• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubwanditsi 10 Jul 2017 UBUKUNGU

Imibare yatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare, NISR, igaragaza ko ubukungu bw’u Rwanda mu gihembwe cya mbere cya 2017 bwageze kuri miliyari 1,817 Frw bwiyongereho 1.7% ugereranyije n’igihembwe nk’iki mu 2016 aho bwari kuri miliyari 1,593 Frw.

Imibare yatangajwe na NISR igaragaza ko urwego rwa serivisi rubarirwa 46% by’umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP), ubuhinzi bukagira 32% mu gihe urwego rw’inganda rubarirwa 15%.

Ubuhinzi nka kimwe mu bitunze Abanyarwanda benshi, umusaruro wabwo wazamutse ku kigero cya 3% mu gihe inganda zagabanutseho 1%, serivisi ziyongeraho 4%.


Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare, Yusuf Murangwa na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Ambasaderi Claver Gatete mu kiganiro n’itangazamakuru

Ugereranyije n’umwaka ushize aho imibare yerekana ko ubukungu bwari bwazamutse ku kigero cya 8.9%, Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare, Yusuf Murangwa, avuga ko hari impamvu zitandukanye zatumye imibare yaragabanutse. Ahanini bishingirwa ku kuba umusaruro w’icyayi n’ikawa waragabanutse ku kigero cya 24%.

Mu kubisobanura yagize ati “ Icyabiteye, ibyo tubona mu mibare, ni ibintu bitatu. Ubuhinzi, umusaruro w’ikawa n’icyayi mu gihembwe cya mbere wagabanutseho 24%, icya kabiri […] ubwubatsi bwagabanutseho 7%. Turebe kandi igihembwe cya mbere cy’umwaka ushize tunarebe igihembwe cya kane cy’umwaka ushize. Igihembwe cya kane ubwubatsi bwari bwarazamutseho 24%, ni ubwa mbere byagenze gutyo, igihembwe cya mbere cy’umwaka ushize nacyo kizamukaho 15%. Birumvikana iyo tugeze mu bukungu n’ibarurishamibare tugereranya n’igihembwe cy’umwaka ushize, ntabwo biba byoroshye kuzamuka cyane uhera ku kindi gihembwe nacyo cyazamutse cyane.Twebwe ntabwo bidutangaje cyane”.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Ambasaderi Claver Gatete, yatangaje ko nubwo imibare igaragara ko yamanutse, ubu hagiye kugenzurwa neza impamvu zabiteye, nyuma yaho nibwo hazarebwa niba hari ingamba runaka zashyirwaho gusa ashimangira ko intego igihugu cyihaye ko ‘ubukungu buzazamuka ku kigero cya 6.2% muri uyu mwaka’ izagerwaho.

2017-07-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwanda : Uruganda “Master Steel Limited” Rwiyemeje Kugeza Ku Banyarwanda Ibikoresho By’ubwubatsi Biramba [ VIDEO ]

Rwanda : Uruganda “Master Steel Limited” Rwiyemeje Kugeza Ku Banyarwanda Ibikoresho By’ubwubatsi Biramba [ VIDEO ]

Ubwanditsi 08 Feb 2019
Perezida Kagame yashyikirijwe igihembo cyo guteza imbere ubukerarugendo

Perezida Kagame yashyikirijwe igihembo cyo guteza imbere ubukerarugendo

Ubwanditsi 06 Nov 2017
Abanyafurika bakeneye kwihutisha ibyo bakora ngo hagerwe ku byo batashoboye kugeraho- Kagame

Abanyafurika bakeneye kwihutisha ibyo bakora ngo hagerwe ku byo batashoboye kugeraho- Kagame

Ubwanditsi 23 Jan 2017
Uko  imisoro yagabanyije inkunga mu ngengo y’imari

Uko imisoro yagabanyije inkunga mu ngengo y’imari

Ubwanditsi 27 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RMC yashyize igorora Abanyarwanda bifuza gutunga Moto zikorerwa mu Rwanda
Mu Rwanda

RMC yashyize igorora Abanyarwanda bifuza gutunga Moto zikorerwa mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Aug 2017
Kagame i Nyabihu ati  ‘ nta bwaki dushaka’
Mu Rwanda

Kagame i Nyabihu ati ‘ nta bwaki dushaka’

Ubwanditsi 26 Jul 2017
Umuherwe Howard Buffet yashimangiye ko manda ya gatatu kuri Kagame ari nta makemwa
Mu Mahanga

Umuherwe Howard Buffet yashimangiye ko manda ya gatatu kuri Kagame ari nta makemwa

Ubwanditsi 13 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru