• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»U Bwongereza: Urukiko rw’Ikirenga rwatesheje agaciro icyemezo cya Minisitiri w’Intebe cyo guhagarika Inteko

U Bwongereza: Urukiko rw’Ikirenga rwatesheje agaciro icyemezo cya Minisitiri w’Intebe cyo guhagarika Inteko

Ubwanditsi 25 Sep 2019 POLITIKI

Urukiko rw’Ikirenga rwanzuye ko icyemezo cyo guhagarika Inteko Ishinga Amategeko by’agateganyo cyafashwe na Minisitiri w’Intebe Boris Johnson kitubahirije amategeko.

Guhera mu ntangiriro za Nzeri Boris yahagaritse imirimo y’Inteko by’agateganyo, benshi bavuga ko icyo agamije ari ukubuza abadepite kuganira kuri gahunda za Guverinoma z’uburyo igihugu cyabo kizivana mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU).

Itariki ntarengwa u Bwongereza bwahawe yo kuba bwahisemo uburyo bwo kuva muri EU ni tariki 31 Ukwakira uyu mwaka.

Boris yakunze kuvuga ko we ashaka ko igihugu cye kiva muri EU uko cyavamo kose, mu gihe abandi basaba ko kivamo habayeho ubwumvikane bw’uburyo kizakomeza gukorana n’uwo muryango.

Urukiko rw’Ikirenga kuri uyu wa Kabiri rwatangaje ko guhagarika Inteko Ishinga amategeko bitari byubahirije amategeko kandi ari ukuvogera amahame y’imena ya demokarasi.

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko bikiri kwiga ku mwanzuro urukiko rw’Ikirange rwafashe.

Boris yavuze ko yahagaritse imirimo y’inteko kugira ngo abone umwanya wo gutegura imigambi ya Guverinoma ye mbere y’ijambo ry’umwamikazi rizavugwa tariki 14 Ukwakira.

Umucamanza Hale w’urukiko rw’ikirenga yavuze ko atari byo, ati “umwanzuro wo kugira inama Umwamikazi ngo ahagarike Inteko ntabwo wubahirije amategeko kuko byagize ingaruka ku Nteko kugira ngo ibashe gukomeza imirimo yayo kandi nta mpamvu igaragara yatanzwe.”

Urukiko rwavuze ko igisigaye ari ah’Inteko Ishinga Amategeko kugena igikurikiraho.

Nyuma y’umwanzuro w’urukiko, bamwe mu badepite basabye Boris kwegura kandi Inteko Ishinga Amategeko igasubira mu mirimo mu maguru mashya.

Umuyobozi w’ishyaka ry’abakozi, Jeremy Corbyn yasabye Boris gusuzuma niba umwanya arimo awukwiriye ubundi akegura.

Perezida w’umutwe w’abadepite, John Bercow yashimye umwanzuro w’urukiko, avuga ko Inteko ishinga amategeko igomba kugaruka mu mirimo kuri uyu wa Gatatu.

Depite Andrew Bridgen we yavuze ko umwanzuro w’urukiko wamubabaje ndetse ko ari igitutsi kuri demokarasi y’u Bwongereza gutesha agaciro icyemezo Guverinoma yari yafashe.

Kugeza ubu umupira uri mu ntoki z’abadepite, niba bafata umwanzuro wo kweguza Boris Johnson cyangwa bamureka imirimo igakomeza.

2019-09-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikinyamakuru cya Leta ya Uganda, New Vision cyatangaje ibinyoma ko habayeho ibiganiro hagati ya Kagame na Museveni

Ikinyamakuru cya Leta ya Uganda, New Vision cyatangaje ibinyoma ko habayeho ibiganiro hagati ya Kagame na Museveni

Ubwanditsi 06 Nov 2017
Amerika: Umusenateri yabwiye bagenzi be ibigwi bya Perezida Kagame

Amerika: Umusenateri yabwiye bagenzi be ibigwi bya Perezida Kagame

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Kenya na Ghana byabimburiye ibindi kwemeza burundu amasezerano y’isoko rusange yasinyiwe i Kigali

Kenya na Ghana byabimburiye ibindi kwemeza burundu amasezerano y’isoko rusange yasinyiwe i Kigali

Ubwanditsi 10 May 2018
Ethiopia igiye gushyiraho Minisitiri w’Intebe mushya usimbura Desalegn weguye

Ethiopia igiye gushyiraho Minisitiri w’Intebe mushya usimbura Desalegn weguye

Ubwanditsi 06 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hari Akagambane  Ko Kuzana Kayumba Nyamwasa Kumutuza Muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Hari Akagambane Ko Kuzana Kayumba Nyamwasa Kumutuza Muri Uganda

Ubwanditsi 15 Aug 2018
U Rwanda rwemeje burundu Amasezerano y’i Paris yerekeye imihindagurikire y’ibihe
Mu Mahanga

U Rwanda rwemeje burundu Amasezerano y’i Paris yerekeye imihindagurikire y’ibihe

Ubwanditsi 20 Oct 2016
Inama yahurije i Bujumbura Abakuru b’Ibihugu byo muri aka karere, nta kintu itubwiye” – Patrick Muyaya.
Amakuru

Inama yahurije i Bujumbura Abakuru b’Ibihugu byo muri aka karere, nta kintu itubwiye” – Patrick Muyaya.

Ubwanditsi 08 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru