• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Muri Zanzibar haravugwa umwuka mubi mbere yuko amatora asubirwamo

Muri Zanzibar haravugwa umwuka mubi mbere yuko amatora asubirwamo

Ubwanditsi 19 Mar 2016 POLITIKI

Ejo ku cyumweru tariki 20 uku kwezi muri Zanzibar bazasubiramo amatora yasheshwe umwaka ushize ariko haravugwa umwuka mubi kuburyo hashobora kuba n’ubwicanyi.

Amatora muri icyo kirwa kibarirwa muri Tanzania yabaye tariki 25 Ukwakira umwaka ushize ariko komisiyo y’amatora (ZEC) yanga gutangaza ibyavuyemo, ivuga yuko iyasheshe ngo kuko yabayemo ibintu by’uburiganya bukomeye. Hatorwaga Perezida w’igihugu, abadepite n’aba meya (Madiwani).

-2510.jpg

Seif Sharif Hamad

Amashyaka ahora ahangaye cyane aho muri Zanzibar ni CCM na CUF. Mbere yuko NEC isesa ayo matora umukandida wa CUF, Seif Sharif Hamad, yari yatangaje yuko ariwe wari watsindiye umwanya wa Perezida. Uko ni nako abo muri CUF babyemera.

Nyuma y’aho Perezida wa NEC, Jecha Salim Jecha, atangarije yuko amatora asheshwe akaba agomba kuzasubirwamo, CUF yatangaje yuko Sharif Hamad agomba gutangazwa yuko ariwe watsindiye umwanya wa Perezida bitari ibyo itazemera gusubira mu matora.

Haje kuza ikintu cy’icyuka kibi ariko CUF yemera kuja mu mishyikirano na CCM bifashijwemo n’abigeze gutegeka Tanzani nka Ally Hassan Mwinyi nawe ukomoka Zanzibar na William Mkapa ukomoka Tanzania Bara, nyuma haza kuzamo na Perezida Pombe Magufuli.

Ibi byo kujya mu mishyikirano byatumye ubushyamirane buhosha, ariko kugeza ubu iyo mishyikirano nta kintu kigeze kiyivamo NEC itangaza yuko ayo matora azasubirwamo kuri iki cyumweru, CUF nayo itangaza yuko itazayitabira !

Ibi byongeye kuzana umwuka mubi muri ibyo birwa aho bivugwa yuko abantu batari bake bamaze guhungira Dar es Salaam na Mombasa, mu gihugu gituranyi cya Kenya ndetse hakaba n’abandi bavuye mu byabo bahungira mu tundi duce tw’igihugu.

Ibi by’uko hari abantu bahuze bihakanwa na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Charles Kitwanga, ariko akemera yuko hari ibikorwa byo guhungabanya umutekano. Muri iki cyumweru gusa abantu 42 bamaze gutabwa muri yombi harimo ukuriye itumanaho muri CUF, Hamad Omar Makame ashinjwa kuba yari mu bashenye inzu y’umukuru wa Polisi muri Zanzibar, Hamad Masoud Hamad. Ngo bayishenye bakoresheje ibisasu biturika.

Kayumba Casmiry

2016-03-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

America Shouldn’t Enable Presidents-for-Life

America Shouldn’t Enable Presidents-for-Life

Ubwanditsi 25 Aug 2016
Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?

Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?

RUSHYASHYA 15 Apr 2026
Isano iri hagati y’ibigabiro by’umwami Rwabugiri n’umuganura, Umuganura usobanuye iki?

Isano iri hagati y’ibigabiro by’umwami Rwabugiri n’umuganura, Umuganura usobanuye iki?

Ubwanditsi 31 Jul 2025
Amafoto: Rayon Sports yunamiye imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 ishyinguwe mu rwibutso rwa Ntarama

Amafoto: Rayon Sports yunamiye imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 ishyinguwe mu rwibutso rwa Ntarama

Ubwanditsi 14 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, arashinjwa akarimi gasize umunyu, gahumuriza abaturage, kandi umutekano muri icyo gihugu ukomeje kuba kure nk’ukwezi.
Amakuru

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, arashinjwa akarimi gasize umunyu, gahumuriza abaturage, kandi umutekano muri icyo gihugu ukomeje kuba kure nk’ukwezi.

Ubwanditsi 09 Dec 2020
OIF: Michaëlle Jean yahawe urw’amenyo nyuma yo kubeshya ku mateka ya Mushikiwabo bahanganye
ITOHOZA

OIF: Michaëlle Jean yahawe urw’amenyo nyuma yo kubeshya ku mateka ya Mushikiwabo bahanganye

Ubwanditsi 13 Jul 2018
Perezida Kagame yerekeje   i Ndjamena mu irahira rya  Perezida Itno
POLITIKI

Perezida Kagame yerekeje i Ndjamena mu irahira rya Perezida Itno

Ubwanditsi 08 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru