• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Jambo asbl ni agatsiko k’abana b’interahamwe bagamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Jambo asbl ni agatsiko k’abana b’interahamwe bagamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 24 Mar 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu gihe Jambo asbl ikomeje kwihisha mu ishusho ry’abakomoka mu Rwanda bahungiye mu Bubiligi, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneraguhugu, Jean-Damascène Bizimana yabibukije neza intego n’inshingano zabo babinyujije mu cyo bise Jambo asbl bakaba bararazwe ingengabitekerezo ya Jenoside no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi. 

Minisitiri Bizimana yabibukije ko amasezerano y’impunzi yo mu 1951 ateganya ko impunzi ari umuntu wahunze igitugu cy’ubutegetsi bw’igihugu cye. Nta n’umwe mu bagize Jambo wahizwe cyangwa akorerwa urugomo n’u Rwanda. Bahunze imyumvire yabo bwite.

Amateka y’abashinze n’abagize Jambo asbl igaragaza ko ari intumwa z’ikinyoma, abahakana n’abapfobya Jenoside, ndetse n’abakomoka ku babyeyi bafite uruhare muri Jenoside bakaba barahisemo gukomeza iyo mitekerereze.

Dore bimwe mu bimenyetso bikomeye kandi biteye ubwoba:

RUHUMUZA na Gustave MBONYUMUTWA, bashinze Jambo asbl

Se ubabyara, Shingiro Mbonyumutwa, yari Minisitiri w’Inganda, Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ibirombe muri guverinoma ya mbere ya Perezida Habyarimana mu 1973.

Shingiro yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi i Kigali no muri Gitarama.

Yari Umuyobozi w’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe Jean Kambanda, wari uyoboye Guverinoma y’abajenosideri, wahamijwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa Arusha (ICTR) icyaha cya Jenoside akatirwa igifungo cya burundu nyuma yo kwemera uruhare rwe bwite n’urwa guverinoma ye mu gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ku wa 21 Mata 1994, umunsi mubi kurusha iyindi muri Jenoside, Shingiro yagize uruhare muri gahunda yo gushishikariza Jenoside kuri Radiyo Rwanda mu izina ry’ishyaka MDR, ari kumwe n’abandi ba ruharwa nka Édouard Karemera (MRND), wakatiwe igifungo cya burundu na ICTR, Mbonampeka Stanislas (muramu wa Shingiro) wari uhagarariye ishyaka PL-Power, na Hyacinthe Rafiki Nsengiyumva wari uhagarariye PSD-Power. Iyo gahunda, yayobowe n’umunyamakuru w’intagondwa Jean Baptiste Bamwanga, igamije gukangurira Abahutu kwongera ibikorwa byo gutsemba Abatutsi bitwaje kwirwanaho.

Abandi bo mu muryango wa Mbonyumutwa bagize uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi kandi ubu biyemeje kuyihakana. Muri bo harimo:

Dr Pierre MUGABO n’umugore we Félicité Musanganire, ba nyirasenge wa Ruhumuza na Gustave Mbonyumutwa, bishe Abatutsi i Butare. Bahamijwe ibyaha n’inkiko z’u Rwanda maze bahungira muri Afurika y’Epfo.

Sekuru Thomas KIGUFI, musaza wa Shingiro, ari ku rutonde rw’abashakishwa kubera icyaha cya Jenoside, akaba yarahungiye muri Nouvelle-Zélande.

Nyirasenge MURAMUTSE Perpétue, mushiki wa Shingiro, agenera abapfobya Jenoside igihembo kizwi ku izina rya “Victoire Ingabire Prize.” Abantu ba mbere bahawe icyo gihembo ni Ruhumuza Mbonyumutwa na Placide KAYUMBA wa Jambo ASBL!

Placide KAYUMBA, wabaye Perezida wa Jambo ASBL, ni umuhungu wa Dominique Ntawukuriryayo, wari sous-préfet wa Gisagara muri Jenoside, watawe muri yombi n’u Bufaransa akoherezwa muri ICTR, agakatirwa imyaka 25 y’igifungo. Mu 2014, Kayumba Placide, nka Perezida wa Jambo ASBL, yoherejwe muri Congo guhura n’abayobozi ba FDLR, barimo Jenerali Sylvestre MUDACUMURA na Gaston BYIRINGIRO.

Ibiganiro byabo byagumye ku rupapuro rw’itangiriro rya website ya Jambo ASBL igihe kirekire. Abo bayobozi ba FDLR, bashyigikiwe na Perezida wa Jambo, bari barashyizwe ku rutonde rw’abashakishwa n’Umuryango w’Abibumbye ndetse bakorwagaho iperereza mpuzamahanga.

2025-03-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’amajyepfo avuga ko ubufatanye bwa Polisi n’abaturage ari imwe mu nkingi z’umutekano uharangwa

Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’amajyepfo avuga ko ubufatanye bwa Polisi n’abaturage ari imwe mu nkingi z’umutekano uharangwa

Ubwanditsi 29 Jun 2016
Real Madrid izahura na Chelsea, Man City izahura na Bayern Munichen; uko tombola ya 1/4 yose yagenze

Real Madrid izahura na Chelsea, Man City izahura na Bayern Munichen; uko tombola ya 1/4 yose yagenze

Ubwanditsi 17 Mar 2023
Akumiro: Minisitiri mu Bubiligi yitabiriye umuhango wo kwambika ikamba abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Akumiro: Minisitiri mu Bubiligi yitabiriye umuhango wo kwambika ikamba abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwanditsi 20 Mar 2024
Rudasingwa yateje ubwega ko ibibazo afite yabitewe na Kayumba

Rudasingwa yateje ubwega ko ibibazo afite yabitewe na Kayumba

Ubwanditsi 22 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Geoffrey Zawadi yatorewe kuba Visi Perezida wa FRVB asimbuye Jado Castar, ibyavuye mu nama y’intekorusange y’umukino wa Volleyball
Amakuru

Geoffrey Zawadi yatorewe kuba Visi Perezida wa FRVB asimbuye Jado Castar, ibyavuye mu nama y’intekorusange y’umukino wa Volleyball

Ubwanditsi 18 Mar 2023
CHAN 2016: Urutonde rw’abakinnyi 23 bazahagararira Amavubi
IMIKINO

CHAN 2016: Urutonde rw’abakinnyi 23 bazahagararira Amavubi

Ubwanditsi 08 Jan 2016
Meddy yatunguwe n’umwana wamusabye kutamusiga mu gitaramo cya Airtel Muzika i Rubavu
Mu Rwanda

Meddy yatunguwe n’umwana wamusabye kutamusiga mu gitaramo cya Airtel Muzika i Rubavu

Ubwanditsi 22 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru