• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»AU yasabye u Burundi kwitondera ibyo gushinja ubwicanyi Buyoya

AU yasabye u Burundi kwitondera ibyo gushinja ubwicanyi Buyoya

Ubwanditsi 04 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) wasabye u Burundi kugenda gake mu byo gufata Pierre Buyoya.

Buyoya wayoboye u Burundi kuva mu 1987-1993 ndetse no kuva 1996-2005 arashinjwa kugira uruhare mu rupfu rwa Melchior Ndadaye.

Ndadaye watorewe kuyobora u Burundi muri Kamena 1993 asimbuye Buyoya, yaje kwicwa amaze amezi make ku butegetsi.

Perezida wa Komisiyo ya AU, Musa Faki Mahamat, yasabye u Burundi kutongera uburemere bw’ibibazo bya politiki biri mu Burundi binyuze mu gushaka gufata Buyoya.

Nk’uko RFI yabitangaje, Mahamat yavuze ko ubu igikenewe ari ugushakira umuti ibibazo bihari, bityo agasanga gukurikirana Buyoya nta kindi byamara usibye gutuma ibibazo biriho bikaza umurego.

Albert Shingiro uhagarariye u Burundi muri Loni ariko, abinyujije kuri Twitter yasabye umuryango mpuzamahanga kwirinda gufata u Burundi nk’umwana werekerwa icyo gukora, asaba ko hatagira uturuka hanze ngo ashake guhitiramo Abarundi.

Ndadaye yegukanye insinzi y’amajwi 65% mu matora ya Perezida yabaye muri Kamena 1993 yari ahatanyemo na Buyoya wagize amajwi 32%. Yaje kwicwa mu Kwakira 1993 nyuma y’amezi make cyane atangiye kuyobora igihugu.

Ubushinjacyaha bw’u Burundi bwasohoye impapuro zo guta muri yombi Buyoya n’abandi bayobozi 16 bubashinja kugira uruhare mu rupfu rwa Ndadaye.

Buyoya avuga ko ibyo ashinjwa ari ibihimbano, akavuga ko byapanzwe mu rwego rwo kwibagiza abantu ibibazo biriho ubu mu Burundi.

BBC iravuga ko Buyoya ari umugabo wubashywe mu bya dipolomasi ku mugabane wa Afurika.

Iributsa ko Buyoya yagize uruhare mu biganiro byatumye habaho amatora yagejeje Pierre Nkurunziza ku butegetsi mu mwaka wa 2005, nyuma y’imyaka 12 igihugu kiri mu mvururu zahitanye ababarirwa mu bihumbi 300.

U Burundi bwongeye kwisanga mu mvururu mu mwaka wa 2015 ubwo Pierre Nkurunziza yatangazaga ubushake bwo kongera kwiyamamariza kuyobora iki gihugu, nyuma ya manda ebyiri yari amaze kuyobora.

Avuga ku byo aregwa byo kugira uruhare mu iyicwa rya Ndadaye, Buyoya yagize ati, “Byantangaje cyane kumva ibyo birego bikomeye bigamije kumparabika.

Magingo aya Pierre Buyoya w’imyaka 69 y’amavuko ni intumwa idasanzwe y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika muri Mali.

Pierre Biyoya w’imyaka 69, ubu ni Intumwa Idasanzwe y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika muri Mali.

BBC iravuga ko abanyepolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi bashinja Perezida Nkurunziza gukandagira amasezerano ya Arusha yo mu mwaka wa 2000, akayobora manda ya gatatu.

Ibantu babarirwa mu bihumbi amagana barishwe abandi bahunga igihugu kubera imvururu zo mu mwaka wa 2015; benshi mu bahunze ntibaratahuka.

Mu gihe hategerejwe inama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba kuwa 27 Ukuboza 2018, AU irasaba abashyamiranye mu Burundi kwirinda ibikorwa byose byaba ibya politiki cyangwa by’ubutabera byatuma umwuka mubi uri mu gihugu wiyongera.

Urupfu rwa Ndadaye rwagarutsweho mu Kwakira 2018 ubwo u Burundi bwibukaga imyaka 25 ishize yishwe.

Hari abasirikari bato bahamijwe kugira uruhare mu bwicanyi bwa Ndadaye mu mwaka wa 1999, ariko bikavugwa ko ubutabera nyabwo butatanzwe.

Mu cyumweru gishize u Burundi bwataye muri yombi abantu bane bahoze mu nzego zikomeye z’igisirikari, n’umusivili umwe, bunasohora impapuro mpuzamahanga zo guta muri yombi abandi.

Benshi mu basohorewe impapuro mpuzamahanga zo kubafata, ni abasirikari bari mu kiruhuko cy’izabukuru ndetse na bamwe mu bahoze mu buyobozi bw’ishyaka rya UPRONA ubwo Ndadaye yicwaga.

2018-12-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge ya Wilson Irategeka, naho umukuru wa RUD-Urunana yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge ya Wilson Irategeka, naho umukuru wa RUD-Urunana yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Ubwanditsi 04 Sep 2019
Leta ya Nkurunziza ntiyorohera Umurundi wifuza kujya mu Rwanda

Leta ya Nkurunziza ntiyorohera Umurundi wifuza kujya mu Rwanda

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Undi munyarwanda yashimutiwe Uganda n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikari (CMI)

Undi munyarwanda yashimutiwe Uganda n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikari (CMI)

Ubwanditsi 11 Dec 2017
FARDC yakajije ibitero bimaze gushegesha imitwe irimo P5 na RNC ya Kayumba Nyamwasa

FARDC yakajije ibitero bimaze gushegesha imitwe irimo P5 na RNC ya Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 28 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tito Rutaremara Yatangaje ko kwambara Bikini kubakobwa atabibonamo ikibazo
Mu Mahanga

Tito Rutaremara Yatangaje ko kwambara Bikini kubakobwa atabibonamo ikibazo

Ubwanditsi 24 Feb 2017
DRC: Col Minani JMV wa FDLR nawe yahitanywe n’ibitero bya FARDC I Rucuro.
ITOHOZA

DRC: Col Minani JMV wa FDLR nawe yahitanywe n’ibitero bya FARDC I Rucuro.

Ubwanditsi 16 Apr 2020
Birababaje!! Umugabo yarumye umunwa w’umukunzi we arawuca ku munsi w’abakundanye
HIRYA NO HINO

Birababaje!! Umugabo yarumye umunwa w’umukunzi we arawuca ku munsi w’abakundanye

Ubwanditsi 17 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru