• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Kagame asanga abayobozi bakora neza u Rwanda rwaza ku myanya irenze iyo ruriho

Kagame asanga abayobozi bakora neza u Rwanda rwaza ku myanya irenze iyo ruriho

Ubwanditsi 27 Feb 2018 POLITIKI

Perezida Kagame ntashidikanya ko abayobozi bujuje inshingano zabo u Rwanda rwagira imyanya ya mbere muri raporo z’imiryango n’ibigo mpuzamahanga.

Ubwo yatangizaga Umwiherero w’abayobozi, watangiye kuri uyu wa 26 Gashyantare, yavuze imikoranire idahwitse hagati y’abayobozi iri mu bituma batuzuza inshingano bashinzwe.

Yifashishije urugero rwa raporo ya World Economic Forum ishyira u Rwanda ku mwanya wa cyenda mu bihugu bitekanye ku isi.

Yagize ati “Njyewe ndabisoma nti ‘ariko isi uzi ko itabaho noneho, isi ntabwo ibaho kuko niba aba bantu bari bazi ibyo nzi, hagomba kuba isi itameze neza.’ Ariko nkongera na bwo nkatekereza nti ‘ariko niba dushobora gufata iyi myanya mu bintu bitandukanye, navuze bikeya erega ni byinshi, ubwo abandi babishinzwe mu buryo butandukanye bazajya babitubwira mu biganiro ariko nkavuga ngo niba byarashobotse ko tuba aba cyenda ku isi nk’igihugu gifite umutekano, ubwo ntitwaba n’aba munani, ntitwaba n’aba karindwi, aba gatandatu, aba gatanu,aba kane, aba gatatu, aba kabiri n’aba mbere’? Ni cyo bivuze.”

Yakomeje avuga ko bitumvikana uburyo umuntu aba uwa cyenda ntaharanire kuba uwa gatanu. Ashimangira ko hari ibiba bitakozwe uko bikwiye kugira ngo igihugu kijye mu myanya ibanza.

Yagize ati “Noneho nkongera ngateranya nkareba nkavuga nti ‘ariko buriya bya bindi navugaga tubona tutuzuza kandi byuzuza dukwiye kuba tubyuzuza ni byo bitugira aba cyenda aho kuba aba gatanu, nonese aho ushobora kuba uwa gatanu kuki uba uwa cyenda?’ Ariko ubwo ni ko bigenda bijya kuri buri kintu cyose dukora, ni ukuvuga ngo ntabwo tugera ku musaruro ubundi dufite mu bushobozi bwacu. Ibyo twakagezeho turabyiyima kubera ko hari ibindi dushyira imbere, bidafite inyungu, bidafite akamaro, ahubwo bitwangiza. Ni cyo bivuze. Yes, twakwishimira ko dufite iyi myanya cyangwa ibigaragara bikorwa, ni byo, ariko twanakwishimira no kuba twarageze no kubisumba ibyo, cyane cyane aho tubona ko bishoboka, tubona ko hari ibyo tutuzuza kandi dushobora kuzuza dufite mu bushobozi bwacu.”

Mu mbwirwaruhame yamaze hafi isaha n’igice, Perezida Kagame yagaragaje ibibazo abayobozi bafite usanga bidindiza iterambere ry’igihugu.

Mu byo yibanzeho cyane harimo imikoranire itanoze, aho usanga abayobozi bafite inshingano zimwe baticara ngo baganire bakemure ibibazo, ahubwo buri wese agakora ibye.

Yabigereranije n’ingabo ijana zaba zigiye ku rugamba, zahagera buri wese agakora ibyo yishakiye, ashimangira ko urwo rugamba zidashobora kurutsinda na gato.

Abayobozi bahawe umwanya

Hagati mu mbwirwaruhame, Perezida Kagame yakomoje ku bibazo byugarije umuryango nyarwanda birimo imirire mibi mu bana ituma bagwingira, umwanda, ndetse n’ibabazo by’abana bo mu muhanda usanga bakiri hose mu bice bitanduka.

Ibi bibazo si ubwa mbere bivugiwe mu mwiherero nk’uyu, aho inzego zitandukanye mu bihe zagiye zifata umwanzuro wo kubikemura, gusa Kagame akibaza impamvu bikigaragara.

Umukuru w’Igihugu yabajije abayobozi b’uturere ikibazo gihari gituma ibibazo bihora bigaruka.

Bamwe mu bafashe ijambo bagaragaje ko ubwabo na bo bifitemo ibibazo by’imikorere itanoze, aho usanga hari abategera abaturage uko bikwiye. Bakaba bamwijeje ko bagiye kwikosota

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Kaboneka Francis, we yagaragaje ko ikibazo kiri mu myumvire y’abaturage ndetse n’abayobozi badahindura imyumvire y’abaturage.

Perezida Kagame yanenze Inteko Ishinga Amategeko ku kuba nta muyobozi n’umwe yari yafatira ibihano bitewe no kudashyira mu nshingano uko bikwiye ibyo ashinzwe.

Gusa yaba Perezida wa Sena, Makuza Bernard na Perezida w’Umutwe w’abadepite, Mukabalisa Donatille, bashimangiye ko bagiye gukora ibishoboka byose kugira ngo umuyobozi uzajya ugaragarwaho kutubahiriza inshingano ze bamuhamagaze mu Nteko ndetse babe banamufatira icyemezo.

Perezida Kagame yumva ibisobanuro by’abayobozi ku bibazo by’imikoranire itaboneye

Umwiherero wabaye umwaka ushize wari wafatiwemo imyanzuro 26. Iyi myanzuro yagabanyijwemo ibikorwa by’ingenzi 62. Ku igenzura ryakozwe ku ishyirwa mu bikorwa, ibikorwa 51 bingana 82% byakozwe ku kigero gishimishije (hagati y’amanota 75%-100); ibikorwa 9 (15%) byakozwe hagati y’amanota 50%-74%; ibikorwa 2 bingana na 3% byakozwe ku kigero kiri hasi y’amanota 50%)

Biteganyijwe ko uyu Mwiherero uzamara iminsi 4, aho witezweho ko abayobozi bagomba gusasa inzobe hakarebwa ibitagenda, bakanabifatira ingamba zikwiye.

2018-02-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC: Ijambo rya Perezida Kabila ryateje impagarara mu banyepolitiki

RDC: Ijambo rya Perezida Kabila ryateje impagarara mu banyepolitiki

Ubwanditsi 16 Nov 2016
Icyo wamenya k’Uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bubiligi, biragarukwaho na Amb. Nduhungirehe

Icyo wamenya k’Uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bubiligi, biragarukwaho na Amb. Nduhungirehe

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Alain Mukuralinda yitabye Imana azize indwara y’umutima

Alain Mukuralinda yitabye Imana azize indwara y’umutima

Ubwanditsi 04 Apr 2025
Ubuyapani bwatanze miliyoni 135Frw zo kunganira ibigo bibiri by’amashuri

Ubuyapani bwatanze miliyoni 135Frw zo kunganira ibigo bibiri by’amashuri

Ubwanditsi 13 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Ntabwo nahunze, nta n’ ubwoba nagize ‘- Mpayimana
POLITIKI

‘Ntabwo nahunze, nta n’ ubwoba nagize ‘- Mpayimana

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Impamvu y’uruzinduko rwa Sam Kutesa mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Impamvu y’uruzinduko rwa Sam Kutesa mu Rwanda

Ubwanditsi 26 Oct 2018
Itangazamakuru : Barore Cleophas yatorewe kuyobora RMC
Mu Mahanga

Itangazamakuru : Barore Cleophas yatorewe kuyobora RMC

Ubwanditsi 10 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru