• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Uko Kambanda yemereye urukiko ko Guverinoma ye ari yo yakoze Jenoside

Uko Kambanda yemereye urukiko ko Guverinoma ye ari yo yakoze Jenoside

Ubwanditsi 09 Apr 2020 POLITIKI

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo yo kurwanya Jenoside (CNLG), Dr. Jean Damascene Bizimana, yatanze ibihamya by’uko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yashyizwe mu bikorwa na Guverinoma yari iyobowe na Jean Kambanda ufungiwe muri Mali.

Dr. Bizimana avuga ko Kambanda ubwe yemereye Urukiko Mpuzamahanga rwakoreraga i Arusha muri Tanzania, ko Guverinoma yayoboraga yiswe iy’abatabazi, yashyize mu bikorwa umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, mu kiganiro yatanze mu bitangazamakuru binyuranye ku munsi wo gutangiza icyunamo tariki 07 Mata 2020, yagize ati “Ibyaha 11 Kambanda yemeye (imbere y’urukiko) ko yabifatanyije n’abaministiri bakoranaga, ni byo ngira ngo nubakireho”.

Dr. Bizimana avuga ko Kambanda yemeye ko habayeho ibitero byagabwe ku basivili b’Abatutsi biturutse ku mugambi wo kubarimbura, kandi ko ngo yayoboye inama z’abaminisitiri zari zifite ububasha bwo guha amabwiriza abagize Guverinoma, abayobora inzego z’ibanze , ingabo z’Igihugu n’abajandarume.

Jean Kambanda kandi ngo yemeye ko yayoboye inama za Guverinoma zarimo ba Perefe (abayobozi ba perefegitura) zari zishinzwe gukurikirana uko Jenoside yakorwaga, ariko ati “nta cyemezo na kimwe nafashe cyo kuyihagarika”.

Dr. Bizimana akomeza asubiramo amagambo Kambanda ngo yabwiye Urukiko ati “nagize uruhare mu ifatwa ry’icyemezo cya Guverinoma cyo kohereza muri za perefegitura bamwe muri ba minisitiri mu butumwa bwo gukangurira abaturage guhiga umwanzi n’ibyitso bye, ni ko byagenze tuvanaho Perefe wa Butare wari waranze ko Jenoside ishyirwa mu bikorwa”.

Icyaha cya kane ngo kiri mu nyandiko yiswe “Directives sur la Defense Civile (Amabwiriza yo kwirwanaho kw’abaturage umuntu agenekereje mu Kinyarwanda), yo ku itariki 25 Gicurasi 1994, “yashishikarizaga interahamwe gukora ubwicanyi ku baturage b’abasivili b’Abatutsi”.

Dr. Bizimana akomeza asoma ibi birego bisubiramo kwirega kwa Jean Kambanda, ati “Guverinoma ni yo yagize uruhare mu bikorwa by’ubwicanyi bwakozwe n’Interahamwe”.

Icyaha cya gatanu Kambanda yireze ngo kigaragaza uburyo Leta ya Habyarimana yateguye Jenoside yakorewe Abatutsi kuva mu mwaka wa 1990, kuko “yatangiye gutegura urubyiruko rw’interahamwe zo mu ishyaka MRND na CDR hagamijwe kurukoresha mu bwicanyi bwakurikiyeho”.

Mu cyaha cya gatandatu Kambanda ngo yavuze ko mbere y’iyicwa rya Perezida Habyarimana, Guverinoma ngo yatanze intwaro zirimo n’amasasu ku Nterahamwe, ishyiraho za bariyeri zikumira Abatutsi zacungwaga n’abasirikare bafatanyije n’Interahamwe.

Kambanda kandi ngo yemeye ko Itangazamakuru ryakoreshejwe mu bukangurambaga mu baturage bahamagarirwa gutsemba Abatutsi, ndetse ko mu gisirikare ngo hari harinjijwemo Interahamwe zo kwica Abatutsi vuba na vuba.

Dr. Bizimana akomeza asoma icyaha cya karindwi Kambanda yemeye, agira ati “Jyewe Kambanda nashyigikiye ishingwa rya radio RTLM kandi nyishishikariza guhamagarira iyicwa ry’Abatutsi b’abasivile”.

Mu magambo ye bwite, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG agakomeza agira ati “aba yahamagarizaga kugira ngo bicwe bari abaturage batarwana, kubera iyo mpamvu Leta iba igomba kubarinda ikoresheje ingabo”.

Dr. Bizimana akomeza asoma inyandiko igira ati “Minisitiri w’Intebe n’abari bagize Guverinoma nari nyoboye, twazengurutse Perefegitura ya Butare, Gitarama, Gikongoro, Gisenyi na Kibuye, dushishikariza ba perefe, ba burugumesitiri n’abaturage muri rusange, kwica Abatutsi n’Abahutu batari bashyigikiye uwo mugambi.

Jyewe Jean Kambanda ndemera ko niboneye iyicwa ry’Abatutsi kandi nkaba naragiye mbimenyeshwa muri za raporo zatangwaga na ba Perefe no mu nama zitandukanye zahuzaga abaminisitiri.

Jean Kambanda, ndemera ko nari mfite ubushobozi bwo kumenya ko abo nayoboraga bakoraga ubwicanyi ku Batutsi, kandi nkaba ntacyo nakoze ku bushake ngo mbuze cyangwa mpane ababukoraga;

Uyu Minisitiri w’Intebe akavuga ati ‘Jyewe nk’uwayoboraga Guverinoma nari mbizi, nari nzi uwo mugambi wose ko ugamije kwica kandi ntacyo nakoze ngo mbihagarike, nyamara nari mbifitiye ububasha”.

Umunyamananga Nshingwabikorwa wa CNLG, asoza gusoma iyi nyandiko ikubiyemo kwemera ibyaha kwa Jean Kambanda, avuga ko bidakwiriye guca hirya no hino abantu bashaka ibindi bimenyetso by’amateka ya Jenoside.

Ati “Uwashaka yajya asoma ibi byaha Kambanda yemeye, uburyo yagaragaje umugambi wa Jenoside, uko wateguwe n’uburyo washyizwe mu bikorwa, yabonamo Jenoside yose uko yagenze”.

2020-04-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nene wari warirukanywe na Zuma yasubijwe muri guverinoma, Nkosazana nawe ahabwa umwanya

Nene wari warirukanywe na Zuma yasubijwe muri guverinoma, Nkosazana nawe ahabwa umwanya

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Umubare munini w’abagore muri Amerika bifuza yuko Trump yakweguzwa

Umubare munini w’abagore muri Amerika bifuza yuko Trump yakweguzwa

Ubwanditsi 10 Apr 2017
Perezida Edgar Lungu yagaragaje icyizere afitiye Kagame mu guhindura Afurika Yunze Ubumwe

Perezida Edgar Lungu yagaragaje icyizere afitiye Kagame mu guhindura Afurika Yunze Ubumwe

Ubwanditsi 22 Feb 2018
Itsinda rya mbere ry’impunzi u Rwanda rwemeye kwakira zivuye muri Libya ryageze i Bugesera

Itsinda rya mbere ry’impunzi u Rwanda rwemeye kwakira zivuye muri Libya ryageze i Bugesera

Ubwanditsi 27 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Twagiramungu yandikiye Paul Kagame perezida w’u Rwanda ibaruwa idasobanutse
POLITIKI

Twagiramungu yandikiye Paul Kagame perezida w’u Rwanda ibaruwa idasobanutse

Ubwanditsi 07 Apr 2016
Ngoma: Polisi y’u Rwanda yafatanye abagabo 2 ibiro 120 by’amasashe
Mu Mahanga

Ngoma: Polisi y’u Rwanda yafatanye abagabo 2 ibiro 120 by’amasashe

Ubwanditsi 09 Apr 2016
Rutsiro: Polisi yataye muri yombi uwashakaga guha ruswa umupolisi
Mu Rwanda

Rutsiro: Polisi yataye muri yombi uwashakaga guha ruswa umupolisi

Ubwanditsi 18 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru