• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!   |   22 Jan 2021

  • Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!   |   21 Jan 2021

  • Ingabo z’u Rwanda zifite inshingano zidasanzwe zo kurindira umutekano Perezida wa Centrafrique kugera ku muturage wo hasi no gukumira ibitero by’inyeshyamba   |   21 Jan 2021

  • Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi   |   19 Jan 2021

  • U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura   |   18 Jan 2021

  • Umunyarwanda ati:”Umutindi umuha amata akaruka amaraso”. Patrick Habamenshi, ubuparmehutu buranze burakokamye?!   |   18 Jan 2021

 
You are at :Home»POLITIKI»Uko Kambanda yemereye urukiko ko Guverinoma ye ari yo yakoze Jenoside

Uko Kambanda yemereye urukiko ko Guverinoma ye ari yo yakoze Jenoside

Editorial 09 Apr 2020 POLITIKI

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo yo kurwanya Jenoside (CNLG), Dr. Jean Damascene Bizimana, yatanze ibihamya by’uko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yashyizwe mu bikorwa na Guverinoma yari iyobowe na Jean Kambanda ufungiwe muri Mali.

Dr. Bizimana avuga ko Kambanda ubwe yemereye Urukiko Mpuzamahanga rwakoreraga i Arusha muri Tanzania, ko Guverinoma yayoboraga yiswe iy’abatabazi, yashyize mu bikorwa umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, mu kiganiro yatanze mu bitangazamakuru binyuranye ku munsi wo gutangiza icyunamo tariki 07 Mata 2020, yagize ati “Ibyaha 11 Kambanda yemeye (imbere y’urukiko) ko yabifatanyije n’abaministiri bakoranaga, ni byo ngira ngo nubakireho”.

Dr. Bizimana avuga ko Kambanda yemeye ko habayeho ibitero byagabwe ku basivili b’Abatutsi biturutse ku mugambi wo kubarimbura, kandi ko ngo yayoboye inama z’abaminisitiri zari zifite ububasha bwo guha amabwiriza abagize Guverinoma, abayobora inzego z’ibanze , ingabo z’Igihugu n’abajandarume.

Jean Kambanda kandi ngo yemeye ko yayoboye inama za Guverinoma zarimo ba Perefe (abayobozi ba perefegitura) zari zishinzwe gukurikirana uko Jenoside yakorwaga, ariko ati “nta cyemezo na kimwe nafashe cyo kuyihagarika”.

Dr. Bizimana akomeza asubiramo amagambo Kambanda ngo yabwiye Urukiko ati “nagize uruhare mu ifatwa ry’icyemezo cya Guverinoma cyo kohereza muri za perefegitura bamwe muri ba minisitiri mu butumwa bwo gukangurira abaturage guhiga umwanzi n’ibyitso bye, ni ko byagenze tuvanaho Perefe wa Butare wari waranze ko Jenoside ishyirwa mu bikorwa”.

Icyaha cya kane ngo kiri mu nyandiko yiswe “Directives sur la Defense Civile (Amabwiriza yo kwirwanaho kw’abaturage umuntu agenekereje mu Kinyarwanda), yo ku itariki 25 Gicurasi 1994, “yashishikarizaga interahamwe gukora ubwicanyi ku baturage b’abasivili b’Abatutsi”.

Dr. Bizimana akomeza asoma ibi birego bisubiramo kwirega kwa Jean Kambanda, ati “Guverinoma ni yo yagize uruhare mu bikorwa by’ubwicanyi bwakozwe n’Interahamwe”.

Icyaha cya gatanu Kambanda yireze ngo kigaragaza uburyo Leta ya Habyarimana yateguye Jenoside yakorewe Abatutsi kuva mu mwaka wa 1990, kuko “yatangiye gutegura urubyiruko rw’interahamwe zo mu ishyaka MRND na CDR hagamijwe kurukoresha mu bwicanyi bwakurikiyeho”.

Mu cyaha cya gatandatu Kambanda ngo yavuze ko mbere y’iyicwa rya Perezida Habyarimana, Guverinoma ngo yatanze intwaro zirimo n’amasasu ku Nterahamwe, ishyiraho za bariyeri zikumira Abatutsi zacungwaga n’abasirikare bafatanyije n’Interahamwe.

Kambanda kandi ngo yemeye ko Itangazamakuru ryakoreshejwe mu bukangurambaga mu baturage bahamagarirwa gutsemba Abatutsi, ndetse ko mu gisirikare ngo hari harinjijwemo Interahamwe zo kwica Abatutsi vuba na vuba.

Dr. Bizimana akomeza asoma icyaha cya karindwi Kambanda yemeye, agira ati “Jyewe Kambanda nashyigikiye ishingwa rya radio RTLM kandi nyishishikariza guhamagarira iyicwa ry’Abatutsi b’abasivile”.

Mu magambo ye bwite, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG agakomeza agira ati “aba yahamagarizaga kugira ngo bicwe bari abaturage batarwana, kubera iyo mpamvu Leta iba igomba kubarinda ikoresheje ingabo”.

Dr. Bizimana akomeza asoma inyandiko igira ati “Minisitiri w’Intebe n’abari bagize Guverinoma nari nyoboye, twazengurutse Perefegitura ya Butare, Gitarama, Gikongoro, Gisenyi na Kibuye, dushishikariza ba perefe, ba burugumesitiri n’abaturage muri rusange, kwica Abatutsi n’Abahutu batari bashyigikiye uwo mugambi.

Jyewe Jean Kambanda ndemera ko niboneye iyicwa ry’Abatutsi kandi nkaba naragiye mbimenyeshwa muri za raporo zatangwaga na ba Perefe no mu nama zitandukanye zahuzaga abaminisitiri.

Jean Kambanda, ndemera ko nari mfite ubushobozi bwo kumenya ko abo nayoboraga bakoraga ubwicanyi ku Batutsi, kandi nkaba ntacyo nakoze ku bushake ngo mbuze cyangwa mpane ababukoraga;

Uyu Minisitiri w’Intebe akavuga ati ‘Jyewe nk’uwayoboraga Guverinoma nari mbizi, nari nzi uwo mugambi wose ko ugamije kwica kandi ntacyo nakoze ngo mbihagarike, nyamara nari mbifitiye ububasha”.

Umunyamananga Nshingwabikorwa wa CNLG, asoza gusoma iyi nyandiko ikubiyemo kwemera ibyaha kwa Jean Kambanda, avuga ko bidakwiriye guca hirya no hino abantu bashaka ibindi bimenyetso by’amateka ya Jenoside.

Ati “Uwashaka yajya asoma ibi byaha Kambanda yemeye, uburyo yagaragaje umugambi wa Jenoside, uko wateguwe n’uburyo washyizwe mu bikorwa, yabonamo Jenoside yose uko yagenze”.

2020-04-09
Editorial

IZINDI NKURU

Abayoboke 8 ba Agathon Rwasa  bamaze gutabwa muri yombi  n’inzego z’umutekano

Abayoboke 8 ba Agathon Rwasa bamaze gutabwa muri yombi n’inzego z’umutekano

Editorial 05 Sep 2018
Komisiyo y’Amatora yamaganye abiyita abakandida basaba inkunga abaturage

Komisiyo y’Amatora yamaganye abiyita abakandida basaba inkunga abaturage

Editorial 17 Apr 2017
Itangazamakuru rya EAC rikuririza ikibazo cy’u Rwanda na Uganda – Perezida Kagame

Itangazamakuru rya EAC rikuririza ikibazo cy’u Rwanda na Uganda – Perezida Kagame

Editorial 09 Apr 2019
Perezida Kagame yatunguye benshi kubera ijambo yavuze ubwo yatangaga ikiruhuko kuri uyu wa Gatanu

Perezida Kagame yatunguye benshi kubera ijambo yavuze ubwo yatangaga ikiruhuko kuri uyu wa Gatanu

Editorial 05 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru