• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Ubwanditsi 25 Jun 2020 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU

Ubu noneho inkuru igezweho  ni iya Paul Rusesabagina yuko Manyinya, cyangwa agasembuye kamaze kumugira akazizi, kugera n’aho umuryango we umwinuba,ukaba utabaza inshuti ngo zirebe icyo zakora uyu musaza akareka ubusinzi bumaze kumugira imbata.

Amakuru dukesha abakunze kugenda muri uyu muryango utuye mu Bufaransa, aravuga ko muri iyi minsi Rusesabagina asa n’uwataye umutwe, kuko yiyahuza inzoga ngo zimufashe kwibagirwa ibibazo yishoyemo, yiha kugambanira urwamubyaye akajya mu mitwe y’iterabwoba yabereye umuyobozi.

Izo nshuti z’umuryango we zaduhishuriye ko zatabajwe na Tasiyana, umugore wa Rusesabagina, ngo zimugire inama yo guhindura imyitwarire, kuko iyo agaragaza ubu idakwiye iy’umusaza wo mu kigero cye. Mu kumugira inama, hari n’abamubwije ukuri, ko intandaro y’uko kwiheba no kwiyahuza ibiyobyabwenge ari ukwishora muri politiki ya giswa, ubwo yifatanyaga n’izindi nkorabusa nka  Faustin Twagiramungu nawe ubwe utazi iherezo rye. Inshuti z’umuryango wa Rusesabagina zamusabye kureka ibiyayuramutwe, akava mu mitwe y’iterabwoba kuko bigaragara ko ntaho yamugeza uretse kwandagara nk’uko ibimenyetso bya mbere byatangiye kwigaragaza. Ibi byabaye nyuma yaho ingabo za Kongo FARDC zigabye ibitero kuri FLN, ingabo za MRCD iyobowe na Rusesabagina, abarwanyi bayo bagacyurwa mu Rwanda abandi bakicwa, harimo n’umuvugizi wabo Herman Nzsengimana wari warahawe na Rusesabagina ipeti rya Captaine, ndetse nabarwanyi benshi aho binavugwako umukuru wizo ngabo Wilson Irategeka we yahasize agatwe.

Ayo makuru akomeza avuga ko umugore wa Rusesabagina yamuregeye inshuti, avuga ko asigaye amucyurira ko ari Umututsikazi umugambanira kwa “benewabo”, cyane cyane iyo agerageje kumubuza ibikorwa bya politiki isenya ubumwe bw’Abanyarwanda. Ntibyatangaza rero mu gihe kiri imbere twumvise ko Rusesabagina na Tasiyana batandukanye, ndetse uwo mudamu akaba akunda kubwira inkoramutima ko ajya yumva yakwitahira mu Rwanda.

Abazi neza Rusesabagina, baba abo babanye kuri Hotel des Diplomates, haba no kuri Mille Collines, bavuga ko batatunguwe n’iyi nkuru yo gukunda uruyama kwa Rusesabagina, ngo kuko no mu gihe  Jenoside yakorewe Abatutsi yari irimbanyije, abantu bamubonaga asangira inzoga n’abajenosideri, barimo na Col. Bagosora ubwe. Ngabo abanyapolitiki bifuza kuyobora u Rwanda!!

2020-06-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuryango Hult  African Business Club wo muri Kaminuza ya Hult, mu mujyi wa Boston muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika,urasaba imbabazi ku kuba waribeshye ugafata Rusesabagina nk’intwari, ndetse ukanashimira abawufashije kumenya ubugome bwe.

Umuryango Hult  African Business Club wo muri Kaminuza ya Hult, mu mujyi wa Boston muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika,urasaba imbabazi ku kuba waribeshye ugafata Rusesabagina nk’intwari, ndetse ukanashimira abawufashije kumenya ubugome bwe.

Ubwanditsi 26 Feb 2021
Ruharwa Bagosora apfuye bamaze kumubaga umutima inshuro zirenze eshatu aho yari afungiye muri Mali

Ruharwa Bagosora apfuye bamaze kumubaga umutima inshuro zirenze eshatu aho yari afungiye muri Mali

Ubwanditsi 26 Sep 2021
Mu gihe hasigaye iminsi 2 gusa ngo habe amatora ya Perezida muri Uganda, urubuga nkoranyambaga”Facebook” rwafunze “accounts” z’abategetsi bakuru muri icyo gihugu, rubashinja kubiba amacakubiri no kubangamira imigendekere myiza y’amatora.

Mu gihe hasigaye iminsi 2 gusa ngo habe amatora ya Perezida muri Uganda, urubuga nkoranyambaga”Facebook” rwafunze “accounts” z’abategetsi bakuru muri icyo gihugu, rubashinja kubiba amacakubiri no kubangamira imigendekere myiza y’amatora.

Ubwanditsi 12 Jan 2021
Perezida Kagame yagaragaje ko biteye isoni kuzereka Imana abantu barwaye bwaki

Perezida Kagame yagaragaje ko biteye isoni kuzereka Imana abantu barwaye bwaki

Ubwanditsi 14 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuntu umwe yarasiwe mu myigaragambyo y’abari kwamagana ifungwa rya Bobi Wine
ITOHOZA

Umuntu umwe yarasiwe mu myigaragambyo y’abari kwamagana ifungwa rya Bobi Wine

Ubwanditsi 20 Aug 2018
Umunyamideri Bashabe Kate wigeze kuba Miss wa Mtn mu Rwanda afunzwe azira gukubita no gukomeretsa
IMIKINO

Umunyamideri Bashabe Kate wigeze kuba Miss wa Mtn mu Rwanda afunzwe azira gukubita no gukomeretsa

Ubwanditsi 05 Jul 2016
Ibihugu 3 ni byo byitabiriye “ACIRC” muri 13 byatumiwe
Mu Rwanda

Ibihugu 3 ni byo byitabiriye “ACIRC” muri 13 byatumiwe

Ubwanditsi 26 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru