• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umugore wise Perezida Museveni ikibuno yangiwe kurekurwa by’agateganyo

Umugore wise Perezida Museveni ikibuno yangiwe kurekurwa by’agateganyo

Ubwanditsi 12 Apr 2017 Mu Rwanda

Urukiko mu mujyi wa Kampala, Buganda Road Magistrate’s Court, rwangiye kurekurwa by’agateganyo umugore ukurikiranyweho ibyaha birimo kuba yarise ikibuno Perezida Yoweri Museveni w’igihugu cye cya Uganda.

Stella Nyanzi, umaze igihe yibasiye ubutegetsi bwa Perezida Museveni na famiye ye, yatawe muri yombi tariki zirindwi z’uku kwezi afungirwa kuri stasiyo ya Polisi ya Kira aza gushyikirizwa urukiko, nyuma y’amakuru yari yacicikanye yuko yari yaraburiwe irengero.

Muri aya mezi ane ashize uyu mugore, Stella Nyanzi, yari amaze kuba icyamamare kubera amagambo y’urukozasoni yakoreshaga atuka ubutegetsi bwa Museveni cyane umugore we, Jannete Museveni. Nubwo Dr. Stella yari amaze igihe akoresha amagambo atameshe mu kugaragaza yuko ubutegetsi buriho muri Uganda nta butegetsi burimo, byaje gukaza umurego tariki 3 Werurwe 2017 ahagaritswe kuri kaminuza ya Makerere aho yakoraga akazi k’ubushakashatsi ( research fellow) !

Ishami ry’iyo kaminuza rishinzwe ubushakashatsi (Research Department) rimwirukanye ku mirimo ngo kubera imyitwarire idahwitse, nibwo ubwamamare mu mafiti bwa Stella bwageze kuri beshi. Nyuma yo kwirukanwa kuri iyo kaminuza ya Makerere, yahawe ighe cyo gukura ibyitwa ibye mu biro, agatanga infunguzo. Igihe cyararenze ubuyobozi buza kumusohora ku ngufu, nawe ahengera abanyamakuru bahageze asohoka yiyambura ubusa.

Iyirukanwa rya Stella muri Makerere ryakomotse ku bitutsi yahoraga atuka Minisitiri w’ubulezi, Jannete Museveni,guhera tariki 15 Gashyantare uyu mwaka. Kuri iyo tariki Minisitiri Jannete Museveni yari mu nteko nshingamategeko aho yabajijwe ibibazo bitandukanye. Muri ibyo bibazo harimo icyo kumenya impamvu abana w’abakobwa mu mashuli badahabwa ku buntu twa dupfuko bambara igihe bari mu mihango (sanitary pads/cotex) kandi byari mu mihigo ya Perezida Museveni, igihe yiyamamazaga umwaka ushize. Minisitiri Jannete yashubije yuko guverinoma itarabona amafaranga yo kuba babasha gutanga utwo dukoresho ku buntu.

Aha rero niho Dr. Stella, wari usanzwe avuga nabi Minisitiri unafite kaminuza ya Makerere mu nshingano ze, yakajije umurego wo kugenda avuga nabi Jannete akoresheje amagambo yurukozasoni !

Stella yahise yandika ku mbuga nkoranyambaga ati Jannete ni umu mama ki wakwemera yuko abakobwa be batajya mu ishuri ngo ni uko ari abakene batabona ibyo bakoresha bari mu mihango ngo bibe byabarinda isoni bashobora gukorwa nazo amaraso yo mu mihango aramutse yanduje imyenda yabo y’ishuli ? Ati Jannete ni mugore ki, uryamana n’umugabo (Museveni) ubona amafaranga yo kugura ama miliyoni y’amasasu, ama miliyari ya ruswa n’impapuro zitabarika zo kwiba amajwi mu gihe cy’amatora, ntabe yamubwira ngo atange amafaranga yakoreshwa kugura udukoresho tw’abo banyeshuli bari mu mihango ? Ati uyu ntabwo ari umu Mama ahubwo ni Jannete gusa !

Stella yanahamagariye umugore cyangwa umukobwa wabishobora, akazahengera ari mu mihango agasura umugore wa Museveni nta pad/cotex yambaye hanyuma asige amwandurije intebe !

-6297.jpg

Dr Stella Nyanzi

Abantu benshi bumvise yuko Sella yafunzwe baketse yuko ari ayo magambo atameshe yakomeje gusunikira Jannete, bikabatangaza kuko uwo mugore wa Museveni yari yaratangaje yuko n’ubwo atazi igituma Nyanzi amwibasira ariko we yamubabariye. Ejo rero nibwo ubushinjacyaha bwatangaje yuko nta kindi akurikiranyweho uretse kwita Perezida Museveni ikibuno (pair of buttocks), ngo akaba yarabikoreye mu karere ka Kampala tariki 28 Mutarama uyu mwaka! Nk’uko amategeko ya Uganda abiteganya icyo cyaha kimuhamye, Stella Nyanzi yahanishwa igifungo kigera ku myaka itanu ! Iri tegeko riri mu ngingo y’imikoreshereze mibi ya kompyuta (computer misuse Act 2011).

Kayumba Casmiry

2017-04-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hakorwa iki kugira ngo igenzura n’ikusanyamakuru ku mazi n’isukura rirusheho gukorwa neza

Hakorwa iki kugira ngo igenzura n’ikusanyamakuru ku mazi n’isukura rirusheho gukorwa neza

Ubwanditsi 22 May 2018
Muri DRC Kiliziya Gatulika yakoze ibyananiye AU

Muri DRC Kiliziya Gatulika yakoze ibyananiye AU

Ubwanditsi 13 Jan 2017
As Kigali ikomeje mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup itsinze Olympique de Missiri Sima igiteranyo cy’ibitego 8-1

As Kigali ikomeje mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup itsinze Olympique de Missiri Sima igiteranyo cy’ibitego 8-1

Ubwanditsi 18 Sep 2021
Mu Rwanda tudakomeje Kubahiriza Ingamba Guma mu Rugo Rusange Irashoboka Cyane Tuyikururiye – Minisitiri Busingye

Mu Rwanda tudakomeje Kubahiriza Ingamba Guma mu Rugo Rusange Irashoboka Cyane Tuyikururiye – Minisitiri Busingye

Ubwanditsi 18 Aug 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Philippe Mpayimana wigeze kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda, yatangije gahunda yo kurwanya abiyita abanyapolitiki bafite umugambi mubisha wo kumena amaraso y’Abanyarwanda.
Amakuru

Philippe Mpayimana wigeze kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda, yatangije gahunda yo kurwanya abiyita abanyapolitiki bafite umugambi mubisha wo kumena amaraso y’Abanyarwanda.

Ubwanditsi 19 Oct 2020
Alibaba igiye guhugura ba rwiyemezamirimo b’Abanyarwanda bafite imishinga itanga icyizere
IKORANABUHANGA

Alibaba igiye guhugura ba rwiyemezamirimo b’Abanyarwanda bafite imishinga itanga icyizere

Ubwanditsi 05 Jan 2019
Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi
Amakuru

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Ubwanditsi 24 May 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru