• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame na João Lourenço wa Angola bagiye mu Bubiligi aho baziga ku kibazo cya Congo
Perezida João Lourenço wa Angola yerekeje i Paris nyuma ya Perezida Kagame

Perezida Kagame na João Lourenço wa Angola bagiye mu Bubiligi aho baziga ku kibazo cya Congo

Ubwanditsi 30 May 2018 POLITIKI

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda akaba n’umuyobozi mukuru w’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), na mugenzi we wa Angola, João Lourenço bazahura n’abayobozi batandukanye mu Bubiligi aho bazigira hamwe ikibazo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Biteganyijwe ko aba bayobozi bombi, bazagirira uruzinduko mu Bubiligi, mu ntangiriro z’ukwezi kwa Gatandatu. Perezida João Lourenço wa Angola ngo azagirira uruzinduko rw’akazi muri iki gihugu tariki ya 3-5 Kamena 2018.

Nk’uko ikinyamakuru Jeune Afrique kibitangaza, ngo ubwo João Lourenço azaba ari mu Bubiligi, azagirana ibiganiro n’umwami Philippe w’u Bubiligi, Minisitiri w’Intebe, Charles Michel  ndetse n’icyegera cya Minisitiri w’Intebe, unafite mu nshingano ububanyi n’amahanga, Bwana Didier Reynders.

Ubwo uruzinduko rwa João Lourenço ruzaba rurangiye, Leta y’u Bubiligi kandi ngo izaba yiteguye kwakira Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame by’umwihariko ubu unayoboye umuryango w’Ubumwe bwa Afurika (AU).

Perezida Kagame na mugenzi Lourenço wa Angola

Iki kinyamakuru gitangaza ko Perezida Kagame azagirira uruzinduko mu Bubiligi, ku wa 4-6 Kamena 2018, uru ruzinduko rukazahurirana n’inama ngarukamwaka yiga ku iterambere “Journée Européenne de développement”.

Biteganyijwe ko Perezida Kagame azagirana ibiganiro na Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Jean-Claude Juncker. Nyuma Perezida Kagame agirane ibiganiro na Perezida w’Akanama k’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Donald Tusk ndetse na Perezida w’Inteko Nshingamategeko muri uyu muryango, Bwana Antonio Tajani.

Ibi biganiro hagati y’aba bayobozi bose, ngo ni ingirakamaro ku mpande zoze, aho ngo nyuma y’aba, Perezida Kagame azabonana n’umwami w’u Bubiligi, Philippe na Minisitiri w’Intebe, Charles Michel.

Ibi biganiro Perezida Kagame na mugenzi we wa Angola, João Lourenço bagiye kugirana n’abayobozi batandukanye mu Bubiligi, bije rukurikira ibyo bagiriye mu Bufaransa, aho bombi baganiriye na Perezida Emmanuel Macro.

Nk’uko byagenze mu Bufaransa, Jeune Afrique, itangaza ko ku murongo w’ibizigwa, ikibazo cya Congo kizagarukwaho mu bizaganirwaho.

Mu biganiro Perezida Kagame yagiranye na Emmanuel Macro, byagarutse ku bibazo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo irimo muri ibi bihe, mbere y’amatora ya Perezida wa Repubulika.

Emmanuel Macro w’u Bufaransa, yatangarije itangazamakuru ko yaganiriye na Kagame aho AU ihagaze n’ibihugu byo mu karere mu kibazo cya RDC, ndetse ko u Bufaransa bushyigikiye gahunda yo gushaka umuti w’ibi bibazo byugarije iki gihugu.

Impungenge ni zose kuri Leta ya Kabila:

Aho Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo imenyeye ko mu byo aba bakuru b’ibihugu baganiriye harimo no kugaruka kuri Politiki yayo (RDC) muri iki gihe hitegurwa amatora, yagaragaje impungenge ifite mu gihe ishinja ibihugu by’ibituranyi gushaka gukuraho Perezida Kabila.

Ku wa Gatandatu tariki ya 26 Gicurasi 2018, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa RDC, Léonard She Okitund, yatumije ba Ambasaderi bahagarariye u Rwanda, Angola n’u Bufaransa muri RDC, ababaza kuri gahunda ibi bihugu bibiri bifite ndetse ishyigikiwe na Leta ya Paris, iyo ari yo.

Ku wa mbere tariki ya 28 Gicurasi, Perezida wa Angola nibwo yagiriye uruzinduko mu Bufaransa ndetse anagirana ibiganiro na Perezida Macro, nabwo bitangazwa ko bize ku kibazo cya RDC. Izi nzinduko z’aba bayobozi bombi mu Bufaransa, nizo zateye impungenge Leta ya Congo, aho itangaza ko bitumvikana uburyo yigwaho itatumiwe.

Mu gihe Leta ya Kabila yo ifite amakenga ko ibihugu by’ibituranyi byaba birimo gushaka inzira yo kumukuraho, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Uburasirazuba, Nduhungirehe Olivier, yatangaje ko gahunda iriho yo gushakira ikibazo cya Congo umuti, yazanwe na Perezida wa Angola uzatumira abakuru b’ibihugu byo mu karere bakaganira kuri DRC.

Min.Nduhungirehe avuga ko Perezida Kagame, nk’umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yatangaje ko ashyigikiye iki gitekerezo ndetse ko azashyigikira n’ikizava muri iyo nama.

I Paris, Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we, Emmanuel Macro
Perezida Emmanuel Macro yakira João Lourenço wa Angola, i Paris

2018-05-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyo Perezida Kagame atekereza ku bavuga ko bigoye kumusimbura

Icyo Perezida Kagame atekereza ku bavuga ko bigoye kumusimbura

Ubwanditsi 15 May 2017
Perezida Kagame na Nkurunziza w’u Burundi bagiye guhurira i Bukavu

Perezida Kagame na Nkurunziza w’u Burundi bagiye guhurira i Bukavu

Ubwanditsi 07 Oct 2019
Amafoto: Rayon Sports yunamiye imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 ishyinguwe mu rwibutso rwa Ntarama

Amafoto: Rayon Sports yunamiye imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 ishyinguwe mu rwibutso rwa Ntarama

Ubwanditsi 14 Apr 2022
Amatora: Emmanuel Macron na Marine Le Pen mu cyiciro cya kabiri cy’abahatanira kuyobora u Bufaransa

Amatora: Emmanuel Macron na Marine Le Pen mu cyiciro cya kabiri cy’abahatanira kuyobora u Bufaransa

Ubwanditsi 23 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itsinda ry’impuguke muri kaminuza zo muri Leta Zunze ubumwe za Amerika ziramagana abita Paul Rusesabagina intwari, kandi ari umugizi wa nabi wishoye mu bikorwa by’iterabwoba
INKURU NYAMUKURU

Itsinda ry’impuguke muri kaminuza zo muri Leta Zunze ubumwe za Amerika ziramagana abita Paul Rusesabagina intwari, kandi ari umugizi wa nabi wishoye mu bikorwa by’iterabwoba

Ubwanditsi 02 Dec 2020
Croatia yageze muri ¼ isezereye Denmark kuri penaliti isangayo u Burusiya
IMIKINO

Croatia yageze muri ¼ isezereye Denmark kuri penaliti isangayo u Burusiya

Ubwanditsi 02 Jul 2018
APR FC yafashe umwanya wa mbere itsinze Bugesera FC, Rayon yatakaje uyu mwanya nyuma yo kunganya na Marines FC 
Amakuru

APR FC yafashe umwanya wa mbere itsinze Bugesera FC, Rayon yatakaje uyu mwanya nyuma yo kunganya na Marines FC 

Ubwanditsi 05 Apr 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru