• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Hari icyo FPR yakoze kihishe abayibanjirije-Tito

Hari icyo FPR yakoze kihishe abayibanjirije-Tito

Ubwanditsi 27 Dec 2017 POLITIKI

Senateri Tito Rutaremara atangaza ko hari ibanga ryakoreshejwe n’Umuryango FPR-Inkotanyi nka kimwe mu byihishe ubuyobozi bwabayeho mu Rwanda kuva rubonye ubwigenge kugeza mu 1994, ku ikubitiro harimo kugira impamvu nyakuri, imiyoborere n’imigabo n’imigambi.

Mu gihe Umuryango FPR-Inkotanyi ubwo wizihizaga imyaka 30 umaze, Imvaho Nshya dukesha iyi nkuru  yagiranye ikiganiro kihariye na Senateri Tito Rutaremara, avuga ko hari ibanga mu miyoborere ryakoreshejwe na FPR-Inkotanyi nka kimwe mu byihishe ubuyobozi bwabayeho mu Rwanda kuva rubonye ubwigenge kugeza mu 1994.

Avuga ko nta banga ridasanzwe usibye kubanza kugira impamvu ituma ubohora igihugu, ukamenya impamvu z’ukuri buri wese yabona z’uko igihugu kimeze kandi ukagenda uzishakira politiki yo kuzirangiza, ari byo umuntu yakwita imigabo n’imigambi y’Umuryango FPR-Inkotanyi.

Tito agira ati “Icyo twarushije abandi nka RPF-Inkotanyi, ni ukugira impamvu nyakuri, tugira umurongo wa Politiki muzima kandi mwiza urangiza ibibazo igihugu gifite, tugira Imana tugira n’abayobozi beza kuko iyo tutabagira ntitwari kubigeraho. Ni icyo cyonyine twarushije ubuyobozi bwari buriho mbere ya 1994”.

Tito kandi anagaruka yerekana zimwe mu mpamvu nyakuri zavuzwe hejuru zatumye RPF yiyemeza kubohora u Rwanda, atanga ingero z’uko igihugu cyari kibuze ubumwe kuko hari abari barahunze kimwe n’abari barasigaye mu gihugu imbere kuko batabanaga. Yongeraho iby’amoko y’Abahutu, Abatutsi, Abanyenduga n’Abakiga byagaragazaga ko ubwo bumwe bwari bubuze, ndetse n’ubukene mu banyarwanda bwagaragariraga buri wese.

Atangaza ko Abanyarwanda batishyiraga ngo bizane basa n’abafungiranye batabona impapuro zo kugenda, batava muri komini ngo bage mu yindi, hakaza impamvu z’imiyoborere myiza, iza ruswa, kwiga, ubona nta n’ubwigenge, ibyo n’ibyo FPR-Inkotanyi yubakiyeho imigambi.

Tito avuga ko nyuma y’imyaka 30 umuryango FPR-Inkotanyi umaze uvutse ndetse ukaza kugera kuri byinshi birimo no kubohora igihugu ukanagiteza imbere ku buryo butangaza n’amahanga, ko ibyo byose iyo FPR itizera ko byashobokaga kugerwaho, itari no kwirirwa ibikora kuko ari ibintu abantu bari bafite mu gitekerezo ko bigomba kugerwaho kandi hagombaga gushakwa imbaraga zose kugira ngo ibyo yifuzaga bigerweho.

Tito agira ati “Twari RPF-Inkotanyi yari ifite igitekerezo ishaka n’imbaraga kugira ngo ibyifuzo byayo bigerweho. Buriya abantu bose babohora igihugu baba bazi ko bafite imbaraga zo kugera kuri iyo ntego naho ubundi bazi ko batazifite bakekeranya nta cyo bakora, yewe nta n’icyo bageraho”.

Mu kiganiro anafata umwanya wo gusubiza ku banyamahanga badashimishwa n’ukunyurwa kw’abanyarwanda nyuma y’ibyo byose RPF-Inkotanyi yabagejejeho mu myaka 23 imaze kubohora u Rwanda, avuga ko babiterwa no kuba hari bamwe badakunda u Rwanda cyangwa babanye na Leta zabanje, icyakorwa cyose kiza bakaba batakemera, abandi bakumva ko umunyafurika adakwiye kugira igitekerezo ke, adakwiye kwigenga mu bitekerezo kandi atanakwiye kwishyira ngo yizane.

Mu rwego rwo guhangana nabyo, Senateri Tito ahamagarira Abanyarwanda kubikumira kuko bafite umurongo wabo wa politiki, abayobozi bayobora bakamenya ko bagomba gukorera abaturage kandi nabo bakabibonamo, hakabaho no guhora bashaka icyabateza imbere, ibyo bafite bagaharanira kongeraho ibindi.

Mu rugamba rwo gukomeza guteza imbere Abanyarwanda, Tito anagaruka ku munyarwanda wifuzwa mu myaka 30 iri imbere kandi agendeye ku kerekezo u Rwanda rwerekezamo cya 2050, avuga ko na n’ubu umunyarwanda atarabohoka byifuzwa kuko hakiri intambara yo kumubohora.

Agira ati “Muri iyo myaka hifuzwa Umunyarwanda utagifite ubujiji, ubukene, ufite aho yivuza indwara zose kandi ufite aho umwana yiga ibyo ashaka kandi ashoboye, umunyarwanda ashobora gukora umwaka cyangwa 2 akabasha kureba aho aruhukira yifuza hose, aho ni ho azaba abohotse”.

2017-12-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tshisekedi yishe abaturage ba Bukavu nyina aherutse kwita “abagambanyi”

Tshisekedi yishe abaturage ba Bukavu nyina aherutse kwita “abagambanyi”

Ubwanditsi 28 Feb 2025
“Ikiganiro Ribara Uwariraye” kigamije gushinyagurira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

“Ikiganiro Ribara Uwariraye” kigamije gushinyagurira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 25 Apr 2025
Patrick Rugaba: Umwana w’Umujenosideri Wiyemeje Gusebya u Rwanda ku Mbuga Nkoranyambaga

Patrick Rugaba: Umwana w’Umujenosideri Wiyemeje Gusebya u Rwanda ku Mbuga Nkoranyambaga

Ubwanditsi 25 Aug 2025
Abarundi bandikiye Perezida Kagame bamusaba gukoresha ububasha afite Itegeko Nshinga ryabo ntirihindurwe

Abarundi bandikiye Perezida Kagame bamusaba gukoresha ububasha afite Itegeko Nshinga ryabo ntirihindurwe

Ubwanditsi 17 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto- Héritier Luvumbu wakiniye ikipe ya Rayon Sports yageze i Kigali aho aje gukinira iyi kipe ku nshuro ye ya Kabiri
Amakuru

Amafoto- Héritier Luvumbu wakiniye ikipe ya Rayon Sports yageze i Kigali aho aje gukinira iyi kipe ku nshuro ye ya Kabiri

Ubwanditsi 29 Dec 2022
Gasabo: Bane bafunzwe bakekwaho kunyereza asaga Miliyoni 10 z’Ishyirahamwe ry’Abajyanama b’ubuzima
Mu Rwanda

Gasabo: Bane bafunzwe bakekwaho kunyereza asaga Miliyoni 10 z’Ishyirahamwe ry’Abajyanama b’ubuzima

Ubwanditsi 04 Nov 2017
Bamwe mu banyarwanda bari baragizwe imbohe na CMI muri Uganda batahutse
INKURU NYAMUKURU

Bamwe mu banyarwanda bari baragizwe imbohe na CMI muri Uganda batahutse

Ubwanditsi 07 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru