• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ijambo rya Perezida Kagame yagejeje kubitabiriye ‘ Vibrant Gujarat Summit’

Ijambo rya Perezida Kagame yagejeje kubitabiriye ‘ Vibrant Gujarat Summit’

Ubwanditsi 11 Jan 2017 POLITIKI

Perezida wa Repubulika Paul Kagame Kuri uyu wakabiri yagejeje ijambo kubitabiriye umuhango wo gufungura inama yamunani yigaku ishoramari izwinka Vibrant Gujarat Summit, yatangiye mu gihugu cy’ u Buhinde.

Iyi nama ihurije hamwe abakuru b’ibihugu naza Guverinoma, abayobozi mu nzego zitandukanye, abayobozi b’ibigo mpuzamahanga by’ubucuruzi, inzobere n’abarimu bazakaminuza ndetse n’abahagarariye ibigo by’ubucuruzi bikomeye mu Buhinde.
Mu ijambo rye Perezida Kagame yibanze by’umwihariko kubufatanye mu bucuruzi n’ishoramari bumaze igihe kirekire hagati y’Afurika n,uBuhinde.

Perezida Kagame yagize ati: “Afurika n’uBuhinde bihuriye kubufatanye bumaze igihe kirekire ndetse n’intego zigamije imibereho myiza n’iterambere by’abaturage bacu. Ubucurizi hagati y’u Buhinde n’ u Rwanda buratera imbere ariko haracyari inzego nyinshi zashorwamo imari. Kimwe nk’uBuhinde, u Rwanda rufite intego yokugera kumpinduka z’igihe kirekire hashingiwe kugukangurira abaturage gutanga umusaruro uhagije.”

Perezida Kagame kandi yahamagariye abashoramari b’aba hinde kuza gukorera mu Rwanda, ababwirako u Rwanda rwiteguye kubakira.

Yagize ati: “Dushingiye kumuvuduko wihuta w’Isi ya none, dufite amahirwe yo kongera ingano y’ibyo Afurika yohereza mu Buhinde, bikava kuri peteroli n’amabuye y’agaciro gusa. Twiteguye kugirana ibiganiro ku ishoramari. Turateganya kongera ibikorwa hagati yacu n’uBuhinde harimo no gutangiza mu mezi make ari imbere ingendo z’indege za Rwandair zizerekeza mu mugi wa Mumbai. Umuco w’u Buhinde w’ishora mari rihamye uhuye n’intego zacu ndetse n’ama hirwe y’ishoramari ari mu gihugu cyacu. Dufite impamvu yo kugera kuntego zacu kandi turi hano kugirango 0-9bigerweho.”

Perezida Kagame yanagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’uBuhinde Narendra Modi ndetse na Minisitiri wa Leta ya Gurajat, Pradipsinh Jadeja. Mu biganiro byaPerezida Kagame na Minisitiri Modi bibanze kungingo zitandukanye kubufatanye bw’ibihugu byombi ndetse nagahunda z’uBuhinde zo kongera ibikorwa nk’umufatanya bikorwa w’Afurika.

Ibihugu byombi byemeranije kuzamura urwego rw’ubufatanye busanzwe bukagera kurwego ruhamye hibandwa kunzego z’iterambere mu bihugu byombi ndetse no mu turere biherereyemo. U Rwanda kandi rwi shimye icyemezo cy’uBuhinde cyogufungura ibiro by’ubuhagarariye mu Rwanda.

-5331.jpg

-5329.jpg

-5330.jpg

-5327.jpg

-5328.jpg

-5326.jpg

-5325.jpg

Inama ya Vibrant Gujarat Summit iba inshuro ebyiri mu mwaka ikaba igamije guteza imbere ishoramari. Kuva itangiyekuba mu mwaka wa 2003, yasinyiwemo amasezerano atandukanye y’ubufatanye, yanabaye kandi urubuga rwo kugaragarizamo ahari amahirwe y’ishoramari no kungurana ubumenyi.

Source : Office of the President -Communications Office

2017-01-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda ku mwanya wa kabiri ku Isi mu kugira abasirikare benshi mu butumwa bw’amahoro

U Rwanda ku mwanya wa kabiri ku Isi mu kugira abasirikare benshi mu butumwa bw’amahoro

Ubwanditsi 28 Sep 2018
Gicumbi: Ubukene, ubujiji n’indwara byarindimukanye n’ubutegetsi bubi cyane

Gicumbi: Ubukene, ubujiji n’indwara byarindimukanye n’ubutegetsi bubi cyane

Ubwanditsi 10 Jul 2024
Kamanzi na Maniriho batorewe guhagararira urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko

Kamanzi na Maniriho batorewe guhagararira urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko

Ubwanditsi 05 Sep 2018
Ibyo Kabila aherutse gutangaza bishobora gutuma umuriro wongera kwaka muri DRC

Ibyo Kabila aherutse gutangaza bishobora gutuma umuriro wongera kwaka muri DRC

Ubwanditsi 06 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Rwanda : Leta yiyemeje kwishyurira amazi, amashanyarazi n’imihanda abubaka ‘appartments’
Mu Rwanda

Mu Rwanda : Leta yiyemeje kwishyurira amazi, amashanyarazi n’imihanda abubaka ‘appartments’

Ubwanditsi 12 May 2017
APR FC yanyagiye Marines FC ikomeza kwanikira Rayon Sports
IMIKINO

APR FC yanyagiye Marines FC ikomeza kwanikira Rayon Sports

Ubwanditsi 21 Apr 2018
Minisitiri w’intebe Dr Ngirente yavuze ko nta we Leta yahatira kubyara abana runaka
POLITIKI

Minisitiri w’intebe Dr Ngirente yavuze ko nta we Leta yahatira kubyara abana runaka

Ubwanditsi 26 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru