel babaye mu buyobozi bukuru bw’igihugu ntibahindura ibinyoma ukuri. Ubu nawe yirirwa atontomera kuri Youtube nyuma yo gushinga ishyaka naryo ntirimuhire.

Kuba uvuye mu Rwanda cyangwa warahabaye ukakirwa na yombi n’interahamwe ntibihindura ko ibinyoma byazo bizahinduka ukuri kuko byavuzwe nawe.

Igisekeje uyu Nsengumukiza yakoraga inkuru z’imikino ariko ageze iburyai interahamwe zumva ko zakiriye umuntu w’igitangaza. Gusa icyiza cyo kwakirwa n’interahamwe nuko bitaramba kuko ntiwahora uvuga ibinyoma buri munsi.

Twibutse Nsengumukiza ko urusaku rw’ibikeri rutabuza intare gushoka!!

2026-04-20
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Uburyo abakoze ibizamini bya Leta bamenya ibigo bazigaho

Uburyo abakoze ibizamini bya Leta bamenya ibigo bazigaho

Ubwanditsi 19 Jan 2017
Polisi y’ u Rwanda itanga bufasha ki k’uwahohotewe?

Polisi y’ u Rwanda itanga bufasha ki k’uwahohotewe?

Ubwanditsi 10 Mar 2016
Dr Louis Butare wari Umuyobozi wa RAB yatawe muri yombi

Dr Louis Butare wari Umuyobozi wa RAB yatawe muri yombi

Ubwanditsi 21 Jun 2016
Chris Froome watwaye Tour de France enye, yageze mu Rwanda ari kumwe n’ikipe ye ya Israel–Premier Tech

Chris Froome watwaye Tour de France enye, yageze mu Rwanda ari kumwe n’ikipe ye ya Israel–Premier Tech

Ubwanditsi 16 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubusabe bw’umujenosiderikazi Paulina Nyiramasuhuko wifuzaga kurekurwa atarangije igihano bwatewe utwatsi
Amakuru

Ubusabe bw’umujenosiderikazi Paulina Nyiramasuhuko wifuzaga kurekurwa atarangije igihano bwatewe utwatsi

Ubwanditsi 11 Nov 2021
Nyuma yo gutorerwa kuyobora Gicumbi FC, Shumbusho Asmani yemeje ko ikipe ayoboye yatandukanye n’umutoza Ghislain Tchiamas izana Banamwana Camarade
Amakuru

Nyuma yo gutorerwa kuyobora Gicumbi FC, Shumbusho Asmani yemeje ko ikipe ayoboye yatandukanye n’umutoza Ghislain Tchiamas izana Banamwana Camarade

Ubwanditsi 03 Mar 2022
Kampala: Umuryango wa Claude Iyakaremye uratabaza nyuma yaho uyu munyarwanda ashimutiwe na CMI,  ashinjwa kuba intasi no gutunga imbunda
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Kampala: Umuryango wa Claude Iyakaremye uratabaza nyuma yaho uyu munyarwanda ashimutiwe na CMI, ashinjwa kuba intasi no gutunga imbunda

Ubwanditsi 21 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru