• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?

Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?

Ubwanditsi 24 Aug 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Kuri uyu wa gatanu, tariki 23 Kanama 2024, Leta y’u Rwanda, Ishami rya Loni rishinzwe Impunzi, HCR, na Komisiyo y’Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe, bongereye amasezerano yo kohereza mu Rwanda abimukira n’impunzi bava muri Libiya, kubera gufatwa nabi muri icyo gihugu kiri mu ntambara.

Abo bimukira biganjemo abahera muri Libiya bageragezaga kujya mu Burayi banyuze mu nyanja ya Mediterane, babura uko bambuka bagakoreshwa imirimo y’uburetwa muri icyo gihugu.

Amasezerano yari asanzwe hagati y’izo mpande eshatu, yari yarashyizweho umukono muri Nzeri 2019, naho ayaraye avuguruwe akazageza tariki 31 Ukubiza 2025.

Kugeza ubu ababarirwa mu 2.300, bakomoka muri Sudan, Sudan y’Epfo, Eritrea, Ethiopia, Somaliya, Mali, Cameroun, Côte d’Ivoire, Guinea n’ahandi, bamaze kuvanwa muri Libiya.

Ababyifuza bazatura mu Rwanda, ababishaka basubire iwabo, yewe hari n’ abajyanwe mu bihugu bitari ibyabo kavukire.

Si abaturuka muri Libiya bazanwa mu Rwanda gusa, kuko ubu hari n’impunzi zavuye muri Afghanistan na Sudan kubera ibibazo by’umutekano, kandi iyi gahunda nayo HCR yayigizemo uruhare.

Mu buhamya bwabo, bivugira ko uRwanda rwabakiranye ubumuntu batigeze babona yewe no mu bihugu bakomokamo, bigashimangirwa n’ibyegeranyo by’imiryango mpuzamahanga, na HCR irimo.

Igitangaje rero, ni uko HCR ishimagiza umuhate w’uRwanda mu kwakira neza abava muri Libiya, Sudan na Afghanistan, ariko igahindukira ikarwanya yivuye inyuma amasezerano yo kohereza mu Rwanda abimukira bari mu Bwongereza mu buryo butemewe n’amategeko.

Abashyira mu gaciro bibaza impamvu y’izi ndimi ebyiri za HCR ku kibazo kimwe, ariko abasesenguzi bafite uko babisobanura.

Bisanzwe bizwi ko hari abantu benshi bafite inyungu mu kuba abimukira bisukiranya mu bihugu by’Uburayi, kuko ababajyana n’ababakira babibonamo amaramuko.

Urugero ni ababigize umwuga kwambutsa inyanja rwihishwa Abanyafrika n’Aziya, bakishyurwa akayabo, batitaye ku buzima bw’imbaga y’abarohama buri munsi, bagerageza kwinjira muri ibyo bihugu.

Abagize amahirwe bakagera” ku butaka bw’isezerano”, hari imiryango ikusanya imfashanyo yo kubagoboka, na HCR irimo. Hari abanyamategeko babashakira ibyangombwa byo kuba muri ibyo bihugu, ababavuza, ababashakira amacumbi n’amashuri, n’ abandi batabarika bahihibikana mu byo bita “uburenganzira bw’ikiremwamuntu”.

Muri make abimukira batanga akazi n’amaramuko ku bantu benshi, ku buryo kubavana nko mu Bwongereza ngo ubazanye mu Rwanda, ari ugukura ba rusaruriramunduru amata mu kanwa.

Uretse ko abo bafitiye “impuhwe” abimukira batakongera kubariraho mu gihe baba boherejwe mu Rwanda, iyi gahunda yaca intege abiyahura mu nzira z’inzitane ngo bagiye mu Bwongereza, noneho ba bandi twavuze bari babifitemo inyungu bakahahombera.

Mu gihe kandi ayo masezerano hagati y’uRwanda n’Ubwongereza yashyira mu bikorwa, yabera urugero n’ibindi bihugu, bikayifashisha mu gukumira abimukira bajya mu Burayi rwihishwa, za nyungu twavuze zikayoyoka.

Ngiyo impamvu ababikurikiranira hafi basanga HCR iri mu barwanya ko abimukira bo mu Bwongereza boherezwa mu Rwanda, kuko yaba itakaje abakiliya. Yego n’abari mu Rwanda “imiryango y’ abagiraneza” ntibura icyo ibakuraho, ariko inyungu ntingana n’uko baba bari mu Bwongereza, n’abandi benshi bakomeza kwisukiranya mu Burayi.

2024-08-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Ubwanditsi 02 Sep 2024
Rwanda : Impamvu Perezida Kagame yagize Brig Gen. George Rwigamba  umuyobozi w’amagereza

Rwanda : Impamvu Perezida Kagame yagize Brig Gen. George Rwigamba umuyobozi w’amagereza

Ubwanditsi 01 Apr 2016
Umunyarwandakazi Annie Tabura wakoreraga MTN-Uganda uherutse kwirukanwa muri Uganda yahishuye uko byamugendekeye

Umunyarwandakazi Annie Tabura wakoreraga MTN-Uganda uherutse kwirukanwa muri Uganda yahishuye uko byamugendekeye

Ubwanditsi 03 Feb 2019
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Ubwanditsi 02 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amerika yizeye ubufasha bw’u Burusiya n’u Bushinwa mu kurangiza ikibazo cya Koreya ya Ruguru
ITOHOZA

Amerika yizeye ubufasha bw’u Burusiya n’u Bushinwa mu kurangiza ikibazo cya Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Name Change Request
KWAMAMAZA

Name Change Request

Ubwanditsi 09 Oct 2023
Mu mikino y’igikombe cy’Amahoro 2023, Espoir FC na Gicumbi zabuze ku kibuga ziterwa mpaga
Amakuru

Mu mikino y’igikombe cy’Amahoro 2023, Espoir FC na Gicumbi zabuze ku kibuga ziterwa mpaga

Ubwanditsi 15 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru