• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Gen (Rtd) Otafiire arasaba Gen Tumukunde na Gen. Kayihura gukemura ibibazo bafitanye amazi atarerenga inkombe

Uganda: Gen (Rtd) Otafiire arasaba Gen Tumukunde na Gen. Kayihura gukemura ibibazo bafitanye amazi atarerenga inkombe

Ubwanditsi 22 Feb 2018 ITOHOZA

Minisitiri w’ubutabera wa Uganda, Maj. Gen.(Rtd) Kahinda Otafiire arasaba minisitiri w’umutekano, Lt. Gen. Henry Tumukunde ndetse n’umukuru w’igipolisi, IGP Gen. Kale Kayihura, gukemura ibibazo bafitanye kandi ntibatume bijya ku mugaragaro.

Gen Kayihura na Lt Gen Tumukunde bivugwa ko bafitanye imibanire itari myiza ndetse bagiye bagaragaza ukutumva ibintu kimwe ku mikorere y’igipolisi bigera no kuri perezida Museveni.

Mu kiganiro yahaye itangazamakuru mu cyumweru gishize ari Luweero, Perezida Museveni, yakomoje kuri iki kibazo cy’ubwumvikane bucye kivugwa mu bakozi be b’ingenzi bashinzwe umutekano, agira ati: “Ni ikibazo Gikomeye kizakemurwa.”

Iyi nkuru dukesha daily Monitor ikomeza ivuga ko nubwo Museveni ateruye ngo avuge amazina ya ba General Kayihura na Tumukunde, bo ntibajya bagira isoni zo kunengana ku mugaragaro.

Kuri uyu wa Gatatu nyuma ya saa sita, Maj. Gen. (Rtd) Otafiire nawe akaba yagize icyo avuga ku bibazo biri hagati ya Lt Gen. Tumukunde na Gen. Kayihura, avuga ko bombi bakeneye gukemura ibibazo bafitanye mbere y’uko birenga igaruriro.

Ati: “Numvaho gakeya amakimbirane ya kivandimwe hagati Lt. Gen. Tumukunde na Gen. Kayihura. Abantu bamwe bagira ibibatandukanya kandi kubw’ibyago babishyira ku karubanda.”

Yakomeje agira ati: “Bagira ibyo batumvikanaho nk’uko nahoze mfite ibyo ntumvikanaho n’umuvandimwe wanjye Amama Mbabazi ariko kuri twe twari dusirimutse. Ntitwigeze tubishyira ku karubanda. Twajyaga tugirana ibibazo byinshi ariko twari abasirimu. Niba bafite ibibazo, nibicare babishakire umuti nk’ababanye.”

 Yaba Maj. Gen. Otafiire, Lt Gen. Tumukunde na Gen Kayihura, bose bagize uruhare mu Ntambara y’Ishyamba rya Luweero yagejeje perezida Museveni ku butegetsi kuva mu 1981 kugeza mu 1986.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu, itariki 21 Gashyantare, Maj Gen.(Rtd) Otafiire yari yitabye komisiyo y’inteko ishinga amategeko ishinzwe uburenganzira bwa muntu asubiza ibibazo birebana n’ubucucike buvugwa mu magereza, uko ikibazo cy’uburenganzira bwa muntu muri rusange gihagaze n’ibindi.

Kuri iki kibazo cy’ubucucike mu magereza, Otafiire yavuze ko umuti urambye waba kwimura Gereza ya Luzira.

 

2018-02-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

DR Congo : Abanyamulenge bashinze umutwe mushya w’Ingabo  FAS (Forces Armees Secesionistes )

DR Congo : Abanyamulenge bashinze umutwe mushya w’Ingabo FAS (Forces Armees Secesionistes )

Ubwanditsi 03 Oct 2016
Ukwigiza nkana kw’Abanya-Uganda bareze u Rwanda mu rukiko rwa EAC

Ukwigiza nkana kw’Abanya-Uganda bareze u Rwanda mu rukiko rwa EAC

Ubwanditsi 03 Jul 2019
Uganda yikanze igitero ita muri yombi ukekwaho guha inyeshyamba z’Abanyarwanda ubutaka bwo guhingaho

Uganda yikanze igitero ita muri yombi ukekwaho guha inyeshyamba z’Abanyarwanda ubutaka bwo guhingaho

Ubwanditsi 06 Apr 2018
Mozambique: Louis Baziga yarusimbutse

Mozambique: Louis Baziga yarusimbutse

Ubwanditsi 30 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Infantino uyobora FIFA
IMIKINO

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Infantino uyobora FIFA

Ubwanditsi 26 Oct 2018
Impungenge z’umutekano wacu zishingiye ku gukomeza kubaho kwa FDLR n’ingengabitekerezo yayo y’ubutagondwa
Amakuru

Impungenge z’umutekano wacu zishingiye ku gukomeza kubaho kwa FDLR n’ingengabitekerezo yayo y’ubutagondwa

RUSHYASHYA 06 Mar 2026
Shampiyona ya Volleyball iratangira INATEK VC ifite igikombe yakira IPRC South.
IMIKINO

Shampiyona ya Volleyball iratangira INATEK VC ifite igikombe yakira IPRC South.

Ubwanditsi 19 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru