• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

  • Umukiliya w’ibanze w’ibisahurano byibwa na FDLR ni MONUSCO; Col. BORA   |   28 Jun 2026

  • Abantu 53,426 bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   28 Jun 2026

  • Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara   |   27 Jun 2026

  • Ruharwa Ntabakuze azaguma muri gereza: IRMCT yatesheje agaciro ubusabe bwe bwo gufungurwa mbere y’igihe   |   27 Jun 2026

  • Umuhanzi Muyango Jean Marie agiye kuzenguruka u Rwanda mu bitaramo byo kwizihiza #Kwibohora32   |   26 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?

Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?

Ubwanditsi 24 Aug 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Kuri uyu wa gatanu, tariki 23 Kanama 2024, Leta y’u Rwanda, Ishami rya Loni rishinzwe Impunzi, HCR, na Komisiyo y’Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe, bongereye amasezerano yo kohereza mu Rwanda abimukira n’impunzi bava muri Libiya, kubera gufatwa nabi muri icyo gihugu kiri mu ntambara.

Abo bimukira biganjemo abahera muri Libiya bageragezaga kujya mu Burayi banyuze mu nyanja ya Mediterane, babura uko bambuka bagakoreshwa imirimo y’uburetwa muri icyo gihugu.

Amasezerano yari asanzwe hagati y’izo mpande eshatu, yari yarashyizweho umukono muri Nzeri 2019, naho ayaraye avuguruwe akazageza tariki 31 Ukubiza 2025.

Kugeza ubu ababarirwa mu 2.300, bakomoka muri Sudan, Sudan y’Epfo, Eritrea, Ethiopia, Somaliya, Mali, Cameroun, Côte d’Ivoire, Guinea n’ahandi, bamaze kuvanwa muri Libiya.

Ababyifuza bazatura mu Rwanda, ababishaka basubire iwabo, yewe hari n’ abajyanwe mu bihugu bitari ibyabo kavukire.

Si abaturuka muri Libiya bazanwa mu Rwanda gusa, kuko ubu hari n’impunzi zavuye muri Afghanistan na Sudan kubera ibibazo by’umutekano, kandi iyi gahunda nayo HCR yayigizemo uruhare.

Mu buhamya bwabo, bivugira ko uRwanda rwabakiranye ubumuntu batigeze babona yewe no mu bihugu bakomokamo, bigashimangirwa n’ibyegeranyo by’imiryango mpuzamahanga, na HCR irimo.

Igitangaje rero, ni uko HCR ishimagiza umuhate w’uRwanda mu kwakira neza abava muri Libiya, Sudan na Afghanistan, ariko igahindukira ikarwanya yivuye inyuma amasezerano yo kohereza mu Rwanda abimukira bari mu Bwongereza mu buryo butemewe n’amategeko.

Abashyira mu gaciro bibaza impamvu y’izi ndimi ebyiri za HCR ku kibazo kimwe, ariko abasesenguzi bafite uko babisobanura.

Bisanzwe bizwi ko hari abantu benshi bafite inyungu mu kuba abimukira bisukiranya mu bihugu by’Uburayi, kuko ababajyana n’ababakira babibonamo amaramuko.

Urugero ni ababigize umwuga kwambutsa inyanja rwihishwa Abanyafrika n’Aziya, bakishyurwa akayabo, batitaye ku buzima bw’imbaga y’abarohama buri munsi, bagerageza kwinjira muri ibyo bihugu.

Abagize amahirwe bakagera” ku butaka bw’isezerano”, hari imiryango ikusanya imfashanyo yo kubagoboka, na HCR irimo. Hari abanyamategeko babashakira ibyangombwa byo kuba muri ibyo bihugu, ababavuza, ababashakira amacumbi n’amashuri, n’ abandi batabarika bahihibikana mu byo bita “uburenganzira bw’ikiremwamuntu”.

Muri make abimukira batanga akazi n’amaramuko ku bantu benshi, ku buryo kubavana nko mu Bwongereza ngo ubazanye mu Rwanda, ari ugukura ba rusaruriramunduru amata mu kanwa.

Uretse ko abo bafitiye “impuhwe” abimukira batakongera kubariraho mu gihe baba boherejwe mu Rwanda, iyi gahunda yaca intege abiyahura mu nzira z’inzitane ngo bagiye mu Bwongereza, noneho ba bandi twavuze bari babifitemo inyungu bakahahombera.

Mu gihe kandi ayo masezerano hagati y’uRwanda n’Ubwongereza yashyira mu bikorwa, yabera urugero n’ibindi bihugu, bikayifashisha mu gukumira abimukira bajya mu Burayi rwihishwa, za nyungu twavuze zikayoyoka.

Ngiyo impamvu ababikurikiranira hafi basanga HCR iri mu barwanya ko abimukira bo mu Bwongereza boherezwa mu Rwanda, kuko yaba itakaje abakiliya. Yego n’abari mu Rwanda “imiryango y’ abagiraneza” ntibura icyo ibakuraho, ariko inyungu ntingana n’uko baba bari mu Bwongereza, n’abandi benshi bakomeza kwisukiranya mu Burayi.

2024-08-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gen. Muhoozi yayoboye operasiyo idasanzwe ya gikomando ifata ibikoresho bya girisikare mu baturage

Gen. Muhoozi yayoboye operasiyo idasanzwe ya gikomando ifata ibikoresho bya girisikare mu baturage

Ubwanditsi 11 Oct 2017
Polisi y’u Rwanda yakanguriye abanyeshuri ba Essa Nyarugunga ububi n’ingaruka by’icuruzwa ry’abantu

Polisi y’u Rwanda yakanguriye abanyeshuri ba Essa Nyarugunga ububi n’ingaruka by’icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 29 Mar 2016
Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha

Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha

Ubwanditsi 04 Jul 2025
Ingingo z’ingenzi z’ urwandiko rwa SEKAMUGA Felicien rusaba guhindura amazina

Ingingo z’ingenzi z’ urwandiko rwa SEKAMUGA Felicien rusaba guhindura amazina

Ubwanditsi 28 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dr Leopold Munyakazi yakatiwe burundu y’umwihariko
Mu Rwanda

Dr Leopold Munyakazi yakatiwe burundu y’umwihariko

Ubwanditsi 15 Jul 2017
CMI yongeye gufatirwa mucyuho: Abanyarwanda 40 bafatiwe muri Uganda bashaka kwambuka kujya muri DR.Congo
INKURU NYAMUKURU

CMI yongeye gufatirwa mucyuho: Abanyarwanda 40 bafatiwe muri Uganda bashaka kwambuka kujya muri DR.Congo

Ubwanditsi 05 Apr 2019
Amavubi y’abagore bari munsi y’imyaka 20 basezerewe na Ethiopie mu guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi itsinzwe ibitego 4-0
Amakuru

Amavubi y’abagore bari munsi y’imyaka 20 basezerewe na Ethiopie mu guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi itsinzwe ibitego 4-0

Ubwanditsi 07 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru