• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Ufitiye umwenda leta agiye gukomanyirizwa [ gushyirwa mu kato ]

Ufitiye umwenda leta agiye gukomanyirizwa [ gushyirwa mu kato ]

Ubwanditsi 27 Apr 2018 UBUKUNGU

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa ya Leta, Busingye Johnston, yatangaje ko leta yatangiye gahunda yo kubuza abayibereyemo umwenda kubona serivisi zitandukanye.

Minisitiri Busingye, ku wa 26 Mata 2018, yari mu nama nyunguranabitekerezo yateraniye muri Sena y’u Rwanda yigaga ku kibazo cyo gucunga umutungo wa leta nabi, bigateza igihombo gikabije.

Yavuze ko hari abantu banyereje umutungo wa leta bagatsindwa imanza ariko kugeza ubu bakaba batarishyura, bikaba byarabaye nk’umuco ko umuntu uyitsinze akora ibishoboka byose ikamwishyura ariko uwo itsinze agakora ibishoboka byose ntiyishyure.

Mu gukemura iki kibazo, uyu muyobozi yavuze ko bashyizeho uburyo bubuza serivisi zitandukanye umuntu wanze kwishyura leta, ku buryo bizamuca intege akishyura.

Yagize ati “Kugaruza abantu batekerezaga ko leta iyo igutsinze utayishyura ariko leta iyo uyitsinze igomba kukwishyura, iyo myumvire yari ihari ntabwo nzi uburyo yavutse ariko narayisanze. Ntibyari ngombwa kuyihisha, guhisha ibyo utunze, abantu bumvaga ko yaraburanye bamutegeka kwishyura leta miliyoni 10 Frw ariko si ngombwa kuyatanga.”

Yunzemo ati “Ubu ngubu magingo aya hari ikibazo gishyashya, uwo leta yaraye itsinze azinduka ibyo atunze, agahindura afunga za konti, akabura aho yari azwi ko atuye. Ubu ibyo turi gukora ni uko umuntu atangiye kuburana ni ko dutangira kumenya muri dosiye ye ni bwo tumenya uwo ari we, n’icyo atunze kugira ngo bitazatugora kuko tuzaba tubifite.”

Yakomeje avuga ko kugaruza iby’inkiko zategetse ari urugendo rwabaye rurerure ariko hatangiye kubakwa uburyo butuma umuntu adashobora kuguma kwidegembya.

Yagize ati “Ubu tumaze kugira uburyo bw’ikoranabuhanga ku buryo buri muntu wese wategetswe n’inkiko kugira ibyo yishyura leta, ndetse tukayihuza n’ubundi buryo bw’ikoranabuhanga mu nzego zinyuranye, mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro, Ikigo gishinzwe irangamuntu, abashinzwe ubutaka n’ahandi.”

Busingye yavuze ko ubwo buryo butuma umuntu ubereyemo leta umwenda atazajya abasha gusaba inguzanyo muri banki ngo ayihabwe.

Yagize ati “Byaratangiye, iyo twohereje amazina bayashyiramo ku buryo niba ubereyemo leta amafaranga kwaka umwenda ni ukubanza ukajya gukemura ikibazo wari ufitanye na leta.”

Yavuze ko ubwo buryo bwo kubuza serivisi abo bantu bugomba kwaguka bukanagera ku makarita y’ikoranabuhanga akoreshwa mu kwishyura serivisi.

Ati “Hari n’ubwo twatekereje ibintu bitoya cyane, aya makarita akoreshwa mu kwishyura, twatekereje ko na yo abantu bakwiye kujya bayakoresha wajya kuyakoresha aho wishyura, mu bintu bito cyane, waba ugura nka lisansi ugasanga kuri sitasiyo ikarita yawe yanze gukora kubera ko ufite umwenda. Ubu mu gihe gito na byo biraza kuba byakozwe, turaza kubigeraho. Ku buryo umuntu ubereyemo leta umwenda dutekereza ko adakwiye kuba abona izindi serivisi.”

Nta mibare igaragaza ingano y’amafaranga amaze kugaruzwa minisitiri yatangaje.

Umushinjacyaha Mukuru, Mutangana Jean Bosco, yagaragaje ko ikigero butsindiraho imanza zo kunyereza umutungo cyazamutse, kirenga 80%; mu myaka icumi ishize bwatsinze imanza zirenga igihumbi zaregwagamo abantu 999, inkiko zategetse ko bagomba kwishyura hafi miliyari enye z’amafaranga y’u Rwanda.

Yanavuze ko ikibazo cyo kurigisa umutungo gihangayikishije bitewe n’uko amadosiye yabyo akomeje kwiyongera.

Yagize ati “Ni ukuvuga ngo amakosa mu micungire y’imari arakomeza kuzamuka, abadafite raporo ntamakemwa barakomeza kuba benshi, bivuze ko amafaranga ya leta akomeza kunyerezwa.”

Mutanganga yanavuze ko kugeza ubu hari amafaranga Ubushinjacyaha bumaze kugaruza binyuze mu buryo bw’amande, aho itegeko ribwemerera kubikora. Bamaze kuyaca abakekwaho icyaha cyo kurigisa 347, amande angana na 167,250 000 Frw.

Guhera 2007 kugera 2015, hari amafaranga angana na miliyoni 520 yagarujwe mbere y’uko imanza ziburanishwa, aho abakekwaga 697 bemeye ko babikoze bakayatanga ku neza.

Perezida wa Sena, Makuza Bernard, yavuze ko gucunga nabi umutungo wa leta bituma igihugu kitagera ku cyerekezo kiyemeje ndetse bikanagira ingaruka zikomeye ku muturage, aho yashimangiye ko ayo makosa atazakomeza kwihanganirwa.

 

Minisitiri w’Ubutabera, Busingye Johnston, mu nama nyunguranabitekerezo muri Sena ku kibazo cyo gucunga umutungo wa leta nabi

 

 

Perezida wa Sena, Makuza Bernard

 

Umushinjacyaha Mukuru, Mutangana Jean Bosco

 

Senateri Prof. Karangwa Chrysologue (Iburyo) ni we wayoboye ibiganiro

 

Abanyamabanga bahoraho muri za minisiteri bari batumiwe muri Sena

 

2018-04-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwemeye gutanga miliyoni $2.5 muri miliyari $14 zizakoreshwa na Global Fund

U Rwanda rwemeye gutanga miliyoni $2.5 muri miliyari $14 zizakoreshwa na Global Fund

Ubwanditsi 11 Oct 2019
Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yatangaje ko mu cyumweru gitaha inoti nshya ya 500 Frw n’iya 1000 Frw zizatangira gukoreshwa

Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yatangaje ko mu cyumweru gitaha inoti nshya ya 500 Frw n’iya 1000 Frw zizatangira gukoreshwa

Ubwanditsi 07 Feb 2019
Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2023
Morgan Freeman yasobanuye u Rwanda nk’Indorerwamo y’Amahoro n’Ubwiyunge amahanga yakwirebeyemo  [ VIDEO ]

Morgan Freeman yasobanuye u Rwanda nk’Indorerwamo y’Amahoro n’Ubwiyunge amahanga yakwirebeyemo [ VIDEO ]

Ubwanditsi 17 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jean Luc Habyarimana aherutse guhunahuna muri Congo mu Guhuza Umubano wa FARDC na FDLR
Amakuru

Jean Luc Habyarimana aherutse guhunahuna muri Congo mu Guhuza Umubano wa FARDC na FDLR

Ubwanditsi 27 Aug 2024
Ngororero: Urubyiruko rwo muri paruwasi gatolika ya Kabaya rwasabwe kugira uruhare mu gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Ngororero: Urubyiruko rwo muri paruwasi gatolika ya Kabaya rwasabwe kugira uruhare mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 02 Feb 2016
RNC : Rurageretse hagati ya Jerome Nayigiziki, Kayumba Nyamwasa na Jean Paul Turayishimye
ITOHOZA

RNC : Rurageretse hagati ya Jerome Nayigiziki, Kayumba Nyamwasa na Jean Paul Turayishimye

Ubwanditsi 07 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru