• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Nabonye igihugu kiri ku murongo – Perezida w’u Bushinwa avuga uko yasanze u Rwanda

Nabonye igihugu kiri ku murongo – Perezida w’u Bushinwa avuga uko yasanze u Rwanda

Ubwanditsi 23 Jul 2018 POLITIKI

Perezida Xi Jinping uri mu ruzinduko mu Rwanda, yishimiye gusura u Rwanda nyuma y’ubutumire yahawe na mugenzi we, Paul Kagame avuga ko uburyo yakiriwe hamwe n’abo bari kumwe byatumye ‘numva ndi mu rugo’.

Uyu muyobozi wa mbere ku Isi ukomeye, yabitangaje nyuma y’isinywa ry’amasezerano atandukanye agamije iterambere hagati y’ibihugu byombi harimo nk’ayo gukuraho visa ku badipolomate n’abafite pasiporo za serivisi, ajyanye n’ibikorwaremezo, ari mu rwego rw’ubucurizi, ikoranabuhanga, uburezi na siyansi n’andi.

Perezida Kagame yavuze ko isinywa ry’aya masezerano, ryivugira ubwaryo mu buryo bwo kugaragaza ibishoboka hagati y’ibihugu byombi ndetse no hagati y’u Bushinwa n’umugabane wa Afurika.

Xinping mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye uyu muhango wabereye muri Village Urugwiro, yashimiye Perezida Kagame n’Abanyarwanda ku ntambwe ikomeye igihugu kimaze gutera mu iterambere.

Yagize ati “Uru ni uruzinduko rwanjye rwa mbere hanze y’igihugu kuva nakongera gutorwa nka Perezida w’u Bushinwa. U Rwanda ni ahantu h’ingenzi muri uru ruzinduko. Ni ku nshuro ya mbere kandi Perezida w’u Bushinwa asuye u Rwanda. Muri uru ruzinduko nabonye igihugu kiri ku murongo kandi kiri gutera intambwe nziza mu iterambere, igihugu gitekanye aho n’abaturage bacyo babayeho bishimye.”

Perezida Jinping yavuze ko yasuye u Rwanda agamije gushimangira umubano w’u Rwanda n’u Bushinwa no gukomeza gukorana na Perezida Kagame mu gutekereza ahazaza h’umubano w’ibihugu byombi.

Yavuze ko we na mugenzi we w’u Rwanda bagiranye ibiganiro ku mubano w’u Rwanda n’u Bushinwa ndetse baganiriye ku nama y’abakuru b’ibihugu ihuza Afurika n’u Bushinwa n’izindi ngingo zifitiye inyungu impande zombi.

Ati “Twumvikanye ibintu byinshi ndetse n’ubu twembi twakurikiye umuhango w’isinywa ry’inyandiko nyinshi z’amasezerano y’ubufatanye mu ngeri zirimo ubukungu, ubufatanye mu ikoranabuhanga, guteza imbere imibereho ya muntu, ubumenyi n’ikoranabuhanga, iterambere ry’ibikorwaremezo, ubucuruzi bwifashishije ikoranabuhanga, gutwara abantu mu ndege ndetse n’iyubakwa ry’ibikorwa remezo.”

Perezida Xinping yavuze ko we na Kagame barebeye hamwe izindi ngeri zirimo amahirwe ari mu bikorwa by’iterambere hagati y’impande zombi aho bizakomeza kubaka icyizere gishingiye kuri politiki no gushyigikirana mu bifitiye inyungu impande zombi.

Uyu muyobozi kandi yashimiye Perezida Kagame ku musanzu we mu iterambere rya Afurika nk’umuyobozi wa Afurika Yunze Ubumwe muri uyu mwaka aho yamwijeje ko u Bushinwa buzakomeza gushimangira umubano bufitanye na Afurika.

Uyu mwaka ni uwa 47 u Rwanda n’u Bushinwa bitangiye umubano mu bya dipolomasi ushingiye ku guteza imbere ibikorwa remezo, umuco, kongerera abakozi ubushobozi, ubuzima, ubuhinzi ndetse n’imigenderanire.

U Bushinwa bwagize uruhare mu mishinga itandukanye y’iterambere mu Rwanda binyuze mu nguzanyo, impano n’ibindi bikorwa bigirwamo uruhare n’abikorera.
Mu myaka 12, imishinga 61 ifite agaciro ka miliyoni 419.556 z’amadolari ni yo yinjiye mu Rwanda iturutse mu Bushinwa. Ishoramari ryashowe mu bikorwa birimo ubukerarugendo, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ndetse no mu rwego rw’ubwubatsi ringana na miliyoni 352.581 z’amadolari.

Uruzinduko rwa Jinping mu Rwanda ruje mu gihe RwandAir yitegura gutangiza ingendo zerekeza mu Bushinwa mu Mujyi wa Guangzhou guhera muri Gashyantare 2019.

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Madamu Jeannette Kagame ari kumwe n’umugore wa Jinping, Peng Liyuan, warebaga uburyo ababyinnyi bacinya akadiho

 

 

 

 

Perezida Kagame yakira Jinping muri Village Urugwiro

 

 

 

 

 

 

 

 

2018-07-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikinyamakuru cya Leta ya Uganda, New Vision cyatangaje ibinyoma ko habayeho ibiganiro hagati ya Kagame na Museveni

Ikinyamakuru cya Leta ya Uganda, New Vision cyatangaje ibinyoma ko habayeho ibiganiro hagati ya Kagame na Museveni

Ubwanditsi 06 Nov 2017
Kagame yaganiriye na Magufuli ku bucuruzi, ubuhahirane na politiki

Kagame yaganiriye na Magufuli ku bucuruzi, ubuhahirane na politiki

Ubwanditsi 08 Mar 2019
RGB ishobora kuzajya ihana abanyapolitiki bagaragaweho amakosa

RGB ishobora kuzajya ihana abanyapolitiki bagaragaweho amakosa

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Ibaruwa ifunguye yandikiwe Twagiramungu Faustin

Ibaruwa ifunguye yandikiwe Twagiramungu Faustin

Ubwanditsi 04 May 2016

3 Ibitekerezo

  1. MAOMBI jOHN
    July 23, 20182:47 pm -

    hahahahahah!!! KUBA KUMURONGO NUKWICISHA ABATURAGE BARENGA 90 KWIJANA INZARA

    NZARAMBA? NUKWIBA IZAHABU NAYANDI MABUYE MURI KONGO MUKICA ABAKONGOMANI AMA

    MILIYONI MUKUBAKA IMIHANDA NAMAZU KUBYIBANO? KUBA KUMURONGO NUGUKUMIRA ABAHUTU

    BAGIZE 80 KWIJANA RYABATURAGE? KUBA KUMURONGO NUKUBAKA KIGALI AGACE KAMWE MWEREKA

    ABANYAMAHANGA NGO MWATEYIMBERE MUGIHE MUHISHA AHASIGAYE ABANYARWANDA BARI

    BICIRWA NINZARA UBUKENE NAMAVUNJA? SHA NDABYEMEYE KOKO KO MWIBYIMBISHA NKA CYA

    GIKERI CYASHAKAGA KUNGANA NINKA KIGATURIKA, MWITONDE KUKO IYO NGESO ITAZABAHIRA!

    GUTERIMBERE SI INZU CYANGWA UMUHANDA MUBAZE ABATEYIMBERE ICYARICYO GUTERIMBERE

    KUKO MBONA MUTAZI IBYO MUVUGA

    Subiza
    • mbarushe J.
      July 23, 20185:05 pm -

      None se bwana Maombi John gutera imbere wifuza ni ukwandika ibyo wiboneye? Harimo iki mubyo umaze kwandika? Harimo nama ki? Ubwo utaba mu Rwanda komeza wishimire ibya aho uba. Utuka utamututse!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!.

      Ufite n’ikinyabupfura CYEREKANA URWEGO uriho. Ni iki se mu buzima bwawe wishimira wagejeje ku bandi? Ku muryango wawe!.

      Reka abazi gukora bakore, nurambirwa uzaceceka.

      Reka Imana iduhe umugisha nurambirwa uzataha. Iwawe ugira abashyitsi b’imena kangahe mu mwaka? Aho ntucungira ku bandi?

      Subiza
  2. Nina
    July 24, 201810:05 am -

    MAOMBI ishyari ry ibyo uRWANDA rugeze ho rizakwicaaa U RWANDA rurazwi mu mahanga uzarebe COMESA yari igiye kubera i burundi byabujijwe n iki harya ,URWANDA MUZARUGIRIRA ISHYARI MUBYIMBE MUTURIKE DUTER IMBEREEEEEE OYE KAGAMEEEE WACUUUUU

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: FARDC na Monusco byaburijemo igitero cya ADF muri Beni
HIRYA NO HINO

RDC: FARDC na Monusco byaburijemo igitero cya ADF muri Beni

Ubwanditsi 02 Dec 2018
Umugore wise Perezida Museveni ikibuno yangiwe kurekurwa by’agateganyo
Mu Rwanda

Umugore wise Perezida Museveni ikibuno yangiwe kurekurwa by’agateganyo

Ubwanditsi 12 Apr 2017
Umugezi w’Isuri urisiba  RNC  mu marembera
ITOHOZA

Umugezi w’Isuri urisiba RNC mu marembera

Ubwanditsi 07 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru