• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Kagame asanga abayobozi bakora neza u Rwanda rwaza ku myanya irenze iyo ruriho

Kagame asanga abayobozi bakora neza u Rwanda rwaza ku myanya irenze iyo ruriho

Ubwanditsi 27 Feb 2018 POLITIKI

Perezida Kagame ntashidikanya ko abayobozi bujuje inshingano zabo u Rwanda rwagira imyanya ya mbere muri raporo z’imiryango n’ibigo mpuzamahanga.

Ubwo yatangizaga Umwiherero w’abayobozi, watangiye kuri uyu wa 26 Gashyantare, yavuze imikoranire idahwitse hagati y’abayobozi iri mu bituma batuzuza inshingano bashinzwe.

Yifashishije urugero rwa raporo ya World Economic Forum ishyira u Rwanda ku mwanya wa cyenda mu bihugu bitekanye ku isi.

Yagize ati “Njyewe ndabisoma nti ‘ariko isi uzi ko itabaho noneho, isi ntabwo ibaho kuko niba aba bantu bari bazi ibyo nzi, hagomba kuba isi itameze neza.’ Ariko nkongera na bwo nkatekereza nti ‘ariko niba dushobora gufata iyi myanya mu bintu bitandukanye, navuze bikeya erega ni byinshi, ubwo abandi babishinzwe mu buryo butandukanye bazajya babitubwira mu biganiro ariko nkavuga ngo niba byarashobotse ko tuba aba cyenda ku isi nk’igihugu gifite umutekano, ubwo ntitwaba n’aba munani, ntitwaba n’aba karindwi, aba gatandatu, aba gatanu,aba kane, aba gatatu, aba kabiri n’aba mbere’? Ni cyo bivuze.”

Yakomeje avuga ko bitumvikana uburyo umuntu aba uwa cyenda ntaharanire kuba uwa gatanu. Ashimangira ko hari ibiba bitakozwe uko bikwiye kugira ngo igihugu kijye mu myanya ibanza.

Yagize ati “Noneho nkongera ngateranya nkareba nkavuga nti ‘ariko buriya bya bindi navugaga tubona tutuzuza kandi byuzuza dukwiye kuba tubyuzuza ni byo bitugira aba cyenda aho kuba aba gatanu, nonese aho ushobora kuba uwa gatanu kuki uba uwa cyenda?’ Ariko ubwo ni ko bigenda bijya kuri buri kintu cyose dukora, ni ukuvuga ngo ntabwo tugera ku musaruro ubundi dufite mu bushobozi bwacu. Ibyo twakagezeho turabyiyima kubera ko hari ibindi dushyira imbere, bidafite inyungu, bidafite akamaro, ahubwo bitwangiza. Ni cyo bivuze. Yes, twakwishimira ko dufite iyi myanya cyangwa ibigaragara bikorwa, ni byo, ariko twanakwishimira no kuba twarageze no kubisumba ibyo, cyane cyane aho tubona ko bishoboka, tubona ko hari ibyo tutuzuza kandi dushobora kuzuza dufite mu bushobozi bwacu.”

Mu mbwirwaruhame yamaze hafi isaha n’igice, Perezida Kagame yagaragaje ibibazo abayobozi bafite usanga bidindiza iterambere ry’igihugu.

Mu byo yibanzeho cyane harimo imikoranire itanoze, aho usanga abayobozi bafite inshingano zimwe baticara ngo baganire bakemure ibibazo, ahubwo buri wese agakora ibye.

Yabigereranije n’ingabo ijana zaba zigiye ku rugamba, zahagera buri wese agakora ibyo yishakiye, ashimangira ko urwo rugamba zidashobora kurutsinda na gato.

Abayobozi bahawe umwanya

Hagati mu mbwirwaruhame, Perezida Kagame yakomoje ku bibazo byugarije umuryango nyarwanda birimo imirire mibi mu bana ituma bagwingira, umwanda, ndetse n’ibabazo by’abana bo mu muhanda usanga bakiri hose mu bice bitanduka.

Ibi bibazo si ubwa mbere bivugiwe mu mwiherero nk’uyu, aho inzego zitandukanye mu bihe zagiye zifata umwanzuro wo kubikemura, gusa Kagame akibaza impamvu bikigaragara.

Umukuru w’Igihugu yabajije abayobozi b’uturere ikibazo gihari gituma ibibazo bihora bigaruka.

Bamwe mu bafashe ijambo bagaragaje ko ubwabo na bo bifitemo ibibazo by’imikorere itanoze, aho usanga hari abategera abaturage uko bikwiye. Bakaba bamwijeje ko bagiye kwikosota

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Kaboneka Francis, we yagaragaje ko ikibazo kiri mu myumvire y’abaturage ndetse n’abayobozi badahindura imyumvire y’abaturage.

Perezida Kagame yanenze Inteko Ishinga Amategeko ku kuba nta muyobozi n’umwe yari yafatira ibihano bitewe no kudashyira mu nshingano uko bikwiye ibyo ashinzwe.

Gusa yaba Perezida wa Sena, Makuza Bernard na Perezida w’Umutwe w’abadepite, Mukabalisa Donatille, bashimangiye ko bagiye gukora ibishoboka byose kugira ngo umuyobozi uzajya ugaragarwaho kutubahiriza inshingano ze bamuhamagaze mu Nteko ndetse babe banamufatira icyemezo.

Perezida Kagame yumva ibisobanuro by’abayobozi ku bibazo by’imikoranire itaboneye

Umwiherero wabaye umwaka ushize wari wafatiwemo imyanzuro 26. Iyi myanzuro yagabanyijwemo ibikorwa by’ingenzi 62. Ku igenzura ryakozwe ku ishyirwa mu bikorwa, ibikorwa 51 bingana 82% byakozwe ku kigero gishimishije (hagati y’amanota 75%-100); ibikorwa 9 (15%) byakozwe hagati y’amanota 50%-74%; ibikorwa 2 bingana na 3% byakozwe ku kigero kiri hasi y’amanota 50%)

Biteganyijwe ko uyu Mwiherero uzamara iminsi 4, aho witezweho ko abayobozi bagomba gusasa inzobe hakarebwa ibitagenda, bakanabifatira ingamba zikwiye.

2018-02-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gilbert Mwenedata nawe yagejeje kandidatire kuri komisiyo y’amatora

Gilbert Mwenedata nawe yagejeje kandidatire kuri komisiyo y’amatora

Ubwanditsi 12 Jun 2017
Dr Ronny Jackson yatangaje ko Peresida Trump afite ubuzima buzira umuze.

Dr Ronny Jackson yatangaje ko Peresida Trump afite ubuzima buzira umuze.

Ubwanditsi 17 Jan 2018
Icyo wamenya k’Uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bubiligi, biragarukwaho na Amb. Nduhungirehe

Icyo wamenya k’Uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bubiligi, biragarukwaho na Amb. Nduhungirehe

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Ibikorwa bya M23 byo gukaza umutekano w’abaturage muri Goma bikomeje kwambika ubusa MONUSCO

Ibikorwa bya M23 byo gukaza umutekano w’abaturage muri Goma bikomeje kwambika ubusa MONUSCO

Ubwanditsi 07 Mar 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Teta Diana yageze i Dakar aho agiye gususurutsa abazitabira ‘Next Einstein Forum, NEF’
IMIKINO

Teta Diana yageze i Dakar aho agiye gususurutsa abazitabira ‘Next Einstein Forum, NEF’

Ubwanditsi 08 Mar 2016
Miss Muyango yemeye kuba umugore wa Kimenyi Yves
Amakuru

Miss Muyango yemeye kuba umugore wa Kimenyi Yves

Ubwanditsi 01 Mar 2021
Ibyamamare ku Isi byokeje igitutu Perezida Museveni kubera ifungwa rya Bobi Wine
INKURU NYAMUKURU

Ibyamamare ku Isi byokeje igitutu Perezida Museveni kubera ifungwa rya Bobi Wine

Ubwanditsi 23 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru