• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ubushakashatsi bwa Never Again Rwanda burashimangira ubwa RGB mu kunenga uruhare rw’Abaturage mu bibakorerwa ( Yavuguruwe )

Ubushakashatsi bwa Never Again Rwanda burashimangira ubwa RGB mu kunenga uruhare rw’Abaturage mu bibakorerwa ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 26 Aug 2016 Mu Mahanga

Ubushakashatsi bwakozwe ku bufatanye n’Umuryango Never Again Rwanda na Interpeace, bwagaragaje ko abaturage batagira uruhare rufatika mu mihigo kandi ko abashingamategeko n’abajyanama mu nzego z’ibanze bashyira mu bikorwa ibitekerezo batahawe n’abaturage.

Ubu bushakashatsi burashimangira ubwa RGB, bugaragaza uko abaturage babona ibibakorerwa ( Citizen Report card 2015 ) nayo yari yagaragaje iki kibazo.

Ibipimo by’ubushakashatsi bwa RGB

-3842.jpg

Ubushakashatsi bwerekana ko: 1. Gutegura imihigo yakarere 59% yagaragaje ko batabigiramo uruhare.

Gutegura ingengo yimari yakerere: 67.5% bavuze ko idategurwa neza kuko batabigiramo uruhare.

Gutegura igena migambi byibikorwa byakarere. 66.6% bagaragaje ko babyishimiye uburyo bikorwa kuko batabigiramo uruhare.

Irange ryumutuku rivuze abagaya naho ubururu rikavuga abashima.

Ubu bushakashatsi bwa RGB, bugize 10% ryamanota y’imihigo yuturere.

Inyandiko yuvuye y’ububushakashatsi yitwa: ishusho y’uko abaturage babona imiyoborere n’imitangire ya serivisi mu nzego zibanze.

Inyandiko wayisanga kurubuga rwa RGB. Ahanditse publications ugakanda ahanditse citizen report card hari versions ikinyarwanda n’icyongereza.

Never again ibyobyabonye byuzuzanya nibyo RGB yabonye! Nta gu tekinika byigeze biba kuko RGB ntiba mu nzego zibanze ahumbwo ubushakashatsi bugenzura imikorere yizo nzego.

-3843.jpg

Prof.Shyaka Anastase Umuyobozi wa RGB

Mu bushakashatsi bwa Never Again Rwanda na Interpeace ,abaturage bashinja abajyanama b’inzego z’ibanze z’utugari, imirenge n’uturere kutabegera ngo babahe ibitekerezo bifuza ko byigwa mu nama za buri kwezi bagira, ahubwo bakitangira ibitekerezo byabo bwite.

Mu baturage 616 babajijwe muri ubu bushakashatsi, bagaragaje ko imihigo igenwa n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, abaturage bagasabwa kuyesa batigeze bagira uruhare mu kuyishyiraho.

Bati “ Ni gute twafatanya n’ubuyobozi kwesa imihigo tutigeze tugira uruhare rwo kuyigena? Ubuyobozi bukwiye kujya butwegera tugafatanyiriza hamwe kugena iyo mihigo bityo tukazanafatanya mu isuzumwa ryayo no mu gihe cyo kuyesa, aho kuyiduturaho gusa tutazi aho yakorewe.”

Abaturage bemeza ko gahunda za Leta ari nziza kandi abazitekereza baba babifuriza iterambere, gusa bakanenga uburyo zishyirwa mu bikorwa.

-3810.jpg

Prof. Shyaka Anastase na Minisitiri Francis Kaboneka

Bahamya ko gahunda nyinshi zibituraho batari bazizi, abayobozi ntibanabegere ngo babasobanurire uko bimeze, ahubwo bakaza bababwira ziturutse hejuru zigomba gushyirwa mu bikorwa mu buryo bwihuse.

Abajyanama nta ruhare bagira mu mihigo, nabo bayiturwaho

Abajyanama mu nzego z’ibanze nabo bavuga ko batajya bagira uruhare mu mihigo, ko ahubwo abitwa abatekinisiye nka ba Gitifu, ba Meya na ba Visi Meya aribo bagira uruhare mu igenwa ryayo, bakayibazanira ngo bayisinye, babwirwa ko byihutirwa, nabo ngo bagasinya.

Abajyanama basobanura ko bategera abaturage nk’uko kuko badahabwa uburyo bwo kumanuka ngo basange abaturage babasabe ibitekerezo bazajyana mu nama njyanama.

Bavuga kandi ko batabona umwanya uhagije wo kwegera abaturage kubera imirimo ya buri munsi ibatunga baba bahugiyemo, dore ko uyu mwanya w’ubujyanama batawuhemberwa.

Inteko ikora amategeko idashingiye ku byifuzo by’abaturage

-3811.jpg

Abadepite baratungwa agatoki

Muri ubu bushakashatsi abaturage kandi bashinja abagize Inteko ishingamategeko imitwe yombi gukora amategeko badashingiye ku bitekerezo by’abaturage.

Bongeraho ko izi ntumwa za rubanda usanga baziheruka zije kubasaba amajwi, zamara kuyabona ntibongere kuzica iryera.

Itangazamakuru riha abaturage urubuga rwo kugaragaza ibyifuzo byabo

-3812.jpg

Muri ubu bushakashatsi, itangazamakuru ryashimiwe kuba urutindo ruhuza abayoborwa n’abayobora, rigaha abaturage urubuga bakagaragaza ibyo bishimira byaba ngombwa bakananenga ibikorwa nabi.

Bamwe mu banyamakuru babajijwe bagaragaje ko hari ibyemezo biturwa ku baturage batabigizemo uruhare ndetse batanabisobanuriwe, hakaba bimwe mu bikorwa bigenwa mu by’ukuri atari byo abaturage bakeneye.

Ange Subirous Tambineza, avuga ko ibikorwa bimwe na bimwe biturwa ku baturage batabizi, bigaragara ko batagira uruhare mu bibakorerwa, ahubwo hari abashinzwe kubatekerereza.

Aha uyu munyamakuru kimwe n’abaturage, asanga mbere y’uko ubuyobozi bugira icyo bukora bwari bukwiye kubanza kwicarana n’abaturage bakabubwira uko babyumva, ibyihutirwa hakurikije ibyifuzo by’abaturage.

Ntibibuza imiyoborere myiza gutera imbere

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, Munyeshyaka Vincent avuga ko imiyoborere myiza mu gihugu igenda itera intambwe, amakosa akorwa akaba agenda akosorwa uko iminsi igenda ihita.

-3813.jpg

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, Munyeshyaka Vincent

Yashimye ubu bushakashatsi bwakozwe, yibutsa ko imiyoborere myiza igendana n’ibyifuzo by’abaturage kandi ko Leta y’u Rwanda yishimira ko abaturage bagira ijambo mu bibakorerwa.

Ati “ Abaturage nibo musingi w’iterambere n’imiyoborere myiza, Guverinoma yacu yashyizeho inzego zituma abaturage bagira uruhare mu miyoborere yabo, bagomba kugira uruhare mu bibakorerwa byose, imihigo n’ingengo y’imari.”

Munyeshyaka akomeza asaba imiryango ya sosiyete sivili n’itangazamakuru gufatanya mu gufasha abaturage kugaragariza ubuyobozi ibyifuzo byabo, ibyo bishimiye n’ibyo banenga.

Ubushakashatsi bwakorewe ku bantu 616 barimo abagize inteko ishingamategeko, abayobozi b’uturere, abagize Inama Njyanama, abanyamakuru n’abaturage bo mu turere twa Nyabihu, Gasabo, Bugesera, Musanze, Nyarugenge, Rwamagana na Gicumbi.

-3809.jpg

Impuguke zasohoye raporo

2016-08-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Tshisekedi yegetse ibibazo bye byose ku Rwanda, arashaka gusunika amatora

Perezida Tshisekedi yegetse ibibazo bye byose ku Rwanda, arashaka gusunika amatora

Ubwanditsi 21 Sep 2022
Jambo asbl yigize umuvugizi wa Leta y’Ububiligi kuva ryari?

Jambo asbl yigize umuvugizi wa Leta y’Ububiligi kuva ryari?

Ubwanditsi 21 Dec 2023
Abantu 33 bafatiwe mu gikorwa  cyo kurengera umugezi wa Nyabarongo

Abantu 33 bafatiwe mu gikorwa cyo kurengera umugezi wa Nyabarongo

Ubwanditsi 03 Jan 2016
INZEGO ZIBANZE KU ISONGA MUGUHINDURA IMITANGIRE YA SERIVISI HIFASHISHIJWE URUBUGA  IREMBO

INZEGO ZIBANZE KU ISONGA MUGUHINDURA IMITANGIRE YA SERIVISI HIFASHISHIJWE URUBUGA IREMBO

Ubwanditsi 09 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gabiro : Perezida Kagame yahuye n’itsinda ryamufashije kunoza amavugurura akenewe muri AU
Mu Rwanda

Gabiro : Perezida Kagame yahuye n’itsinda ryamufashije kunoza amavugurura akenewe muri AU

Ubwanditsi 27 Feb 2017
Uganda: Abagore bakomeje kwicwa umusubizo n’abashaka kubaturaho ibitambo
Mu Rwanda

Uganda: Abagore bakomeje kwicwa umusubizo n’abashaka kubaturaho ibitambo

Ubwanditsi 04 Sep 2017
#TdRwanda: Umunyamerika yabahize i Rusizi, Ndayisenga agumana umuhondo
IMIKINO

#TdRwanda: Umunyamerika yabahize i Rusizi, Ndayisenga agumana umuhondo

Ubwanditsi 16 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru