• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Amashyaka PL na PSD mu nzira yo gutangaza abakandida babo ku mwanya wa Perezida wa Repubulika?

Amashyaka PL na PSD mu nzira yo gutangaza abakandida babo ku mwanya wa Perezida wa Repubulika?

Ubwanditsi 31 May 2017 POLITIKI

Mugihe bamwe mu bakandida bigenga bakomeje kugaragaza ubushake mu kwiyamamariza kuyobora u Rwanda, amakuru aturuka mu mashyaka PL na PSD aravuga ko kuri icyi cyumweru nayo ashobora gutanga umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika.

Ishyaka PL ryasohoye ubutumire bugenewe abayoboke bayo kwitabira Congres idasanzwe y’ishyaka kuri iki cyumweru tariki ya 4 Kamena 2017. Muri Kigali Conference and Exhibition Village ( bakunze kwita Camp Kigali). Ishyaka rya PSD naryo riteganya congres y’ishyaka taliki ya 3-4 Kamena 2017

-6744.jpg

-6746.jpg

Ku basesenguzi, basanga PL iramutse itanze umukandida ataba Mukabalisa Donathila. Babihera ko Donathila ubu afite umwanya ukomeye muri Leta, nk’umuyobozi w’Inteko Ishinga amategegeko umutwe w’abadepite. Aho rero, kujya mu ruhando rwo gushaka amajwi, akenshi akunze kuza adashimishije, byatera ipfunwe ishyaka. Ariko na none, hakaba hari abavugwa ko bashobora kuba aribo baserukira ishyaka PL, nka Munyangeyo Theogene cyangwa Amb. Nsengimana Joseph.

Munyangeyo, babihera ko ari amaraso mashya, ni umusore ukizamuka, aramutse agize n’amajwi make ntawabimurenganyiriza. Naho Amb. Nsengimana we, ni inararibonye muri politiki, yatangiranye n’ishyaka, yakoze imirimo ikomeye irimo ubu minisitiri, Ambassaderi muri Loni, ubu akaba nta n’akandi kazi afite, ari mu kiruhuko. Uyu Amb. Nsengimana, aramutse abonye amajwi, yemwe niyo yaba yisumbuyeho, ntawe byatangaza, kandi ashobora no kuboneraho iteke yo kwinjira muri Sena.

Muri PSD ho, biragoye kugereranya. Ntawukuriryayo Jean Damascene kumusubizamo, Biruta ashobora kutabyemera, Lyambabaje, asa n’uwiyeguriye noneho ahagarariye za Kaminuza za East Africa, Minisitiri w’Intebe agiye kujyamo haba harimo gukubagana, Dr Ngabitsinze, ni umusore utaramenyekana, cyeretse abaye Ambasaderi Nduhungirehe uhagarariye u Rwanda mu Bubiligi cyangwa Depite Nkusi.

Ibyari byo byose urubuga rwa Politiki rugiye kuryoha cyane ko uyu mwaka habonetse abakandida benshi, dutegereje icyemezo kongere z’aya mashyaka zizafata nkuko amategeko abagenga abiteganya.

-6745.jpg

Urubuga rwa Politiki rugiye gushyuha

Cyiza Davidson

2017-05-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu

Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu

Ubwanditsi 05 Dec 2024
SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

Ubwanditsi 01 Mar 2024
Ikiganiro kirambuye Perezida Kagame yagiranye na New African Magazine

Ikiganiro kirambuye Perezida Kagame yagiranye na New African Magazine

Ubwanditsi 09 Apr 2017
Biravugwa ko umuyobozi wa CIA yerekeje muri Koreya ya Ruguru kubonana na Kim Jong un

Biravugwa ko umuyobozi wa CIA yerekeje muri Koreya ya Ruguru kubonana na Kim Jong un

Ubwanditsi 18 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abasirikari benshi b’Afrika y’Epfo baba barishyize mu maboko ya M23!
Amakuru

Abasirikari benshi b’Afrika y’Epfo baba barishyize mu maboko ya M23!

Ubwanditsi 03 Apr 2024
Perezida mushya wa Congo-Kinshasa , Felix Tshisekedi arasura u Rwanda mu byumweru bibiri
INKURU NYAMUKURU

Perezida mushya wa Congo-Kinshasa , Felix Tshisekedi arasura u Rwanda mu byumweru bibiri

Ubwanditsi 13 Mar 2019
Mu muhezo Perezida Kagame  yahuriye   i Rubavu na Perezida Kabila ( Yavuguruwe )
Mu Rwanda

Mu muhezo Perezida Kagame yahuriye i Rubavu na Perezida Kabila ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 12 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru