• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: CMI Irashinjwa Kugwatira Telephone Y’Umwamikazi Wa Rwenzururu
Umwami Mumbere n'Umwamikazi Ithungu ku Rukiko Rukuru rwa Jinja mu mwaka ushize

Uganda: CMI Irashinjwa Kugwatira Telephone Y’Umwamikazi Wa Rwenzururu

Ubwanditsi 25 Jul 2018 ITOHOZA

Abayobozi b’Ubwami bwa Rwenzururu mu gihugu cya Uganda baravuga ko Urwego rw’Ubutasi mu gisirikare (CMI) cyagwatiriye telephone zirimo iy’Umwamikazi, Agnes Ithungu n’izindi 2 z’abakozi be bo mu rugo.

Ubwo yavuganaga n’itangazamakuru ku rukiko Rukuru rwa Jinja, Intmwa Nkuru  y’ibwami, Alfred Makasi, yavuze ko izo telephone 3 zagwatiriwe n’abakozi ba CMI kuwa gatatu w’icyumweru gishize.

Aba bakozi ba CMI ngo bakaba barategetswe n’umuyobozi wabo, Brig Abel kandiho, kwinjira mu rugo rw’Umwami Charles Mumbere I Muyenga, mu nkengero za Kampala, mu gicuku. Amakuru ava mu nzego z’umutekano akavuga kko abashinzwe ubutasi binjiye mu rugo rw’umwami bashaka kumenya niba ahari nyuma y’amakuru yavugaga ko yatorotse igihugu.

Bwana Makasi, usanzwe ari n’umujyanama mu by’amategeko w’ibwami, yamaganye igikorwa cya CMI cyo gufatira izo telephone, asaba ko zahita ziubizwa ba nyirazo. Yasabye kandi inzego z’umutekano kujya zibanza kugenzura amakuru zahawe mbere yo kugira icyo zikora.

Uyu yongeyeho ko ayo makuru yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga y’uko umwami yahunze igihugu ashobora kuba agamije kubyutsa amakimbirane muri Rwenzururu kandi ashobora guhungabanya ibiganiro by’amahoro bikomeje hagati ya guverinoma n’ubwami.

Umwami Mumbere wategetse umunyamategeko w’ibwami kuvuga mu izina rye, yahishuye ko nta gitekerezo afite cyo guhunga akava mu turere 3 twa Kampala, Jinja na Wakiso, aho yategetswe kutarenga nyuma yo gufungurwa agakurikiranwa ari hanze n’Urukiko Rukuru kuwa 06 Gashyantare 2017.

Iyi nkuru dukesha Daily Monitor irakomeza ivuga ko kuri uyu wa Mbere ushize umwami Mumbere yongeye kwitaba Umucamanza w’Urukiko rukuru rwa Jinja, Eva Luswata ashaka ko bamwongera igihe cyo gukomeza gukurikiranwa adafunze.

Icyo gihe yagaragaye ku rukiko ari kumwe na Minisitiri w’Intebe we, Johnson Thembo Kitsumbire n’abandi bantu 6 bareganwa. Urukiko rukaba rwarongereye iki gihe kugeza ku iitariki 22 Kanama.

Umuvugizi w’Igisirikare cya Uganda, Brig. Richard Karemire, we yanze kwemera ko CMI yagwatiriye telephone zirimo iy’umwamikazi, avuga ko ibyo bivugwa nta shingiro bifite.

Umwami Charles Mumbere n’abantu be 200 bakaba bashinjwa ibyaha bitandukanye birimo iterabwoba, ubugambanyi, ubwicanyi, ubujura bukabije, kugerageza kwica no kwangiza imitungo y’abandi.

 

2018-07-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

I Kinshasa abantu 130 biciwe mu ikinamico ryiswe “kuburizamo itoroka ry’abanyururu”

I Kinshasa abantu 130 biciwe mu ikinamico ryiswe “kuburizamo itoroka ry’abanyururu”

Ubwanditsi 03 Sep 2024
Rugema Kayumba amaze iminsi mu buroko, ntiyemerewe gukora mu bihugu bya Scandinavia byose

Rugema Kayumba amaze iminsi mu buroko, ntiyemerewe gukora mu bihugu bya Scandinavia byose

Ubwanditsi 31 Dec 2019
Venant Musoni  wakorewe  iyicarubozo muri Uganda, aratabariza  bagenzi be 40 bari mu makasho ko bakorerwa ubuvugizi

Venant Musoni wakorewe  iyicarubozo muri Uganda, aratabariza  bagenzi be 40 bari mu makasho ko bakorerwa ubuvugizi

Ubwanditsi 30 Apr 2019
Ibaruwa ifunguye yandikiwe Perezida Évariste Ndayishimiye uri ku buyobozi bushya bwa AU

Ibaruwa ifunguye yandikiwe Perezida Évariste Ndayishimiye uri ku buyobozi bushya bwa AU

RUSHYASHYA 19 Feb 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwamagana : Umucuruzi  Rwabukamba Venuste yitabye Imana ku buryo butunguranye
Mu Mahanga

Rwamagana : Umucuruzi Rwabukamba Venuste yitabye Imana ku buryo butunguranye

Ubwanditsi 10 Oct 2016
Uganda : Andi makuru agaragaza uburyo CMI na RNC barimo guhatira abanyarwanda kwinjira mu gisirikare cya Kayumba
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Andi makuru agaragaza uburyo CMI na RNC barimo guhatira abanyarwanda kwinjira mu gisirikare cya Kayumba

Ubwanditsi 29 Apr 2019
Abapolisi b’Abarundi bari muri Centrafrika batashye
Mu Rwanda

Abapolisi b’Abarundi bari muri Centrafrika batashye

Ubwanditsi 02 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru