• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko

Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko

RUSHYASHYA 20 Apr 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’inyandiko z’interahamwe. By’umwihariko mu gihe twandika iyi nkuru hari inyandiko Nsengumukiza yanditse yitwa “Victoire Ingabire, le parcours d’une opposante au cœur de la répression au Rwanda” igizwe n’amapaji umunani akaba ari kuyizengurutsa ibinyamakuru bitandukanye by’iburayi ngo aravugira Ingabire Victoire. Muri iyi nyandiko nubwo Prudence Nzengumikiza yitwako ariwe wayanditse ariko usanga nubundi ari imvugo y’interahamwe bakayimwitirira.

Nsengumukiza aziko kubaho asigaranye iturufu yo kwitwaza ko avuye mu Rwanda vuba, bityo ko inyandiko yandika afite yakumvikana, kandi nubundi nta gishya avuga gitandukanye nibyo interahamwe zisanzwe zandika.
Iyi nyandiko yashyizwe mu myanda n’ibinyamakuru bitandukanye, Nsengumukiza yayanditse yibwira ko izamusunika kabiri. Usibye ubuswa yandikanye, nta kinyamakuru kizima cyayitambutsa kuko bigaragara ko ari inkuru ivugira interahamwe.

Nsengumukiza akaba abikoze mu gihe Abanyarwanda bibuka ku nshuro ya 32 Genocide yakorewe Abatutsi muri ya gahunda y’interahamwe yo guhakana no kuyipfobya
Nsengumukiza utari kuziga Kaminuza iyo ingoma ya Habyarimana iba ikiyobora kuko ni mwene Ngofero, yabonye amahirwe ariga abona akazi mu bitangazamakuru bikomeye hano mu Rwanda, ariko ingeso na kamere ntizirara bushyitsi.

Iyi nkuru ya Nsengumukiza amakuru agera kuri Rushyashya avuga ko ubu iri gutegurwa gushyirwa mu kinyamakuru Jambo asbl. Ntitwagaruka kunyomoza ibinyoma bikubiye muri iyi nyandiko ariko Nsengumukiza yabonye igisubizo binyuze mu binyamkuru byajugunye iyi nkuru muri poubelle.

Uyu mugabo utunzwe n’ibinyomba ubundi yagiye mu Bubiligi murui 2021 yitabiriye amahugurwa agezeyo nawe ati ndahunze. Muri 2016 Nsengumukiza yahawe akazi akazi mu Kigo cy’Itangazamakuru cya Kigali Today Ltd, kimwe mu bigo bikomeye by’itangazamakuruavuye kuri Radio Salus. Nsengumukiza ntiyahishaga ingengabitekerezo ye kuko nubundi muri Kigali Today ntiyahishaga ko atishimiye iterambere ry’u Rwanda
Ibi bikaba byaragaragariraga abo bakorana ko nubwo birirwana mu kazi bashaka icyakubaka igihugu, we umutima we wibereye ku ruhande rw’abashaka kugisenya.

Nsengumukiza yumva ko ari imari ishyushye ku bana b’interahamwe kuko bamuha inyandiko akazandika nk’umunyamakuru wabaye mu Rwanda. Gusa twibutse Nsengumukiza ko kuba yarabaye mu itangazamkuru ryo mu Rwanda bitahindura ibinyoma by’interahamwe ukuri. Usibye na Nsengumukiza na ba Habyarimana Emmanuel babaye mu buyobozi bukuru bw’igihugu ntibahindura ibinyoma ukuri. Ubu nawe yirirwa atontomera kuri Youtube nyuma yo gushinga ishyaka naryo ntirimuhire.

Kuba uvuye mu Rwanda cyangwa warahabaye ukakirwa na yombi n’interahamwe ntibihindura ko ibinyoma byazo bizahinduka ukuri kuko byavuzwe nawe.

Igisekeje uyu Nsengumukiza yakoraga inkuru z’imikino ariko ageze iburyai interahamwe zumva ko zakiriye umuntu w’igitangaza. Gusa icyiza cyo kwakirwa n’interahamwe nuko bitaramba kuko ntiwahora uvuga ibinyoma buri munsi.

Twibutse Nsengumukiza ko urusaku rw’ibikeri rutabuza intare gushoka!!

2026-04-20
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Rulindo:Abanyeshuri ba APAPEC-Murambi bigishijwe ububi bw’ibiyobyabwenge

Rulindo:Abanyeshuri ba APAPEC-Murambi bigishijwe ububi bw’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 09 Feb 2016
APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.

APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.

Ubwanditsi 11 Jun 2021
CNLG yashyize hanze Ibikorwa by’ingenzi bigaragaza itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi byaranze ukwezi kwa Gashyantare 1991-1994

CNLG yashyize hanze Ibikorwa by’ingenzi bigaragaza itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi byaranze ukwezi kwa Gashyantare 1991-1994

Ubwanditsi 07 Feb 2017
Jacob Zuma wahoze ari perezida wa Afurika y’Epfo yagejejwe imbere y’urukiko

Jacob Zuma wahoze ari perezida wa Afurika y’Epfo yagejejwe imbere y’urukiko

Ubwanditsi 06 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gabiro : Perezida Kagame yakurikiranye imyitozo y’Ingabo z’u Rwanda
Mu Mahanga

Gabiro : Perezida Kagame yakurikiranye imyitozo y’Ingabo z’u Rwanda

Ubwanditsi 05 Nov 2016
#TdRwanda: Umunyamerika yabahize i Rusizi, Ndayisenga agumana umuhondo
IMIKINO

#TdRwanda: Umunyamerika yabahize i Rusizi, Ndayisenga agumana umuhondo

Ubwanditsi 16 Nov 2016
AMAFOTO – APR FC yatangiye neza CECAFA Kagame Cup itsinda Singida Big Stars yo muri Tanzania
Amakuru

AMAFOTO – APR FC yatangiye neza CECAFA Kagame Cup itsinda Singida Big Stars yo muri Tanzania

Ubwanditsi 09 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru