• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Ufitiye umwenda leta agiye gukomanyirizwa [ gushyirwa mu kato ]

Ufitiye umwenda leta agiye gukomanyirizwa [ gushyirwa mu kato ]

Ubwanditsi 27 Apr 2018 UBUKUNGU

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa ya Leta, Busingye Johnston, yatangaje ko leta yatangiye gahunda yo kubuza abayibereyemo umwenda kubona serivisi zitandukanye.

Minisitiri Busingye, ku wa 26 Mata 2018, yari mu nama nyunguranabitekerezo yateraniye muri Sena y’u Rwanda yigaga ku kibazo cyo gucunga umutungo wa leta nabi, bigateza igihombo gikabije.

Yavuze ko hari abantu banyereje umutungo wa leta bagatsindwa imanza ariko kugeza ubu bakaba batarishyura, bikaba byarabaye nk’umuco ko umuntu uyitsinze akora ibishoboka byose ikamwishyura ariko uwo itsinze agakora ibishoboka byose ntiyishyure.

Mu gukemura iki kibazo, uyu muyobozi yavuze ko bashyizeho uburyo bubuza serivisi zitandukanye umuntu wanze kwishyura leta, ku buryo bizamuca intege akishyura.

Yagize ati “Kugaruza abantu batekerezaga ko leta iyo igutsinze utayishyura ariko leta iyo uyitsinze igomba kukwishyura, iyo myumvire yari ihari ntabwo nzi uburyo yavutse ariko narayisanze. Ntibyari ngombwa kuyihisha, guhisha ibyo utunze, abantu bumvaga ko yaraburanye bamutegeka kwishyura leta miliyoni 10 Frw ariko si ngombwa kuyatanga.”

Yunzemo ati “Ubu ngubu magingo aya hari ikibazo gishyashya, uwo leta yaraye itsinze azinduka ibyo atunze, agahindura afunga za konti, akabura aho yari azwi ko atuye. Ubu ibyo turi gukora ni uko umuntu atangiye kuburana ni ko dutangira kumenya muri dosiye ye ni bwo tumenya uwo ari we, n’icyo atunze kugira ngo bitazatugora kuko tuzaba tubifite.”

Yakomeje avuga ko kugaruza iby’inkiko zategetse ari urugendo rwabaye rurerure ariko hatangiye kubakwa uburyo butuma umuntu adashobora kuguma kwidegembya.

Yagize ati “Ubu tumaze kugira uburyo bw’ikoranabuhanga ku buryo buri muntu wese wategetswe n’inkiko kugira ibyo yishyura leta, ndetse tukayihuza n’ubundi buryo bw’ikoranabuhanga mu nzego zinyuranye, mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro, Ikigo gishinzwe irangamuntu, abashinzwe ubutaka n’ahandi.”

Busingye yavuze ko ubwo buryo butuma umuntu ubereyemo leta umwenda atazajya abasha gusaba inguzanyo muri banki ngo ayihabwe.

Yagize ati “Byaratangiye, iyo twohereje amazina bayashyiramo ku buryo niba ubereyemo leta amafaranga kwaka umwenda ni ukubanza ukajya gukemura ikibazo wari ufitanye na leta.”

Yavuze ko ubwo buryo bwo kubuza serivisi abo bantu bugomba kwaguka bukanagera ku makarita y’ikoranabuhanga akoreshwa mu kwishyura serivisi.

Ati “Hari n’ubwo twatekereje ibintu bitoya cyane, aya makarita akoreshwa mu kwishyura, twatekereje ko na yo abantu bakwiye kujya bayakoresha wajya kuyakoresha aho wishyura, mu bintu bito cyane, waba ugura nka lisansi ugasanga kuri sitasiyo ikarita yawe yanze gukora kubera ko ufite umwenda. Ubu mu gihe gito na byo biraza kuba byakozwe, turaza kubigeraho. Ku buryo umuntu ubereyemo leta umwenda dutekereza ko adakwiye kuba abona izindi serivisi.”

Nta mibare igaragaza ingano y’amafaranga amaze kugaruzwa minisitiri yatangaje.

Umushinjacyaha Mukuru, Mutangana Jean Bosco, yagaragaje ko ikigero butsindiraho imanza zo kunyereza umutungo cyazamutse, kirenga 80%; mu myaka icumi ishize bwatsinze imanza zirenga igihumbi zaregwagamo abantu 999, inkiko zategetse ko bagomba kwishyura hafi miliyari enye z’amafaranga y’u Rwanda.

Yanavuze ko ikibazo cyo kurigisa umutungo gihangayikishije bitewe n’uko amadosiye yabyo akomeje kwiyongera.

Yagize ati “Ni ukuvuga ngo amakosa mu micungire y’imari arakomeza kuzamuka, abadafite raporo ntamakemwa barakomeza kuba benshi, bivuze ko amafaranga ya leta akomeza kunyerezwa.”

Mutanganga yanavuze ko kugeza ubu hari amafaranga Ubushinjacyaha bumaze kugaruza binyuze mu buryo bw’amande, aho itegeko ribwemerera kubikora. Bamaze kuyaca abakekwaho icyaha cyo kurigisa 347, amande angana na 167,250 000 Frw.

Guhera 2007 kugera 2015, hari amafaranga angana na miliyoni 520 yagarujwe mbere y’uko imanza ziburanishwa, aho abakekwaga 697 bemeye ko babikoze bakayatanga ku neza.

Perezida wa Sena, Makuza Bernard, yavuze ko gucunga nabi umutungo wa leta bituma igihugu kitagera ku cyerekezo kiyemeje ndetse bikanagira ingaruka zikomeye ku muturage, aho yashimangiye ko ayo makosa atazakomeza kwihanganirwa.

 

Minisitiri w’Ubutabera, Busingye Johnston, mu nama nyunguranabitekerezo muri Sena ku kibazo cyo gucunga umutungo wa leta nabi

 

 

Perezida wa Sena, Makuza Bernard

 

Umushinjacyaha Mukuru, Mutangana Jean Bosco

 

Senateri Prof. Karangwa Chrysologue (Iburyo) ni we wayoboye ibiganiro

 

Abanyamabanga bahoraho muri za minisiteri bari batumiwe muri Sena

 

2018-04-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018

BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018

Ubwanditsi 01 Dec 2018
Byose tubikesha Perezida Kagame

Byose tubikesha Perezida Kagame

Ubwanditsi 13 May 2016
Berlin G20 : Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika

Berlin G20 : Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika

Ubwanditsi 13 Jun 2017
Nukurikiza ibi bintu icumi ntakabuza uzatsinda interview nujya gusaba akazi

Nukurikiza ibi bintu icumi ntakabuza uzatsinda interview nujya gusaba akazi

Ubwanditsi 09 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwalinda Pierre Céléstin yivuyemo nk’inopfu, yiyemerera ko  abajenosideri n’abandi bagome boherereza ‘ingemu’  Nyirabuja Ingabire Victoire
Amakuru

Rwalinda Pierre Céléstin yivuyemo nk’inopfu, yiyemerera ko  abajenosideri n’abandi bagome boherereza ‘ingemu’  Nyirabuja Ingabire Victoire

Ubwanditsi 27 Oct 2022
Kansiime Julius na Geoffrey Zawadi bayoboye abandi bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki mu Rwanda FRVB mu matora ategerejwe muri uku kwezi kwa Werurwe 2021
Amakuru

Kansiime Julius na Geoffrey Zawadi bayoboye abandi bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki mu Rwanda FRVB mu matora ategerejwe muri uku kwezi kwa Werurwe 2021

Ubwanditsi 16 Mar 2021
Abasirikari ba Kenya bari baragiye mu butumwa bw’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba muri Kongo, batangiye kuva muri icyo gihugu
Amakuru

Abasirikari ba Kenya bari baragiye mu butumwa bw’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba muri Kongo, batangiye kuva muri icyo gihugu

Ubwanditsi 03 Dec 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru