• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Banki ya Kigali yabaye iya mbere mu Rwanda yageze ku rutonde rwa 100 zikomeye muri Afurika

Banki ya Kigali yabaye iya mbere mu Rwanda yageze ku rutonde rwa 100 zikomeye muri Afurika

Ubwanditsi 08 Nov 2019 UBUKUNGU

Banki ya Kigali PLC yabaye Banki ya mbere yo mu zikorera ku butaka bw’u Rwanda, yagaragaye ku rutonde rwa banki 100 zihagaze neza muri Afurika.

Urutonde rwa Banki 100 za mbere rukorwa harebwa imari shingiro yazo, ubwizigame zifite, urwunguko zibona n’imigabane ifitwemo n’abandi bantu.

Ubushakashatsi bukorwa hahujwe amakuru arimo ava mu gitabo kibikwamo amakuru y’amabanki n’ibindi bikorwa by’ishoramari, Banker’s Almanac cyashyizweho mu 1845.

Mu gukora urwo rutonde imari y’amabanki yabazwe ihinduwe mu madolari ya Amerika hagendewe ku buryo idolari ryavunjaga ku wa 31 Ukuboza 2018.

Muri rusange Banki zo muri Afurika y’Epfo ziracyayoboye kuri urwo rutonde kuko eshatu za mbere ari izo muri icyo gihugu.

Banki ya mbere yitwa Standard Bank Group ifite imari shingiro ya miliyoni $11,865 ikurikirwa na Absa Bank na FirstRand.

Izo muri Afurika y’Amajyaruguru zirimo Attijariwafa Bank yo muri Maroc ifite imari shingiro ya $ 3,688 na Banki y’Igihugu ya Misiri ifite $ 3,408 nizo zikurikiraho.

Banki ya Kigali yageze kuri uru rutonde ku nshuro ya mbere, inakora amateka yo kuba iya mbere irugezeho mu zikorera mu Rwanda. Iri ku mwanya w’ijana n’imari shingiro ya miliyoni $ 189.

Ikurikira Barclays Bank of Ghana ya 99 nayo ijemo bwa mbere ifite imari shingiro ya miliyoni $ 194, na Standard Bank Mozambique ya 98 yo muri Mozambique yari iya 92 mu 2018.

Ikinyamakuru African Business cyanditse ko “Muri uyu mwaka u Rwanda rutera imbere rwabashije kugaragara ku rutonde rw’ijana nyuma y’imari shingiro ya miliyoni $ 189. Mu mwaka ushize banki yari ifite make muri izo 100 za mbere yari ifite imari shingiro ya miliyoni $ 175 naho mu 2017 yari miliyoni $ 130.”

Icyo kinyamakuru cyagaragaje ko habayeho kugereranya uko ifaranga ryihagazeho imbere y’idolari rya Amerika, iryo muri Afurika y’Epfo bita ‘rand’ ryihagazeho, ipawundi ryo mu Misiri, naira ryo muri Nigeria, idenari ryo muri Maroc n’ishilingi rya Kenya.

Amabanki yateye imbere ngo yagiye agerageza gukoresha ikoranabuhanga no kwegera abashoramari bato n’abaciriritse.

Banki ya Kigali imaze imyaka 53 itanga serivisi zihindura ubuzima bw’Abanyarwanda binyuze muri serivisi z’imari. Niyo banki ya kabiri yageze ku isoko ry’u Rwanda ku wa 22 Ukuboza 1966, itangira imirimo yayo muri Gashyantare 1967.

Mu 2018, Banki ya Kigali yakiriye abakiliya bato barenga 290,000 n’ibigo 24,000; yaguye abayihagarariye (agents) ho abagera kuri 1,427. Ihererekanya ryabaye ringana na miliyoni ebyiri rifite agaciro ka miliyoni 103.6 Frw.

Muri uwo mwaka yungutse miliyoni $30.7, ni ukuvuga agera kuri miliyari 27.4 Frw bingana n’inyongera ya 17.2% ugereranyije n’uwa 2017.

Iyi banki ifite amashami 79, ibyuma bitanga amafaranga bizwi nka ‘ATM’ 95 n’utwuma 1,611 twishyurirwaho twa POS dushobora kwakira amakarita mpuzamahanga ya VISA na MasterCard.

Umutungo mbumbe wa BK Group Plc, ikigo kibumbiye hamwe Banki ya Kigali, BK General Insurance, BK Capital na BK TecHouse ungana na miliyari zisaga 893.2 Frw.

Src: IGIHE

2019-11-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda ruhagaze mu rugendo rw’iterambere rirambye

Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda ruhagaze mu rugendo rw’iterambere rirambye

Ubwanditsi 14 Jan 2020
Perezida wa banki y’ Isi  yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]

Perezida wa banki y’ Isi yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]

Ubwanditsi 18 Mar 2017
Berlin G20: Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika

Berlin G20: Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika

Ubwanditsi 13 Jun 2017
Minisitiri Ndagijimana yatangaje icyadindije intego yari yihawe ko mu 2020 umunyarwanda azaba yinjiza $1240

Minisitiri Ndagijimana yatangaje icyadindije intego yari yihawe ko mu 2020 umunyarwanda azaba yinjiza $1240

Ubwanditsi 27 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Team Rwanda yitezweho kwegukana Tour du Senegal yakiriwe n’Abanyarwanda muri Sénégal
IMIKINO

Team Rwanda yitezweho kwegukana Tour du Senegal yakiriwe n’Abanyarwanda muri Sénégal

Ubwanditsi 20 Apr 2018
Kayonza: Umuturage yafatanywe ibiro 12 by’urumogi mu nzu iwe
Mu Rwanda

Kayonza: Umuturage yafatanywe ibiro 12 by’urumogi mu nzu iwe

Ubwanditsi 14 Aug 2017
Polisi y’u Rwanda irasaba abantu kwirinda ubwambuzi bushukana no gutanga amakuru y’ababukora
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irasaba abantu kwirinda ubwambuzi bushukana no gutanga amakuru y’ababukora

Ubwanditsi 10 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru