• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Itohoza : Imperecyeza y’abahoze ari abakozi ba ISO muri Uganda ngo yaba yarahawe Abadepite mu cyiswe Consultation
Umuyobozi wa ISO, Col. Kaka

Itohoza : Imperecyeza y’abahoze ari abakozi ba ISO muri Uganda ngo yaba yarahawe Abadepite mu cyiswe Consultation

Ubwanditsi 27 Nov 2017 ITOHOZA

Abahoze ari abakozi b’urwego rushinzwe iperereza imbere mu gihugu muri Uganda, (Internal Security Organization) ISO, bararirira mu myotsi, nyuma yo kumva ko amafaranga bagombaga guhabwa nk’imperekeza, nyuma yo kuvanwa ku kazi, mu buryo budasobanutse, aho bagannye inkiko, urubanza rukaza kurangira abari abakozi ba ISO batsinze Guverinoma muri 2008.

Ubu, bikaba bivugwa ko amashilingi bagombaga guhabwa Goverinoma yayakoresheje muri gahunda yayo yo kuvana ingingo ya 102 mu Itegeko Nshinga rya Uganda, ikaba igaragaza ko Perezida wa Republika ya Uganda, agomba kuba afite imyaka y’ubukure  irihagati ya 37 na 75, nkuko ingingo ya 102b mu Itegeko nshinga rya Uganda ibigaragaza.

Buri ntumwa ya rubanda yahawe akayabo kangana n’amashilingi miliyoni makumyabiri n’icyanda 29,000,000, mu rwego rwo kujya kubaza abaturage bahagarariye mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda (Parliament) akaba yariswe Consultation Facilitation, ariko kandi intumwa za rubanda zimwe na zimwe zikomoka mu mashyaka (Political Parties) atavuga rumwe na Guverinoma (Opposition political parties), zarayanze,

Kuva icyo gihe,  Guverinoma yatangiye kuvugana nabari abakozi ba ISO, ku buryo  ayo  mashilingi  yagomba guhabwa abahoze ari ba maneko, bumvikana ko Guverinoma izatanga miliyari mirongwitatu n’icyenda (39,000,000,000),  ubu hakaba hari hasigaye amashilingi 29,000,000,000, ariko byaje gukomeza bigenda bikomera, kuko inzego zinyuranye zo muri icyo gihugu, zakomeje kujya zibyivangamo, mu guharanira ko rumwe muri izo nzego zahabwa uburenganzira, bwo kuzatanga ayo mafaranga.

Imyaka igera kuri 2, nibwo ISO yahaye abagera ku 100, gusa, nyuma yo kumenya iyi nkuru, abandi basigaye bagiye ku rwego rw’Umuvunyi (Inspector General of Government), bamumenyesha ukuntu amafaranga yarimo gutangwa mu buryo budasobanutse, ubwo Umuvunyi, (Inspector General of Government), yahise atanga itegeko ko itangwa ry’ayo mashilingi rihagarikwa, noneho habaho kugongana hagati y’Urwego rwa ISO na Polisi, buri ruhande rwifuza ko arirwo rwaharirwa gahunda yo gutanga ayo mashilingi, nyuma haza kumvikanwaho ko, urwego rwa Inspector General of Government arirwo ruzayatanga, ndetse mu minsi ishize mu kwezi kwa cumi, hakaba aribwo hari hatanzwe icyizere ko noneho abahoze ari abakozi ba ISO (Veterans) bagomba kuba barabonye ayo mashilingi.

Aha, Umuvunyi akaba yaribajije impamvu bamwe bahawe amashilingi yabo abandi ntibabahe, aha, akaba yaravuze ko ari akarengane, ndetse n’uburiganya. ‘’Ntabwo amashilingi agomba gutangwa nka ruswa, niba batanze amashilingi, hagomba gukorwa liste, ikamanikwa ahagaragara, imikorere yo muri icyi gihugu irarambiranye’’ nkuko byatangajwe n’umwe mu bagombaga kuba barabonye kuri aya mashilingi.

Aba bahoze ari ba maneko, bakaba basaba Guverinoma ya Uganda, gukora ibishoboka, kugirango bahabwe imperekeza zabo, dore ko hasigaye mbwarwa muri bo, kuko abandi bagenda bapfa umugenda, bitewe n’imibereho mibi, ahanini ishingiye ku bukene, utibagiwe kandi n’umubare munini w’abapfakazi, nabo bugarijwe n’icyibazo cy’ubukene. Ni ukubitega amaso.

Iki  kibazo kandi, kikaza  kiyongera ku kindi  kijya gusa nkacyo, kuko abashinzwe iperereza, bazwi nka Gombolora internal security Organization (GISO),  umuntu akaba yavuga ko bakorera ku rwego rw’Akarere, ariko ubu bikaba bivugwa ko bamwe muri bo badafite impamyabushobozi yo mu rwego rwa A0, bashobora kuzasezererwa, igitekerezo cyatanzwe n’umukuru wa ISO. Nyuma yo gutanga icyi cyifuzo cye  kitashimishije abakozi b’uru rwego, bariye karungu, bavuga ko niba bigenze bityo, nabo bazajya mu mashyaka atavuga rumwe na Guverinoma.

2017-11-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Abashimuswe” Ingabire Victoire ahora abwira BBC-Gahuzamiryango abatandukanya ate n’abo yohereza mu mitwe y’iterabwoba?

“Abashimuswe” Ingabire Victoire ahora abwira BBC-Gahuzamiryango abatandukanya ate n’abo yohereza mu mitwe y’iterabwoba?

Ubwanditsi 31 Aug 2022
Rudasingwa arashinjwa gufata kungufu umwana w’umukobwa wacitse ku icumu yari yarabohoje ( Video y’Ubuhamya )

Rudasingwa arashinjwa gufata kungufu umwana w’umukobwa wacitse ku icumu yari yarabohoje ( Video y’Ubuhamya )

Ubwanditsi 12 Jul 2016
Burundi: Karusi, Umwana W’imyaka 11 Yishwe Akatwa Igitsina, I Ngozi Umusore Yicwa Atemagujwe Imihoro

Burundi: Karusi, Umwana W’imyaka 11 Yishwe Akatwa Igitsina, I Ngozi Umusore Yicwa Atemagujwe Imihoro

Ubwanditsi 29 Aug 2018
Babiri bafunzwe bazira gufatanwa amafaranga y’amiganano

Babiri bafunzwe bazira gufatanwa amafaranga y’amiganano

Ubwanditsi 08 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kanyankore Yaounde atsinzwe umukino we wambere nk’umutoza wa APR FC
IMIKINO

Kanyankore Yaounde atsinzwe umukino we wambere nk’umutoza wa APR FC

Ubwanditsi 08 Aug 2016
Nabonye igihugu kiri ku murongo – Perezida w’u Bushinwa avuga uko yasanze u Rwanda
POLITIKI

Nabonye igihugu kiri ku murongo – Perezida w’u Bushinwa avuga uko yasanze u Rwanda

Ubwanditsi 23 Jul 2018
Imicungire yihariye y’umutekano wa Perezida w’u Bushinwa witegura gusura u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Imicungire yihariye y’umutekano wa Perezida w’u Bushinwa witegura gusura u Rwanda

Ubwanditsi 16 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru