• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye
Ibumoso : Ndahimana JP,umuyobozi w'ikigo nderabuzima cya karongi, Dorcella Mukashema V/M ushinzwe imibereho myiza y'Abaturage na Bahati Innocent [ ABASIRWA ]

Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye

Ubwanditsi 02 Apr 2019 Mu Rwanda, POLITIKI

Ubwo urugaga rw’Abanyamakuru bandika kuri Sida, n’iterambere ry’ubuzima mu Rwanda (ABASIRWA), rwasuraga akarere ka Karongi tariki ya 26-27/03/2019, ku bitaro bikuru bya Kibuye ndetse n’ikigo nderabuzima cya Karongi.

Mu cyumba cy’inama ku kigo nderabuzima cya Kibuye, tariki ya 27/03/2019, baganiriye n’ababana n’ubwandu bwa Sida bakora umwuga w’uburaya, bagaragariza abanyamakuru ibibazo bitandukanye bahura nabyo mu buzima busanzwe, byaje gusubizwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bwari buhagarariwe na Visi Meya Ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage Dorosera Mukashema.

Umwe mu bakora umwuga w’uburaya, bibaye ngombwa ko tudatangaza amazina ye ubarizwa muri koperative “Twihangirumurimo Tumusezerere “”, yavuze ko ari mu cyiciro cya gatatu cy’ubudehe, bimukomerera cyane kwishyurira umwana we wiga mu mashuri yisumbuye amafaranga yo kurya saa sita.

Akomeza avuga ko biba bitanamworoheye kwishyura inzu nkaswe ibiryo by’umunyeshuri ku ishuri, ngo kuko niyo yiboneye umukiriya wiyambariye neza nyir’inzu amumerera nabi amwishyuza, nyamara ngo uwo musirimu aba yamuhonze 1,500 Frw cyangw 2,000 Frw ijoro ryose. We akaba asanga kuba mu cyiciro cya gatatu bimwicira amahirwe menshi.

Undi yavuze ko iyo agiye k’umuhanda akabona igishoro akagura ibase y’amapera, agira ngo yikure mu buraya DASSO iza ikabimena, bityo nimugoroba akitunganya akisubirira mu buraya.

Undi yagize ati” ujya mu muhanda gutega abagabo bakagufata bakakujyana kugufungira Tongati, ko tuba dusize abana mu rugo n’ibintu byacu ubwo se ntibabyiba. Bakatujyana i Mwenda n’imodoka, hanyuma bazaturekura tukagaruka n’amaguru aho dukora urugendo rw’iminsi itatu.

Bamwe siko babibona ahubwo bavuga ko iyo koperative “Twihangirumurimo Tumusezerere” hari  akamaro yabamariye, aho bagurizwa amafaranga mu matsinda bagakora ubucuruzi buciriritse mu isoko rya Kibuye, bakabona ibyo barya n’ibyo bambara ndetse ngo bakanishyura n’inzu.

Madamu Uwimana Cecile, uhagarariye koperative “Twihangirumurimo Tumusezerere”,

Utakibarizwa mu mwuga w’uburaya, uri mu buzima busanzwe, yavuze ko batangiye kugira

Igitekerezo cyo gushinga ishyirahamwe ry’ababana n’ubwandu bakora umwuga w’uburaya mu

2013, bise” Tumusezerere Karongi”, batangiye ari abanyamuryango 41, nyuma umwe aza gupfa

Basigara ari 40. Madamu Uwimana Cecile, yashimiye ubuyobozi bw’u Rwanda bubinyujije mu kigo nderabuzima

Cya Kibuye, ngo iyo bapimye umuntu bagasanga yaranduye bahita bamutangiza imiti. Yavuze

Ko abibaruje bakora umwuga w’uburaya mu karere ka Karongi ahagarariye ari 325 Bwishyura, Gitesi 50, Rubengera 180, Mubuga 120, no muri Gashari 80, bose hamwe ni 755.

Visi Meya Ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage mu Karere ka Karongi Dorosera Mukashema, yashimiye ABASIRWA, agira ati” Tubashimiye ko muri abafatanyabikorwa b’imiberehomyiza mu cyorezo cya Sida. Twabagaragarije uko dufasha uwo bapimye bagasanga yaranduye, aho ahita ahabwa imiti, kurwanya ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Sida, no gukumira ko habaho ubwandu bushya”.

Ati” Ikibazo cy’icyiciro cya gatatu cy’ubudehe bamwe mu baba mu buraya babarizwamo, yavuze ko biva ku kutumva neza imikorere ya mutuelle de santé, yibukije ko abo bakora umwuga w’uburaya ari abanyarwanda bari mu muryango nyarwanda.

Ati”Iyo rero ananiye umuryango avukamo akajya muri uyu mwuga w’uburaya, twe tuba twaramubaruye mu muryango akomokamo, akava aho avuka akaza hano mu mujyi wa Kibuye, gukora uburaya ariko akomeza kubarurwa mu cyiciro cy’iwabo. Urumva rero uwo mwana agomba kwishyura ibyo kurya, kuko icyiciro abaruyemo ariko bigomba kugenda. Ahubwo twe nk’ubuyobozi twumva bava mu buraya bagasubira mu buzima busanzwe nk’abandi banyarwanda”.

Kuba Dasso ibamenera ibyo bacuruza, nyuma bakazajya no gufungwa baba bafatiwe mu buraya cyangwa muri ubwo bucuruzi.

Aha yasubije ko ubuyobozi bw’Akarere bwubatse isoko rinini, ubucuruzi bwo kubungana ibicuruzwa ku mutwe, mu mujyi ugendwamo n’abakerarugendo batandukanye bitagaragara neza, mu gihe mu isoko hari n’imyanya yabuze abayicururizamo. Aboneraho kugira inama abagitekereza kubungana ibicuruzwa k’umutwe, kwishyarahamwe bakabaha umwanya mu isoko kuko ngo n’ubundi isanzwe ihari ari ukubereka gusa aho batereka ibicuruzwa byabo.

Naho gufungwa yavuze ko ari ikigo ngororamuco kiri i Mwendo,  aho bajya kubagororera babona bamaze guhindura imyumvire bakabarekura, ariko ngo ntibabatware mu modoka bagasubira iwabo nk’igihano kugira ngo ikosa bafatiwe baricikeho. Naho kuba bagaruka bahagenze iminsi itatu, yavuze ko ari ukubeshya ari urugendo rutangeje amasaha abiri n’igice, aho ngo bagaruka basubiza ubwenge ku gihe birinda kugwa mu ikosa baguyemo.

Visi Meya Dorosera Mukashema, yagize ati” Icyo twifuza nuko uriya ukora uburaya yava muri buriya buzima bwo gutegereza ibimwizaniye, agashirika ubute agahanga umushinga, noneho ubuyobozi bugatera inkunga uwo mushinga”

Yashoje avuga ko ingamba nshya zihari ari ugukumira ubwandu bushya bwa Sida, no gukumira ku bagore batwite babana n’ubwandu bwa sida bakabyara abana bazima, aho yemeje ko bigeze ku rwego rushimishije.

Burasa Jean Gualbert

2019-04-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Ikiganiro Ribara Uwariraye” kigamije gushinyagurira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

“Ikiganiro Ribara Uwariraye” kigamije gushinyagurira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 25 Apr 2025
Dufatanye gukumira impanuka. N’ubwo umwe yayigwamo, ni igihombo gikomeye, Polisi

Dufatanye gukumira impanuka. N’ubwo umwe yayigwamo, ni igihombo gikomeye, Polisi

Ubwanditsi 27 Nov 2017
Sugira Ernest na Manace Mutatu Mbedi bafashije ikipe ya Rayon Sports gutsinda Bugesera FC mu mukino wa gicuti wabonetsemo amakarita abiri atukura.

Sugira Ernest na Manace Mutatu Mbedi bafashije ikipe ya Rayon Sports gutsinda Bugesera FC mu mukino wa gicuti wabonetsemo amakarita abiri atukura.

Ubwanditsi 22 Apr 2021
Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Ubwanditsi 31 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FARDC iratangaza ko ari yonyine mu rugamba rugamije kurandura burundu ADF
HIRYA NO HINO

FARDC iratangaza ko ari yonyine mu rugamba rugamije kurandura burundu ADF

Ubwanditsi 14 Jan 2018
Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL
Amakuru

Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL

Ubwanditsi 24 May 2025
U Rwanda rukomeje kuba isangano ry’isi, binyuze mu marushanwa mpuzamahanga
Amakuru

U Rwanda rukomeje kuba isangano ry’isi, binyuze mu marushanwa mpuzamahanga

Ubwanditsi 10 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru