• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»AU yasabye u Burundi kwitondera ibyo gushinja ubwicanyi Buyoya

AU yasabye u Burundi kwitondera ibyo gushinja ubwicanyi Buyoya

Ubwanditsi 04 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) wasabye u Burundi kugenda gake mu byo gufata Pierre Buyoya.

Buyoya wayoboye u Burundi kuva mu 1987-1993 ndetse no kuva 1996-2005 arashinjwa kugira uruhare mu rupfu rwa Melchior Ndadaye.

Ndadaye watorewe kuyobora u Burundi muri Kamena 1993 asimbuye Buyoya, yaje kwicwa amaze amezi make ku butegetsi.

Perezida wa Komisiyo ya AU, Musa Faki Mahamat, yasabye u Burundi kutongera uburemere bw’ibibazo bya politiki biri mu Burundi binyuze mu gushaka gufata Buyoya.

Nk’uko RFI yabitangaje, Mahamat yavuze ko ubu igikenewe ari ugushakira umuti ibibazo bihari, bityo agasanga gukurikirana Buyoya nta kindi byamara usibye gutuma ibibazo biriho bikaza umurego.

Albert Shingiro uhagarariye u Burundi muri Loni ariko, abinyujije kuri Twitter yasabye umuryango mpuzamahanga kwirinda gufata u Burundi nk’umwana werekerwa icyo gukora, asaba ko hatagira uturuka hanze ngo ashake guhitiramo Abarundi.

Ndadaye yegukanye insinzi y’amajwi 65% mu matora ya Perezida yabaye muri Kamena 1993 yari ahatanyemo na Buyoya wagize amajwi 32%. Yaje kwicwa mu Kwakira 1993 nyuma y’amezi make cyane atangiye kuyobora igihugu.

Ubushinjacyaha bw’u Burundi bwasohoye impapuro zo guta muri yombi Buyoya n’abandi bayobozi 16 bubashinja kugira uruhare mu rupfu rwa Ndadaye.

Buyoya avuga ko ibyo ashinjwa ari ibihimbano, akavuga ko byapanzwe mu rwego rwo kwibagiza abantu ibibazo biriho ubu mu Burundi.

BBC iravuga ko Buyoya ari umugabo wubashywe mu bya dipolomasi ku mugabane wa Afurika.

Iributsa ko Buyoya yagize uruhare mu biganiro byatumye habaho amatora yagejeje Pierre Nkurunziza ku butegetsi mu mwaka wa 2005, nyuma y’imyaka 12 igihugu kiri mu mvururu zahitanye ababarirwa mu bihumbi 300.

U Burundi bwongeye kwisanga mu mvururu mu mwaka wa 2015 ubwo Pierre Nkurunziza yatangazaga ubushake bwo kongera kwiyamamariza kuyobora iki gihugu, nyuma ya manda ebyiri yari amaze kuyobora.

Avuga ku byo aregwa byo kugira uruhare mu iyicwa rya Ndadaye, Buyoya yagize ati, “Byantangaje cyane kumva ibyo birego bikomeye bigamije kumparabika.

Magingo aya Pierre Buyoya w’imyaka 69 y’amavuko ni intumwa idasanzwe y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika muri Mali.

Pierre Biyoya w’imyaka 69, ubu ni Intumwa Idasanzwe y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika muri Mali.

BBC iravuga ko abanyepolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi bashinja Perezida Nkurunziza gukandagira amasezerano ya Arusha yo mu mwaka wa 2000, akayobora manda ya gatatu.

Ibantu babarirwa mu bihumbi amagana barishwe abandi bahunga igihugu kubera imvururu zo mu mwaka wa 2015; benshi mu bahunze ntibaratahuka.

Mu gihe hategerejwe inama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba kuwa 27 Ukuboza 2018, AU irasaba abashyamiranye mu Burundi kwirinda ibikorwa byose byaba ibya politiki cyangwa by’ubutabera byatuma umwuka mubi uri mu gihugu wiyongera.

Urupfu rwa Ndadaye rwagarutsweho mu Kwakira 2018 ubwo u Burundi bwibukaga imyaka 25 ishize yishwe.

Hari abasirikari bato bahamijwe kugira uruhare mu bwicanyi bwa Ndadaye mu mwaka wa 1999, ariko bikavugwa ko ubutabera nyabwo butatanzwe.

Mu cyumweru gishize u Burundi bwataye muri yombi abantu bane bahoze mu nzego zikomeye z’igisirikari, n’umusivili umwe, bunasohora impapuro mpuzamahanga zo guta muri yombi abandi.

Benshi mu basohorewe impapuro mpuzamahanga zo kubafata, ni abasirikari bari mu kiruhuko cy’izabukuru ndetse na bamwe mu bahoze mu buyobozi bw’ishyaka rya UPRONA ubwo Ndadaye yicwaga.

2018-12-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwibuka25 : Umunyamakuru André Kameya [RWANDA RUSHYA] yari muntu ki ?

Kwibuka25 : Umunyamakuru André Kameya [RWANDA RUSHYA] yari muntu ki ?

Ubwanditsi 15 Apr 2019
Abakivuga ko Paul Rusesabagina arengana barahomera iyonkeje, Bakubuswe n’inkuba ubwo yiyemereraga uruhare rwe mu gushing FLN, umutwe w’iterabwoba

Abakivuga ko Paul Rusesabagina arengana barahomera iyonkeje, Bakubuswe n’inkuba ubwo yiyemereraga uruhare rwe mu gushing FLN, umutwe w’iterabwoba

Ubwanditsi 26 Sep 2020
RD-Congo : Col.Muhawenimana Theogene wa FLN, yaguye mu mirwano, yicanwe n’abarwanyi basaga 80, Gen.Wilson Irategeka ararusimbuka

RD-Congo : Col.Muhawenimana Theogene wa FLN, yaguye mu mirwano, yicanwe n’abarwanyi basaga 80, Gen.Wilson Irategeka ararusimbuka

Ubwanditsi 04 Dec 2019
Ishimwe kuri Rurangirwa, umwe mu batabawe na Perezida Kagame mu mvururu zo mu Misiri mu 2011

Ishimwe kuri Rurangirwa, umwe mu batabawe na Perezida Kagame mu mvururu zo mu Misiri mu 2011

Ubwanditsi 06 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Europa League: Arsenal na Chelsea mu makipe umunani yageze muri ¼
IMIKINO

Europa League: Arsenal na Chelsea mu makipe umunani yageze muri ¼

Ubwanditsi 15 Mar 2019
Angola : Abanyarwanda bajyanyweyo  bunyago  gukora muruganda  rw’Umunyarwanda  Kayitare Jean Bosco baratabaza
ITOHOZA

Angola : Abanyarwanda bajyanyweyo bunyago gukora muruganda rw’Umunyarwanda Kayitare Jean Bosco baratabaza

Ubwanditsi 21 Feb 2017
Umuhanzi oda paccy arikugaragaza  intabwe ikomeye  muri muzikaye
IMIKINO

Umuhanzi oda paccy arikugaragaza intabwe ikomeye muri muzikaye

Ubwanditsi 11 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru