• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»” Ubushotoranyi bw’u Burundi, Uganda na Congo ku Rwanda: Ibisinde bizahitana uwabirimye “-Marc
Umunyamakuru w’Umubiligi, Marc Hoogsteyns

” Ubushotoranyi bw’u Burundi, Uganda na Congo ku Rwanda: Ibisinde bizahitana uwabirimye “-Marc

Ubwanditsi 19 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU

Nakurikiranye ikiganiro Perezida Kagame aherutse kugirana n’abanyamakuru nifashishije internet, nsanga cyari gishimishije.

Inshuti yanjye twiganye muri Kaminuza, yamubajije uko azitwara ku bikorwa bya gisirikare bikomeje gushotora u Rwanda biturutse mu bihugu bihana imbibi narwo.

Perezida yamusubije nk’ibisanzwe, aho ahitamo kutongera umunyu mu gisebe, avuga ko u Rwanda rufite amahitamo amwe yo kurinda imipaka yarwo neza.

Maze imyaka myinshi nkora muri aka karere ariko mbona amagambo y’umusirikare w’indwanyi w’Umushinwa, Sun Tzu wanditse ‘Art of War’ mu myaka 2500 ishize ari kwigaragaza muri iki gice cya Afurika mu buryo budasanzwe.

Ibintu bikomeje kujya irudubi mu Burundi. Ubukungu bugeze aharindimuka, igihugu kimaze gutakaza benshi mu banyamahanga bagiteraga inkunga, umutwe w’Imbonerakure n’inzego z’iperereza zikomeje gukoresha iterabwoba.

Ibihumbi by’abaturage byamaze guhunga igihugu, vuba abanyarwanda bari basigaye i Burundi baribasiwe. Nkurunziza yatangiye gutera inkunga inyeshyamba zitavuga rumwe n’u Rwanda (cyane cyane FDLR yo muri RDC na bamwe mu bagize RNC). Baherutse kugerageza kwinjira mu Rwanda banyuze muri Nyungwe ariko ntibyabahiriye.

Bagerageje kwinjira banyuze mu baturage ariko nabwo ababigerageje byarangiye batawe muri yombi.

Hashize iminsi ibiri akandi gatsiko ka FDLR kagerageje kwinjirira muri Nyungwe gatwika imodoka nke ariko igisirikare cy’u Rwanda (RDF) kibasubiza inyuma.

Ku banyarwanda benshi ibi bikorwa ntibabyitayeho, ubukungu buri gutera imbere bidasanzwe, abaturage barajwe ishinga n’ibikorwa byabo.

Perezida Museveni, Nkurunziza na Perezida Kagame

Abanyamahanga bakurikiranira hafi ibibera muri Afurika nabo bazi ko ibi bitero bigamije gushotora Perezida Kagame ngo yinjire mu ntambara kugira ngo Nkurunziza atangire gusakuza yerekana ko atari we kabitera.

Benshi mu Burundi imbere bamaze guhaga ibyaha bikorwa n’igisirikare cye, abashinzwe iperereza n’Imbonerakure. Bigeze n’aho udashobora gushyira lisansi mu modoka yawe. Abayigurisha bahorana ubwoba kuko Guverinoma n’igisirikare baza bakanywesha imodoka zabo bakagenda batishyuye. Uru ni urugero rumwe rukwereka uburyo igihugu cyazambye.

RDC ni ikindi kibazo ariko ibiri kubera muri Kivu zombi nta wabitandukanya n’ibibera i Burundi.

Aha ho hari Perezida udashaka kurekura ubutegetsi, ushaka gukomeza kuzambya igihugu cye, agashaka kuguma ku butegetsi ateza imvururu.

Mu kugera kuri ibyo akomeje guhanga udushya. Mu minsi mike ishize amagana y’ibikoresho by’itora byatwikiwe mu bubiko i Kinshasa. Kwifashisha inyeshyamba mu guteza akavuyo nibyo byaranze iyo Guverinoma kuva yajya ku butegetsi.

Guverinoma ya RDC yagiye yungukira mu kwinjira k’u Rwanda muri icyo gihugu mu myaka yashize kuko amabi yabo yose bayayagerekaga ku bitugu by’abanyarwanda.

Nyamara kuva u Rwanda ruvuyeyo n’imitwe yarwitirirwaga nka M23 igacika intege, umutekano muri Kivu warushijeho kuba mubi. Indi mitwe yitwaje intwaro yaravutse, igisirikare cya Congo nacyo gikora ibyaha bitavugwa.

Mu minsi ishize, agatsiko k’inyeshyamba z’abahutu kagerageje kwinjira mu Rwanda kanyuze ku mupaka w’u Rwanda na Congo ariko bahagaritswe ntacyo barageraho. Urebye neza ntibyari kubashobokera (kwinjira) batabifashijwe n’ingabo za Congo. Ibi wanabihuza n’ibyabaye ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundi.

Nyamara u Rwanda ruri gutera imbere mu buryo bwihuse. Iki gihugu cyabaye ahantu heza abanyamahanga benshi baza kuruhukira kandi Guverinoma yashoboye kurinda abaturage bayo ibyo bibazo byose.

Ikirenzeho, intsinzi z’u Rwanda mu bya dipolomasi ziri kwisukiranya. Kagame ubwe ayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe kandi benshi mu bayobozi ba Afurika barabimwubahira. U Rwanda ruyoboye Francophonie n’ibindi.

Abayobozi b’u Rwanda bigiye ku byahise. Bazi uburyo kwinjira muri Congo byaje kubahinduka. Bakabaye bafite uko bakemura ikibazo cy’abaturanyi nk’u Burundi na Congo ariko bamenye ko intambara atari yo kamara.

Ariko se ibi ntibyaba bisobanuye ko u Rwanda nta ngufu rufite? Si ko biri rwose kuko abasesenguzi bose baba aba politiki na gisirikare bazi neza ko igisirikare cy’u Burundi na Congo bidashobora kwigereranya ku cy’u Rwanda.

Ikindi u Rwanda ruzi ko ko hari akagambane ruri gukorerwa, aho Perezida wa Uganda Museveni na Nkurunziza w’u Burundi bafitemo uruhare rukomeye. Guverinoma ya Congo nayo yigize ntibindeba muri ibi byose. Ikirenzeho abayobozi bakuru b’u Rwand nta cyizere na mba bagifitiye abayobozi ba Congo.

Uruhande rwa Kagame rurasobanutse. Ubu bushotoranyi agira icyo abukoraho iyo bugeze ku butaka bw’u Rwanda.

Umwe mu bakorana na we bya hafi ejo yambwiye ko gahunda ye yoroshye kandi yigaragaza, ati “Sun Tzu yatwigishije ko intambara nyayo ari uguca intege umwanzi mutarwanye kandi intambara itwigisha kutirara kuko umwanzi ataguteye, ahubwo tukishingikiriza kwitegura bihagije ku buryo aje twamwakira. Ntiwishimire ko ataduteye, ahubwo twishimire ko ibirindiro byacu ari ntavogerwa.”

U Rwanda rurabibona ko Guverinoma zirukikije ziri kwisenya. Biteye ikibazo ku bukungu bwaro ariko kwinjirayo gisirikare byazambya ibintu kurushaho noneho iterambere ry’u Rwanda rigahagarara.

Ibi biratuma n’Isi ibona ko u Rwada atari yo soko y’ibibazo mu Karere mu gihe Guverinoma za Uganda, Congo n’u Burundi ziri kwirimiraho ibisinde bizazihitana.

Naganiriye n’umwe mu badipolomate mvamahanga, nawe ambwira ko uko u Rwanda rukomeza kwitwara neza bizagaragaza ko abaturanyi barwo aribo barushotora.

Umwe mu bazi Kagame neza yambwiye umwe mu mirongo y’igitabo cya Sun Tzu ati “Utsinda ni uzi igihe cyo kurwana n’igihe cyo kutarwana.” Ibi ariko byanteye impungenge gato: ko u Rwanda rwaba rushaka kwemera ubushotoranyi bwose kandi Sun Tzu ataramenyekanye kubera kwicara hamwe ngo yihanganire ubushotoranyi bwose yakorerwaga.

Kagame ashobora kutazacira ngo yemere imyanda yose yamuzaho ivuye mu baturanyi, ahubwo agashyira mu bikorwa indi mirongo igaragara mu gitabo cya Sun Tzu.

Sun Tzu yanizeraga inzego z’iperereza zikora neza kandi kinyamwuga kandi inzego z’iperereza z’u Rwanda ni zimwe mu zikora kinyamwuga cyane muri Afurika.

Ni ah’Umuryango Mpuzamahanga rero guhagarika ibisazi by’u Burundi na Congo, ubundi bakabwira abantu nka Yoweri Museveni ko umukino wabo utakigezweho kuko kuwukomeza byazatuma hari indi mikino batsindwa mu gihe kiri imbere.

Ubwanditsi: Ibikubiye muri iyi nyandiko ni ibitekerezo bya Marc Hoogsteyns w’imyaka 57. Ni umunyamakuru w’Umubiligi umaze imyaka isaga 25 akorera mu Karere k’Ibiyaga bigari. Yakoreye ibinyamakuru nka Reuters n’Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika, Associated Press, ajya anatambutsa ibitekerezo bye kuri Aljazeera.

2018-12-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Byamenyekanye: James Duddrigde, Minisitiri w’Ubwongereza washimagije cyane amatora yo muri Uganda , ngo yaba avugishwa n’akayabo ka ruswa yahawe n’ibyegera bya  Perezida Museveni.

Byamenyekanye: James Duddrigde, Minisitiri w’Ubwongereza washimagije cyane amatora yo muri Uganda , ngo yaba avugishwa n’akayabo ka ruswa yahawe n’ibyegera bya  Perezida Museveni.

Ubwanditsi 29 Jan 2021
Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Ubwanditsi 25 Nov 2023
Abasirikare babiri ba FARDC bishwe n’inyeshyamba za FDLR

Abasirikare babiri ba FARDC bishwe n’inyeshyamba za FDLR

Ubwanditsi 23 Jan 2020
Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda yatawe muri yombi

Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda yatawe muri yombi

Ubwanditsi 23 Aug 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Sunday
    December 20, 20186:55 am -

    Ariko mwabaye mute mwabachanshuro mwe? Ugize ngo agatsiko kabahutu? Abahutu se ntabwo ari abanyarwanda? Reka nkubwire rero Natwe abatutsi dufatanyije nabomwita abahutu dore twese ko turi abanyarwanda. Ntibagiye nkuko mubivuga barimbere murwanda

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwari umutoza wa Rayon Sport yeguye ku mirimo ye
IMIKINO

Uwari umutoza wa Rayon Sport yeguye ku mirimo ye

Ubwanditsi 25 Feb 2016
Isomo  kuri bashiki bacu bakiri bato . Nabamaze gukura!
HIRYA NO HINO

Isomo kuri bashiki bacu bakiri bato . Nabamaze gukura!

Ubwanditsi 11 May 2017
Umugabo wa Celine Dion yapfuye
IMIKINO

Umugabo wa Celine Dion yapfuye

Ubwanditsi 15 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru