• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Guverinoma mu ihurizo ryo kwishyura miliyari 11 Frw y’inyongeramusaruro yaburiwe irengero

Guverinoma mu ihurizo ryo kwishyura miliyari 11 Frw y’inyongeramusaruro yaburiwe irengero

Ubwanditsi 08 Jan 2019 UBUKUNGU

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ifitiye umwenda wa miliyari 11 Frw ba rwiyemezamirimo bakwirakwije inyongeramusaruro hirya no hino mu gihugu ariko abayihawe bakabura ngo bayishyure.

Byatangajwe na Minisitiri w’Intebe, Dr. Eudouard Ngirente, kuri uyu wa 7 Mutarama ubwo yari mu ihuriro ry’iminsi ibiri rihuza abayobozi b’inzego z’ibanze i Bugesera.

Dr. Ngirente yabivuze nyuma yo kugaragarizwa zimwe mu mbogamizi zituma Uturere tutesa imihigo uko bikwiye, aho nko mu buhinzi havuzwemo gutinda kwishyura ba rwiyemezamirimo bakwirakwiza mu bahinzi imbuto n’ifumbire, imihindagurikire y’ikirere n’ibindi.

Dr. Ngirente yavuze ko ikibazo cy’ifumbire gikomeye aho usanga Uturere dufitiye ba rwiyemezamirimo ibirarane by’ifumbire batishyuwe kandi dukeneye gukomeza gukorana nabo.

Ati “Nk’ubu iyo tuvuze ibibazo by’amafumbire, ngira ngo muzi neza ko turi kurwana no gukemura ikibazo cy’amafumbire yabuze mbere, aho Leta yahombye miliyari 11 Frw.”

Muri rusange hari ifumbire ya miliyari 30 Frw yakoreshejwe nabi ariko nibura ifite agaciro ka miliyari 19 Frw niyo ifitiwe uburyo bwo kuzayishyuza naho iya miliyari 11 Frw habuze abayihawe.

Ati “Wabaza mu Turere uyu munsi, abayobozi bamwe bakakubwira ngo ‘ntabwo nari mpari icyo gihe’ ariko wababaza uti ‘ese uwazitanze, ziza mu Karere hari urutonde mwanditse amazina y’abazihawe n’umuturage wahawe ifumbire, akabura.”

Dr. Ngirente yavuze ko icyo ari igihombo Leta yagize mu gihe gishize ariko itifuza kongera kugira bitewe n’imikorere idahwitse nk’iyo.

Ati “Turarwana n’ibibazo bibiri. Hari ukwishyura uwatanze ifumbire kugira ngo akomeze ubucuruzi kuko turamukeneye ariko hari no kugira ngo ifumbire igere aho igomba kugera ngo tugire umusaruro udufasha gukemura ikibazo cy’umutekano w’ibiribwa.”

Yasobanuye ko ubu Leta iri gushakisha amafaranga yo kwishyura abatanze ifumbire batarishyurwa ariko na none igomba kuba yizeye ko nta kibazo cy’umusaruro muke izagira gitewe no kudafumbira.

Yakomeje asaba abitabiriye ihuriro kugaragaza ibibazo uko biri batabiciye inyuma kugira ngo bifatirwe ingamba zo kubikemura mu buryo burambye.

2019-01-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amahirwe yihariye ku bifuza gutunga inzu muri Vision City

Amahirwe yihariye ku bifuza gutunga inzu muri Vision City

Ubwanditsi 12 Dec 2018
Ishoramari mvamahanga ryageze kuri miliyari 1.598,3 Frw mu mwaka umwe

Ishoramari mvamahanga ryageze kuri miliyari 1.598,3 Frw mu mwaka umwe

RUSHYASHYA 19 Feb 2026
Rwanda : Uruganda “Master Steel Limited” Rwiyemeje Kugeza Ku Banyarwanda Ibikoresho By’ubwubatsi Biramba [ VIDEO ]

Rwanda : Uruganda “Master Steel Limited” Rwiyemeje Kugeza Ku Banyarwanda Ibikoresho By’ubwubatsi Biramba [ VIDEO ]

Ubwanditsi 08 Feb 2019
Minecofin yasobanuye uko inguzanyo zo guhashya COVID-19 u Rwanda ruherutse guhabwa zizakoreshwa

Minecofin yasobanuye uko inguzanyo zo guhashya COVID-19 u Rwanda ruherutse guhabwa zizakoreshwa

Ubwanditsi 17 Apr 2020

Igitekerezo kimwe

  1. Sacyega
    January 8, 20194:42 pm -

    Ubwo se izo Miliyari zose ziburirwa irengero gute? ubusambo buri mu Rwanda burakabije.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ifoto ya Shaddyboo iri kuvugisha abatari bake,nawe ihere ijisho
SHOWBIZ

Ifoto ya Shaddyboo iri kuvugisha abatari bake,nawe ihere ijisho

Ubwanditsi 30 Jan 2018
Batatu batawe muri yombi bakekwaho kwiba insinga zijyana umuriro mu ruganda rw’Amazi ya Huye
Mu Mahanga

Batatu batawe muri yombi bakekwaho kwiba insinga zijyana umuriro mu ruganda rw’Amazi ya Huye

Ubwanditsi 04 Apr 2016
U Bufaransa: Umunyarwanda mu Mujyi wa Nantes agiye gushyikirizwa urukiko ashinjwa gutuka abashinzwe umutekano
Mu Mahanga

U Bufaransa: Umunyarwanda mu Mujyi wa Nantes agiye gushyikirizwa urukiko ashinjwa gutuka abashinzwe umutekano

Ubwanditsi 24 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru