• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL

Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL

Ubwanditsi 24 May 2025 Amakuru, IKORANABUHANGA, IMIKINO, INKURU NYAMUKURU

Guhera tariki ya 17 Gicurasi kugeza kuya 25 Gicurasi 2025, mu Rwanda by’umwihariko muri BK Arena harimo kubera irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) mu gace ka Nile Conference.

Ni agace gahuje amakipe ane yo mu bihugu bitandukanye aribyo u Rwanda rwakiriye ruhagarariwe na APR BBC, Kenya ihagarariwe na Nairobi City Thunder, Libya ifite Al Ahli Tripoli ndetse na Based Basketball yo muri Afurika y’Epfo.

Ni imikino yatangiye guhera ku wa gatandatu aho kugeza ubu hamaze gukinwa imikino ine kuri buri kipe yitabiriye iri rushanwa, kugeza ubu ikipe ya Al Ahli niyo iyoboye urutonde ndetse yanamaze kubona itike yo kuzakina imikino ya nyuma izabera muri Afurika y’Epfo.

Ku mwanya wa Kabiri hari ikipe ya APR BBC imaze gutsinda imikino ibiri inganya na MBB yo muri Afurika y’Epfo hagasoza Nairobi City thunder yo yamaze gutisnda umukino umwe.

Muri iyi nkuru yacu, tugiye kurebera hamwe akamaro ko kwakira iri rushanwa rya BAL ririmo gukinwa ku nshuro yaryo ya Gatanu, aho mu nshuro enye ziheruka u Rwanda rwakiraga imikino ya nyuma, ubu hakaba hari gukinirwa Nile Conference.

Kwakira irushanwa rya BAL bituma abakinnyi, abafana, abanyamakuru n’abandi baturuka mu bihugu bitandukanye baza mu Rwanda, bikongera abasura amahoteli, ibinyabiziga, resitora n’ahandi hahoze abantu benshi ikiruta byose ni uko abobose bafasha kumenyekanisha igihugu ndetse isura yacyo ikagera kure.

Gutanga Imirimo:

Muri iki gihe cy’imikino ya BAL, uretse kwirabira imikino haba hari imirimo y’igihe gito n’igihe kirekire mu bijyanye no gutegura ibirori, umutekano, kwakira abantu, kwamamaza n’ibindi bifasha abantu kwiteza imbere.

Amahirwe y’Ubucuruzi:

Abacuruzi b’imbere mu gihugu barimo abacuruza ibyo kurya, ibikoresho, imyambaro n’abandi babona isoko rinini n’amahirwe yo kumenyekana.

Kwamamaza Igihugu ku Rwego Mpuzamahanga:

Uku kwamamaza igihugu ku rwego rw’iyi mikino bituma isura y’Igihugu izamuka cyane ko ibitangazamakuru ndetse n’ababa baje gusura igihugu bakimenyekanisha mubyo bashyira ku mbuga nkoranyambaga.
Ibi nibyo bituma isura y’u Rwanda igaragazwa nk’igihugu gitekanye, cyateye imbere kandi gishoboye kwakira ibirori mpuzamahanga ku buryo n’abandi bashoramari biborohera kuba bashora imari yabo mu gihugu cyiza nk’iki.

Kugaragara mu Itangazamakuru:

Iyi mikino ya BAL yerekanwa ku mateleviziyo mpuzamahanga azwi kandi akomeye cyane, aha twavuga nka ESPN y’abanyamerika, hari Canal Plus y’Abafaransa na NBA TV nk’umufatnyabikorwa mukuru, ndetse ibi bikaba bifasha kongera isura nziza ya Rwanda.

Ububanyi n’Amahanga binyuze muri Siporo:
Byongera umubano mwiza n’ibindi bihugu binyuze ku kuba u Rwanda rwarakiriyeiyi mikino, bityo abayobozi ndetse n’abandi baturage bavamu bihugu bitandukanye bamenya u Rwanda nk’igihugu gifite ijambo mu guteza imbere siporo muri Afurika.

Kunoza Imijyi:

Kwakira imikino n’ibirori nka BAL bituma inzego z’ibikorwaremezo birimo imihanda, itumanaho n’isuku bisubirwamo kandi bigatunganywa neza kurusha uko byari bisanzwe mbere y’uko irushanwa nyirizina ritangira.

Ibikorwaremezo:
Mu bikorwa bitandukanye bikorwa na BAL na NBA Africa, ku bufatanye n’abandi baterankunga na Guverinoma y’u Rwanda hubakwa ibibugabitandukanye bizafasha kuzamura siporo n’impano z’abakiri bato.

Aha twavuga nk’ibibuga bimaze kubakwa harimo icya Kimisagara, icya Club Rafiki, Kimironko, Rubavu, Bugesera ndetse no mu karere ka Bugesera, ibi bikaba biri muri gahunda yo guteza imbere siporo.
BAL na NBA Africa bafite bafite gahunda yo kubaka ibibuga igihumbi mu gihe cy’imyaka 10 iri imbere, aha kandi mu bihugu bizubakwamo ibyo bibuga harimo n’u Rwanda.

Iterambere ry’Urubyiruko na Siporo:

Urubyiruko rubona abakinnyi bakomeye b’intangarugero, bikabatera imbaraga zo gukunda siporo cyane cyane ab’umukino wa Basketball, aha twavuga nka Luol Dong ukomoka muri Sudani y’Epfo uri mu Rwanda, uyu akaba yarabaye icyamamare muri NBA.

Guteza imbere abahanzi:

Muri iki gihe cy’iri rushanwa, BAL iteugura ko mu gihe cy’imikino abahanzi batandukanye basusurutsa ababa bitabiriye iyi mikino, aha twavuga ko hari abahanzi b’imbere mu gihugu ndetse no hanze yahoo kuko aba bose banakuramo Amafaranga.

Amahugurwa:

Basketball Africa League na NBA bafatanya n’ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) mu gutegura amahugurwa ku rubyiruko n’abatoza kugirango bibafashe kongera ubumenyi mu kazi kabo ka buri munsi.

Gutanga amahirwe:

Abakinnyi bo mu Rwanda babona amahirwe yo kugaragara ku rwego mpuzamahanga no gutoranywa n’amakipe akomeye iyo barimo gukina muri iri rushanwa riba ngarukamwaka.

Guhuza Afurika:
Kwakira imikino ya BAL bituma u Rwanda rugaragaza ko rushyigikiye ubumwe bwa Afurik no gukorana mu iterambere.

Guhuriza hamwe Imico Itandukanye:

Buri gihugu kizanye umuco wacyo, bikazamura gusabana n’umuco hagati y’abanyafurika.

Gushora Ishoramari ry’Igihe Kirekire:

Kwizera Igihugu nk’Icyashorwamo Imari hakaba harimo cyane cyane no kwakira neza ibikorwa mpuzamahanga byongera icyizere cy’Abashoramari ku Rwanda.

Ubufatanye na NBA n’Ibigo Mpuzamahanga:

Umubano hagati ya Rwanda n’ibigo bikomeye nka NBA, Nike, na Pepsi urushaho gukomera kuko baba bageze mu Rwanda bagategura uburyo burambye bwo kuzamamaza mu Rwanda no mubindi bikorwa bitandukanye.

Mu gusoza, kuba u Rwanda rwemera kwakira iri rushanwa ryaBAL ni kimwe mu bikorwa bifasha igihugu kugera ku ntego yo kuba igicumbi cya siporo n’ubukerarugendo bushingiye ku bikorwa n’inama mpuzamahanga n’ibindi birori bitandukanye.

2025-05-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Manchester City yiyongereye amahirwe yo kugera ku mukino wa nyumwa wa UEFA Champions League nyuma yo gutsinda PSG

Manchester City yiyongereye amahirwe yo kugera ku mukino wa nyumwa wa UEFA Champions League nyuma yo gutsinda PSG

Ubwanditsi 29 Apr 2021
Miss Vanessa yeruye yemera ko yaryamanye na Olvis, ahamya ko nta kidasanzwe yakoze

Miss Vanessa yeruye yemera ko yaryamanye na Olvis, ahamya ko nta kidasanzwe yakoze

Ubwanditsi 28 Jun 2016
Twese Twiteguye Gutanga Ubuhamya Buzafasha Urubyiruko Kuzirikana ko Jenoside ari Icyaha Ndengakamere – Ibuka Umurenge wa Remera

Twese Twiteguye Gutanga Ubuhamya Buzafasha Urubyiruko Kuzirikana ko Jenoside ari Icyaha Ndengakamere – Ibuka Umurenge wa Remera

Ubwanditsi 13 Apr 2022
Hahamagawe abakinnyi 12 b’ikipe y’igihugu y’abagore ikina umukino wa sitting volley yitegura Paralempike ya 2020 izabera i Tokyo mu mpeshyi ya 2021

Hahamagawe abakinnyi 12 b’ikipe y’igihugu y’abagore ikina umukino wa sitting volley yitegura Paralempike ya 2020 izabera i Tokyo mu mpeshyi ya 2021

Ubwanditsi 13 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Banki ya Kigali yabaye iya mbere mu Rwanda yageze ku rutonde rwa 100 zikomeye muri Afurika
UBUKUNGU

Banki ya Kigali yabaye iya mbere mu Rwanda yageze ku rutonde rwa 100 zikomeye muri Afurika

Ubwanditsi 08 Nov 2019
Android 10 yatangiye gukoreshwa muri telefoni za mbere
IKORANABUHANGA

Android 10 yatangiye gukoreshwa muri telefoni za mbere

Ubwanditsi 06 Sep 2019
I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International
Amakuru

I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International

Ubwanditsi 20 May 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru