• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’amajyepfo avuga ko ubufatanye bwa Polisi n’abaturage ari imwe mu nkingi z’umutekano uharangwa

Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’amajyepfo avuga ko ubufatanye bwa Polisi n’abaturage ari imwe mu nkingi z’umutekano uharangwa

Ubwanditsi 29 Jun 2016 Mu Mahanga

Ubufatanye bwa Polisi n’abaturage, ni kimwe mu bituma habaho guhanahana amakuru, ibyaha bigakumirwa bitaraba, bityo bikagabanuka ku buryo bugaragara.
Mu kiganiro twagiranye n’umuyobozi wa Polisi mu ntara y’Amajyepfo Assistant Commissioner of Police (ACP) Francis Nkwaya, atubwira uko umutekano wifashe mu ntara ayobora, anashyira imikoranire ya Polisi n’abaturage ku mwanya wa mbere mu nkingi ziwusigasiye.

Dore bimwe mubyo twaganiriye

Ikibazo: Muri macye watubwira uko umutekano wifashe muri iyi ntara?

ACP Nkwaya: Muri rusange umutekano muri iyi ntara urahari. Ibyaha bikunda kugaragara muri iyi ntara ni gukubita no gukomeretsa, ikoreshwa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge no gukoresha impapuro mpimbano. Ibindi byaha byagaragaye muri iyi ntara ni ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko bwagaragaye mu turere twa Nyaruguru, Kamonyi na Muhanga, abantu bakaba barabukomerekeyemo abandi bakahasiga ubuzima.
Muri iyi ntara kandi hagaragaye abantu bacye binjiye mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko, akenshi bakaba babaga baje gushakisha akazi, ariko ku bufatanye bw’izindi nzego z’umutekano, twabashije kubamenya tubasubiza mu bihugu byabo.

Ikindi ni uko mu minsi ishize hagaragaye igabanuka ry’impanuka zo mu muhanda, iri gabanuka rikaba ryaravuye ku ngamba nyinshi zafashwe na Polisi y’u Rwanda. Ryavuye kandi ku bukangurambaga no gukangurira abashoferi n’abatunze imodoka kubahiriza amategeko y’umuhanda, no gusuzumisha buri gihe ubuziranenge bw’imodoka zabo.

Ikibazo: Hari ibyaha byihariye bikunda kugaragara muri iyi ntara?

ACP Nkwaya: Muri iyi ntara ibyaha bikunda kuhaboneka ni, ikoreshwa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge n’inzoga z’inkorano, gukubita no gukomeretsa, kwangiza ibidukukije, gusambanya abana no gufata abagore ku ngufu.
Uturere ibi byaha bikunda kugaragaramo ni Huye, Muhanga, Nyanza na Nyamagabe.

Ikibazo: Hari ibyaha ndengamipaka mujya muhura nabyo? Niba bihari mwatubwira muri macye ibyo aribyo n’uko mubirwanya.

ACP Nkwaya: Nk’izindi ntara zihana imbizi n’ibindi bihugu, natwe hari ibyaha ndengamipaka duhura nabyo, ariko twafashe ingamba zo kubirwanya. Bimwe muri ibyo byaha ni icuruzwa n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ibicuruzwa byinjira mu buryo bwa magendu, n’ubujura.

Nk’uko nabivuze, mu ntara y’Amajyepfo hagaragaye abantu bacye binjiye mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko akenshi baje gushakisha akazi, ariko ku bufatanye bw’abaturage n’izindi nzego z’umutekano, twabashije kubamenya tubasubiza mu bihugu byabo.

Ikibazo:Ubufatanye mpuzamahanga ni kimwe mu bikorwa Polisi y’u Rwanda yibandaho, mukorana mute n’izindi nzego z’umutekano mpuzamahanga muri ubwo bufatanye?

ACP Nkwaya: Intara y’Amajyepfo ikorana n’izindi nzego z’umutekano mpuzamahanga. Iyi mikoranire ikorwa hibandwa ku guhanahana amakuru ndetse no guhanahana abakekwaho ibyaha ndetse n’abanyabyaha. Nk’iyo hari abinjiye mu Rwanda mu buryo butemewe, tuvuge nk’abavuye i Burundi, tuvugana na bagenzi bacu b’i Burundi tukabaha abayobozi b’iwabo.

Ikibazo: Ese ubufatanye bwa Polisi n’abaturage hari uruhare bugira mu kubumbatira amahoro n’umutekano iyi ntara ifite? Niba ruhari ni uruhe?

ACP Nkwaya: Ubufatanye bwa Polisi n’abaturage bwagize kandi buracyagira uruhare runini mu bikorwa bya buri munsi bya Polisi. Ni bumwe mu buryo bukomeye cyane butuma iyi ntara igira umutekano.

Mu gukorana n’izindi nzego z’umutekano ndetse n’abaturage, twashoboye kumenya impamvu nyamukuru n’ingaruka z’ibyaha mu muryango nyarwanda, ku buryo mu mezi atanu ashize ibyaha byagabanutse ku buryo bugaragara, uku kugabanuka kukaba kwaravuye ku gukorana bya hafi kwa Polisi n’abaturage.

Ikindi ni uko guhanahana amakuru hagati ya Polisi n’abaturage byatumye tumenya aho abanyabyaha bari tukanabafata, bikanatuma batanga amakuru y’ikintu cyose bakeka ko cyahungabanya umutekano wabo, tunakangurira itangazamakuru guhugurira abaturage kwirinda no kurwanya ibyaha.

Uku gukorana bya hafi n’izindi nzego z’umutekano n’iz’ibanze, abaturage mu kwicungira umutekano aho bakora amarondo, umuturage kuba ijisho rya mugenzi we, komite zo kwicungira umutekano, urubyiruko rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano, ni gahunda zadufashije kugera ku mutekano dufite ubu.

Ikibazo:Polisi y’u Rwanda igira uruhare rukomeye muri gahunda ziteza imbere imibereho y’abaturage, abaturage bo muri iyi ntara mubafasha iki?

ACP Nkwaya:Polisi y’u Rwanda ifasha abaturage batishoboye muri rusange ibubakira amazu, ikabagabira inka, ikabishyurira ubwisungane mu kwivuza, ikabaha inzitiramibu, kandi n’abaturage batishoboye bo muri iyi ntara ubufasha nk’ubwo bwabagezeho.

Ariko na none nka Polisi tubafasha mu igenzura ry’uko gahunda za Leta zashyiriweho kuvana mu bukene abaturage nka VUP, GIRINKA n’UBUDEHE zishyirwa mu bikorwa nk’uko bisabwa.

Ikibazo:Ni izihe ngamba mufite ngo umutekano ukomeze usagambe muri iyi ntara?

ACP Nkwaya: Dufite ingamba nyinshi, ariko iy’ingenzi ni ukugumya gukorana n’abaturage mu gukumira no kurwanya ibyaha, kongera umubare w’abapolisi bakorera muri iyi ntara, kugeza abanyabyaha imbere y’ubutabera, gukomeza gukangurira abaturage gukora amarondo no kuba ijisho rya bagenzi babo, gukomeza gukorana bya hafi n’izindi nzego z’umutekano n’iz’ibanze, gukangurira komite zo kwicungira umutekano kongera imbaraga mu kwirinda no kurwanya ibyaha ndetse no gukangurira abaturage ububi bw’icyaha n’ingaruka zacyo, tutibagiwe gukoresha ikoranabuhanga mu gutahura no kurwanya ibyaha.

Ikibazo: Ni ubuhe butumwa waha abaturage b’iyi ntara?

ACP Nkwaya: Mbere na mbere ni ugushimira abaturage b’intara y’Amajyepfo kubera ubufatanye bwabo mu gucunga umutekano, mbasaba gukomeza ubwo bufatanye, batangira amakuru ku gihe yo gukumira, kurwanya ibyaha no gufata ababikora ngo dukomeze kuba mu mutekano usesuye.

-3085.jpg

Nk’uko tubizi, Polisi y’u Rwanda ntiyabona abapolisi ishyira ahantu hose, bityo rero gucunga umutekano ni inshingano ya buri wese; ibi biradusaba gukomeza ubufatanye n’abaturage, gukorera hamwe no gutangira amakuru ku gihe.


RNP

2016-06-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tumenye Rwalinda Pierre-Céléstin, umwe mu bakirindagirira mu ngengabitekerezo ya Jenoside no mu myigaragambyo itagira epfo na ruguru!

Tumenye Rwalinda Pierre-Céléstin, umwe mu bakirindagirira mu ngengabitekerezo ya Jenoside no mu myigaragambyo itagira epfo na ruguru!

Ubwanditsi 19 May 2021
“Umubano w’u Rwanda n’ibindi bihugu wifashe neza kereka uburundi nibwo tugifitanye akabazo” Louise Mushikiwabo

“Umubano w’u Rwanda n’ibindi bihugu wifashe neza kereka uburundi nibwo tugifitanye akabazo” Louise Mushikiwabo

Ubwanditsi 10 Feb 2016
Polisi irihanangiriza abakoresha “Banque Lambert” kuyireka kuko itemewe n’amategeko

Polisi irihanangiriza abakoresha “Banque Lambert” kuyireka kuko itemewe n’amategeko

Ubwanditsi 18 Apr 2016
Polisi y’u Rwanda yasubije ubuyobozi bw’u  Bwongereza imodoka yibiwe muri icyo guhugu.

Polisi y’u Rwanda yasubije ubuyobozi bw’u Bwongereza imodoka yibiwe muri icyo guhugu.

Ubwanditsi 09 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RCS izatanga ibihembo k’uzafatisha Ntamuhanga na bagenzi be
Mu Rwanda

RCS izatanga ibihembo k’uzafatisha Ntamuhanga na bagenzi be

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Agakino kari inyuma y’inkuru y’impimbano yo guhura kwa Perezida Kagame na Kiiza Besigye
INKURU NYAMUKURU

Agakino kari inyuma y’inkuru y’impimbano yo guhura kwa Perezida Kagame na Kiiza Besigye

Ubwanditsi 01 Oct 2019
Abagabo 2 bafunzwe bakekwaho ubwambuzi bushukana biyita abakomisiyoneri ba Polisi
Mu Mahanga

Abagabo 2 bafunzwe bakekwaho ubwambuzi bushukana biyita abakomisiyoneri ba Polisi

Ubwanditsi 23 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru