• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»I Kinshasa abantu 130 biciwe mu ikinamico ryiswe “kuburizamo itoroka ry’abanyururu”

I Kinshasa abantu 130 biciwe mu ikinamico ryiswe “kuburizamo itoroka ry’abanyururu”

Ubwanditsi 03 Sep 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Ejo kuwa mbere, kuva mu rukerera kugeza mu masaha ya ku manywa, i Kinshasa, mu gace gaherereyemo gereza nkuru ya Makala no mu nkengero zako, humvikanye urusaku rw’imbunda nto n’iziremereye, Leta ya Kongo ikavuga ko yageragezaga kuburizamo itoroka ry’abanyururu 15.000 bafungiye muri iyo gereza, barimo n’abanyabyaha bikomeye.

Imibare itangwa n’ubutegetsi iravuga ko haguye abanyururu 129, mu gihe hari amakuru atangwa n’abadafite aho babogamiye avuga ko uwo mubare urenga cyane, ugereranyije n’imirambo itabarika iri mu buruhukiro bw’ibitaro binyuranye i Kinshasa, ndetse n’indi myinshi ngo ikigaramye ku gasozi.

Uru rupfu rw’abantu bangana gutya, badafite intwaro, rwongereye ubukana umwuka wari usanzwe cyane muri Kongo, dore ko sosiyete sivile n’amwe mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi yemeza ari ikinamico ubutegetsi bwa Tshisekedi bwateguye ngo bwikize bamwe mu bari bafunze, dore ko gereza ya Makala ifungiyemo abantu b’ibyiciro binyuranye, barimo abanyapolitiki (abasirikari n’abasivil) bakomeye.

Abanyururu bari bakihishahisha mu baturage, bababwiye ko ahagana isaa munani z’ijoro, abashinzwe umutekano ngo barashe gereza, abanyururu babonye itangiye kugurumana bagerageza gusohoka ngo bakize amagara yabo, bageze haze rero bamishwamo amasasu.

Umwirondoro w’abishwe kugeza ubu nturashyirwa ahagaragara, ariko harakekwamo abashinjwa uruhare mu mugambi wo guhirika ubutegetsi “waburijwemo”, kimwe n’abagiye batabwa muri yombi ku maherere, baregwa kuba ibyitso by’umutwe wa AFC/M23.

Urusaku rw’imbunda rukimara guhosha, Minisitiri w’Ubucamanza wungirije, Samuel Mbeba Kabuya, yagerageje koroshya ibyabaye, ubwo yabwiraga itangazamakuru ko hapfuye abantu 2 gusa.

Igitutu kimaze kuba cyinshi, Leta yaje kwisubiraho ari nabwo yatangazaga ko abishwe ari 129, abandi 60 ngo bagakomereka cyane, imibare nayo igishidikanywaho.

Imiryango n’amashyirahamwe, nka Lamuka, La Voix des Sans Voix, ANMDH, Fondation Bill Clinton pour la Paix, n’abandi benshi cyane, basaba ko habaho iperereza ry’impuguke mpuzamahanga zigenga, rikagaragaza abari inyuma y’ubu bwicanyi.

Iyo miryango yanasabye kandi ko Bwana Samuel Mbemba akurikiranwaho icyaha cyo gupfobya amahano yakozwe n’ubutegetsi, no kwambura agaciro inzirakarengane zayaguyemo.

Uretse abishwe n’abakomerekejwe, ibiribwa by’imfungwa, imiti, n’ibindi bikoresho byatwitswe, ibisigaye birasahurwa, amazi n’amashanyarazi byinjiraga muri gereza birakatwa, ku buryo abanyururu basubijwe mu ibohero ubu bari mu kaga gakomeye.

Ubunyamanswa bwakorewe imfungwa za gereza ya Makala, bwibukije ubundi nk’ubu bwahabereye mu mwaka wa 2017, ubwo ababarirwa muri 59 bahasigaga ubuzima, nabwo byitwa ko ari umugambi wo gutoroka waburiwemo.

2024-09-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mukansanga Salima Rhadia yahawe igihembo cya “FORBES Women Africa Sports Awards 2023” mu birori byabereye muri Afurika y’Epfo

Mukansanga Salima Rhadia yahawe igihembo cya “FORBES Women Africa Sports Awards 2023” mu birori byabereye muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 09 Mar 2023
Mu mihango y’amakwe hari aho usanga twimakaza umuco w’ibinyoma

Mu mihango y’amakwe hari aho usanga twimakaza umuco w’ibinyoma

Ubwanditsi 15 Jan 2016
Trump agiye gushyira ahagaragra iby’iraswa rya John Kennedy wayoboye USA

Trump agiye gushyira ahagaragra iby’iraswa rya John Kennedy wayoboye USA

Ubwanditsi 23 Oct 2017
CNDD FDD yafashe icyemezo cyo gusenya urwibutso rushyinguyemo inzirakarengane 166 z’Abanyamulenge zishwe muri 2004 mu Gatumba

CNDD FDD yafashe icyemezo cyo gusenya urwibutso rushyinguyemo inzirakarengane 166 z’Abanyamulenge zishwe muri 2004 mu Gatumba

Ubwanditsi 23 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Banyarwanda bajya n’abava muri Uganda ngo harimo abayoboke ba RNC
INKURU NYAMUKURU

Mu Banyarwanda bajya n’abava muri Uganda ngo harimo abayoboke ba RNC

Ubwanditsi 10 Sep 2019
Polisi ya Malawi mu iperereza ku Munyarwanda wiciwe mu nkambi anizwe
ITOHOZA

Polisi ya Malawi mu iperereza ku Munyarwanda wiciwe mu nkambi anizwe

Ubwanditsi 02 Feb 2017
Uganda yiteguye guha ubuhungiro Omar al Bashir uherutse guhirikwa ku butegetsi
POLITIKI

Uganda yiteguye guha ubuhungiro Omar al Bashir uherutse guhirikwa ku butegetsi

Ubwanditsi 17 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru