• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Nabonye igihugu kiri ku murongo – Perezida w’u Bushinwa avuga uko yasanze u Rwanda

Nabonye igihugu kiri ku murongo – Perezida w’u Bushinwa avuga uko yasanze u Rwanda

Editorial 23 Jul 2018 POLITIKI

Perezida Xi Jinping uri mu ruzinduko mu Rwanda, yishimiye gusura u Rwanda nyuma y’ubutumire yahawe na mugenzi we, Paul Kagame avuga ko uburyo yakiriwe hamwe n’abo bari kumwe byatumye ‘numva ndi mu rugo’.

Uyu muyobozi wa mbere ku Isi ukomeye, yabitangaje nyuma y’isinywa ry’amasezerano atandukanye agamije iterambere hagati y’ibihugu byombi harimo nk’ayo gukuraho visa ku badipolomate n’abafite pasiporo za serivisi, ajyanye n’ibikorwaremezo, ari mu rwego rw’ubucurizi, ikoranabuhanga, uburezi na siyansi n’andi.

Perezida Kagame yavuze ko isinywa ry’aya masezerano, ryivugira ubwaryo mu buryo bwo kugaragaza ibishoboka hagati y’ibihugu byombi ndetse no hagati y’u Bushinwa n’umugabane wa Afurika.

Xinping mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye uyu muhango wabereye muri Village Urugwiro, yashimiye Perezida Kagame n’Abanyarwanda ku ntambwe ikomeye igihugu kimaze gutera mu iterambere.

Yagize ati “Uru ni uruzinduko rwanjye rwa mbere hanze y’igihugu kuva nakongera gutorwa nka Perezida w’u Bushinwa. U Rwanda ni ahantu h’ingenzi muri uru ruzinduko. Ni ku nshuro ya mbere kandi Perezida w’u Bushinwa asuye u Rwanda. Muri uru ruzinduko nabonye igihugu kiri ku murongo kandi kiri gutera intambwe nziza mu iterambere, igihugu gitekanye aho n’abaturage bacyo babayeho bishimye.”

Perezida Jinping yavuze ko yasuye u Rwanda agamije gushimangira umubano w’u Rwanda n’u Bushinwa no gukomeza gukorana na Perezida Kagame mu gutekereza ahazaza h’umubano w’ibihugu byombi.

Yavuze ko we na mugenzi we w’u Rwanda bagiranye ibiganiro ku mubano w’u Rwanda n’u Bushinwa ndetse baganiriye ku nama y’abakuru b’ibihugu ihuza Afurika n’u Bushinwa n’izindi ngingo zifitiye inyungu impande zombi.

Ati “Twumvikanye ibintu byinshi ndetse n’ubu twembi twakurikiye umuhango w’isinywa ry’inyandiko nyinshi z’amasezerano y’ubufatanye mu ngeri zirimo ubukungu, ubufatanye mu ikoranabuhanga, guteza imbere imibereho ya muntu, ubumenyi n’ikoranabuhanga, iterambere ry’ibikorwaremezo, ubucuruzi bwifashishije ikoranabuhanga, gutwara abantu mu ndege ndetse n’iyubakwa ry’ibikorwa remezo.”

Perezida Xinping yavuze ko we na Kagame barebeye hamwe izindi ngeri zirimo amahirwe ari mu bikorwa by’iterambere hagati y’impande zombi aho bizakomeza kubaka icyizere gishingiye kuri politiki no gushyigikirana mu bifitiye inyungu impande zombi.

Uyu muyobozi kandi yashimiye Perezida Kagame ku musanzu we mu iterambere rya Afurika nk’umuyobozi wa Afurika Yunze Ubumwe muri uyu mwaka aho yamwijeje ko u Bushinwa buzakomeza gushimangira umubano bufitanye na Afurika.

Uyu mwaka ni uwa 47 u Rwanda n’u Bushinwa bitangiye umubano mu bya dipolomasi ushingiye ku guteza imbere ibikorwa remezo, umuco, kongerera abakozi ubushobozi, ubuzima, ubuhinzi ndetse n’imigenderanire.

U Bushinwa bwagize uruhare mu mishinga itandukanye y’iterambere mu Rwanda binyuze mu nguzanyo, impano n’ibindi bikorwa bigirwamo uruhare n’abikorera.
Mu myaka 12, imishinga 61 ifite agaciro ka miliyoni 419.556 z’amadolari ni yo yinjiye mu Rwanda iturutse mu Bushinwa. Ishoramari ryashowe mu bikorwa birimo ubukerarugendo, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ndetse no mu rwego rw’ubwubatsi ringana na miliyoni 352.581 z’amadolari.

Uruzinduko rwa Jinping mu Rwanda ruje mu gihe RwandAir yitegura gutangiza ingendo zerekeza mu Bushinwa mu Mujyi wa Guangzhou guhera muri Gashyantare 2019.

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Madamu Jeannette Kagame ari kumwe n’umugore wa Jinping, Peng Liyuan, warebaga uburyo ababyinnyi bacinya akadiho

 

 

 

 

Perezida Kagame yakira Jinping muri Village Urugwiro

 

 

 

 

 

 

 

 

2018-07-23
Editorial

IZINDI NKURU

Muri 2017 amatora areze muri Afurika nk’uko byagenze muri 2016

Muri 2017 amatora areze muri Afurika nk’uko byagenze muri 2016

Editorial 06 Mar 2017
Rusesabagina ku Rwanda ni nka Hassan Nasrallah kuri Israel.

Rusesabagina ku Rwanda ni nka Hassan Nasrallah kuri Israel.

Editorial 30 Sep 2024
Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)

Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)

Editorial 06 Nov 2017
Amagambo ashize ivuga : Perezida Kagame yahuye na Donald Trump

Amagambo ashize ivuga : Perezida Kagame yahuye na Donald Trump

Editorial 25 Sep 2017

3 Ibitekerezo

  1. MAOMBI jOHN
    July 23, 20182:47 pm -

    hahahahahah!!! KUBA KUMURONGO NUKWICISHA ABATURAGE BARENGA 90 KWIJANA INZARA

    NZARAMBA? NUKWIBA IZAHABU NAYANDI MABUYE MURI KONGO MUKICA ABAKONGOMANI AMA

    MILIYONI MUKUBAKA IMIHANDA NAMAZU KUBYIBANO? KUBA KUMURONGO NUGUKUMIRA ABAHUTU

    BAGIZE 80 KWIJANA RYABATURAGE? KUBA KUMURONGO NUKUBAKA KIGALI AGACE KAMWE MWEREKA

    ABANYAMAHANGA NGO MWATEYIMBERE MUGIHE MUHISHA AHASIGAYE ABANYARWANDA BARI

    BICIRWA NINZARA UBUKENE NAMAVUNJA? SHA NDABYEMEYE KOKO KO MWIBYIMBISHA NKA CYA

    GIKERI CYASHAKAGA KUNGANA NINKA KIGATURIKA, MWITONDE KUKO IYO NGESO ITAZABAHIRA!

    GUTERIMBERE SI INZU CYANGWA UMUHANDA MUBAZE ABATEYIMBERE ICYARICYO GUTERIMBERE

    KUKO MBONA MUTAZI IBYO MUVUGA

    Subiza
    • mbarushe J.
      July 23, 20185:05 pm -

      None se bwana Maombi John gutera imbere wifuza ni ukwandika ibyo wiboneye? Harimo iki mubyo umaze kwandika? Harimo nama ki? Ubwo utaba mu Rwanda komeza wishimire ibya aho uba. Utuka utamututse!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!.

      Ufite n’ikinyabupfura CYEREKANA URWEGO uriho. Ni iki se mu buzima bwawe wishimira wagejeje ku bandi? Ku muryango wawe!.

      Reka abazi gukora bakore, nurambirwa uzaceceka.

      Reka Imana iduhe umugisha nurambirwa uzataha. Iwawe ugira abashyitsi b’imena kangahe mu mwaka? Aho ntucungira ku bandi?

      Subiza
  2. Nina
    July 24, 201810:05 am -

    MAOMBI ishyari ry ibyo uRWANDA rugeze ho rizakwicaaa U RWANDA rurazwi mu mahanga uzarebe COMESA yari igiye kubera i burundi byabujijwe n iki harya ,URWANDA MUZARUGIRIRA ISHYARI MUBYIMBE MUTURIKE DUTER IMBEREEEEEE OYE KAGAMEEEE WACUUUUU

    Subiza

Leave a Reply to Nina Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Abashimuswe” Ingabire Victoire ahora abwira BBC-Gahuzamiryango abatandukanya ate n’abo yohereza mu mitwe y’iterabwoba?
Amakuru

“Abashimuswe” Ingabire Victoire ahora abwira BBC-Gahuzamiryango abatandukanya ate n’abo yohereza mu mitwe y’iterabwoba?

Editorial 31 Aug 2022
Amafoto: Joackiam Ojera wamaze gusinyira Rayon Sports yatangiye imyitozo na bagenzi be mu Nzove
Amakuru

Amafoto: Joackiam Ojera wamaze gusinyira Rayon Sports yatangiye imyitozo na bagenzi be mu Nzove

Editorial 31 Jan 2023
Icyerekezo gishya  2050:  Umuturage  azajya abona umusaruro mbumbe wa 1240$ ku munyarwanda ku mwaka.
ITOHOZA

Icyerekezo gishya 2050: Umuturage azajya abona umusaruro mbumbe wa 1240$ ku munyarwanda ku mwaka.

Editorial 17 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru