• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ubushakashatsi bwa Never Again Rwanda burashimangira ubwa RGB mu kunenga uruhare rw’Abaturage mu bibakorerwa ( Yavuguruwe )

Ubushakashatsi bwa Never Again Rwanda burashimangira ubwa RGB mu kunenga uruhare rw’Abaturage mu bibakorerwa ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 26 Aug 2016 Mu Mahanga

Ubushakashatsi bwakozwe ku bufatanye n’Umuryango Never Again Rwanda na Interpeace, bwagaragaje ko abaturage batagira uruhare rufatika mu mihigo kandi ko abashingamategeko n’abajyanama mu nzego z’ibanze bashyira mu bikorwa ibitekerezo batahawe n’abaturage.

Ubu bushakashatsi burashimangira ubwa RGB, bugaragaza uko abaturage babona ibibakorerwa ( Citizen Report card 2015 ) nayo yari yagaragaje iki kibazo.

Ibipimo by’ubushakashatsi bwa RGB

-3842.jpg

Ubushakashatsi bwerekana ko: 1. Gutegura imihigo yakarere 59% yagaragaje ko batabigiramo uruhare.

Gutegura ingengo yimari yakerere: 67.5% bavuze ko idategurwa neza kuko batabigiramo uruhare.

Gutegura igena migambi byibikorwa byakarere. 66.6% bagaragaje ko babyishimiye uburyo bikorwa kuko batabigiramo uruhare.

Irange ryumutuku rivuze abagaya naho ubururu rikavuga abashima.

Ubu bushakashatsi bwa RGB, bugize 10% ryamanota y’imihigo yuturere.

Inyandiko yuvuye y’ububushakashatsi yitwa: ishusho y’uko abaturage babona imiyoborere n’imitangire ya serivisi mu nzego zibanze.

Inyandiko wayisanga kurubuga rwa RGB. Ahanditse publications ugakanda ahanditse citizen report card hari versions ikinyarwanda n’icyongereza.

Never again ibyobyabonye byuzuzanya nibyo RGB yabonye! Nta gu tekinika byigeze biba kuko RGB ntiba mu nzego zibanze ahumbwo ubushakashatsi bugenzura imikorere yizo nzego.

-3843.jpg

Prof.Shyaka Anastase Umuyobozi wa RGB

Mu bushakashatsi bwa Never Again Rwanda na Interpeace ,abaturage bashinja abajyanama b’inzego z’ibanze z’utugari, imirenge n’uturere kutabegera ngo babahe ibitekerezo bifuza ko byigwa mu nama za buri kwezi bagira, ahubwo bakitangira ibitekerezo byabo bwite.

Mu baturage 616 babajijwe muri ubu bushakashatsi, bagaragaje ko imihigo igenwa n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, abaturage bagasabwa kuyesa batigeze bagira uruhare mu kuyishyiraho.

Bati “ Ni gute twafatanya n’ubuyobozi kwesa imihigo tutigeze tugira uruhare rwo kuyigena? Ubuyobozi bukwiye kujya butwegera tugafatanyiriza hamwe kugena iyo mihigo bityo tukazanafatanya mu isuzumwa ryayo no mu gihe cyo kuyesa, aho kuyiduturaho gusa tutazi aho yakorewe.”

Abaturage bemeza ko gahunda za Leta ari nziza kandi abazitekereza baba babifuriza iterambere, gusa bakanenga uburyo zishyirwa mu bikorwa.

-3810.jpg

Prof. Shyaka Anastase na Minisitiri Francis Kaboneka

Bahamya ko gahunda nyinshi zibituraho batari bazizi, abayobozi ntibanabegere ngo babasobanurire uko bimeze, ahubwo bakaza bababwira ziturutse hejuru zigomba gushyirwa mu bikorwa mu buryo bwihuse.

Abajyanama nta ruhare bagira mu mihigo, nabo bayiturwaho

Abajyanama mu nzego z’ibanze nabo bavuga ko batajya bagira uruhare mu mihigo, ko ahubwo abitwa abatekinisiye nka ba Gitifu, ba Meya na ba Visi Meya aribo bagira uruhare mu igenwa ryayo, bakayibazanira ngo bayisinye, babwirwa ko byihutirwa, nabo ngo bagasinya.

Abajyanama basobanura ko bategera abaturage nk’uko kuko badahabwa uburyo bwo kumanuka ngo basange abaturage babasabe ibitekerezo bazajyana mu nama njyanama.

Bavuga kandi ko batabona umwanya uhagije wo kwegera abaturage kubera imirimo ya buri munsi ibatunga baba bahugiyemo, dore ko uyu mwanya w’ubujyanama batawuhemberwa.

Inteko ikora amategeko idashingiye ku byifuzo by’abaturage

-3811.jpg

Abadepite baratungwa agatoki

Muri ubu bushakashatsi abaturage kandi bashinja abagize Inteko ishingamategeko imitwe yombi gukora amategeko badashingiye ku bitekerezo by’abaturage.

Bongeraho ko izi ntumwa za rubanda usanga baziheruka zije kubasaba amajwi, zamara kuyabona ntibongere kuzica iryera.

Itangazamakuru riha abaturage urubuga rwo kugaragaza ibyifuzo byabo

-3812.jpg

Muri ubu bushakashatsi, itangazamakuru ryashimiwe kuba urutindo ruhuza abayoborwa n’abayobora, rigaha abaturage urubuga bakagaragaza ibyo bishimira byaba ngombwa bakananenga ibikorwa nabi.

Bamwe mu banyamakuru babajijwe bagaragaje ko hari ibyemezo biturwa ku baturage batabigizemo uruhare ndetse batanabisobanuriwe, hakaba bimwe mu bikorwa bigenwa mu by’ukuri atari byo abaturage bakeneye.

Ange Subirous Tambineza, avuga ko ibikorwa bimwe na bimwe biturwa ku baturage batabizi, bigaragara ko batagira uruhare mu bibakorerwa, ahubwo hari abashinzwe kubatekerereza.

Aha uyu munyamakuru kimwe n’abaturage, asanga mbere y’uko ubuyobozi bugira icyo bukora bwari bukwiye kubanza kwicarana n’abaturage bakabubwira uko babyumva, ibyihutirwa hakurikije ibyifuzo by’abaturage.

Ntibibuza imiyoborere myiza gutera imbere

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, Munyeshyaka Vincent avuga ko imiyoborere myiza mu gihugu igenda itera intambwe, amakosa akorwa akaba agenda akosorwa uko iminsi igenda ihita.

-3813.jpg

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, Munyeshyaka Vincent

Yashimye ubu bushakashatsi bwakozwe, yibutsa ko imiyoborere myiza igendana n’ibyifuzo by’abaturage kandi ko Leta y’u Rwanda yishimira ko abaturage bagira ijambo mu bibakorerwa.

Ati “ Abaturage nibo musingi w’iterambere n’imiyoborere myiza, Guverinoma yacu yashyizeho inzego zituma abaturage bagira uruhare mu miyoborere yabo, bagomba kugira uruhare mu bibakorerwa byose, imihigo n’ingengo y’imari.”

Munyeshyaka akomeza asaba imiryango ya sosiyete sivili n’itangazamakuru gufatanya mu gufasha abaturage kugaragariza ubuyobozi ibyifuzo byabo, ibyo bishimiye n’ibyo banenga.

Ubushakashatsi bwakorewe ku bantu 616 barimo abagize inteko ishingamategeko, abayobozi b’uturere, abagize Inama Njyanama, abanyamakuru n’abaturage bo mu turere twa Nyabihu, Gasabo, Bugesera, Musanze, Nyarugenge, Rwamagana na Gicumbi.

-3809.jpg

Impuguke zasohoye raporo

2016-08-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda irakangurira ababyeyi  n’abayobozi gukomeza ingamba zo kwita ku burenganzira bw’abana

Polisi y’u Rwanda irakangurira ababyeyi n’abayobozi gukomeza ingamba zo kwita ku burenganzira bw’abana

Ubwanditsi 14 Mar 2016
Umuhanzi Meddy yakoreye ubukwe muri Leta z’Unze Ubumwe z’Amerika n’umukunzi we Mimi ukomoka muri Ethiopia.

Umuhanzi Meddy yakoreye ubukwe muri Leta z’Unze Ubumwe z’Amerika n’umukunzi we Mimi ukomoka muri Ethiopia.

Ubwanditsi 23 May 2021
Jambo asbl ni agatsiko k’abana b’interahamwe bagamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Jambo asbl ni agatsiko k’abana b’interahamwe bagamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 24 Mar 2025
Police Handball Club yegukanye igikombe cyo kwibuka ku nshuro ya kabiri.

Police Handball Club yegukanye igikombe cyo kwibuka ku nshuro ya kabiri.

Ubwanditsi 06 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dore Icyo Utari uzi kuri “Secret Service” umutwe w’ abasore n’abakobwa bafite ubwenge budasanzwe barinda Perezida wa USA
Mu Mahanga

Dore Icyo Utari uzi kuri “Secret Service” umutwe w’ abasore n’abakobwa bafite ubwenge budasanzwe barinda Perezida wa USA

Ubwanditsi 27 Dec 2017
Itohoza : Imperecyeza y’abahoze ari abakozi ba ISO muri Uganda ngo yaba yarahawe Abadepite mu cyiswe Consultation
ITOHOZA

Itohoza : Imperecyeza y’abahoze ari abakozi ba ISO muri Uganda ngo yaba yarahawe Abadepite mu cyiswe Consultation

Ubwanditsi 27 Nov 2017
APR FC yafashe umwanzuro wo guhagarika iminsi 30 Mamadou Sy na Daudda Youssuf kubera imyitwarire mibi bagaragarije mu Misiri
Amakuru

APR FC yafashe umwanzuro wo guhagarika iminsi 30 Mamadou Sy na Daudda Youssuf kubera imyitwarire mibi bagaragarije mu Misiri

Ubwanditsi 10 Oct 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru