• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umugore wise Perezida Museveni ikibuno yangiwe kurekurwa by’agateganyo

Umugore wise Perezida Museveni ikibuno yangiwe kurekurwa by’agateganyo

Ubwanditsi 12 Apr 2017 Mu Rwanda

Urukiko mu mujyi wa Kampala, Buganda Road Magistrate’s Court, rwangiye kurekurwa by’agateganyo umugore ukurikiranyweho ibyaha birimo kuba yarise ikibuno Perezida Yoweri Museveni w’igihugu cye cya Uganda.

Stella Nyanzi, umaze igihe yibasiye ubutegetsi bwa Perezida Museveni na famiye ye, yatawe muri yombi tariki zirindwi z’uku kwezi afungirwa kuri stasiyo ya Polisi ya Kira aza gushyikirizwa urukiko, nyuma y’amakuru yari yacicikanye yuko yari yaraburiwe irengero.

Muri aya mezi ane ashize uyu mugore, Stella Nyanzi, yari amaze kuba icyamamare kubera amagambo y’urukozasoni yakoreshaga atuka ubutegetsi bwa Museveni cyane umugore we, Jannete Museveni. Nubwo Dr. Stella yari amaze igihe akoresha amagambo atameshe mu kugaragaza yuko ubutegetsi buriho muri Uganda nta butegetsi burimo, byaje gukaza umurego tariki 3 Werurwe 2017 ahagaritswe kuri kaminuza ya Makerere aho yakoraga akazi k’ubushakashatsi ( research fellow) !

Ishami ry’iyo kaminuza rishinzwe ubushakashatsi (Research Department) rimwirukanye ku mirimo ngo kubera imyitwarire idahwitse, nibwo ubwamamare mu mafiti bwa Stella bwageze kuri beshi. Nyuma yo kwirukanwa kuri iyo kaminuza ya Makerere, yahawe ighe cyo gukura ibyitwa ibye mu biro, agatanga infunguzo. Igihe cyararenze ubuyobozi buza kumusohora ku ngufu, nawe ahengera abanyamakuru bahageze asohoka yiyambura ubusa.

Iyirukanwa rya Stella muri Makerere ryakomotse ku bitutsi yahoraga atuka Minisitiri w’ubulezi, Jannete Museveni,guhera tariki 15 Gashyantare uyu mwaka. Kuri iyo tariki Minisitiri Jannete Museveni yari mu nteko nshingamategeko aho yabajijwe ibibazo bitandukanye. Muri ibyo bibazo harimo icyo kumenya impamvu abana w’abakobwa mu mashuli badahabwa ku buntu twa dupfuko bambara igihe bari mu mihango (sanitary pads/cotex) kandi byari mu mihigo ya Perezida Museveni, igihe yiyamamazaga umwaka ushize. Minisitiri Jannete yashubije yuko guverinoma itarabona amafaranga yo kuba babasha gutanga utwo dukoresho ku buntu.

Aha rero niho Dr. Stella, wari usanzwe avuga nabi Minisitiri unafite kaminuza ya Makerere mu nshingano ze, yakajije umurego wo kugenda avuga nabi Jannete akoresheje amagambo yurukozasoni !

Stella yahise yandika ku mbuga nkoranyambaga ati Jannete ni umu mama ki wakwemera yuko abakobwa be batajya mu ishuri ngo ni uko ari abakene batabona ibyo bakoresha bari mu mihango ngo bibe byabarinda isoni bashobora gukorwa nazo amaraso yo mu mihango aramutse yanduje imyenda yabo y’ishuli ? Ati Jannete ni mugore ki, uryamana n’umugabo (Museveni) ubona amafaranga yo kugura ama miliyoni y’amasasu, ama miliyari ya ruswa n’impapuro zitabarika zo kwiba amajwi mu gihe cy’amatora, ntabe yamubwira ngo atange amafaranga yakoreshwa kugura udukoresho tw’abo banyeshuli bari mu mihango ? Ati uyu ntabwo ari umu Mama ahubwo ni Jannete gusa !

Stella yanahamagariye umugore cyangwa umukobwa wabishobora, akazahengera ari mu mihango agasura umugore wa Museveni nta pad/cotex yambaye hanyuma asige amwandurije intebe !

-6297.jpg

Dr Stella Nyanzi

Abantu benshi bumvise yuko Sella yafunzwe baketse yuko ari ayo magambo atameshe yakomeje gusunikira Jannete, bikabatangaza kuko uwo mugore wa Museveni yari yaratangaje yuko n’ubwo atazi igituma Nyanzi amwibasira ariko we yamubabariye. Ejo rero nibwo ubushinjacyaha bwatangaje yuko nta kindi akurikiranyweho uretse kwita Perezida Museveni ikibuno (pair of buttocks), ngo akaba yarabikoreye mu karere ka Kampala tariki 28 Mutarama uyu mwaka! Nk’uko amategeko ya Uganda abiteganya icyo cyaha kimuhamye, Stella Nyanzi yahanishwa igifungo kigera ku myaka itanu ! Iri tegeko riri mu ngingo y’imikoreshereze mibi ya kompyuta (computer misuse Act 2011).

Kayumba Casmiry

2017-04-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Izi nkweto zanjye imwe ni Hummer indi ni V8 no mu manegeka ndahagenda- Barafinda Fred [ VIDEO ]

Izi nkweto zanjye imwe ni Hummer indi ni V8 no mu manegeka ndahagenda- Barafinda Fred [ VIDEO ]

Ubwanditsi 29 Jun 2017
Hagati yikipe ya Gicumbi FC, Heroes FC, Amagaju FC na Etoile de l’Est harara hamenyekanye amakipe abiri azakina ikiciro cya mbere 2021-2022

Hagati yikipe ya Gicumbi FC, Heroes FC, Amagaju FC na Etoile de l’Est harara hamenyekanye amakipe abiri azakina ikiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 12 Oct 2021
AJPRODHO-JIJUKIRWA: Mu gufasha urubyiruko rugera 9,000 kwivana mu bukene

AJPRODHO-JIJUKIRWA: Mu gufasha urubyiruko rugera 9,000 kwivana mu bukene

Ubwanditsi 03 Apr 2019
Mu Rwanda: Korohereza cyane Abashoramari ndetse n’Umutekano usesuye nibyo birimo gutuma hazamuka Imiturirwa myinshi

Mu Rwanda: Korohereza cyane Abashoramari ndetse n’Umutekano usesuye nibyo birimo gutuma hazamuka Imiturirwa myinshi

Ubwanditsi 07 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jean Pierre Bemba yiyemeje gusubira muri Congo, aburira Perezida Kabila
POLITIKI

Jean Pierre Bemba yiyemeje gusubira muri Congo, aburira Perezida Kabila

Ubwanditsi 26 Jul 2018
Davido yaje gukora igitaramo gikomeye i Kigali (Amafoto)
SHOWBIZ

Davido yaje gukora igitaramo gikomeye i Kigali (Amafoto)

Ubwanditsi 03 Mar 2018
‘Umwami Kigeli  akwiye guhabwa icyubahiro kimukwiriye nk’umuntu wigeze kuba Umukuru w’Igihugu’ Twagiramungu
ITOHOZA

‘Umwami Kigeli akwiye guhabwa icyubahiro kimukwiriye nk’umuntu wigeze kuba Umukuru w’Igihugu’ Twagiramungu

Ubwanditsi 22 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru