• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame na João Lourenço wa Angola bagiye mu Bubiligi aho baziga ku kibazo cya Congo
Perezida João Lourenço wa Angola yerekeje i Paris nyuma ya Perezida Kagame

Perezida Kagame na João Lourenço wa Angola bagiye mu Bubiligi aho baziga ku kibazo cya Congo

Ubwanditsi 30 May 2018 POLITIKI

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda akaba n’umuyobozi mukuru w’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), na mugenzi we wa Angola, João Lourenço bazahura n’abayobozi batandukanye mu Bubiligi aho bazigira hamwe ikibazo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Biteganyijwe ko aba bayobozi bombi, bazagirira uruzinduko mu Bubiligi, mu ntangiriro z’ukwezi kwa Gatandatu. Perezida João Lourenço wa Angola ngo azagirira uruzinduko rw’akazi muri iki gihugu tariki ya 3-5 Kamena 2018.

Nk’uko ikinyamakuru Jeune Afrique kibitangaza, ngo ubwo João Lourenço azaba ari mu Bubiligi, azagirana ibiganiro n’umwami Philippe w’u Bubiligi, Minisitiri w’Intebe, Charles Michel  ndetse n’icyegera cya Minisitiri w’Intebe, unafite mu nshingano ububanyi n’amahanga, Bwana Didier Reynders.

Ubwo uruzinduko rwa João Lourenço ruzaba rurangiye, Leta y’u Bubiligi kandi ngo izaba yiteguye kwakira Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame by’umwihariko ubu unayoboye umuryango w’Ubumwe bwa Afurika (AU).

Perezida Kagame na mugenzi Lourenço wa Angola

Iki kinyamakuru gitangaza ko Perezida Kagame azagirira uruzinduko mu Bubiligi, ku wa 4-6 Kamena 2018, uru ruzinduko rukazahurirana n’inama ngarukamwaka yiga ku iterambere “Journée Européenne de développement”.

Biteganyijwe ko Perezida Kagame azagirana ibiganiro na Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Jean-Claude Juncker. Nyuma Perezida Kagame agirane ibiganiro na Perezida w’Akanama k’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Donald Tusk ndetse na Perezida w’Inteko Nshingamategeko muri uyu muryango, Bwana Antonio Tajani.

Ibi biganiro hagati y’aba bayobozi bose, ngo ni ingirakamaro ku mpande zoze, aho ngo nyuma y’aba, Perezida Kagame azabonana n’umwami w’u Bubiligi, Philippe na Minisitiri w’Intebe, Charles Michel.

Ibi biganiro Perezida Kagame na mugenzi we wa Angola, João Lourenço bagiye kugirana n’abayobozi batandukanye mu Bubiligi, bije rukurikira ibyo bagiriye mu Bufaransa, aho bombi baganiriye na Perezida Emmanuel Macro.

Nk’uko byagenze mu Bufaransa, Jeune Afrique, itangaza ko ku murongo w’ibizigwa, ikibazo cya Congo kizagarukwaho mu bizaganirwaho.

Mu biganiro Perezida Kagame yagiranye na Emmanuel Macro, byagarutse ku bibazo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo irimo muri ibi bihe, mbere y’amatora ya Perezida wa Repubulika.

Emmanuel Macro w’u Bufaransa, yatangarije itangazamakuru ko yaganiriye na Kagame aho AU ihagaze n’ibihugu byo mu karere mu kibazo cya RDC, ndetse ko u Bufaransa bushyigikiye gahunda yo gushaka umuti w’ibi bibazo byugarije iki gihugu.

Impungenge ni zose kuri Leta ya Kabila:

Aho Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo imenyeye ko mu byo aba bakuru b’ibihugu baganiriye harimo no kugaruka kuri Politiki yayo (RDC) muri iki gihe hitegurwa amatora, yagaragaje impungenge ifite mu gihe ishinja ibihugu by’ibituranyi gushaka gukuraho Perezida Kabila.

Ku wa Gatandatu tariki ya 26 Gicurasi 2018, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa RDC, Léonard She Okitund, yatumije ba Ambasaderi bahagarariye u Rwanda, Angola n’u Bufaransa muri RDC, ababaza kuri gahunda ibi bihugu bibiri bifite ndetse ishyigikiwe na Leta ya Paris, iyo ari yo.

Ku wa mbere tariki ya 28 Gicurasi, Perezida wa Angola nibwo yagiriye uruzinduko mu Bufaransa ndetse anagirana ibiganiro na Perezida Macro, nabwo bitangazwa ko bize ku kibazo cya RDC. Izi nzinduko z’aba bayobozi bombi mu Bufaransa, nizo zateye impungenge Leta ya Congo, aho itangaza ko bitumvikana uburyo yigwaho itatumiwe.

Mu gihe Leta ya Kabila yo ifite amakenga ko ibihugu by’ibituranyi byaba birimo gushaka inzira yo kumukuraho, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Uburasirazuba, Nduhungirehe Olivier, yatangaje ko gahunda iriho yo gushakira ikibazo cya Congo umuti, yazanwe na Perezida wa Angola uzatumira abakuru b’ibihugu byo mu karere bakaganira kuri DRC.

Min.Nduhungirehe avuga ko Perezida Kagame, nk’umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yatangaje ko ashyigikiye iki gitekerezo ndetse ko azashyigikira n’ikizava muri iyo nama.

I Paris, Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we, Emmanuel Macro
Perezida Emmanuel Macro yakira João Lourenço wa Angola, i Paris

2018-05-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ishoramari mvamahanga ryageze kuri miliyari 1.598,3 Frw mu mwaka umwe

Ishoramari mvamahanga ryageze kuri miliyari 1.598,3 Frw mu mwaka umwe

RUSHYASHYA 19 Feb 2026
Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kudakuka umutima kubera Coronavirus

Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kudakuka umutima kubera Coronavirus

Ubwanditsi 14 Mar 2020
Igitutu cya M23 cyasohoye Tshisekedi mu bitaro adakize, none uburwayi bumuvugishije amangambure.

Igitutu cya M23 cyasohoye Tshisekedi mu bitaro adakize, none uburwayi bumuvugishije amangambure.

Ubwanditsi 07 Aug 2024
Uko Perezida Kagame na FPR- Inkotanyi bakoze ibirenze ibitangaza byananiye andi Mashyaka ya Politiki

Uko Perezida Kagame na FPR- Inkotanyi bakoze ibirenze ibitangaza byananiye andi Mashyaka ya Politiki

Ubwanditsi 18 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Leta irotswa igitutu ngo ikore nk’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Leta irotswa igitutu ngo ikore nk’u Rwanda

Ubwanditsi 20 Nov 2017
Abagore ba FPR Inkotanyi baravuga imyato Perezida Kagame wabahaye ijambo
INKURU NYAMUKURU

Abagore ba FPR Inkotanyi baravuga imyato Perezida Kagame wabahaye ijambo

Ubwanditsi 02 Dec 2017
Mukarurangwa yabeshye ko yahowe gushyigikira Diane Rwigara ahabwa ubuhungiro muri Amerika
ITOHOZA

Mukarurangwa yabeshye ko yahowe gushyigikira Diane Rwigara ahabwa ubuhungiro muri Amerika

Ubwanditsi 07 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru