• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»AU yasabye u Burundi kwitondera ibyo gushinja ubwicanyi Buyoya

AU yasabye u Burundi kwitondera ibyo gushinja ubwicanyi Buyoya

Ubwanditsi 04 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) wasabye u Burundi kugenda gake mu byo gufata Pierre Buyoya.

Buyoya wayoboye u Burundi kuva mu 1987-1993 ndetse no kuva 1996-2005 arashinjwa kugira uruhare mu rupfu rwa Melchior Ndadaye.

Ndadaye watorewe kuyobora u Burundi muri Kamena 1993 asimbuye Buyoya, yaje kwicwa amaze amezi make ku butegetsi.

Perezida wa Komisiyo ya AU, Musa Faki Mahamat, yasabye u Burundi kutongera uburemere bw’ibibazo bya politiki biri mu Burundi binyuze mu gushaka gufata Buyoya.

Nk’uko RFI yabitangaje, Mahamat yavuze ko ubu igikenewe ari ugushakira umuti ibibazo bihari, bityo agasanga gukurikirana Buyoya nta kindi byamara usibye gutuma ibibazo biriho bikaza umurego.

Albert Shingiro uhagarariye u Burundi muri Loni ariko, abinyujije kuri Twitter yasabye umuryango mpuzamahanga kwirinda gufata u Burundi nk’umwana werekerwa icyo gukora, asaba ko hatagira uturuka hanze ngo ashake guhitiramo Abarundi.

Ndadaye yegukanye insinzi y’amajwi 65% mu matora ya Perezida yabaye muri Kamena 1993 yari ahatanyemo na Buyoya wagize amajwi 32%. Yaje kwicwa mu Kwakira 1993 nyuma y’amezi make cyane atangiye kuyobora igihugu.

Ubushinjacyaha bw’u Burundi bwasohoye impapuro zo guta muri yombi Buyoya n’abandi bayobozi 16 bubashinja kugira uruhare mu rupfu rwa Ndadaye.

Buyoya avuga ko ibyo ashinjwa ari ibihimbano, akavuga ko byapanzwe mu rwego rwo kwibagiza abantu ibibazo biriho ubu mu Burundi.

BBC iravuga ko Buyoya ari umugabo wubashywe mu bya dipolomasi ku mugabane wa Afurika.

Iributsa ko Buyoya yagize uruhare mu biganiro byatumye habaho amatora yagejeje Pierre Nkurunziza ku butegetsi mu mwaka wa 2005, nyuma y’imyaka 12 igihugu kiri mu mvururu zahitanye ababarirwa mu bihumbi 300.

U Burundi bwongeye kwisanga mu mvururu mu mwaka wa 2015 ubwo Pierre Nkurunziza yatangazaga ubushake bwo kongera kwiyamamariza kuyobora iki gihugu, nyuma ya manda ebyiri yari amaze kuyobora.

Avuga ku byo aregwa byo kugira uruhare mu iyicwa rya Ndadaye, Buyoya yagize ati, “Byantangaje cyane kumva ibyo birego bikomeye bigamije kumparabika.

Magingo aya Pierre Buyoya w’imyaka 69 y’amavuko ni intumwa idasanzwe y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika muri Mali.

Pierre Biyoya w’imyaka 69, ubu ni Intumwa Idasanzwe y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika muri Mali.

BBC iravuga ko abanyepolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi bashinja Perezida Nkurunziza gukandagira amasezerano ya Arusha yo mu mwaka wa 2000, akayobora manda ya gatatu.

Ibantu babarirwa mu bihumbi amagana barishwe abandi bahunga igihugu kubera imvururu zo mu mwaka wa 2015; benshi mu bahunze ntibaratahuka.

Mu gihe hategerejwe inama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba kuwa 27 Ukuboza 2018, AU irasaba abashyamiranye mu Burundi kwirinda ibikorwa byose byaba ibya politiki cyangwa by’ubutabera byatuma umwuka mubi uri mu gihugu wiyongera.

Urupfu rwa Ndadaye rwagarutsweho mu Kwakira 2018 ubwo u Burundi bwibukaga imyaka 25 ishize yishwe.

Hari abasirikari bato bahamijwe kugira uruhare mu bwicanyi bwa Ndadaye mu mwaka wa 1999, ariko bikavugwa ko ubutabera nyabwo butatanzwe.

Mu cyumweru gishize u Burundi bwataye muri yombi abantu bane bahoze mu nzego zikomeye z’igisirikari, n’umusivili umwe, bunasohora impapuro mpuzamahanga zo guta muri yombi abandi.

Benshi mu basohorewe impapuro mpuzamahanga zo kubafata, ni abasirikari bari mu kiruhuko cy’izabukuru ndetse na bamwe mu bahoze mu buyobozi bw’ishyaka rya UPRONA ubwo Ndadaye yicwaga.

2018-12-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Imbonerakure ziratungwa agatoki mu rupfu rwa René Pacifique Ntwari, w’imyaka 20 wishwe ateraguwe ibyuma

Burundi: Imbonerakure ziratungwa agatoki mu rupfu rwa René Pacifique Ntwari, w’imyaka 20 wishwe ateraguwe ibyuma

Ubwanditsi 01 Mar 2018
Ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi rishishikajwe n’amatora kurusha ubumwe bw’Abarundi

Ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi rishishikajwe n’amatora kurusha ubumwe bw’Abarundi

Ubwanditsi 23 Dec 2017
DRC: Ifuni iravuza ubuhuha muri RUDI URUNANA kubagerageza kuyamanika

DRC: Ifuni iravuza ubuhuha muri RUDI URUNANA kubagerageza kuyamanika

Ubwanditsi 22 Oct 2019
Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi

Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi

Ubwanditsi 20 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 14 Apr 2023
RDC: Abantu umunani bishwe n’inyeshyamba zikomoka muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

RDC: Abantu umunani bishwe n’inyeshyamba zikomoka muri Uganda

Ubwanditsi 28 Nov 2018
Amateka yabereye i Kigali: Ibihugu 44 byemeje ishyirwaho ry’isoko rusange rya Afurika
POLITIKI

Amateka yabereye i Kigali: Ibihugu 44 byemeje ishyirwaho ry’isoko rusange rya Afurika

Ubwanditsi 24 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru