• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge   |   15 Jul 2025

  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Umunyarwanda uzahiga abandi muri ‘Tour du Rwanda’ yashyiriweho igihembo kidasanzwe

Umunyarwanda uzahiga abandi muri ‘Tour du Rwanda’ yashyiriweho igihembo kidasanzwe

Editorial 10 Nov 2017 IMIKINO

Umwe mu bakinnyi 18 b’Abanyarwanda uzitwara neza kurusha bagenzi be muri Tour du Rwanda 2017, yashyiriweho igihembo cya moto ifite agaciro ka miliyoni 1,390,000 z’amafaranga y’u Rwanda.

Muri iri siganwa Mpuzamahanga risigaje umunsi umwe n’amasaha kugira ngo ritangire kuzenguruka mu duce dutandukanye, u Rwanda ruzaserukirwa n’abakinnyi 15 bakina mu izina ryarwo hiyongereyeho n’abandi Banyarwanda babatu, Areruya Joseph, Mugisha Samuel na Ndayisenga Valens bakina nk’ababigize umwuga mu makipe yo hanze.

Nk’uko Ferwacy yabitangaje binyuze mu itangazo rigenewe abanyamakuru, ikigo cya Rwanda Motorcycle Company gikora moto z’inyarwanda zifite n’amazina y’ikinyarwanda cyashyizeho igihembo cy’imwe muri zo yitwa Inziza 125 ifite agaciro ka miliyoni 1,390,000 Frw ku Munyarwanda uzigaragaza cyane.

Iri tangazo rigira riti “Rwanda Motorcycle Company, izatanga Moto yitwa Inziza 125 ku Munyarwanda uzarusha abandi muri Tour du Rwanda 2017. Iyo moto ifite agaciro ka miliyoni 1,390,000 Frw izatangwa ku munsi wa nyuma w’irushanwa.”

Moto z’uru ruganda ni nazo zizakoreshwa muri Tour du Rwanda y’uyu mwaka bikaba ari ku nshuro ya mbere hagiye kwifashishwa moto zikorerwa mu Rwanda kuko ubusanzwe zakurwaga hanze y’igihugu.

Si iyi moto nk’igihembo cyihariye ku bakinnyi b’Abanyarwanda kuko hari ibindi bitangwa umunsi ku munsi bihabwa uwaje imbere byose mu rwego rwo kubongerera imbaraga.

Abakinnyi 15 bazakinira u Rwanda bagabanyije mu makipe atatu barimo Nsengimana Jean Bosco, Uwizeye Jean Claude, Byukusenge Patrick, Ukiniwabo René Jean Paul na Munyaneza Didier bazaba bari mu Ikipe y’Igihugu; Uwizeyimana Bonaventure, Gasore Hategeka, Ruberwa Jean, Nduwayo Eric na Nizeyimana Alex bari muri Benediction na Hakiruwizeye Samuel, Rugamba Janvier, Mfitumukiza Jean Claude, Jimmy Uwingeneye na Tuyishimire Ephraim ba Les Amis Sportif.

Areruya Joseph wabaye uwa kane umwaka ushize na Mugisha Samuel wabaye umukinnyi mwiza mu kuzamuka imisozi bazakinira Dimension Data yo muri Afurika y’Epfo naho Ndayisenga Valens wegukanye Tour du Rwanda iheruka akazakinira Tirol Cycling Team yo muri Autriche.

2017-11-10
Editorial

IZINDI NKURU

Kiyovu Sports yasibye amateka mabi yari imaranye imyaka itandatu, itsinda Rayon Sports

Kiyovu Sports yasibye amateka mabi yari imaranye imyaka itandatu, itsinda Rayon Sports

Editorial 03 Dec 2018
Amafoto – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali gukora Siporo rusange izwi nka “Car Free Day”

Amafoto – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali gukora Siporo rusange izwi nka “Car Free Day”

Editorial 17 Mar 2024
Mukura itsinze Musanze, ica kuri Rayon-Kiyovu na Police nazo zitwara neza

Mukura itsinze Musanze, ica kuri Rayon-Kiyovu na Police nazo zitwara neza

Editorial 18 Feb 2016
Amavubi yageze muri Seychelles nyuma y’urugendo rurerure

Amavubi yageze muri Seychelles nyuma y’urugendo rurerure

Editorial 04 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru