• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!   |   22 Jan 2021

  • Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!   |   21 Jan 2021

  • Ingabo z’u Rwanda zifite inshingano zidasanzwe zo kurindira umutekano Perezida wa Centrafrique kugera ku muturage wo hasi no gukumira ibitero by’inyeshyamba   |   21 Jan 2021

  • Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi   |   19 Jan 2021

  • U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura   |   18 Jan 2021

  • Umunyarwanda ati:”Umutindi umuha amata akaruka amaraso”. Patrick Habamenshi, ubuparmehutu buranze burakokamye?!   |   18 Jan 2021

 
You are at :Home»UBUKUNGU»EU yahaye u Rwanda miliyari hafi 53 Frw zo kwifashisha mu guhangana n’ingaruka za Coronavirus

EU yahaye u Rwanda miliyari hafi 53 Frw zo kwifashisha mu guhangana n’ingaruka za Coronavirus

Editorial 09 Apr 2020 UBUKUNGU

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, EU, watangaje ko ukomeje gufatanya na Guverinoma y’u Rwanda mu gufasha abagizweho ingaruka n’ifungwa ry’ibikorwa mu gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus, aho watanze miliyoni 52 z’amayero, ni ukuvuga agera kuri miliyari 52.8 Frw.

Ni ubutumwa bwatangajwe kuri uyu wa Kane, nyuma y’uko Visi Perezida wa Komisiyo ya EU akaba n’intumwa yihariye y’uyu muryango mu bijyanye n’ububanyi n’amahanga, Josep Borrell Fontelles, yatangazaga ko uwo muryango watangije ubufatanye wise ’Team Europe’, bugamije gufasha abafatanyabikorwa mu guhangana n’ingaruka za Coronavirus.

Ni gahunda yagenewe ingengo y’imari isaga miliyari 20 z’amayero, igamije gukumira ingaruka zikomeye zaba iz’ubuzima, imibereho y’abaturage n’ubukungu, zishobora gushamikira kuri iki cyorezo cya Coronavirus cyugarije Isi.

Borrell yakomeje ati “Igisubizo gihuriweho ni ngombwa ku Burayi no ku bafatanyabikorwa bacu hirya no hino. Ituze n’umutekano by’abafatanyabikorwa bacu uyu munsi bizagira ingaruka kuri twe Abanyaburayi eho hazaza.”

Komiseri ushinzwe ubutwererane Jutta Urpilainen, yavuze ko ibihugu bigize EU byishyize hamwe bikagira ‘Team Europe’, bikanongera ubushobozi mu gufasha ibihugu by’abafatanyabikorwa b’uyu muryango.

Inkunga zizatangwa muri ubwo buryo zizaba zirimo izigenewe ubutabazi bw’ingoboka bitewe n’ikibazo gihari muri aka kanya, n’izizafasha gahunda z’igihe kirekire.

Komiseri ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi, Janez Lenarčič, yavuze ko ingaruka za Coronavirus ku bukungu bw’ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, ku bimukira n’abatishoboye zishobora kuzaba nyinshi cyane, ari nayo mpamvu hakenewe igisubizo gikomeye.

Yakomeje ati “Ni ukugira ngo abakora ibikorwa by’ubutabazi bakomeze kugira amikoro ahagije bakeneye, kugira ngo bakomeze ibikorwa byo gutabara ubuzima. “

Komiseri ushinzwe imibanire, Olivér Várhelyi, we yavuze ko izi nkunga zizagenda zitangwa mu bintu byihutirwa nko mu rwego rw’ubuzima, mu kubaka ubusugire bw’uru rwego n’ubushobozi bw’abaturage.

Ati “By’umwihariko, turimo gufatanya n’ibi bihugu mu guhangana n’ingaruka zigaragara ku mibereho y’abaturage n’ubukungu bitewe n’iki cyorezo, mu kwirinda ko ingaruka zaba mbi kurushaho. Iki ni igikorwa kireba isi yose, ariko duhereye ku baturanyi bacu dusangiye umugabane. Dufatanyije, dushobora kubigeraho.”

Ubwo abarwayi ba Coronavirus bari bakomeje kwiyongera mu Rwanda, Guverinoma yafashe icyemezo cyo gufunga imipaka n’ibikorwa byinshi by’ubucuruzi, ku buryo nk’abantu baryaga ari uko uwo munsi bakoze, bisanze bakeneye imfashanyo. Ni ibintu Guverinoma y’u Rwanda yashyizemo imbaraga.

Mu gukusanya ubushobozi bwo guhangana n’ingaruka za Coronavirus mu Rwanda, Leta iheruka kwemeza ko abagize Guverinoma , abanyamabanga bahoraho, abayobozi b’ibigo bya Leta n’abandi bayobozi bakuru, bazigomwa umushahara wabo w’ukwezi kwa Mata. Ni imishahara izavamo asaga miliyari 2.5 Frw.

Mu cyumweru gishize kandi Inama y’Ubuyobozi y’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) yafashe umwanzuro wo guha u Rwanda inguzanyo yihutirwa ya miliyoni 109.4 z’amadorali ya Amerika zizarufasha guhangana n’icyorezo cya COVID 19 cyibasiye Isi n’u Rwanda rurimo.

Minisitiri Ndagijimana yavuze ayo mafaranga atagenewe umushinga runaka, ahubwo ari ajya mu ngengo y’imari akaziba icyuho giterwa n’uko muri iki gihe leta igomba gukoresha amafaranga menshi cyane cyane nko mu rwego rw’ubuzima.

Ati “Kugira ngo haboneke ibyangombwa byose byo gupima abantu, kuvuza ababonetseho uburwayi no kubona ibikoresho bitandukanye ndetse no gutabara abaturage badafite imirimo bakeneye iby’ibanze cyane cyane nk’ibyo kurya, ibyo ni ibintu bitari biteganyijwe mu ngengo y’imari byasabye ko dukoresha ayo dufite ariko dushaka n’andi yo kugira ngo azibe icyo cyuho”.

Kugeza kuri uyu wa Gatatu, abamaze kwandura Coronavirus mu Rwanda bari abantu 110, barimo barindwi bakize bagasezererwa mu bitaro.

 Src: IGIHE
2020-04-09
Editorial

IZINDI NKURU

Coronavirus: Imishahara y’abayobozi bakuru izavamo agera muri miliyari 2.5 Frw

Coronavirus: Imishahara y’abayobozi bakuru izavamo agera muri miliyari 2.5 Frw

Editorial 07 Apr 2020
Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa yihariye ya Loni mu rwego rw’ingufu

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa yihariye ya Loni mu rwego rw’ingufu

Editorial 24 Feb 2020
Dr Donald Kaberuka yagizwe Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Global Fund

Dr Donald Kaberuka yagizwe Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Global Fund

Editorial 04 May 2019
Ubujura bukoresheje ikoranabuhanga… Icyaha gishya cyo kumenya

Ubujura bukoresheje ikoranabuhanga… Icyaha gishya cyo kumenya

Editorial 14 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru